Uko iminsi igenda yicuma niko abana bari hagati y’imyaka 12 na 15 bagenda biyongera mu mujyi wa Rusizi. Bavuga ko bata imiryango yabo baje gushaka amafaranga mu mujyi.
Ikipe ya Police Handball Club yongeye kwisubiza igikombe cyo kwibohora nyuma yo gutsinda amakipe yose yari yitabiriye iryo rushanwa ryasojwe i Kigali ku cyumweru tariki 01/0/7/2012.
Prof. Byanafashe Deo wigisha amateka muri kaminuza nkuru y’u Rwanda avuga ko bimwe mu byatumye ubwigenge bw’Abanyarwanda butagerwaho neza, ariko uko bwashyizwe mu maboko y’abayobozi batari biteguye kubukoresha.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 18 yegukanye umwanya wa kabiri mu marushanwa yahuzaga ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari yasojwe mu Burundi tariki 01/07/2012.
Mu gihe cy’icyunamo cy’iminsi 100, mu karere ka Gatsibo hakozwe ibikorwa byinshi bifata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside birimo gusana amazu yari yarangiritse, kuboroza no kubakira abadafite aho kuba,byatwaye amafaranga miliyoni 10.
Ingengo y’imari akarere ka Nyamasheke kazakoresha muri uyu mwaka wa 2012/2013 yagabanutseho 2% ugereranije na miliyari 12 miliyoni 669 ibihumbi 473 n’amafaranga 823 akarere kari kakoresheje umwaka ushize.
Ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball y’abakobwa batarengeje imyaka 19, yabonye itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Canada, nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu irushanwa nyafurika ryasorejwe i Lome muri Togo tariki 01/07/2012.
APR FC yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro nyuma yo gusezerera Rayon Sport iyitsinze ibitego 4 kuri 1 mu mikino ibiri ya ½ cy’irangiza yahuje aya makipe ahora ahanganye.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku mu mirenge igize akarere ka Gisagara cyabaye mu kwezi kwa Kamena 2012, byagaragaye ko ahenshi muri ako karere isuku ikiri nke.
Ubwo hibukwaga abarwayi n’ abarwaza baguye mu bitaro bya Gakoma biri mu karere ka Gisagara mu gihe cya Jenoside, haragaragajwe icyifuzo ko muri ibyo bitaro hakubakwa urwibutso rwihariye bitewe n’umubare w’abahaguye.
Nsekanabo Emmanuel uri mu kigero cy’imyaka 25 yasangiye inzoga y’igikwangari na Uwiduhaye Jean Paul bamaze kugisinda bararwana Uwiduhaye afata ibuye irihondagura Nsekanabo amukomeretsa mu gahanga bikomeye.
Mu kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’iyo kwibohora, Abaturage bo mu murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi bongeyeho agashya bavuga ko babohotse no mu myumvire none ubu bakaba baragezweho n’iterambere ritari ryarigeze riharangwa mbere ya 1994.
Abaturage basabwa kuzatanga amakuru y’ukuri ku bibazo bazabazwa mu ibarura rusange ry’abaturage ryegereje kugira ngo intego yaryo igerweho nk’uko byateganyijwe, mu rwego rwo kuzamura imiberehomyiza n’iterambere by’abaturage.
Umusore w’Umunyekongo w’imyaka 18 y’amavuko witwa Patrick Cyubahiro yahohotewe n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bamushinja kuba Umututsi ukomoka mu Rwanda.
Umuganda wabaye tariki 30/06/2012 mu karere ka Rusizi waranzwe no gushyingura mu cyubahiro imibiri 75 y’abazize Jenoside ku rwibutso rw’ako karere.
Mu karere ka Nyanza bahimbaje isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge n’imyaka 18 rumaze rwibohoye basaba abaturage kurushaho kwihesha agaciro muri byose; nk’uko Murenzi Abdallah umuyobozi w’ako karere yabisabye.
Abaturage b’i Rwamagana bitabiriye ibirori by’umunsi w’Ubwigenge wizihirijwe rimwe n’uwo kwibohora bashimangiye ko nta Munyarwanda n’umwe wakongera kwemerera uwo ari we wese gusubiza u Rwanda mu mateka y’imiyoborere n’imibereho mibi byaruranze.
Niyongabo Philémon w’imyaka 19 y’amavuko yagonze ivatiri mu gitondo cyo kuri uyu wa 01/07/2012 mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza maze umwe mubo ivatiri yari itwaye arakomereka.
Ijambo Perezida Kagame yavuze ku munsi wo kwizihiza imyaka 50 y’ubwigenge, hamwe n’imyaka 18 ishize u Rwanda rwibohoye, ryibanze ku guha inshingano Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, kugira ngo mu myaka 50 iri imbere igihugu kizabe cyageze ku ntera ishimishije.
Abantu batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Gasabo, tariki 29/06/2012 nyuma yo gufatanwa inoti mpimbano y’amafaranga 5000.
Amaduka abiri yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu kagali ka Kiyovu, umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge kuwa gatanu tariki 29/06/2012 mu masaha ya saa tanu n’igice z’ijoro maze ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 13 birakongoka.
Imiryango ibanye neza irasabwa gutanga ubuhamya mu bikorwa bitandukanye bikorerwa mu midugudu cyane cyane umuganda n’akagoroba k’ababyeyi kugira ngo ihohoterwa ribera mu ngo ricike.
Police FC yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma imaze kunganya na AS Kigali ibitegi bibiri kuri bibiri mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 30/6/2012.
Umuryango Hope and Homes for Children ku bufatanye n’akarere ka Bugesera batashye ku mugaragaro inyubako ebyiri zubatswe kugira ngo zijye zitangirwamo uburere bw’abana bakiri munsi y’imyaka itatu.
Perezida wa IBUKA, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko kuba abadafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo y’abandi bangije mu gihe cya Jenoside bazakora imirimo nsimburagifungo (TIG) ntacyo bizamarira abacitse ku icumu.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 izatangira imyitozo tariki 02/7/2012 kuri Stade Umuganda i Rubavu mu rwego rwo kwitegura umukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabere muri Algeria umwaka utaha.
Abaturage 15,748 bo mu turere twa Nyamasheke na Rusizi nibo bagezweho n’ubuvuzi bwatangwaga n’inzobere mu kuvura indwara zitandukanye zo mu bitaro bya Gisirikari mu gikorwa cyiswe army week cyashojwe tariki 30/06/2012.
Itsinda rishinzwe gusuzuma uko imihigo yashyizwe mu bikorwa mu turere rirashima akarere ka Burera kubera ko imihigo myinshi mu yo kari karahize karayishyize mu bikorwa, imike isigaye akaba ariyo igomba kongerwamo ingufu.
Abanyeshuri bagera kuri 56 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bagize ikibazo cy’ihungabana, ubwo bifatanyaga n’abarezi babo mu kwibuka abarezi n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abahinzi bo mu mirenge ya Simbi na Maraba babifashijwemo n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), baganuye bwa mbee ku musaruro w’Ikawa bihingira batari bazi uburyohe bwayo.
Umubare w’abaturage batuye mu mu kagali ka Ruyenzi umurenge wa Runda akarere ka Kamonyi bagera ku mazi meza baracyari bacye, bigatera akavuyo, n’ubwo Ikigo cy’igihugu gitanga ingufu, amazi n’isukura (EWSA) cyarangije kuhayobora amazi.
Urubyiruko rurakangurirwa kugira uruhare mu guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abaturarwanda, kuko imibare igaragaza ko buri mwaka u Rwanda havuka abana bangana n’abaturage batuye akarere kamwe k’igihugu.
APR FC izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya ‘CECAFA Kagame Cup’ yashyizwe mu itsinda rimwe na Young Africans yatwaye igikombe cy’umwaka ushize, muri tombola yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania, ahazabera iyo mikino kuva tariki 14 kugeza 28/07/2012.
Amarushanwa yateguwe n’uruganda rw’inzoga Skol yashojwe mu nangiriro z’ukwezi kwa 06/2012, hari abaturage bavuga ko aya marushanwa yasojwe badahawe ibihembo batsindiye.
Amakipe y’u Rwanda ya Basketball y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 18, yatangiye irushanwa rihuza amakipe yo mu bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari batsindwa n’amakipe y’u Burundi mu mikino bakinnye, kuri uyu wa Gatanu tariki 29/6/2012.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Huye, barasaba ko impunzi z’Abarundi zakoreye ubwicanyi muri ako gace nyuma zikisubirira iwabo zakurikiranwa n’ubutabera.
Umuhanzi Karangwa Lionel “Lig G” wamenyekanye cyane kubera uburyo yatangiye kuririmba akiri muto injyana ya Hip Hop, aratangaza ko mu kwezi kwa 11/2012 ariho azamurikira Abakunzi be ku mugaragaro album ye ya mbere yise “Nimba Umugabo”.
Hashize ukwezi umunyabugeni w’Umuyapani agaburiye abantu imwe mumyanya myibarukiro ye, nyuma yo kubibasaba nabo bakabyemera.
Akarere ka Nyanza kahariye igice kinini cy’ingengo y’imali y’umwaka utaha wa 2012-2013 kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kugira ngo barusheho kubaho neza banihuta mu iterambere rirambye kuri buri wese.
Insakazamajwi za Radio “Icyerekezo” y’umurenge wa Runda, zibangamiye bamwe mu batuye Akagari ka Ruyenzi ho mu karere ka Kamonyi, aho amajwi yazo abangamira umutekano w’ingo zabo harimo kubuza abana gusinzira no kudakurikira neza izindi Radiyo bashatse kumva.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatunda mu Karere ka Nyagatare, burasaba abahinzi b’urusenda kwita kuri icyo gihingwa no kongera umusaruro, nyuma yo kubona isoko mu gihugu cy’u Buhinde n’u Buyapani.
Impanuka za kompanyi itwara abagenzi ya KBS zikomeje kwiyongera ari nako zihitana abantu, mu ntara y’amajyaruguru, aho kuri uyu wa Gatanu tariki 29/06/2012 batanu baguye mu mpanuka ebyiri zitandukanye hagakomereka umwe, nyuma y’iminsi itatu gusa indi mpanuka yayo ikomereeje batatu bikomeye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyize ho umurongo wa telefone utishyurwa, uzajya wifashishwa n’abaturage igihe babonye umutekano uhungabana n’ahandi babonye cyangwa se bahuye n’akarengane.
Ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 28/06/2012 mu masaha ya Saa Mbiri, abantu batatu bo mu muryango umwe batuye mu karere ka Gakenke bakomerekeye bikomeye mu gitero cy’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade bateweho.
Iminsi ibiri mbere y’uko icyumweru cy’ingabo z’igihugu cyahariwe gutanga ubufasha mu buvuzi, yageze imibare y’abaturage bahawe ubwo buvuzi ugeze ku 12.232. umubare urenze intego y’ibihumbi 10 bari bihaye ubwo batangiraga.
Guverineri w’Intara y’u Burengerazuba yiseguye kuri komisiyo y’abakozi ba Leta avuga ko amakosa mu micungire y’abakozi yagaragaye mu turere twa Rutsiro, Rubavu na Nyabihu atabaye ku bushake ahubwo byatewe no kutamenya kubahiriza amategeko agenga imicungire y’abakozi.
Kwizigamira biguha icyizere ko witeguye guhangana n’ibyo utateganyije nko kwibwa, inkongi y’umuriro cyangwa impanuka. Ibyo ni ibikubiye mu butumwa isosiyete ya Legacy XP igenda itanga ku baturage ibakangurira umuco wo kwizigamira.
Umunyarwanda Emmanuel Mbarushimana uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare agiye koherezwa mu Rwanda ; nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ubutabera ya Danemark tariki 29/6/2012.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, aravuga ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza gufatana urunana mu bikorwa byose bakora kuko aribwo bazabasha gutera imbere kandi mu gihe gito.