Mu gusoza icyumweru cyahariwe Ubumwe n’Ubwiyunge mu Karere ka Ngoma bishimiye ko nta mbogamizi na nke bafite zatuma Abanyarwanda batabana neza.
Pasteri Nirere Clémentine avuga ko politiki yo gutubura ibyo kurya igomba gutandukana no kwigisha “Ndi umunyarwanda” hagamijwe komora ibikomere.
Mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, mu Karere ka Kirehe wabereye mu Murenge wa Mushikiri ku wa 09 Ugushyingo 2015 abaturage bishimiye aho bageze mu bumwe n’ubwiyunge.
Abakobwa bibumbiye mu Muryango “AERG” barasabwa kwigira ku masomo y’ibyahise, bakagira icyerekezo n’amahitamo aboneye kugira ngo bubake ahazaza heza.
U Rwanda rwasabye abakuru ba Polisi mu bihugu by’Afurika bahuriye i Kigali kuri uyu wa 01 Ugushyingo 2015, gukurikirana abakidegembya baregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu muganda rusange wa Nzeri 2015, abaturage batunganyije ahazubakwa Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye bemeza ko bazatanga ingufu zabo zose kuko ngo barukeneye cyane.
Mu Karere ka Rutsiro bakoze umuhango wo gushyingura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaba abafite amakuru y’ahajunywe abandi ko bayatanga.
Abagize umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biga muri za Kaminuza, biga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Huye, baremeye incike za Jenoside ihene.
Abaturage batuye umurenge wa Kaduha na Musange tumwe mu duce twakunze kurangwamo n’ingebitekerezo ya Jenoside akorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ingengabitekerezo yatumaga abacitse ku icumu rya Jenoside bicwa yashize bitewe no kwishyira hamwe bakunga ubumwe.
Nyuma y’aho umuntu utarivuze yatanze amakuru y’ahajugunywe abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hakaba hamaze kuboneka imibiri 55 mu minsi 2 gusa, Ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Rutsiro bukomeje gusaba abanya-Rutsiro baba bafite amakuru y’ahajugunywe imibiri y’ abatutsi bishwe muri Jenoside kugira ngo (…)
Ubuyobozi bwa Ibuka mu karereka Rutsiro buratangaza ko inzibutso zishyinguyemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, zigomba kubera ishuri abazisura bikazafasha gukumira Jenoside ku buryo itazongera kuba bagendeye ku mateka.
Mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, abayoboke b’itorero ADEPR hirya no hino mu gihugu batanze umusanzu wo kubakira uwacitse ku icumu rya Jenoside umwe muri buri paruwasi muri 367 ziri mu gihugu. Kuri uyu wa 16 Nyakanga 2015, mu Karere ka Kamonyi, amaparuwasi 10 akaba yashyikirije (…)
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(IBUKA) hamwe n’indi miryango iwugize, kuri uyu wa gatatu tariki 15 Nyakanga 2015, basoje ku mugaragaro icyunamo cy’iminsi 100 isobanura igihe Jenoside yo mu 1994 yamaze.
Bidorosi Geofrey utuye mu kagari ka Mbasa mu murenge wa Kibeho ho mu karere ka Nyaruguru yishyuye Ndayisaba Emmanuel inka ye yari yarariye muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, abikesha inyigisho yahawe n’umuryango Association Modeste et Innocent (AMI), mu matsinda yitwa amataba y’ubumwe n’ubwiyunge.
Kuri uyu wa 03 Nyakanga 2015 ku Kigo cy’Amashuri cya APRODESOC giherereye mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke bibutse ku nshuro ya mbere abari abanyeshuri n’abarimu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu rwego rwo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kumenya amateka yayo, abakozi ba Unguka Bank, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015 banemerera imiryango y’abarokotse Jenoside inkunga y’inka eshanu.
Ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, cyashyikirizaga ishyirahamwe ry’imfubyi zirera zo mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa gacurabwenge, inkunga y’icyuma gisya n’umurima wo guhinga bifite agaciro ka miliyoni eshatu n’igice; Prof. Shyaka Anastase, Umuyobozi wa RGB, yatangaje ko ubuhamya (…)
Ishyirahamwe Duhozanye rihuza ababyeyi bapfakajwe na Jenoside, risanzwe rikorera mu Karere ka Gisagara, bagabiye abapfakazi wa Jenoside bo mu karere ka Huye mu murenge wa Mbazi bibumbiye muri koperative Abihanganye, kuri uyu wa kane tariki 2 Nyakanga 2015.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi bagiriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye ku wa 30 Kamena 2015 bababajwe n’ubwicanyi ndengakamere muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyarubuye biyemeza kuba abavugizi b’urwibutso rwaho rushyinguwemo imibiri ibihumbi 51 ngo rwubakwe.
Inama njyanama y’akarere ka Ngororero yagabiye inka abantu babiri basizwe iheruheru na jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, mu rwego rwo gufata mu mugongro abatishoboye bo muri aka karere no gutanga urugero ku baturage bishoboye rwo gufasha abakiri mu bukene.
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite n’uw’abasenateri, basuye urwibutso rwa Murambi rwo mu Karere ka Nyamagabe, banashimira umubyeyi witwa Goretti Nyiraneza wahishe abana barindwi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kirehe bavuga ko nubwo bavutse Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye bamaze gusobanukira ububi bwayo ngo bakaba biteguye kuyikumira.
Mu rwego rwo guha agaciro imirimo bakoraga bitangira kubaka igihugu ariko Leta yariho icyo gihe ikagira uruhare mu kubica, abakozi b’Akarere ka Kamonyi bibutse abakoreraga amakomini yavuyemo Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015.
Mukezangabo Augustin Umuyobozi wa La Palisse Hotel ikorera Nyandungu na Golden Tulip ikorera Nyamata mu Karere ka Bugesera, yatangaje ko abahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ari inkozi z’ibibi.
Abasenateri n’abadepite baratavuga ko batazazuyaza kurwanya no kwamagana ikibi aho kizava hose ngo ntibazanatinya kuhara ubuzima bwabo kugira ngo kiranduke, nyuma yo kwibonera n’amaso amateka abitse mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama.
Abasenateri n’abadepite n’abakozi bakora mu inteko inshingamategeko, basuye uributso rwa Murambi, mu rwego rwo gukomeza kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Kagari ka Gisari na Kibanda mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayitse cyane kuko bashobora kwimurirwa mu midugudu bagasiga imibiri y’ababo mu matongo.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015 abibumbiye mu Muryango w’Abasilamu mu Rwanda wo mu Karere ka Rutsiro AMUR/RUTSIRO bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi banenga bagenzi babo bayigizemo uruhare ndetse baniyemeza kwirinda icyatuma yongera kuba.
Mu muhango wo kwibuka abarezi n’abanyeshuri bo mu mMurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abarezi bibukijwe ko ingengabitekerezo ya Jenoside yigishwaga mu mashuri, maze basabwa kurinda abo barera inyigisho ziganisha ku macakubiri.