Ukoresheje ifumgire ya D.I Grow umusaruro yabonaga ushobora kwikuba kabiri kandi irahendutse.
Mu gihe gufumbira hegitari imwe ukoresheje ifumbire isanzwe bitwara amafaranga ibihumbi 380, ukoresheje ifumbire ya D.I Grow ashobora gukoresha amafaranga atarenze ibihumbi 150; nk’uko byemezwa n’ushinzwe ubuhinzi mu karere ka Bugesera Nkikabahizi Jean de Dieu.
Abakoresha iyi fumbire y’amazi babanza kwinikamo ingeri z’imyumbati hafi iminota 15, nyuma bakayikuramo bakajya gutera. Nyuma y’iminsi 21, umuhinzi yongera gutera ifumbire ye ku myumbati igihe imaze kuzamuka, ubundi akajya ayitera buri nyuma y’iminsi 30.
Nkikabahizi yemeza ko icyiza cy’iyi fumbire aruko iterwa hejuru y’amababi bitandukanye n’indi ishyirwa mu butaka. Iyi fumbire kandi ntikoreshwa ku myumbati gusa kuko no ku bindi bihingwa irakoreshwa ndetse ngo n’amatungo ashobora guhabwa iyi fumbire akamererwa neza.
Iyi fumbire y’amazi ni umwimerere ikaba yinjizwa mu Rwanda n’ikigo cyitwa Din Farm International hagamijwe kongera umusaruro w’ibihingwa bitandukanye.
Egide Kayiranga
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ntago ari BUGESERA gusa ikeneye DIgrow ,n,igihugu cyose,kuki RAB idakwirakwiza iyo fumbire cg bakanatanga amahugurwa kwikoreshwa ryayo