Sibomana Callixte warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu yahoze ari Komini Kivu, ubu ni mu Murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru, arashimira Kanyeshyamba Phillipe wamuhishe iwabo mu rugo yarangiza akanamuherekeza ahunga.
Abashaka kumvikanisha ko ubwicanyi bwakorewe abatutsi bwari ndengakamere-muntu bakunze kuvuga ko abakoze Jenoside bari babaye inyamaswa cyangwa ibikoko.
Mu muhango wo kwibuka abari urubyiruko bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyaruguru ku wa gatandatu tariki ya 16 Gicurasi 2015, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imari n’Iterambere ry’Ubukungu, Fabien Niyitegeka, yavuze ko ubuyobozi bubi bwashutse urubyiruko rukishora mu bwicanyi ariko ngo bikaba bitazongera.
Musengimana Alphonse warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 arasaba ubutabera gukurikirana uwitwa Nyandwi wari waranze gutanga amakuru y’ahajugunywe umubiri wa mushiki we witwaga Kayisengire Marie Médiatrice wishe muri Jenoside ngo ashyingurwe mu cyubahiro.
Abarokotse Jenoside bo mu mirenge ya Kivu, Muganza na Nyabimata barasaba abaturage b’iyo mirenge kugira ubutwari bwo kugaragaza ahaba hakiri imibiri y’abazize Jenoside itarashyingurwa kugira ngo na yo ishyingurwe.
Dr Nsabimana Damien, Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibogora, asanga ari ngo agahomamunwa kubona umuganga agambanira abarwayi akwiye kuba aha ubuzima akarenga akabica kandi ubundi yarize gutanga ubuzima no gukumira urupfu.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora biri mu Karere ka Nyamasheke, Dr Nsabimana Damien avuga ko gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 batishoboye ari ngombwa kandi bikaba inshingano ya buri mu nyarwanda wese, niba igihugu cyifuza gukomeza gukataza mu iterambere kigezeho.
Umubyeyi w’imyaka 50 witwa Kabaraza Spéciose wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze yishimiye inkunga yagenewe n’umuryango w’urubyiruko, Rwanda Young Generation Forum (RYGF) kuko bimwereka ko atari wenyine.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, arasaba urubyiruko rukoresha ibiyobyabwenge kubireka kuko bishobora kuba ari inzira umwanzi yahisemo yo kwangiza imbaraga z’igihugu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka avuga ko ari intsinzi kuba hari abafata umwanya bakibuka imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe abatutsi, kuko abayiteguye batifuzaga ko hazasigara n’uwo kubara inkuru.
Kabarame Uzamukunda Egidie uri mu kigero cy’imyaka 23, ngo yabwiwe n’umubyeyi wamureze ko yamutoraguye mu mirambo y’abatutsi bari bamaze kwicirwa ku iteme rya Kayumbu mu Murenge wa Musambira, ariko akibaza impamvu akomeje kubaho nabi kandi yagafashijwe nk’uwarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) hamwe n’abakozi ba Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), tariki ya 15 Gicurasi 2015 bafashe mu mugongo imfubyi za Jenoside zibana mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Ku wa 16 Gicurasi 2015, Ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuganga muri Kaminuza y’U Rwanda (MEDSAR), ryasuye urwibutso rwa Murambi abanyeshuri 80 babasha gusobanukirwa no kwigira byinshi ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Mu kwibuka kuncuro ya 21 urubyiruko rwo mu karere ka Rusizi rwishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, urubyiruko rwitabiriye iki gikorwa rwasabwe kwirebera mu indorerwamo y’Ubunyarwanda kuko aribyo byatuma batagwa mu mutego w’amacakubiri yasenye igihugu atuma habaho na Jenoside.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rurasabwa kubakira ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda mu rwego rwo kubaka ubunyarwanda buzira icyo ari cyose cyatuma Abanyarwanda basubira inyuma.
Mu Ishuri rikuru ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza riherereye i Busasamama mu Marere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo iri shuri ryashinzwe nyuma y’ayo mahano ya Jenoside.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana, Abdallah Munyemana, aravuga ko bibabaje cyane kubona abantu bari bashinzwe gukiza ubuzima bw’abantu barabaye abambere mu kubusonga, agasaba ko umuganga wese wagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akwiye kujya ahabwa ibihano biruta iby’abandi bayikoze.
Umunyamategeko muri Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenodie CNLG, Ndahigwa Jean Louis, avuga ko hakiri abantu banga gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 kubera gutinya bagenzi babo.
Umukecuru Mukeshimana Maria, utuye Umudugudu wa Nyabitare, Akagari ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda wo mu Karere ka Kamonyi yasuwe n’abaturanyi be bakora siporo bibumbiye mu ihuriro “Unity jogging Club”; mu rwego rwo kumufata mu mugongo kubera abana be n’umugabo we yabuze muri Jenoside no kumwifuriza umunsi mwiza w’ababyeyi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard arasaba urugaga rw’amadini n’amatorero gukomeza kwigisha abakirisitu ubumwe n’ubwiyunge abantu bakabana mu mahoro.
Padiri Wellars Mugengana avuga ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 ari umwanya wo kwibaza icyo abishe abatutsi bungutse.
Egide Nkuranga, Visi perezida wa Ibuka mu Rwanda, yibaza icyo abarokotse Jenoside bakora kugira ngo Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda itazabera n’i Burundi.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 abatutsi bazize Jenoside basaga ibihumbi 47 bashyinguye mu rwibutso rw’Akarere ka Kamonyi ruherereye mu Kibuza, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa Gacurabwenge, wabaye tariki 9 Gicurasi 2015, Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yatangaje ko abakoze Jenoside badafite amahoro kuko (…)
Inzu y’igorofa yubatswe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi igenewe gushyirwamo ubuhamya n’ibindi bimenyetso ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi kugira ngo ijye ikorerwamo ubushakashatsi imaze imyaka 9 idakorerwamo.
Mu rwibutso rwa Jenoside rwa Rukira ruherereye mu murenge wa Huye wo mu karere ka Huye habaye igikorwa cyo gushyingura mu cybahiro imibiri irenga ibihumbi 35 y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ibitaro bya Muhororo mu karere ka Ngorororero bishimirwa ko byabaye intangarugero mu kubimburira ibindi bitaro bigize aka karere mu kubakira urwibutso abari abakozi babyo bazize Jenoside yakorewe AbatutsI mu 1994.
Mu rwuri rw’umuryango w’abanyeshuri bakotse Jenoside (AERG) ruri mu mudugudu wa Karama akagari ka Karama, umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, hagejewe inka 81 harimo 20 zatanzwe na madamu wa Perezida Repubulika Jeannette Kagame binyuze mu muryango Imbuto Foundation.
Abayobozi, abarimu n’abanyeshuri bo muri IPRC-South basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruri mu Karere ka Nyamagabe ku wa 8 Gicurasi 2015, batashye bavuga ko uru rwibutso rugaragaza neza amateka ya Jenoside ku buryo nta wahagendereye wakongera guhakana ko Jenoside yakorewe abatutsi yabayeho.
Abadepite n’abasenateri bagize Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda, kuri uyu wa 8 Gicurasi 2015, batangije ihuriro rishinzwe gukumira Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, ku ikubitiro abagera kuri 82 bahita basaba kuba abanyamuryango baryo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mirenge ya Murama na Rukira igize icyahoze ari Komini Rukira mu gihe cya Jenoside, ubu akaba ari mu Karere ka Ngoma, bagabiye inka umuryango wa Ruhigira Donat,wahoze ari burugumesitiri wa Komini Rukira muri Jenoside.