Diane Umutesi w’imyaka 20 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga naho Yves Muvunyi w’imyaka 21 yegukana irya Rudasumbwa muri Kigali Institute of Management (KIM) mu matora yabaye tariki 01/06/2012 kuri Sport View Hotel.
Kuri uyu wa gatanu tariki 01/06/2012 kuri Sport View hazabera ibirori byo gutora Nyampinga na Rudasumbwa (Miss and Mister) bo muri kaminuza ya KIM bikaba bizatangira saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Umuhanzi TMC wo mu itsinda rya Dream Boys ari koroherwa nyuma y’iminsi itatu amaze arwaye indwara itazwi.
Umurimbyi wo muri Jamaica, Sean Paul, mu mpera z’icyumweru gishize yambikanye impeta n’umukunzi we Jodi “Jinx” Stewart bamaranye igihe kirekire bakundana.
Ubuyobozi bwa East African Promotors (EAP) buratangaza ko nta rutonde na rumwe rw’uko abahanzi bagenda bitwara muri PGGSS bwigeze bushyira hanze. Ubu buyobozi buvuga ko abahanzi bose bitwara neza kandi ko bakora uko bashoboye ngo bashimishe abafana babo.
Imodoka yari itwaye abahanzi bari muri PGGSS II ibajyanye i Gicumbi kuri uyu wa gatandatu tariki 26/05/2012 yagize ikibazo ishaka gushya nk’uko byatangajwe na King James ku rubuga rwa Twitter.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 26/05/2012 abahanzi bari muri PGGSS2 bazerekeza mu karere ka Gicumbi mu Ntara y’amajyaruguru kwiyereka abakunzi babo nyuma y’ibitaramo bagiriye hirya no hino mu turere dutandukanye tw’intara z’u Rwanda.
Umuhanzikazi Butera Jeanne uzwi ku izina rya Knowless yakoze impanuka mu gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012 ahita ajyanywa mu bitaro by’umwami Faycal biri mu mujyi wa Kigali.
Alexis Muyoboke, umujyanama (manager) w’itsinda Urban Boys aratangaza ko afite ikizere ko abahanzi be bazegukana insinzi muri PGGSS 2 nubwo bagiyemo nyuma.
Imodoka ebyeri zari zitwaye abahanzi bo muri Primus Guma Guma bari baje kwiyereka abakunzi babo mu karere ka Nyagatare zagonganye tariki 19/05/2012 ahagana masaa mbiri n’igice z’umugoroba ariko ku bw’amahirwe nta wakomeretse.
Biteguwe na Talent Group, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, Elion Victory, Khizz Kizito, Olivis, Paf G na Jack B barataramira abakunzi babo kwa Mutangana i Nyabugogo guhera 19h00.
Umuririmbyikazi Jennifer Lopez aza imbere ku rutonde rw’icyamamare ku isi; nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Forbes cyo muri Amerika.
Nyuma y’icyumweru kirenga Emmy wari mu marushanwa ya PGGSS 2 agiye muri Amerika, ubuyobozi bwa Bralirwa na East African Promotors (EAP) bwemeje ko asimburwa n’itsinda Urban Boys kandi rigafata numero 1 Emmy yari afite.
Nyuma yo kubyinana n’umukobwa bugacya, umuhanzi w’Umunyarwanda witwa TK uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aherutse gushyira ahagaragara indirimbo ye nshya yise ‘I am in Love’.
Ubwo abahanzi 9 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star Season 2 biyamamazaga mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, tariki 12/05/2012, Abanyakarongi batagira ingano bagaragarije umuhanzi Jay Polly ko bamushyigikiye byimazeyo.
Kuva kuwa gatatu tariki 09/05/2012, hari amakuru avuga ko umuhanzi Emmy wari mu bahanzi 10 bahatanira Primus Guma Guma Super Star 2 yaba yarerekeje ku mugabane w’Amerika ku cyumweru tariki 06/05/2012 ngo akaba yarajyanye n’umuryango we wose.
Ibitaramo bibera mu Ntara zose z’igihugu (Roadshows) bigomba gukorwa n’abahanzi 10 basigaye muri PGGSS II bizatangira tariki 05/05/2012 kugeza tariki 10/06/2012.
Umuhanzi wo muri diaspora y’u Rwanda JAH BONE D umaze gutera imbere mu muziki wa BOB MARLEY azaza kwifatanya n’abarasta n’abakunzi ba REGGAE bose mu gitaramo cyo kwibuka BOB MARLEY tariki 11/05/2012 muri salle ya ISHYO ARTS CENTER (Caisse sociale Kacyiru).
Impaka z’abagomba kugaragara mu kibuga zikomeje kuba ndende, mu gihe imyiteguro y’umukino w’umupira w’amaguru ugomba guhuza abanyamakuru bakora mu myidagaduro n’abahanzi bari muri PGGSS 2 uzaba kuri iki Cyumweru igeze kure.
Igitambo cya Misa yo gusabira Irene Rwirangira, wari umubyinnyi mu itorero Inganzo Ngari, kizaba kuri uyu wa gatanu tariki 27/04/2012 kuri Centre Christus i Remera saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba.
Abahanzi 10 bari muri Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), tariki 26/04/2012 bazasura abana baba mu kigo cya Gatagara mu Ntara y’amajyepfo hanyuma tariki 28/4/2012, bakine n’abanyamakuru bakora ibiganiro bijyanye n’imyidagaduro kuri sitade Amahoro i Remera.
Akana nkemurampaka gashinzwe gutoranya Abanyarwanda bazajya muri Tusker Projct Fame gakomeje kugira ibanga abo kahisemo mu majonjora yabaye tariki 22/04/2012. Ayo majonjora yitabiriwe n’abahanzi bagera kuri 50 hatoranywamo batandatu gusa.
Wesley Ruzibiza, Umunyarwanda ubyina imbyino zitwa ‘contemporary dance’ n’iza gakondo ari muri Etiyopiya mu mahugurwa yahuje abahanzi b’amakinamico n’imbyino bikorerwa imbere y’abantu mu rwego rwo kubahuza na bagenzi babo bo ku mugabane wa Amerika ngo bungurane ibitekerezo.
Kuri iki cyumweru tariki 22/04/2012, ku Ishyo Art Center ku Kacyiru ahahoze inzu mbera byombi ya Caisse Social harabera igitaramo kizwi ku izina “Accoustic Night’’ gitegurwa na Positive Production hafi buri kwezi.
Umuhanzi Makanyaga Abdoul yakoze impanuka ya moto mu gitondo cya tariki 21/04/2012 ubwo yari avuye kwa muganga kuri Policlinique du Plateau gukoresha bimwe mu bizamini by’indwara.
Inkuru ikomeje gukwirakwira ko Bahati Grace wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2009 yaba atwite inda y’umuhanzi w’umunyarwanda w’umuraperi uzwi ku izina rya K8 Kavuyo kandi ngo isigaje amezi atatu ngo ivuke.
Abahanzi bari muri Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), tariki 16/04/2012, basuye imfubyi n’abapfakazi za Jenoside mu mudugudu wa Rwakibilizi ya 2, akagali ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata i Nyamata banabashyikiriza imfashanyo zitandukanye.
Ibyo mu Rwanda bita gushishura, aho umuhanzi cyangwa umu-producer afata indirimbo y’umuhanzi wundi runaka akayigana cyangwa se akaririmbira mu njyana (beat) yayo, ngo si mu Rwanda biba gusa kuko na bamwe mu baririmbyi bakomeye ku isi nabo hari indirimbo zabo zamenyekanye ariko injyana zazo barazibye ku bandi baririmbyi cyane (…)
Hamaze iminsi havugwa umwuka utari mwiza hagati ya Cecile Kayirebwa n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) ndetse bikaba binavugwa ko Cecile Kayirebwa yaba yiteguye kujyana ORINFOR mu nkiko.
Mu rwego rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, abahanzi 10 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 (PGGSS II) bazasura urwibutso rwa Ntarama mu karere ka Bugesera tariki 09/04/2012.