Abanyarwanda batangiye icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi - AMAFOTO

Kuri uyu wa Kane, tariki 7 Mata 2016, u Rwanda rwatangiye icyunamo ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Mu nsanganyamatsiko yo “Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya jenoside”, Abanyarwanda mu turere twose tw’igihugu baramukiye muri gahunda yo kwibuka baha agaciro inzirakarengane z’Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994.

Kigali Today iragenda ibagezaho AMAFOTO y’uko byifashe hirya no hino mu gihugu:

AMAJYEPFO:

Huye

Abaturage b’Umurenge wa Huye bibukiye mu Mudugudu wa Mbuba, Akagari ka Nyakagezi. Hakurya yaho gato ni mu Mudugudu wa Kagarama, Akagari ka Muyogoro. Aho, hiciwe abagore n’abana 326 bari bavuye i Nyaruguru (Gikongoro) bahungira muri Butare kuko ho hategekaga Perefe w’umututsi.

Kuri kariya gasozi kariho ishyamba hejuru, mu gace kubatsemo Ibiro by'Umudugudu, ni ho hakuwe imibiri y'abagore n'abana bishwe muri jenoside.
Kuri kariya gasozi kariho ishyamba hejuru, mu gace kubatsemo Ibiro by’Umudugudu, ni ho hakuwe imibiri y’abagore n’abana bishwe muri jenoside.
Eustache Mudatsikira ukuriye Ibuka mu Murenge wa Huye ati "Nta wahaniwe kwica bariya bantu mu gihe cya Gacaca. Twifuza ko ubutabera bwazakora akazi".
Eustache Mudatsikira ukuriye Ibuka mu Murenge wa Huye ati "Nta wahaniwe kwica bariya bantu mu gihe cya Gacaca. Twifuza ko ubutabera bwazakora akazi".

Gisagara

Abaturage b’Umurenge wa Ndora n’inshuti zabo bibukiye ku rwibutso rwa Kabuye ruri mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora. Imvura yari nyinshi.

Imvura yari nyinshi.
Imvura yari nyinshi.

Kamonyi

Icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 22 cyatangirijwe mu Mudugudu wa Nyenyeri, Akagari ka Bunyonga mu Murenge wa Karama ahitwa mu ishyamba rya Bibare. Muri iri shyamba, hiciwe Abatutsi babanje kwirwanaho. Umuhango witabiriwe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse na Depite Mukarugema Alphonsine.

Iri ni Ishyamba rya Bibare ryo ku Kamonyi.
Iri ni Ishyamba rya Bibare ryo ku Kamonyi.

Muhanga

Icyumweru cy’icyunamo cyatangirijwe mu Mudugudu wa Nkondo, Akagari Ka Gitega, Umurenge Wa Kibangu.

Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege yifatanyije n'Abanyakibangu kwibuka.
Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege yifatanyije n’Abanyakibangu kwibuka.

Nyamagabe

Icyumweru cy’icyunamo cyatangirijwe mu Mudugudu Mushubi, Akagari ka Gashwati mu Murenge wa Mushubi. Hari imvura nyinshi.

Nyanza

Gutangiza icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rw’Akarere byabereye mu Mudugudu wa Kankima mu Kagari ka Cyotamakara mu Murenge wa Ntyazo. Aho ibikorwa byo kwibuka byahereye, Abatutsi baho baranzwe no kwirwanaho bakoresheje imiheto n’imyambi basubiza ibitero inyuma by’Interahamwe. Nyuma, ni bwo hitabajwe abajandarume n’abasirikare babamishaho amasasu menshi, baraganzwa.

Ruhango

Ku rwego rw’Akarere ka Ruhango, bibukiye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango. Ni hafi y’Ibiro by’Akarere ka Ruhango.

Aha ni ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango. Abaturage n'abayobozi baje kwibuka.
Aha ni ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango. Abaturage n’abayobozi baje kwibuka.
Abayobozi batandukanye bo mu Ruhango, abaturage n'inshuti z'Abanyaruhango baje kuhibukira.
Abayobozi batandukanye bo mu Ruhango, abaturage n’inshuti z’Abanyaruhango baje kuhibukira.

Nyaruguru

Gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 22 yatangirijwe mu Mudugudu w’Uruyange, Akagari ka Nyarugano mu Murenge wa Ruramba. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, Izabiliza Jeanne yifatanyije n’abaturage ba Nyaruguru mu muhango wo kwibuka.

AMAJYARUGURU:

Burera

Gutangiza icyumweru cy’icyunamo mu Karere ka Burera, byabereye mu Murenge wa Rugarama, Akagari ka Karangara, mu Mudugudu wa Gahama. Hari urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rushyinguyemo imibiri 16.

Gicumbi

Abaturage b’Umurenge wa Mutete, abayobozi n’inshuti z’Abanyagicumbi bibukiye ku rwibutso rwa jenoside ruri mu Mudugudu wa Karambi mu Kagari ka Musenyi.

Musanze

Aha ni mu Karere ka Musanze. Urugendo rwo kwibuka rwahereye ku biro by'Umurenge wa Muhoza berekeza ku rwibutso ruri ahitwa mu Kizungu.
Aha ni mu Karere ka Musanze. Urugendo rwo kwibuka rwahereye ku biro by’Umurenge wa Muhoza berekeza ku rwibutso ruri ahitwa mu Kizungu.
Abapolisi bo mu bihugu by'abaturanyi barimo gukurikirana amasomo i Nyakinama bifatanyije n'Abanyamusanze Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.
Abapolisi bo mu bihugu by’abaturanyi barimo gukurikirana amasomo i Nyakinama bifatanyije n’Abanyamusanze Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.

IBURASIRAZUBA:

Bugesera:

Ku rwego rw’Akarere ka Bugesera, abaturage bibukiye mu Murenge wa Mayange ku musozi wa Rebero. Ni umusozi wari wahungiyeho Abatutsi benshi bazwiho ko mbere yo kwicwa, babanje kwirwanaho.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Mukabaramba Alvera, Depite Numukobwa Justine na Depite Mukarugwiza Annonciata; na bo bifatanyije n’Abanyabugesera kwibuka.

Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Dr Mukabaramba Alvera, yifatanyije n'Abanyabugesera kwibuka.
Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Dr Mukabaramba Alvera, yifatanyije n’Abanyabugesera kwibuka.

Gatsibo

Icyumweru cy’icyunamo cyatangijwe ku Rwibutso rwa Kiziguro.

Nyagatare

Visi Perezida w'Umutwe w'Abadepite, Uwimanimpaye Jeanne d'Arc yifatanyije n'abaturage b'Akarere ka Nyagatare kwibuka.
Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Uwimanimpaye Jeanne d’Arc yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyagatare kwibuka.
Aha ni i Nyagatare. Abaturage ba Mirama ya 1 bakoze urugendo bajya ku Kagari ka Nyagatare ahabera ibiganiro.
Aha ni i Nyagatare. Abaturage ba Mirama ya 1 bakoze urugendo bajya ku Kagari ka Nyagatare ahabera ibiganiro.

Kirehe

I Kirehe, hirya no hino mu midugudu, bakoze urugendo rwo kwibuka.
I Kirehe, hirya no hino mu midugudu, bakoze urugendo rwo kwibuka.

Ngoma

Aha ni mu Karere ka Ngoma. Depite Nkusi Juvenal yifatanyije n'abaturage kwibuka. Aha ni ku Rwibutso rwa jenoside rwa Rukumbeli mu murenge wa Rukumberi, ruhyinguwemo imibiri irenga ibihumbi 35 y'Abatutsi bishwe muri jenoside.
Aha ni mu Karere ka Ngoma. Depite Nkusi Juvenal yifatanyije n’abaturage kwibuka. Aha ni ku Rwibutso rwa jenoside rwa Rukumbeli mu murenge wa Rukumberi, ruhyinguwemo imibiri irenga ibihumbi 35 y’Abatutsi bishwe muri jenoside.

IBURENGERAZUBA:

Karongi

Ku rwego rw’Akarere ka Karongi, bibukiye ahitwa ku Mubuga mu Murenge wa Mubuga Ku rwibutso rwa Jenoside ruri muri Paruwasi ya Mubuga yiciwemo Abatutsi muri jenoside. Aha ni ahahoze ari muri Komini Gishyita ya Perefegitura Kibuye.

Guverineri Mukandasira Caritas yifatanyije n'Abanyakarongi kwibuka ku nshuro ya 22.
Guverineri Mukandasira Caritas yifatanyije n’Abanyakarongi kwibuka ku nshuro ya 22.
I Karongi, bakoze urugendo rwo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
I Karongi, bakoze urugendo rwo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
I Karongi, bibukiye kuri Paruwase ya Mubuga.
I Karongi, bibukiye kuri Paruwase ya Mubuga.

Ngororero

Gutangiza icyunamo byabereye mu Murenge wa Kabaya mu Kagali ka Kabaya, Umudugudu wa Bitare. Ni muri metero 500 uvuye aho Leon Mugesera yavugiye ijambo ryakanguriraga Abahutu kwica Abatutsi mu 1992. Hashyinguwe imibiri y’Abatutsi 245 bishwe guhera muri uwo mwaka Mugesera akihava.

Rusizi

Mu Mudugudu wa Rubyiro mu Kagari ka Ryankana mu Murenge wa Bugarama w’Akarere ka Rusizi, hibutswe Abatutsi bajugunywe mu mugezi Wa Rubyiro.

Rutsiro

Aha ni i Rutsiro mu Mudugudu waGisiza, Akagari ka Gisiza Umurenge wa Musasa. Abaturage baje kwibukira ku mugezi wa Koko.
Aha ni i Rutsiro mu Mudugudu waGisiza, Akagari ka Gisiza Umurenge wa Musasa. Abaturage baje kwibukira ku mugezi wa Koko.
Uyu mugezi wa "Koko" muri Rutsiro uzwiho kuba warajugunywemo Abatutsi benshi mu gihe cya Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994. Hambere ngo wagiraga amazi menshi cyane, nubwo ubu agenda agabanuka.
Uyu mugezi wa "Koko" muri Rutsiro uzwiho kuba warajugunywemo Abatutsi benshi mu gihe cya Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994. Hambere ngo wagiraga amazi menshi cyane, nubwo ubu agenda agabanuka.

Nyamasheke

Depite Kankera Marie Josee yifatanyije n'abaturage ba Nyamasheke kwibuka. Aha ni mu Murenge wa Shangi.
Depite Kankera Marie Josee yifatanyije n’abaturage ba Nyamasheke kwibuka. Aha ni mu Murenge wa Shangi.
I Shangi, kwibuka byabereye kuri Paruwase ya Kiliziya Gatolika ya Shangi.
I Shangi, kwibuka byabereye kuri Paruwase ya Kiliziya Gatolika ya Shangi.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka