Nyabihu: Amakoperative y’ubuhinzi yahawe ingemwe z’ibinyomoro

Ingemwe zigera ku 14400 zahawe abahinzi 14 bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu kugira ngo zizabafashe kwiteza imbere.

Iki gikorwa cyakozwe tariki 11/01/2013 n’umukozi wa NAEB ushinzwe imboga n’imbuto muri aka karere, ari kumwe n’ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Jenda.

Nshuti Theophile, umukozi wa NAEB ushinzwe imboga n’imbuto akaba avuga ko ikigamijwe ari ukugira ngo abahinzi b’ibinyomoro babone ingemwe nziza zizatanga umusaruro ku bwiza no mu bwinshi ku buryo zizazamura amakoperative n’abahinzi bazo.

Abahawe ingemwe z'ibinyomoro basabwe kuzifata neza kugira ngo zizatange umusaruro mwiza mu bwiza kandi mwinshi.
Abahawe ingemwe z’ibinyomoro basabwe kuzifata neza kugira ngo zizatange umusaruro mwiza mu bwiza kandi mwinshi.

Yasabye abazihawe kuzazifata neza kugira ngo zizabateze imbere. Yabagiriye inama yo kwirinda kuzivanga n’ibindi bihingwa ahubwo bakazihinga zonyine kuko hari indwara ibinyomoro bishobora kwanduzwa n’ibindi bihingwa biri mu muryango umwe.

Nshuti kandi yanasabye abahinzi gukoresha ifumbire cyane iy’imborera kugira ngo izabafashe kubona umusaruro mwiza.

Akarere ka Nyabihu ni kamwe mu turere twatoranijwe guhingamo igihingwa k’ibinyomoro kuko imiterere yako nk’akarere gakonja, iberanye n’iki gihingwa.

Ibi bihingwa bihingwa mu mirenge imwe n’imwe ikagize aho hagiye hakorwa pipiniyeri z’ingemwe nziza zihabwa abahinzi iyo zigejeje igihe cyo guterwa.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mbega mbega!!! burya abantu badatanze ibitekerezo ntiwamenya amakuru, hari nabandi batarishurwa bateguriye NAEB ingemwe z,ibinyomoro/marakuja kd abaturage bamaze kuzihinga baziko bazihawe na NAEB kd abaziteguye bo batarishurwa nakarengane gakabije rwose mubafashe muzamure ijwi ryabo.

RUKUNDO yanditse ku itariki ya: 12-05-2013  →  Musubize

mbajye kubashimira ko mukurikirana mukamenya amakuru. koko nkuko naeb itangaza yatanze ingemwe z,ibinyomoro mukarere ka NYABIHU, ariko abahawe amasezerano yo kuzitegura ntiturishurwa nifaranga narimwe kuva zategugwa, kd ingemwe zamazegutengwa zatewe kwembere, urugemwe rumwe ahandibarubarira amafaranga (50f) ariko bo babaze kuri (30f) bakayishura igikorwa kirangiye. ariko wareba ariyamafaranga uko angana ni make cyaneee ariko ikibaje nuko nigihe bemeye kobazatwishura cyarenze, wareba uburyo batatwishura kugihe nuko byatuvunye! batubwiyeko umurenge izaduha ubutaka dusanga ntabwo. (turatisha,ibihoho tubigura kugicyiro cyohejuru kuko byabuze kwi soko ubifite yagiye akuba kabiri igicyiro) wareba izonvunezose ntanyungu! nayacyu twakuye kumufuka ntahasubire, ubu amadeni akabayishe umuntu biratubabaza. muzatubarizemwe murakoze.

ni NSENGIMANA SETH ariko mwihane mwe kuzatambutsa izina ryayje murakoze yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka