Kirehe: Abaturage biyubakiye urugomero rw’amashanyarazi rwa KW 13

Abaturage b’Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mpanga biyuzurije urugomero rw’amashanyarazi ruzatanga KW 13 ingo 400 zikazungukira kuri iki gikorwa remezo.

Urugomero rw'amashanyarazi rwa Nyankorogoma rutanga KW 13
Urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyankorogoma rutanga KW 13

Ni umuriro ubonetse ku mbaraga z’abaturage 144 bibumbiye muri kompanyi Ducane Kabrud kugira ngo bigezeho umuriro w’amashanyarazi bave mu icuraburindi.

Habimana Israel ni we watangije uyu mushinga mu mwaka wa 2011 ariko abigeraho bwa mbere mu mpera za 2012.

Ngo mu gihe cy’amezi 4 abaturage bacye bacanaga umuriro we, ibikoresho byabo byatangiye gushya.

Avuga ko yiyambaje EWASA, REG y’ubu imuha amahugurwa inamuhuza n’abaterankunga.

Abaturage batangiye gucana umuriro no kugenda mu ijoro bikaba byoroshye kuko hanze hari amatara abamurikira
Abaturage batangiye gucana umuriro no kugenda mu ijoro bikaba byoroshye kuko hanze hari amatara abamurikira

Ati “Nabonye kubikora jyenyine bisaba ubushobozi bwinshi bitashoboka igitekerezo cyanjye nkigeza ku bandi duhuje ikibazo dushinga koperative yabyaye kompanyi none inzozi zacu zigezweho.”

Ku wa 24 Nyakanga 2019 nibwo abaturage b’imidugudu ya Kabuga na Rudandi akagari ka Nyakabungo batangiye gucana umuriro w’amashanyarazi ukomoka ku rugomero rwa Nyankorogoma.

Nyirasengimana Donatille wadodeshaga imashini idoda anyonga akoresheje amaguru yahise azana izikoresha umuriro w’amashanyarazi.

Avuga ko agereranyije na mbere, ngo agiye gutera imbere kubera ko amasaha y’akazi yiyongereye kandi akazi kihuta cyane.

Nyiransengimana Donatille yatewe inkunga y'imashini zidoda zikoresha umuriro w'amashanyarazi avuga ko amasaha y'akazi yiyongereye
Nyiransengimana Donatille yatewe inkunga y’imashini zidoda zikoresha umuriro w’amashanyarazi avuga ko amasaha y’akazi yiyongereye

Agira ati “Mbere nkidodera mu nzu itabamo umuriro nkoresheje imashini nyongesha amaguru, nadodaga imyenda itatu ku munsi kandi nkafunga nka saa kumi z’igicamunsi kubera umwijima ariko ubu na saa sita z’ijoro nakora.”

Nsengiyumva Jean Damscene, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu asaba abaturage kuzafata neza ibikorwa bigejejeho kugira ngo birambe.

Avuga ko uyu muriro w’amashanyarazi uzafasha mu kugabanya ubushomeri binyuze mu ihangwa ry’imirimo itandukanye.

Ati “Ahari umuriro w’amashanyarazi hose imirimo iriyongera, aba baturage na bo murabona ko batangiye gukora, abogosha bahageze, ejo abasudira bazaza n’abandi, bizagabanya ubukene cyane mu rubyiruko.”

Akarere ka Kirehe umuturage wako wa mbere yacanye umuriro w’amashanyarazi mu mwaka wa 2010.

Gahigi Aloys yatangiye umushinga wo guteka injugu yunguka igihumbi ku kilo kimwe cy'ibigori
Gahigi Aloys yatangiye umushinga wo guteka injugu yunguka igihumbi ku kilo kimwe cy’ibigori

Ubu abaturage 47% ni bo bagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi habariwemo abakoresha ukomoka ku mirasire y’izuba.

Urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyankorogoma rwuzuye rutwaye amadorari ya Amerika 101,500 USD, Energy for Impact ikaba yatanze 70% naho Kompanyi ya Ducane Kabrud yishakamo 30%.

Umuturage ukeneye umuriro azajya yishyura amafaranga ibihumbi bibiri ku kwezi hatitawe ku ngano y’uwo akoresha kuko nta mubazi ziriho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iki gikorwa ni cyiza. Mu rwego rwo kwishakamwo amikoro yiyi company hashakwe uko bateraho mubazi zisanzwe kugirango haboneke amafaranga yo kwita kuri urwo rugomero. murakoze!

Mugisha yanditse ku itariki ya: 29-07-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka