Laurent Gbagbo aregwa ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cy’intambara yahitanye abantu bagera ku bihumbi bitatu. Akurikiranyweho kandi ubwicanyi, ihohoterwa, itoteza no gufata abagore ku ngufu hagati y’umwaka w’ 2010 na 2011.
Ku munsi wa mbere w’urwo rubanza abacamanza bibanze ku mwirondoro we ndetse no kumenya ko uregwa yamenyeshejwe ibirego bye mbere y’igihe nk’uko biteganywa n’amasezerano y’i Roma.
Laurent Gbagbo w’imyaka 66 y’amavuko niwe Perezida wa mbere ushyikirijwe urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye kuva rwatangira imirimo yarwo mu mwaka wa 2002.
Muri uru rubanza rwo kuri uyu wa mbere abacamanza baraza kwemeza umunsi Gbagbo azongera kwitaba urukiko.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|