Senateri Mugesera Antoine avuga ko umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi wari gutsemba isano hagati y’abantu bityo kubica bikoroha.
Abagize inzego zitandukanye z’ubutabera mu Rwanda barasabwa guhangana n’icyaha cy’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’inshingano z’ubutabera.
Musenyeri Servilien Nzakamwita wa Diyoseze ya Byumba yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare guharanira agaciro baremanywe Yezu yabasubije bigoranye.
Urubyiruko rugize itorero “Uruhongore rw’Umuco” ry’Akarere ka Kirehe rwahagurukiye kwigisha abakuze kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu ndirimbo, imivugo n’ikinamico.
Pasiteri Bucyeye Coleb yemeza ko uwigisha ijambo ry’Imana afite ingengabitekerezo ya Jenoside adakwiye kwakira amaturo y’abo yavanguye.
Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi ya Mukarange i Kayonza muri Jenoside ngo bari banesheje interahamwe iyo zidafashwa na Gatete na Senkware.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abagabo bane n’abagore babiri mo mu Murenge wa Rugereo mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi bazira kwifungirana mu kabari mu gihe abandi bari mu biganiro byo Kwibuka22.
Siboruhanga Judith wo mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arateganya kwitura Françoise wamurokoye interahamwe zigiye kumwica muri Jenoside.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rwasabwe kurwanya ibitekerezo bihembera ingengabitekerezo ya Jenoside bigifitwe na bamwe mu bantu bakuze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bufatanyije n’abarokotse Jenoside muri aka karere, batangiye igikorwa cyo kwimura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bayishyira mu rwibutso rutunganyije neza.
Pariti Emmanuel, umwe mu bakoze Jenoside bagasaba imbabazi bagafungurwa, avuga ko kuvugisha ukuri ku byo yakoze byamubohoye ariko bimuca ku ncuti.
Abagabo batanu, umugore n’umusore bari mu maboko ya Polisi i Kirehe bakurikiranweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu gihe hibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Abapfakazi ba Jenoside batuye mu Mudugudu wa AVEGA i Nyagasambu mu Karere ka Rwamagana barasaba gusanirwa inzu batujwemo zitarabagwira.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko nta warindira ubuzima abantu nka bo ubwabo kuko abari barinzwe n’ingabo z’amahanga muri Jenoside bitababujije kwicwa.
Ndayisaba Fabrice uhagarariye Ndayisaba Fabrice Foundation, yatangaje ko kwigisha abana bato amateka ya Jenoside, bizabafasha kwirinda ababashuka babashyiramo ingengabitekerezo yayo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Caritas, avuga ko bigayitse kuba hari abantu bitabira gusenga nyamara ntibitabire gusaba imbabazi abo biciye.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi baramagana Padiri Fortunatus Rudakemwa bashinja gushaka kongera kubabibami ingengabitekerezo ya Jenoside.
Nsengiyumva Pierre wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kubuza umugore we kwifatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko kwibuka ari ikimenyetso kibahamiriza ko iyo Jenoside yabaye koko.
Ababyeyi bo mu Karere ka Burera barasabwa guca ukubiri no kwigisha abana babo urwango n’amacakubiri ahubwo bakabigisha ibyiza.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Finland (RCA Finland), ku nshuro ya mbere, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye ababyeyi kurera abana babaha indangagaciro zibereye umuyobozi w’ejo mwiza.
Akarere ka Nyarugenge karitegura gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yamaze kuboneka, kanongere ingufu mu gushakisha n’indi itaraboneka, na yo ngo ishyingurwe.
Kuri uyu wa 09 Mata 2016, Abanyarwanda bagize Diaspora yo muri Côte d’Ivoire n’inshuti zabo bibutse ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimironko bwihanangirije abahatuye ko butazihanganira uwo ari we wese uzagaragaraho cyangwa agakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abarokotse Jenoside barasaba ko urwibutso rwo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi rusanw,a kuko ruva amasanduku bashyinguyemo akangirika.
Abaturage bo mu Kurenge wa Kirehe basanga gahunda y’ibiganiro byo kwibuka bisigira abakiri bato isomo ku mateka ya Jenoside.
Abagize Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare; barizeza ko ibyo batangwaho kugira ngo bige banabeho neza, bazabyitura gukorera igihugu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 9 Mata 2016, Perezida Kagame yifatanyije n’imbaga y’Abanyarwanda mu rugendo rwo kwibuka (Walk to Remember) ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rwaturutse ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimuhurura, rusorezwa kuri Stade Amahoro i Remera; ahahise (…)