Umuryango urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, ukomeje kwamagana uwari Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Alain Jupé n’abo bafatanije gupfobya jenoside.
Perezida Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda, ariko yibanze ku rubyiruko, ko nyuma y’imyaka 22 u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi intego ari imwe yo kubaka u Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda n’abasivili bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani na Sudani y’Amajyepfo, bibutse ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abatuye Akarere ka Gicumbi basabwe gutanga amakuru kugira ngo imbiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka ishyingurwe mu cyubahiro.
Abatuye mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro bemeza ko inyigisho zitangwa mu biganiro by’icyunamo byafasha urubyiruko kwirinda Jenoside.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burateganya kwandika amateka y’umwihariko yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka karere, mu rwego rwo kuyasigasira.
Imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ishyinguye mu rwibutso rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera igiye kwimurirwa mu mva nshya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko batarishyurwa ibyabo byangijwe.
Bamwe mu badepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi biyemeje gukorana n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kurwanya ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko imibiri itandatu yabonetse mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rubavu na Mudende; izashyingurwa mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyundo rurimo kubakwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, barashima ubuyobozi ku bw’urwibutso rwubatswe mu “Ishyamba rya Bibare” kuko ruzatuma amateka y’ubwicanyi bwahabereye atibagirana.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Huye barasaba ko ahitwa Akagarama mu Kagari ka Muyogoro, hiciwe abagore n’abana 326 mu gihe cya jenoside, hashyirwa ikimenyetso.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ngo bafite impungenge ko batazashobora gusobanurira amateka ya Jenoside abazabakomokaho nihadafatwa ingamba zihuse zo kuyasigasira.
Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo-Brazzaville yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Musanze barasaba kubakirwa inzibutso zigaragaza amateka, kuko izihari zubatswe mu buryo butagezweho.
Mu Karere ka Nyabihu, Kwibuka 22 byatangirijwe ku buvumo bwa Nyaruhonga bwajugunywemo abishwe muri Jenoside buri mu Murenge wa Mukamira mu Kagari ka Gasizi.
Umuryango Ibuka wita ku barokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga uratabariza abarokotse batishoboye bakibayeho mu buzima bubi nyuma y’imyaka 22 Jonoside ibaye.
Abayobozi banyuranye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza icyunamo mu Karere ka Nyarugenge, basabye urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Abaturage b’Intara y’Uburasirazuba barahabwa icyizere cy’ahazaza heza bitewe n’uko u Rwanda rwabonye ubuyobozi bwiza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa kane tariki 7 Mata 2016, U Rwanda rwatangiye iminsi irindwi y’icyunamo, aho ku nshuro ya 22 hibukwa Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994.
Umuryango Ibuka mu Karere ka Karongi uvuga ko abangije n’abasahuye imitungo y’Abatutsi muri Jenoside bakomeje kugaragaza ubushake bucye mu kuyishyura.
Mu muhango wo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abatuye Akarere ka Nyagatare bibukijwe ko gutanga ubuhamya bikwiye gukorwa n’abatarahigwaga.
Imibiri 72 y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mui Kigo cya Gisirikare cya Bigogwe.
Kuri uyu wa Kane, tariki 7 Mata 2016, u Rwanda rwatangiye icyunamo ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Abashyitsi bakomeye barenga 500 baturutse imihanda yose y’isi, kuri uyu wa 7 Mata 2016 barateranira ku Rwibutso rwa Genoside rwa Kigali mu muhango wo gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 22 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuryango w’Abanyaburayi urwanya iIvangura (EGAM), waje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Habura iminsi ibiri ngo hatangizwe icyunamo cyo Kwibuka 22 , mu Karere ka Gisagara hakomeje kugaragara imibiri y’ abazize Jenoside itarashyingurwa mu cyubahiro.
Abagore bo muri Huye barasabwa kugira umuco usanzwe uranga Abanyarwanda wo gufashanya, bakegera birushijeho abarokotse Jenoside mu gihe cyo kwibuka.
Imiryango ya AERG na GAERG yashimiwe uruhare igira mu kunganira ubuyobozi, kubera ibikorwa by’iterambere yakoze mu cyumweru cyateguraga kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage b’i Kirehe bitabiriye umuganda mu gutangirana isuku icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.