Ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa zo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012, nibwo umuhanzi King James yuriye indege bwa mbere mu mateka ye yerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho agiye gukora ibitaramo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 13/10/2012 no ku cyumweru tariki 14/10/2012, abahanzi nyarwanda bafite ibitaramo byo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund bikazabera muri uyu mujyi wa Kigali.
Abisabwe na Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza, umuhanzi Kitoko azaba ari mu Bwongereza tariki 13/10/2012 mu gitaramo cyo gushyigikira Agaciro Development Fund cyateguwe n’Abanyarwanda babayo.
Umuhanzi JayPolly ukora injyana ya Hip Hop akaba n’umwe mu ba raperi ba hano mu Rwanda bakunzwe cyane kurusha abandi, azanye igitaramo yitiriye imwe mundirimbo ze “Ndacyariho ndahumeka”.
Bimenyerewe ko mu bitaramo bisanzwe bibera mu mujyi wa Kigali bishyushywa n’umu DJ umwe ariko ikizabera muri Bamboo Restaurant mu mujyi wa Kigali kuwa gatanu tariki 12/10/2012 kizashyushywa na DJ Cox na DJ Esggy.
Muri weekend ishize icyamamare mu njyana ya Hip Hop Jay-Z yakoreye concert y’akataraboneka ahitwa Barclays Center muri Leta ya New York ari kumwe n’umugore we Beyonce
Kwiyandikisha mu iserukiramuco rya gikirisito (Rwanda Christian Film Festival) rigamije kuzamura uruhando rwa filimi za gikristu no kurushaho guteza imbere ivugabutumwa, birakomeje bikazarangira tariki 20/10/2012.
Ndamufite ni indirimbo nshya ya Dieudonné Musabe yakoranye na Dominic Nic ndetse na Rachel.
Chris Brown n’uwo bari bamaze iminsi bakundana Karrueche Tran bamaze iminsi batameranye neza nyuma yo kumenya ko Brown yabyukuje umubano na Rihanna.
Nk’uko bigenda bigaragara mu bahanzi nyarwanda, benshi mu bamaze gutera imbere usanga ari nabo bamaze kwegukana ibihembo byinshi ugerereanyije na bagenzi babo bataratera imbere cyane nyamara basa n’abinjiriye mu muziki mu gihe kimwe.
Umuhanzikazi Gabby Irene Kamanzi na bagenzi be bo muri Gospel bazataramira muri Contact Restaurant kuri uyu wa gatanu tariki 05/10/2012 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kandi kwinjira bizaba ari ubuntu.
Mu gihe umuziki nyarwanda uri kugenda urushaho gutera imbere, benshi mu bakunzi bawo baragenda barushaho kumva no kubona agaciro k’uburyo bwo kuririmba by’umwimerere (Live).
Nyuma y’igihe gito yemeye ku mugaragaro ko azakora indirimbo ishishikariza Abanyarwanda gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund (AgDF), Umuhanzi Kizito Mihigo ubu yayigejeje hanze.
Nyuma yo kumurikira Abanyarwanda alubumu ze ebyiri “My Destiny” na “Intero y’Amahoro”, kuri ubu benshi baremeza ko Umuhanzi Mani Martin ariwe muhanzi wa mbere mu Rwanda ukoze ibintu bitazibagirana mu mateka ya muzika nyarwanda.
Umuhanzi Patient Bizimana yakoze impanuka ageze i Gikondo ataha ubwo yari avuye mu gitaramo yari yakoreye kuri Sport View Hotel ku cyumweru tariki 30/09/2012.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi ku izina rya The Ben usigaye abarizwa muri Amerika muri Leta ya Chicago, agiye kumurikira alubumu ye ya kabiri muri Amerika no muri Canada.
Bamwe mu baririmbyi bo mu Rwanda bakoresha ikoranabuhanga rya “Auto-tunes” kugira ngo amajwi yabo agororoke kurushaho bigatuma amajwi yo mu ndirimbo zabo zicurangwa ku maradiyo aba ari meza kurusha igihe baba bari kuririmba mu bitaramo by’imbonankubone “live”.
Abahanzi nyarwanda barategura ibitaramo byo gutera inkunga ikigega AgDF Muri uku kwezi k’urubyiruko, abahanzi nyarwanda bafatanyije n’umujyi wa Kigali bateguye ibitaramo mu rwego rwo gutanga inkunga yabo mu kigega Agaciro Development Fund.
Abahanzikazi b’injyana ya Hip Hop Sandra Miraj na El Poeta babuze umuvandimwe wabo witwaga Umutesi wazize indwara z’ibibyimba mu mutwe.
Kanye West yareze imbuga za internet urubuga rwa AllHipHop.com ndetse n’izindi zitandukanye avuga ko yavogerewe mu buzima bwe zerekana umuhanzi Kanye West arimo gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa bahoze bacuditse.
Umuhanzi Jules Sentore usanzwe amenyerewe mu njyana gakondo, kuri ubu arimo gukora indirimbo yageneye abatuye muri Afurika y’Uburasirazuba ibakangurira kwishyira hamwe.
Abasore babiri bo mu itsinda rya Goodlyfe aribo Mowzey Radio na Weasel, mu cyumweru gishize bahaswe ibibazo nyuma yo gufatanwa forode ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda.
Kuwa Gatandatu utaha hateganyijwe ibitaramo bibiri bikomeye birimo icya Patient Bizimana uririmba indirimbo zihimbaza Imana na Man Martin wacyimuriye muri iyo wikendi, nyuma y’aho yabonye ubutumire bwo kujya kuririmba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Akoresheje Twitter na Facebook, tariki 19/09/2012, umuhanzi mpuzamahanga Shakira yatangaje ko ari hafi kubyara umwana wa mbere wa Gerard Piqué, umukinnyi wa Barcelone.
Umuhanzi Jay Polly uherutse kugirana ibibazo n’abanyamakuru kubera amagambo asebanya yavugiye kuri Radio Flash FM nyuma y’uko yanditsweho inkuru y’uko yaba yarafunzwe, nawe yatanze ikirego muri Media High Council.
Resitora izwi ku izina rya ‘‘Contact Restaurant’’ nayo igiye gutangiza Gospel Night kuri uyu wa gatandatu tariki 22/09/2012.
Umuhanzi Mani Martin yahinduye itariki yagombaga kumurikiraho alubumu ye kubera ubutumwa bw’igihugu bwihutirwa yoherejwemo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda hagiye kubaho iserukiramuco rya Sinema nyarwanda za Gikristu rizaba mu kwezi kwa cumi uyu mwaka.
Umuhanzi Bruce Itahiwacu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya “Bruce Melody”, we n’abavandimwe be batatu bapfushije Mama wabo ari nawe mubyeyi bari basigaranye azize uburwayi butunguranye, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Korari Guershom ibarizwa mu Ntara y’Amajyepfo ifite gahunda yo kuzazenguruka u Rwanda iririmba kandi inabwiriza ubutumwa bwiza banereka abanyarwanda bose ibyiza Imana yabakoreye.