Ngabo Medard umwe mu Banyarwanda bakora umuziki bakunzwe imyaka irenga 10, yakurikiye imiririmbire ya Nsengiyumva Francois mu gitaramo gisoza Iwacu Muzika Festival ahita asaba ko ababishinzwe bamufasha agakorana indirimbo n’uyu musaza ukunzwe mu gihe gito kubera umuduri.
Umunyatanzaniya Diamond Platnumz umaze kwamamara muri muzika avuga ko ibyo akora byose abishobozwa n’Imana.
Umunyatanzaniya Diamond Platnumz watumiwe gusoza iserukiramuco ryiswe Iwacu Muzika Festival, yavuze ko indirimbo yakoranye na Meddy yatinze gusohoka kuko byagoranye guhuza umwanya, kubera imiterere y’ibitaramo byabo no kutabonana, anavuga ko umuhanzikazi ukizamuka Sunny yifuza kumwumva no kumubona.
Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 13 Kanama 2019, nibwo umuhanzi Mbonyicyambu Israel wiyise Mbonyi, yageze mu Mujyi wa Manchester uri mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru y’u Bwongereza, aho azatangirira ibitaramo bizenguruka u Bwongereza, akazasangiza abanyaburayi uburyohe bw’indirimbo ziri kuri Album ye (…)
Muri iyi minsi, mu Rwanda hari kugaragara abahanzi bakora umuziki biyongera umunsi ku munsi. Ibi ahanini biterwa n’uko urwego rw’umuziki rugenda ruzamuka mu buryo mpuzamahanga, ndetse abawukora benshi, bakaba batangiye gusobanukirwa uko abawukoze mbere ubabyarira inyungu.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yateye utwatsi ibyo kuba Mimi Mehfira, umukobwa benshi bajya bita ko ari uwo benda kurushingana ko atari byo, ahubwo ko ari umukunzi usanzwe.
Umunyarwenya wo muri Uganda, Anne Kansiime, aherutse kwiyemerera ko ari we watanze amafaranga yo kumukwa no gukora ibindi birebana n’ubukwe bwe yakoranye n’umugabo batandakunye witwa Gerald Ojok.
Abahanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben na Butera Knowless hamwe n’umubyinnyi ukomoka mu Rwanda Sherrie Silver ni bamwe mu bari guhatanira ibihembo bitangwa n’ikinyamakuru African Music Magazine (AFRIMMA) bya 2019.
Ishimwe Clement, umuyobozi w’inzu ya Kinamusic itunganya umuziki, aherutse muri Leta Zunze Ubumwe bw’ Amerika (USA) mu nama yitwaga ASPEN IDEAS FESTIVAL, bituma agira amahirwe yo kubonana n’abantu batandukanye bakora umuziki na filimi bamusangiza ubunararibonye bwabo mu ruganda rw’umuziki w’abanyemerika.
Umuhanzi Abayizera Marie Grace uzwi nka Young Grace, yashyize hanze amafoto yishimisha, ari mu bwato ndetse no mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu yambaye utwenda tugaragaza inda ye y’imvutsi.
Guhera ku itariki ya 4 Kanama 2019, igihugu cya Gabon cyabonye umuturage wiyongeraye ku rutonde rw’abenegihugu bacyo. Samuel Leroy Jackson umaze icyumweru muri Gabon, yashyikirijwe pasiporo ye ya Gabon ayihawe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ushinzwe Abanya-Gabon baba mu mahanga.
Benshi Mu baririmba indirimbo zihimbaza Imana zizwi nka ‘Gospel music’, ntibakunze kwerura ngo bavuge ko bakura amafaranga mu muziki wabo. Usanga bavuga ko bakora uwo muziki bagamije gutanga ubutumwa bwiza, cyangwa kwibutsa abantu ko Imana iriho, ariko batagamije inyungu z’amafaranga.
Muri Parikingi ya Stade Amahoro i Remera mu Mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 27 Nyakanga 2019 habereye imurika ry’imodoka zidasanzwe na moto zifite umwihariko.
Mu rwego rwo gususurutsa abatuye umujyi wa Kigali, hatangijwe igitaramo kizajya kiba buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi, aho abahanzi mu njyana zitandukanye bazajya batumirwa bagasusurutsa abacyitabiriye.
Kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019, umuhanzi Knowless Butera yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise Inshuro 1000 yari amaze iminsi mike ashyize hanze, aririmba ku rukundo, amashusho yakoreye mu nzu yabo nshya bivugwa ko bagiye kwimukiramo mu gihe gito, iherereye mu karere ka Bugesera ahitwa mu Karumuna.
Abitabira ibihembo bitangirwa mu Rwanda cyane cyane ibyo mu mikino n’imyidagaduro bakomeje kwinubira ababitegura kuko babemerera ibihembo biherekejwe n’amafaranga ariko bakabaha impapuro z’amashimwe n’ibirahuri by’ibihembo ntibabahe ako gashimwe ko mu mafaranga baba babemereye.
Mu buryo butunguranye, umuhanzi Nsengiyumva wamamaye kubera indirimbo ye Igisupusupu, yongewe mu iserukiramuco ryitiriwe impeshyi rizabera mu mugi wa Kigali, nyuma yo kugaragaza ko akunzwe mu bitaramo aherutse kuzengurutswamo bya Iwacu Muzika Festival.
Umuhanzi w’umunyarwanda Emmy wikuye mu irushanwa rya PGGSS2 akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka irindwi adakandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Mu rwego rwo gufasha abanyakigali gusoza ukwezi bishimye kandi bidagadura, Umujyi wa Kigali wateguye igitaramo cyo kwidagadura kizajya kiba buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi, kikazaba ari igikorwa ngarukakwezi kikazajya kibera muri Car Free Zone mu Mujyi rwagati. Hazajya hatumirwa abahanzi n’amatorero abyina kinyarwanda (…)
P Fla umaze umwaka n’amezi arindwi avuye kurangiza igihano muri Gereza ya Mageragere kubera gukoresha ibiyobyabwenge, yavuze ko urukundo rwe na Aline rwari baringa kuko bakundanye buri umwe afite icyo ashaka kungukira ku wundi, anavuga ko adateze kongera gukoresha ibiyobwabwenge nkuko abantu babitekereza.
Umuhire Solange uzwi ku mazina ya Liza Kamikazi, umuhanzikazi wamenyekanye cyane mu myaka ya 2010, avuga ko atareka umuziki, kuko yumva ufite igice kinini ku buzima bwe, cyane ko ari wo watumye ahura n’umugabo we.
Mu gihe habura igihe kitageze ku cyumweru ngo habe iserukiramuco ryitiriwe Impeshyi muri Kigali (Kigali Summer Festival), byamenyekanye ko abahanzi 14 b’abanyarwanda aribo bazasusutsa ibi birori bafatanije na Sheebah Karungi nawe wamaze kwemera kuza muri iri serukiramuco.
Nyuma y’uko umuririmbyikazi w’icyamamare w’Umunyamerika Beyoncé Giselle Knowles-Carter uzwi nka Beyoncé yasohoye indirimbo avugamo ko umugabo we akomoka mu Rwanda, benshi bakomeje kwibaza ukuri kw’aya makuru.
Yvan Buravan, umuhanzi ukiri muto ukunzwe mu Rwanda, ukomeje no kwigaragaza mu muziki mu ruhando mpuzamahanga, dore ko ari we muhanzi w’umunyarwanda wenyine wabashije kwegukana igihembo cya prix découvertes 2018 gitangwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).
Umuziki wagize uruhare runini cyane mu rugamba rwo kubohora igihugu. Igihe imirwano yabaga igeze ahakomeye, ndetse n’ikirere kitoroheye ingabo, umuziki wahitaga useruka nka paracetamol ku muntu ufite umuriro.
Umuririmbyi NINA uhuriye na Charly mu itsinda, yatangaje ko ari ubwa mbere agiye gukora ibirori byo kwishimira isabukuru ye, kuko ngo ubusanzwe atajyaga abyitaho, anavuga ko ibyo gushaka umugabo no kubaka urugo ategereje umugambi w’Imana kuko atari ibintu yakwiha.
Urukiko rw’ibanze rwa Kampala rwahamagaje depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ngo yisobanure ku byaha byo gusuzugura no kutemera imisoro ku mbuga nkoranyambaga na serivisi za mobile money.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we Tanasha Donna, uhuza itariki y’amavuko na nyina wa Diamond bita Mama Dangote, Diamond Platnumz yatangarije abari bitabiriye ibyo birori ko afite ibyishimo byinshi.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25, umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare uzwi nka Bonhomme mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguye ibitaramo bibiri yise ‘Inkotanyi ni Ubuzima’, agamije gusobanura uko abasirikare b’Inkotanyi bagiye barokora Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenocide (…)
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 25 umunsi wo Kwibohora, bamwe mu bahanzi bamenyekanye muri muzika nyarwanda bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25 baributsa Abanyarwanda ko ari inshingano za buri wese gusigasira ibyagezweho.