Umuhanzi w’umunyarwanda Emmy wikuye mu irushanwa rya PGGSS2 akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka irindwi adakandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Mu rwego rwo gufasha abanyakigali gusoza ukwezi bishimye kandi bidagadura, Umujyi wa Kigali wateguye igitaramo cyo kwidagadura kizajya kiba buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi, kikazaba ari igikorwa ngarukakwezi kikazajya kibera muri Car Free Zone mu Mujyi rwagati. Hazajya hatumirwa abahanzi n’amatorero abyina kinyarwanda (…)
P Fla umaze umwaka n’amezi arindwi avuye kurangiza igihano muri Gereza ya Mageragere kubera gukoresha ibiyobyabwenge, yavuze ko urukundo rwe na Aline rwari baringa kuko bakundanye buri umwe afite icyo ashaka kungukira ku wundi, anavuga ko adateze kongera gukoresha ibiyobwabwenge nkuko abantu babitekereza.
Umuhire Solange uzwi ku mazina ya Liza Kamikazi, umuhanzikazi wamenyekanye cyane mu myaka ya 2010, avuga ko atareka umuziki, kuko yumva ufite igice kinini ku buzima bwe, cyane ko ari wo watumye ahura n’umugabo we.
Mu gihe habura igihe kitageze ku cyumweru ngo habe iserukiramuco ryitiriwe Impeshyi muri Kigali (Kigali Summer Festival), byamenyekanye ko abahanzi 14 b’abanyarwanda aribo bazasusutsa ibi birori bafatanije na Sheebah Karungi nawe wamaze kwemera kuza muri iri serukiramuco.
Nyuma y’uko umuririmbyikazi w’icyamamare w’Umunyamerika Beyoncé Giselle Knowles-Carter uzwi nka Beyoncé yasohoye indirimbo avugamo ko umugabo we akomoka mu Rwanda, benshi bakomeje kwibaza ukuri kw’aya makuru.
Yvan Buravan, umuhanzi ukiri muto ukunzwe mu Rwanda, ukomeje no kwigaragaza mu muziki mu ruhando mpuzamahanga, dore ko ari we muhanzi w’umunyarwanda wenyine wabashije kwegukana igihembo cya prix découvertes 2018 gitangwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).
Umuziki wagize uruhare runini cyane mu rugamba rwo kubohora igihugu. Igihe imirwano yabaga igeze ahakomeye, ndetse n’ikirere kitoroheye ingabo, umuziki wahitaga useruka nka paracetamol ku muntu ufite umuriro.
Umuririmbyi NINA uhuriye na Charly mu itsinda, yatangaje ko ari ubwa mbere agiye gukora ibirori byo kwishimira isabukuru ye, kuko ngo ubusanzwe atajyaga abyitaho, anavuga ko ibyo gushaka umugabo no kubaka urugo ategereje umugambi w’Imana kuko atari ibintu yakwiha.
Urukiko rw’ibanze rwa Kampala rwahamagaje depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ngo yisobanure ku byaha byo gusuzugura no kutemera imisoro ku mbuga nkoranyambaga na serivisi za mobile money.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we Tanasha Donna, uhuza itariki y’amavuko na nyina wa Diamond bita Mama Dangote, Diamond Platnumz yatangarije abari bitabiriye ibyo birori ko afite ibyishimo byinshi.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25, umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare uzwi nka Bonhomme mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguye ibitaramo bibiri yise ‘Inkotanyi ni Ubuzima’, agamije gusobanura uko abasirikare b’Inkotanyi bagiye barokora Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenocide (…)
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 25 umunsi wo Kwibohora, bamwe mu bahanzi bamenyekanye muri muzika nyarwanda bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25 baributsa Abanyarwanda ko ari inshingano za buri wese gusigasira ibyagezweho.
Miss Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2016 yagaragaye mu batangaga amanota ku bakobwa biyamamarizaga kuba ba Nyampinga mu mwaka wa 2019.
Mu minsi ishize, haketswe ikibatsi cy’urukundo hagati ya Yvan Buravan na Alyn Sano, amafoto aracicikana avuga ko aba bombi bashobora kuba basigaye bakundana, ariko batangaje ko indirimbo ari yo yari ibyihishe inyuma.
Marie Grace Abayizera uzwi nka Young Grace witegura kubyara imfura ye, yamaze no kumuhimbira indirimbo yise “Diamante”, izina n’ubundi azita umwana we.
Nizeyimana Didier wabaye umwana wo ku muhanda akaribwa n’ubuzima bw’ubukene, nyuma akaba mu bigo by’abana badafite aho kuba, ubu ni Umunyarwanda wagizwe umuturage wa Amerika, akubaka amazu mu Rwanda n’ibindi bikorwa. Yahishuye ko byose abikesha umuziki n’ubwo hari abafata umuziki we nko kwishimisha.
Abahanzi Senderi International Hit na Intore Tuyisenge, bamaze gushyira hanze indirimbo “Ibidakwiriye Nzabivuga” ivuguruye, yumvikanamo amagambo Perezida Kagame yari yasabye ko yasimbuzwa ayari asanzwe mo.
Uhereye mu mpera z’iki cyumweru, abanyarwenya ba Comedy Knights bafatanyije na Daymakers, baratangira umushinga wabo wo gusetsa ku buntu abanywi bo mu tubari dutandukanye bahereye i Remera muri 514 Resto Bar.
Icyamamare muri Muzika Diamond Platnumz, akomeje guca agahigo mu bihugu bigize uburasirazuba bwa Afurika, akaba ashaka no kwimenyekanisha ku migabane yose y’isi.
Iradukunda Phiona wahimbwe na Bull Dogg akazina ka Candymoon Supplier, ngo atungurwa n’isura y’ibiyobyabwenge abantu bamubonamo nyuma yo kwiyegurira injyana ya Hip Hop.
Abacuranzi bagize Orchestre Amis des Jeune bazakora igitaramo cy’amateka ku cyumweru tariki ya 16 Kamena 2019 ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.
Umuhanzi Kivumbi King uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya “Lion King”, ni umwe mu banyempano b’abahanzi bakiri bato bari kuzamuka mu Rwanda. Uretse kuba ari umusizi, aho yagiye atwara ibihembo bitandukanye, ni umuhanzi w’indirimbo, aho akunze gukora indirimbo mu njyana ya “Afro Pop”
Umuhanzikazi Ingabire Dorcas uzwi nka ‘Sunny’ waririmbye ‘Kungola’, yahishuye ko n’ubwo Ministeri y’ubuzima yaciye amavuta atukuza uruhu , we agitsimbaraye kuri ubu bucuruzi bumwinjiriza amafaranga menshi aho abukorera hanze y’u Rwanda.
Kugira ngo umuntu w’icyamamare cyane cyane umuhanzi amenyekane, bisaba urugendo rurerure, rurimo kugira impano karemano kandi yihariye, gukora cyane, kugaragara mu bitangazamakuru n’ibindi.
Bitewe no kumenyekana ndetse no kugira impano inezeza benshi, abahanzi ni bamwe mu bantu bakundwa cyane kandi na benshi. Cyakora hari ubwo uko kwamamara bituma bamwe bajya mu bitangazamakuru bakarega abahanzi kubatera inda, nyuma yo kugirana ibihe byiza n’abo baba bita abakunzi babo b’ibyamamare cyangwa se bakaba banabihimba (…)
Ikompanyi yitwa East African Promoters (EAP), imenyerewe mu gutegura ibitaramo bikomeye mu Rwanda, yateguye ibitaramo bizazenguruka intara zose z’u Rwanda uko ari enye n’umujyi wa Kigali. Ibyo bitaramo bikubiye mu iserukiramuco ryiswe “Iwacu muzika Festival” bikazajya biba buri mwaka.
Umuhanzi Gilbert Irakiza, uzwi ku izina rya Roi G, umenyerewe mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel), ariko akaziririmba mu njyana zibyinitse, avuga ko nta ndirimbo itari iy’Imana, bityo abakeka ko indirimbo zibyinitse aririmba zidashimwa n’Imana bibeshya.
Mu buryo bwabanje kugorana, abanyamakuru bakora inkuru z’imyidagaduro mu Rwanda bashinze urugaga rubahuza (Rwanda Showbiz Journalists Forum), rugamije guteza imbere ubunyamwuga mu gutara no gutangaza amakuru y’imyidagaduro mu bitangazamakuru bakorera.
Riderman ugiye kumara imyaka hafi 15 mu muziki wo mu Rwanda, yifashishije Safi bakunda gukorana, baririmba indirimbo MAMBATA, banditse bihaniza abifuriza abandi inabi, n’abacura imigambi y’ubugizi bwa nabi.