Abakecuru b’incike babana n’amatungo kubera batuzurizwa amazu

Bamwe mu bakecuru b’incike bo mu murenge wa Musange muri Nyamagabe, babana n’amatungo mu nzu bitewe n’uko amazu bubakiwe ataruzura.

Abakecuru b’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Mudugudu wa Nyakibungo, Akagari ka Jenda, Umurenge wa Musange, batuye mu nzu zangiritse, zimwe zikaba ziva izindi zigiye kuzabagwaho kubera ko izo bubakiwe zituzura.

Hari ababana n'amatungo mu nzu kubera ko inzu bibakiwe zituzura bakaba nta n'ibiraro bafite.
Hari ababana n’amatungo mu nzu kubera ko inzu bibakiwe zituzura bakaba nta n’ibiraro bafite.

Atanaziya Mukarwego ni umwe mu ncike zituye muri uyu mudugudu, atangaza ko bamaze imyaka itandatu barubakiwe amazu ariko akaba atuzura basaba ko bakubakirwa kuko ari inkunga Umukuru w’Igihugu yari yabahaye.

Yagize ati “Inzu bari bazitangiye bageza igihe cy’icyunamo bakazikoraho rimwe cyarangira bakabita, ubu koko waba uba mu nzu unyagirwa ugatega umutaka n’ijoro ugatega amasahane, ntakubaho neza dufite, uu tubana n’inka kuko nta n’akana ngira ngo karanyubakira ikiraro.”

Amazu yagombaga guhabwa incike za jenoside yakorewe abatutsi amaze imyaka itandatu yubakwa ariko atuzura.
Amazu yagombaga guhabwa incike za jenoside yakorewe abatutsi amaze imyaka itandatu yubakwa ariko atuzura.

Genesita Mukandutiye nawe utuye muri uyu mudugudu atangaza ko inzu batuye zibavira bakarara bicaye kandi nta bushobozi bwo kwiyubakira bafite.

ati “Ni ukurara umuntu anyagirwa, ibitonyanga bijojoba, ntacyo nimariye sinigira mu murima ngo ndahinga, n’abayobozi ntibabe bandeba ngo byibuze bantere inkunga.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’umurenge wa Musange Michel Muhikira, atangaza ko biciye mu muganda no gukora ubuvugizi ku batanga ubundi bufasha aba bakecuru bagiye gufashwa bakubakirwa.

Inzu zubakiwe incike za jenoside yakorewe abatutsi zimaze imyaka itandatu zubakwa zituzura.
Inzu zubakiwe incike za jenoside yakorewe abatutsi zimaze imyaka itandatu zubakwa zituzura.

Ati “Izi nzu zabo twazifatiye ingamba, ngera hano iki kibazo barakimbwiye ubu twatangiye gucukura imisarani, tugiye kubaka ibikoni inzu bazigemo, dukomange hirya no hino aho twabona amafaranga y’isima, tunifashishe urubyiruko ruri ku rugerero mu muganda.”

Ubuyobozi bw’umurenge bukazanakora ubuvugizi ku kigega cyita ku bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi, kugira ngo ibikoresho bihenze byakenerwa bizaboneke.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka