Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, avuga ko gukoresha ikoranabuhanga muri Guma mu rugo byatumye nta mirimo idindira, bityo ko bishobora gukomeza bikagabanya ingendo z’abakozi.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangarije Abaturarwanda ko bagiye kubona muri za gare, mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi ’robot’ irimo kubapima Coronavirus.
Muri ibi bihe abantu benshi birirwa mu ngo zabo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus, abenshi bakenera gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga kurusha mu bihe bya mbere y’aya mabwiriza.
U Rwanda ruri mu bihugu umunani bya Afurika byafunguriwe serivisi z’ikoranabuhanga rya Apple Inc, ikigo mpuzamahanga gitanga serivisi z’ikoranabuhanga cyo muri Amerika.
Ku itariki 13 Mata muri uyu mwaka, Leta zunze ubumwe z’Abarabu zemeje ko mu rwego rwo kwirinda guhura kw’abantu no kwanduzanya Coronavirus, abifuza gushyingirwa bashobora kubikorera ku ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ikoranabuhanga mu Rwanda, (RISA), burashishikariza Abanyarwanda kuguma mu rugo, kuko ari bwo bazashobora guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwanda iravuga ko kugeza ubu, umuntu wese ufite telefone nta rwitwazo yabona rwo kwanga kugura no kugurisha serivisi n’ibintu hakoreshejwe Mobile Money, kuko gutanga cyangwa guhabwa amafaranga mu ntoki bishobora gukwirakwiza Coronavirus.
Abanyeshuri bane bo mu ishuri rya Kigali Integrated College (KIC), bakoze ikoranabuhanga rizaca impaka ziba hagati y’ibigo by’ubwishingizi n’abakiriya babyo iyo bibaye ngombwa kwishyurana, kuko akenshi birangirira mu nkiko.
Icyorezo cya COVID-19 gikomeje kwibasira Isi kidasize n’umugabane wa Afurika, aho kuri ubu kivugwa mu bihugu bisaga 30 by’uwo mugabane, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ribigaragaza.
Rukundo Jean Pierre uhagarariye sosiyete BENO HOLDINGS, avuga ko aterwa ishema no kuba ari we wagejeje bwa mbere mu Rwanda ikoranabuhanga ry’Akagabanyamuvuduko (Speed Governor) yifashishwa mu binyabiziga hagamijwe kugendera ku muvuduko wagenwe.
Mu gihe mu Rwanda hafashwe ingamba zo kugabanya kwifashisha impapuro mu kazi, ahubwo hakifashishwa ikoranabuhanga mu guhererekanya amakuru, icyorezo cya Coronavirus cyamaze kugaragara no mu Rwanda cyatumye ubu buryo bwo kwifashisha ikoranabuhanga mu kazi bwitabwaho cyane.
Abanyeshuri 45 basanzwe biga ikoranabuhanga mu ishuri ry’ubumenyi ngiro i Karongi (IPRC Karongi) batangiye kwiga ubumenyi mu gukoresha Drones, ayo masomo bakaba barayahawe n’inzobere zitabiriye irushanwa ryiswe Lake Kivu Challenge mu Rwanda.
Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri beretswe uburyo impinduramatwara ya kane ya Murandasi mu bijyanye n’inganda ifite umuvuduko ukabije, basabwa kwihutana na yo kugira ngo bakomeze kuyiyobora birinda ko yabayobora.
Urubuga rwa Irembo rutangirwaho serivisi zinyuranye za Leta, rwatangije uburyo bushya buzarushaho korohereza abaturage kubona serivisi batavunitse. Hari ibyemezo byatangwaga bigata agaciro nyuma y’amezi atatu bigiye kujya bitangwa mu buryo bwa burundu, ndetse umuntu usabiye serivisi ku Irembo akajya ayibona atavuye aho ari (…)
Mu gihe ikoranabuhanga na Internet bikomeje gutera imbere, mu Rwanda hakomeje kugaragara byinshi byiza rigenda rikora, ariko kandi hari n’ibindi benshi bavuga ko, hatagize igikorwa, bizoreka umuco w’Abanyarwanda, bikazateza ingaruka zikomeye mu bihe biri imbere.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko yamaze gutegura ibikenewe byose, kugira ngo hubakwe ishuri rizigishirizwamo gukora no gukoresha indege nto zitagira abapilote (drones).
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rumaze kubona inyungu mu gukoresha utudege duto tuzwi nka ‘Drones’ mu bikorwa by’ubuzima no mu bikorwa remezo.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere (RDB), ku itariki ya 23 Mutarama 2020 mu Karere ka Musanze rwahatangirije gahunda yo guhuza abashaka akazi n’abagatanga hakoreshejwe imodoka ebyiri za Bisi zashyizwemo imashini za mudasobwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo interineti y’ubuntu.
Banki ya Kigali (BK) imaze gutanga sheki ya miliyoni 200 z’amafanga y’u Rwanda azagura telefoni ibihumbi bibiri , nk’uruhare rwayo muri gahunda izwi nka ‘Connect Rwanda’ .
Ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, tariki 20 Ukuboza 2019, nibwo ubukangurambaga bwo gutanga telefoni ku Banyarwanda bwiswe #ConnectRwanda bwatangijwe n’umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mitwa Kaemba Ng’ambi.
Perezida Kagame avuga ko icyifuzo afite ari uko buri Munyarwanda yatunga telefone igezweho (Smart Phone), kuko yizera ko uwo igezeho ituma yongera umusaruro w’ibyo akora.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yinjije abagize umuryango we muri gahunda ya ‘Connect Rwanda’ igamije gukusanya telefoni zigezweho (Smartphones) zikazahabwa imiryango ikennye na yo ikinjira mu ikoranabuhanga bitarenze impera z’umwaka wa 2020.
Nyuma y’uko Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda asabye Perezida Kagame gushyigikira gahunda ya ’Connect Rwanda’ igamije ko buri Munyarwanda yatunga telefoni igendanwa ikoranye ikoranabuhanga rigezweho (smartphone), Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze telefoni z’ubwo bwoko 1500.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), irahamagarira abantu bose guhagarika kwinjira muri konti zabo za banki bakoresheje interineti itagira umugozi (Wi-Fi) itizewe (Open Wi-Fi networks), kuko bashobora guhura n’ibyago by’uko konti zabo zakwinjirwamo n’abajura.
Kompanyi yitwa Sakura Group irimo kwigisha abana bato bafite imyaka y’amavuko iri hagati y’itanu na cumi n’ibiri gukora za Porogaramu na za Robots bakiri bato (Programming and Robotics at Early Age), bikaba bikorwa mu rwego rwo gutoza abana kwifashisha ibyo biga, bakabiheraho bashaka ibisubizo by’ibibazo bahura na byo mu buzima.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko umwaka utaha wa 2020 izatangiza gahunda y’ikoranabuhanga rya Interineti mu mashuri kugira ngo ibashe kuzamura ibipimo by’abarikoresha bikomeje kuza munsi ya 10% by’Abanyarwanda bose babarirwa muri Miliyoni 12.
Urwego ngenzuramikorere (RURA) na TMEA (Trademark East Africa), kuwa gatatu tariki 13 Ugushyingo 2019, basinyanye amasezerano y’imikoranire mu gushyira serivisi zose zitangwa na RURA kuri murandasi (online), mu rwego rwo korohereza abacuruzi, kugabanya umwanya n’amafaranga bakoreshaga bashaka ibyangombwa na serivisi (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, mu nama ya gatanu yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga.
Abanyeshuri biga muri Wisdom School batangiye kwiga uburyo bw’ikoranabuhanga rishingiye ku gukora utudege duto twitwa ‘drone’ no kudukoresha mu bikorwa bitandukanye.