Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben uzataramira i Kigali ku bunani, yakabije inzozi z’umufana we ufite ubumuga bwo kutabona witwa Fabien.
Umuhanzi w’umunyarwanda uba mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika Benjamin Mugisha uzwi ku izina rya The Ben, ari mu Rwanda, aho yitegura gutaramira Abanyarwanda tariki ya 01 Mutarama 2020 mu gitaramo kizabera muri Kigali Arena.
Nk’uko bimaze kuba ngarukamwaka kuva mu mwaka wa 2015, Korari Ijuru yiyemeje gususurutsa Abanyehuye ibategurira igitaramo. Icy’uyu mwaka kizaba tariki 29 Ukuboza 2019, guhera 17:30.
Muri uyu mwaka wa 2019, mu Rwanda habaye ibitaramo byinshi, ariko hari ibyagiye bisigara mu mitwe ya benshi. Kigali Today, yifuje kukwibutsa bimwe mu bitaramo byaranze uyu mwaka, bikitabirwa n’abantu benshi.
Irushanwa rya Miss Rwanda 2020, rigiye gutangira ibyiciro byaryo by’ibanze bizenguruka mu ntara zose z’igihugu hatoranywamo abakobwa batandatu bizatangirira mu Karere ka Rubavu kuwa 21 Ukuboza, risorezwe mu mugi wa Kigali kuwa 18 Mutarama 2020.
Miss Uwase Muyango Claudine wari umaze iminsi aba mu mujyi wa Dubai ku mpamvu avuga ko ari iz’akazi, yagarutse mu Rwanda mu ijiro ryo kuri iki cyumweru tariki 15 Ukuboza 2019, yakirwa n’umukunzi we Kimenyi Yves umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sport.
Ikamba rya Miss World ritanzwe ku nshuro ya 69 ryegukanywe na Toni-Ann Singh wo muri Jamaica atsinze abakobwa 114 bavuye mu bihugu bitandukanye barimo na Nimwiza Meghan waturutse mu Rwanda utagaragaye mu bakobwa 40 bageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben ni we muhanzi mukuru utegerejwe kuzaririmba mu gitaramo ngarukamwaka cya East African Party kizaba ku Bunani bwa 2020 gitegurwa na East African Promoters (EAP).
Imyaka 20 ishize umunyarwandakazi Sonia Rolland Uwitonze abaye Miss France. Hari mu 1999 ubwo Sonia Rolland Uwitonze yambikwaga ikamba rya Nyampinga w’u Bufaransa. Tariki 11 Ukuboza uyu mwaka nibwo yizihije imyaka 20 amaze yambaye iryo kamba.
Ku nshuro ya kane, abanyamideri batandukanye bakoze intambuko yo kumurika imideri igaragaza ubwiza bw’Umunyarwanda wikwije, hagaragaramo amasura mashya atamenyerewe mu kumurika imideri muri Rwanda Modesty Fashion.
Itsinda Hillsong London riririmba indirimbo zo guhimbaza Imana hamwe na Aimé Uwimana bateguye igitaramo kibera muri Kigali Arena kuri uyu wa gatanu tariki 06 Ukuboza 2019. Kwinjira mu myanya isanzwe ni amafaranga y’u Rwanda 10,000, VIP ari 20,000 Frw, naho muri VVIP bibe 50,000 Frw.
Kuri uyu wa gatatu ni bwo itsinda Hillsong London rigizwe n’abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana ryageze i Kigali, aho rije mu gitaramo kizaba tariki ya 6 Ukuboza 2019 muri Kigali Arena.
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ihuriro ry’abanyamakuru b’imyidagaduro bamurike ihuriro ryabo ku mugaragaro, abahanzi batandukanye bagaragaje ko bishimiye uku gushyira hamwe kw’abanyamakuru kuko bizazamura ibihangano byabo ndetse n’ubuhanzi bwo mu Rwanda muri rusange.
Indirimbo yitwa “Karibu Nyumbani” ihuriwemo na Riderman, Uncle Austin, Bruce Melodie na Amalon, ni indirimbo ya munani mu zo Zizou Al Pacino amaze gukora zihuza abahanzi batandukanye (All Stars), ndetse ari mu myiteguro yo gushyira hanze Mixtape azahurizaho izi ndirimbo zose.
Umuhanzi Jidenna Theodore Mobisson wo muri Amerika yakoreye igitaramo gikomeye i Kigali tariki 29 Ugushyingo 2019 cyitabirwa n’abatari bake biganjemo urubyiruko.
Mu gitaramo cy’urwenya cyitwa Seka Live gitegurwa na Nkusi Arthur uzwi nka Rutura, umunya Nigeria Afamefuna Klint Igwemba uzwi ku izina rya Klint da Drunk yatembagaje imbaga yari yitabiriye ibi birori, ava ku rubyiniro abantu badashize ipfa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Edouard Bamporiki, yagabiye inka umuhanzi Social Mula, ubwo yamurikaga umuzingo (Album) we wa mbere yise ‘Ma Vie’.
Uwikunda Jean de Dieu, umusore ufite imyaka 25 y’amavuko, akaba afite ubumuga bwo kutabona, yatewe n’uburwayi bukomeye yahuye na bwo mu myaka ibiri ishize.
Akanama nkemurampaka ka "RFI talents du rire" kemeje ko umunrwenya ukomoka mu Rwanda n’i Burundi, Michaël Sengazi, ari we watsindiye iki gihembo ku nshuro yacyo ya gatanu gitanzwe.
Akenshi mu mpera z’icyumweru hirya no hino mu gihugu cyane cyane mu mujyi wa Kigali no mu mijyi yunganira Kigali, haba hari ibitaramo byateguwe kugira ngo bifashe abantu gususuruka.
Itsinda rya Charly&Nina rikorera umuziki mu Rwanda, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2019, ryerekeje muri Nigeria, ahagomba kubera ibirori byo gutanga ibihembo bya AFRIMA ku bahanzi b’Abanyafurika barenga 50 n’ibihangano birenga 200 biturutse mu bice bya Afurika.
Izi mpera z’umwaka zisobanuye byinshi ku marushanwa y’ubwiza ku rwego rw’isi no mu Rwanda by’umwihariko, kuko ni ho hari irushanwa rya ‘Miss World’ rigiye kubera mu Bwongereza rikitabirwa na Miss Rwanda Nimwiza Meghan, ni na bwo hagiye kuba irushanwa rya ‘Miss Supranational’ rizabera muri Polonye ryitabiriwe na Miss Umunyana (…)
Abanyarwenya bamaze kubaka izina hano mu Rwanda kubera ijambo “Bigomba Guhinduka” aribo Japhet na Etienne 5K batandukanye n’itsinda rya Daymakers, ryashinzwe na Mugisha Emmanuel uzwi nka ‘Clapton Kibonke’ ku mpamvu bavuga ko bazatangaza mu minsi iri imbere.
African Muzik Magazine Awards/AFRIMMA ni ibihembo bihabwa abahanzi n’abanyamuziki batandukanye mu rwego rwo guteza imbere umuziki Nyafurika.
Iserukiramuco ryo gusetsa "Caravane du rire" ryabaye kuwa gatanu no kuwa gatandatu w’icyumweru gishize muri KCEV (camp Kigali) ryaranzwe n’ibyishimo ku baryitabiriye.
Ku nshuro ya kabiri David Carmel Ingabire nyiri ‘DavyK’ (Inzu y’imideri) yamuritse imyenda yakoze avanye igitekerezo ku kubungabunga ibidukikije kandi ikaba ishobora kwambarwa na buri wese.
Umusore w’Umunyarwanda Twagira Prince Henry agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa ry’abasore beza (ba rudasumbwa) ku mugabane wa Afurika.
Abanyarwenya bo mu Rwanda bari mu itsinda rya comedy Knights bateguye iserukiramuco ry’urwenya bise ‘Caravane du rire’ rizazenguruka ibihugu bitatu.
Hari bamwe mu bahanzi bari bakunzwe hano mu Rwanda ubu batakigarara cyane mu bitaramo cyangwa ngo basohore indirimbo.
Abitabiriye igitaramo ngarukakwezi cya Kigali Jazz Junction cyari cyatumiwemo Umunyekongo Awilo Longomba, batashye bagaragaza kudashira ipfa kubera kuryoherwa n’umuziki w’uyu muhanzi.