Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatashye ku mugaragaro uruganda rwa ‘Mara Phone’ rukorera telefone zigezweho (Smart Phones) mu Rwanda, rukaba ari rwo rwa mbere mu Rwanda ruzanye iryo koranabuhanga.
Inzego zishinzwe kugenzura itangazamakuru no kurirengera zirasaba ko amategeko agenga umwuga w’itangazamakuru yavugururwa akajyanishwa n’ibihe rigezemo. Abayobora izo nzego babivuze mu gihe hari ababyeyi bakomeje kwinubira bimwe mu bitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane urwa YouTube, ruvugwaho kuba hari abarukoresha (…)
U Rwanda nka kimwe mu bihugu by’intangarugero ku isi mu kugeza amaraso ku bitaro rukoresheje indege zitagira abapilote (drones), rwatoranyijwe kuzakira ihuriro n’amarushanwa ya drones muri Gashyantare umwaka utaha wa 2020.
Mugabo Kelly Theogène wiga mu ishuri ry’imyuga n’ubumengiro rya Kigali (IPRC Kigali), yakoze akuma k’ikoranabuhanga kafasha ugurisha amazi guha serivisi abayakeneye bitamusabye kuba ahari.
Abanyeshuri biga muri IPRC Tumba mu byerekeranye na Tekiniki (Electronics and Telecommunication) bakoze imashini yifashishwa mu gutara ibitoki (Banana Ripening Machine) bigashya mu gihe gito kandi bitangiritse.
Benimana Richard wize iby’uburezi muri kaminuza y’u Rwanda, ntiyakomeje ngo akore ibijyanye n’ibyo yize ahubwo yinjiye mu bukorikori burimo ikoranabuhanga bituma abasha kwikorera ibyuma by’imikino y’amahirwe bimenyerewe ko bituruka hanze.
Kuba hari Abanyarwanda badakoresha urubuga rwa akadomo rw (dot rw) mu bucuruzi no kumenyekanisha ibikorwa byabo bituma igihugu gihomba akayabo k’Amadolari ahabwa abanyamahanga mu kwishyura iyi serivisi.
Mu rwego rwo gutanga umusanzu mu kunoza serivisi zihabwa abagana ibigo bitandukanye, haba ibya leta n’ibyigenga, Kigali Today yakoze ubushakashatsi ngo imenye neza uburyo ibyo bigo byitaba ubihamagaye kuri telefone zitishyurwa ziba zaratanzwe.
Si ngombwa umubare w’iminara(antenne) uhwanye n’uwa televiziyo ziri mu nzu iwawe cyangwa mu baturanyi, kuko ngo wagura umunara umwe ukaziha amakuru zose.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo iremeza ko gukoresha imashini-muntu zizwi nka ‘robots’, byongera imitangire ya serivisi ndetse n’umusaruro.
Urubyiruko 50 rwo mu Karere ka Ruhango rwigishijwe uburyo bwo gukora imihanda y’ibitaka rwifashishije ikoranabuhanga rya Do-Nou (Duno) ruravuga ko bizarufasha kwihangira imirimo.
Kwitotomba, gukeka buri muntu wese ukuzengurutse cyangwa uguhora hafi, kurakarira ibigo by’itumanaho ni bimwe mu byo usanga abantu bavuga ko telefone zabo zigendanwa zitabwa n’abandi bagakeka ko baba binjiriwe ibyo mu cyongereza bita (hacking).
Sosiyete Nyafurika ikora ibijyanye no kwerekana shene za Televiziyo StarTimes, yegukanye uburenganzira ntayegayezwa bwo kwerekana irushanwa CONMEBOL Copa Amerika rihuza ibigugu byo muri Amerika y’Amajyepfo mu gice cya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara rigiye kubera muri Brasil.
Televiziyo ni igikoresho cyiza cyo mu rugo kijyanye n’iterambere, kirebwa n’abagize umuryango. Icyakora kijya giteza ubwumvikane buke ku guhitamo ibyo abantu bareba bitewe n’uko abayireba badakunda ibintu bimwe.
Uretse urusyo n’ingasire, inkono yo mu ibumba n’ibindi bikoresho birimo kugenda biba amateka, aho bisimburwa n’ibifite ikoranabuhanga riteye imbere, hari imirimo nk’uwo gutwara abagenzi ku magare na moto na byo ngo bishobora gucika kuri bamwe mu gihe cya vuba.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije amasomo y’ikoranabuhanga (IT) rishingiye kuri mudasobwa, agenewe abagore n’abakobwa kugira ngo biyongere ku isoko ry’umurimo.
Ikigo cy’Abanyasuwede kitwa ‘Addressya’ cyatangije mu Rwanda ikoranabuhanga ryo kuranga aho umuntu atuye hose mu gihugu cyangwa akorera, hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahamagariye Abanyafurika muri rusange, by’umwihariko abayobozi gushyira hamwe kugirango umugabane wa Afurika utere imbere mu ikoranabuhanga.
Robo ivuga, ikagira imiterere n’ijwi nk’iby’umugore, yitabiriye inama ya Transform Africa 2019, yashimye uburyo u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga muri gahunda zinyuranye zireba ubuzima bw’abaturage.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente, yatangije ihuriro rya kabiri ry’ubukungu mu nama ya gatanu yiga ku ruhare rw’ikoranabuhanga mu rugamba rwo guhindura amateka Afurika (Transform Africa Summit), inama ya mbere nini y’ikorabuhanga ku mugabane wa Afurika.
Perezida Kagame arasaba kunoza amategeko ahana abakora ibyaha bifashishije ikoranabuhanga. Yabivugiye i San Francisco muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yayoboye inama y’umurongo mugari wa Interineti.
Abayobora Kaminuza za Afurika n’ibigo by’ubushakashatsi barasaba ibihugu byabo kubagenera nibura 1% by’ingengo y’imari buri mwaka, kugira ngo batange ubumenyi bw’ikirenga(Doctorat na PhD).
Irobo yitwa ‘Marty’ yakozwe n’uwitwa Sandy Enoch, ari na we washinze Sosiyete yitwa ‘Robotical Ltd’ muri uyu mwaka wa 2019.
Biteganyijwe ko Umurusiya w’umuherwe witwa Eugene Kaspersky, ari na we wavumbuye ikoranabuhanga rya ‘kaspersky’ rifasha mu kurinda ibikoresho by’ikoranabuhanga gufatwa na za virusi zangiza amakuru cyangwa ibibitswe muri ibyo bikoresho, azitabira inama ya ‘Transform Africa’ izabera mu Rwanda mu kwezi kwa gatanu 2019.
Bitarenze ukwezi kwa Kamena 2019, mu Rwanda hagiye gukorwa ‘porogaramu’ (Application) izashyirwa muri telefoni zigendanwa, ikajya ifasha Abanyarwanda kuemenya amakuru ku mihindagurikire y’ikirere, bityo bigire uruhare mu kubungabunga ibidukikije.
Ibihumbi by’abazitabira inama ya “Transform Africa” ya gatanu, izabera i Kigali mu kwezi gutaha, bazagira amahirwe yo guhura n’irobo yitwa Sophia, ababishaka banaganire na yo.
Iki ni kimwe mu byifuzo abagura serivise hifashishijwe ikoranabuhanga bagaragaje tariki 15 Werurwe 2019, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuguzi.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga ifatanyije na Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango hamwe n’umushinga wa DOT barashishikariza abagore n’abakobwa gukoresha ikoranabuhanga.
Hari abatakaza umwanya munini ku mbuga nkoranyambaga mu biganiro bitagira icyo bibungura. Hirya no hino ku isi imbuga za Interineti zimaze kuba isoko rusange ku buryo ushobora guhaha ikintu mu Bushinwa cyangwa i Dubai wibereye i Kigali, ndetse n’ahandi ku isi.
Mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 saa tanu n’iminota 37, icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina ‘Icyerekezo’ cyoherejwe mu kirere. Ni icyogajuru cyoherejwe mu kirere ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho cyitwa ‘One Web’.