Abaturage bo mu murenge wa Kabarore, bavuga ko bishimiye uburyo ibyifuzo byabo ku ivugururwa ry’Itegeko nshinga byakirirwe bigashyirwa mu bikorwa.
Depite Mukama Abasi akaba na Visi Perezida wa kabiri w’Inteko Ishingamategeko, yabwiye abaturage b’Umurenge wa Kabarore ko ibyo basabye bifite.
Ubuyobozi bushinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Gatsibo burasaba ababyeyi gufatanyiriza hamwe kugira ngo hirindwe ibibazo by’imirire mibi mu bana.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Vincent Biruta, yasabye abaturage b’Akarere ka Gatsibo kwita ku biti babibungabunga kuko bifite akamaro kanini mu buzima bw’umuntu.
Mu karere ka Gatsibo kimwe no mu tundi turere dutandukanye tw’Igihugu, haracyagaragara ibibazo mu myigire y’abana bafite ubumuga.
Abahizi ba kawa bo mu murenge wa Remera, ntibishimiye igiciro bahabwa ku ikawa n’imiti batera mu ikawa ngo ikaba idahagije.
Bamwe mu baturage barema isoko rya Rwikiniro mu murenge wa Rwimbogo, bavuga ko iryo isoko ritabyazwa umusaruro nk’uko byakagombye.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gatsibo Rukundo William, yanditse asaba kwegura ku mirimo yari ashinzwe.
Abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro mu karere ka Gatsibo, baratungwa agatoki ko ari ba nyirabayazana mu gutuma ibidukikije byangirika.
Urwego rushinzwe umutekano w’abaturage (DASSO), rugiye kubakira umuturage utishoboye inzu ifite agaciro ka miliyoni 1,5 mu Karere ka Gatsibo.
Abakora inkweto ziciriritse bo mu murenge wa Kiramuruzi, bavuga ko bataratera imbere n’ubwo bamaze imyaka itari mike bakora uyu murimo.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bakora ubucuruzi bw’imisambi gakondo, bavuga ko isoko ryayo ryagabanutse ngo kuko hasigaye hakoreshwa imifariso.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihuta, mu Murenge wa Rugarama, bavuga ko guhinga basaranganyije amasambu bibafasha gutezanya imbere mu miryango.
Abacungamutungo bo mu bigo by’amashuri yisumbuye bikorera mu karere ka Gatsibo barasabwa gukosora amakosa akigaragara mu micungire y’umutungo w’ibigo bakorera.
Abaturage bo mu mirenge ya Kabarore na Gitoki, bizejwe ko ikibazo cy’amazi macye cyahagaragaraga kigiye gukemuka kuko amasoko agiye kongerwa.
Abaturage bo mu murenge wa Rwimbogo, bavuga ko imihigo yo mu miryango ari ingenzi mu iterambere ry’ingo zabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana b’abakobwa, rituma iterambere ryabo n’iry’umuryango muri rusange ridindira
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gatsibo, bavuga ko icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko gisize gikemuye bimwe mu bibazo.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2015, mu Karere ka Gatsibo habaye inama yiga ku buryo bwo kwita ku burezi bw’abana bafite ubumuga.
Abagabo bo mu Karere ka Gatsibo, barasabwa kudatererana abo bashakanye mu kuboneza urubyaro bitabira gahunda yo kwifungisha ku bagabo.
Nyuma yo kuganira n’abibumbiye muri za koperative z’ubuhinzi mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi bw’akarere burabizeza ko badakwiye guhangayika kuko isoko ngo rihari.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari k’Akabuga mu Murenge wa Kiramuruzi, baratakamba bavuga ko ubujura bw’amatungo cyane cyane inka bukomeje kwiyongera.
Abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 10 na 12 baturuka mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gatsibo barafashwa kwiteza imbere.
Abakozi b’Akarere ka Gatsibo barebwa n’ubuzima n’abakorerabushake ba ADRA Rwanda, kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 barebeye hamwe ibipimo byafasha kondora abana bagwingiye.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Ntende, mu Karere ka Gatsibo barataka ikibazo cy’amazi adahagije mu gishanga cyabo atuma batabona ubusaruro bifuza.
Burenge wa Remera, Akarere aka Gatsibo, bavuga ko kuba bagihingisha amasuka bituma umusaruro wabo udindira.amwe mu bahinzi bo mu m
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Remera bemaza ko kugaburira abana ku ishuri byazanye impinduka nziza mu myigire yabo.
Bamwe mu borozi b’amagweja bo mu murenge wa Murambi, baravuga ko hari intambwe bateye mu bijyanye n’ubukungu babikesheje korora amagweja.
Abagore bo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo, barakangurirwa kumenya uburenganzira bahabwa n’amategeko ku mutungo w’umuryango ushingiye ku butaka.
Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gatsibo, bavuga agahimbazamusyi bagenerwa kadahagije ugereranyije n’ibyo baba bigomwe mu kazi kabo.