Igor Mabano akoze impanuka ikomeye

Umuhanzi nyarwanda Igor Mabano akoze impanuka, ubwo imodoka yari atwaye yakatiraga iyari imusatiriye, agonga ikamyo arenga umuhanda ariko yaba we n’abo yari atwaye ntawuhasize ubuzima, gusa barakomeretse.

Imodoka Igor Mabano yari atwaye ni uku yahindutse
Imodoka Igor Mabano yari atwaye ni uku yahindutse

Ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 13 Ukwakira 2019, nibwo Igor Mabano yakoze impanuka mu muhanda wa Huye-Kigali ageze i Kinazi yenda kwinjira mu Karere ka Nyanza.

Igor Mabano wari uvuye gusura abanyeshuri ku ishuri, yavuze ko impanuka yatewe n’imodoka yabitambitse, maze agerageje kuyikwepa asekura ikamyo bituma ahita ata umuhanda imodoka yikuba ku ruhande rwo hirya y’umuhanda.

Ku bw'amahirwe Igor Mabano n'abo yari atwaye babashije kurokoka iyo mpanuka (Ifoto yo mu bubiko)
Ku bw’amahirwe Igor Mabano n’abo yari atwaye babashije kurokoka iyo mpanuka (Ifoto yo mu bubiko)

Ukwikuba kw’imodoka byatumye ukuboko kwa Igor kwangirika cyane bituma ajya kwa muganga ngo ahabwe ubufasha bw’ibanze.

Imodoka Igor yari atwaye yangiritse bikomeye naho abandi bari kumwe mu modoka bakomereka bidakomeye, ubu bakaba bari kwa Muganga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Nahanyuze waga aribwo ikimara kuba naho bita kuri arrete.

Menza yanditse ku itariki ya: 15-10-2019  →  Musubize

Imana ishimwe yo yahabaye.

Sindayiheba yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

Komera Nshuti. Imana ishimirwe kuba yakurinze.

F. Desire yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

Pore petit frère Igor c’est comme ça accident nta définition igira! Ubwo ntacyo mwabaye cyane imana ishimwe !niba Ali ugukomereka humura ibyo birakira.courage.

Faustin Kayitavu yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

Imana ishimwe yamurinze nabo batikumwe

Fanny yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

Yawe niyihangane gusa Imana ishimwe ubwo ibasize amahoro

Abayisenga ange Gilbert yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

Uwiteka yagize neza kurinda Igor na bagenzi be. Twizeye ko ari nawe muganga mukuru bazakira ibikomere mu izina rya Yesu.

Jose Mukunde yanditse ku itariki ya: 14-10-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka