Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Muhanga ku bufatanye n’ingabo z’igihugu bafashe abantu umunani biganjemo urubyiruko bafite ibiyobyabwenge mu ijoro rya tariki 20/06/2012.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza imyaka 50 rubonye ubwigenge hamwe n’imyaka 18 rwibohoje, tariki 24-30/06/2012, ingabo z’igihugu zizakora ibikorwa by’ubuvuzi no kwigisha abaturage kugira ubuzima bwiza mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Hakizimana Francois w’imyaka 57 wo mu kagari ka Bugarama, umurenge wa Kibirizi mu karereka Nyamagabe afunzwe ashinjwa kwica umugore we witwa Musabyimana Olive wari ufite imyaka 42 hanyuma umurambo akawuroha mu rugomero rw’amazi rwa Rukarara aho wamaze amezi abiri utaraboneka.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo (RPC), Mwesigye Elias, yabwiye abayobozi b’imirenge yo mu Ntara y’Amajyepfo, aho bari bateraniye mu mahugurwa tariki 20/06/2012, ko kimwe mu bitera ibyaha ari uko umuntu adashobora kubona ibyo yifuza byose.
Impuguke ziri mu nama yiga ku iterambere ry’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere i Rio De Janeiro muri Bresil, ziratangaza ko gutera inkunga abafite ibikorwa by’udushya no gufasha urwego rw’abikorera ari yo nzira yizewe igana ku iterambere rirambye.
U Rwanda rukomeje gahunda yo kwiyamamariza kuzahagararira umugabane wa Afurika mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ku Isi, mu matora azaba mu Ukwakira 2012.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Louise Mushikiwabo, aremeza ko Leta Congo nta bushake ifite bwo kurangiza ibibazo ifite, akanihanangiriza iki gihugu gukomeza guhohotera Abanyarwanda, nk’uko baherutse kubikorera abagera kuri 11.
Prof. Esron Munyanziza, umwarimu wa kaminuza nkuru y’u Rwanda wa azize urupfu rutaramenyekana yashyinguwe tariki 20/06/2012 mu irimbi ry’i Ngoma mu karere ka Huye.
Abagore bitandukanyije n’abacengezi mu gihugu cya Congo bagatahuka mu Rwanda, barahamya ko ububi n’ingaruka z’amacakubiri babibonye ku buryo nta muntu wakongera kubameneramo ahembera amacakubiri.
Kuri uyu wa kane tariki 21/06/2012, abanyamakuru b’imyidagaduro, abategura Primus Guma Guma Super Star 2 ndetse n’abahanzi 10 bari muri aya marushanwa barahurira muri Top Tower Hotel barebere hamwe ibyagezweho n’ibisigaye.
Abatuye mu gasantre k’ubucuruzi ka Congo Nil, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bishimiye ko bahawe amatara yo ku muhanda azajya abamurikira. Kuba nta matara yari ahari ngo byakururaga ubujura.
Lionel Messi ukomoka muri Argentine kugeza niwe uri ku mwanya wa mbere mu bakinnyi bakina umupira w’amaguru babashije kwinjiza amafaranga menshi umwaka w’imikino ushize wa 2011-2012. Yinjije miliyoni 33 z’amayero.
Polisi yo muri Irani cyategetse ko abagore baba muri icyo gihugu batazongera kurebera umupira hamwe n’abagabo kubera ko iyo abantu bareba umupira hashobora kuzamo ibyishimo, abagabo n’abagore bari hamwe mu mupira bakaba bakwikubanaho kandi idini ya kiyisilamu ikomeye muri Irani itabyemera.
Umugabo w’Umuhinde witwa Reshma Banu afunzwe na polisi y’icyo gihugu azira kwica umwana we amuziza ko ari umukobwa kandi bikaba bitari kuzamworohera kumubonera inkwano kuko muri icyo gihugu hari amoko ategeka ko abakobwa aribo batanga inkwano.
Vianney Maniraguha w’imyaka 19 yatawe muri yombi kuwa kabiri tariki 19/06/2012 azira gutera icyuma mugenzi webakorana muri resitora witwa Elisa Habimana mu karere ka Nyarugenge.
Abanyeshuri batanu biga ku kigo College de la Paix mu karere ka Rutsiro bari mu maboko ya police, nyuma yo gufatanwa mudasobwa ngendanwa. Tariki 16/06/2012, kuri icyo kigo habaye ubujura hibwa mudasobwa n’ibitabo.
Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Ndayishimiye Fabien agerageza guha ruswa umupolisi wakoreshaga ibizamini byo gutwara ibinyabiziga, tariki 19/06/2012 mu karere ka Rusizi.
Habinshuti Venuste w’imyaka 24 yafashwe n’irondo mu rukerera rwo kuwa gatatu tariki 20/6/2012, abaga ihene yari yibye, bahita bazimwikoreza bamujyana ku buyobozi.
Dr. Lt. Col. Jean Paul Bitega, umuganga mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, akaba akuriye gahunda yo kwigisha gusiramura abagabo hakoreshejwe agapira bita Prepex, yagiranye ikiganiro na Kigali today, asobanura uburyo iki gikorwa kigenda, impamvu cyazanywe mu Rwanda, ndetse n’inyungu igihugu kigitezeho.
Abasore 11 baturutse muri Kongo bageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo i Rubavu tariki 20/06/2012 bavuga ko bafashwe bugwate n’abasirikare ba Kongo mu gihe cy’ukwezi bakubitwa, batwikwa umubiri batanarya.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri muri Tanzaniya (ICTR) rwohereje mu Rwanda dosiye ya Charles Ryandikayo, maze ruhita runatanga impapuro zo kumuta muri yombi aho yaba ari hose kugira ngo aze kuburanishirizwa mu gihugu cye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (Rwanda Agriculture Board) cyashyize ahagaragara imbuto 12 nshyashya z’ibishyimbo zavuye mu bushakashatsi bwakorewe mu Rwanda mu gihe kigera ku myaka 10.
Ndahimana Esdras w’imyaka 37 y’amavuko afunzwe akekwaho kwitwikira ijoro rishyira tariki 20/06/2012 agatema uwahoze ari umugore we akoresheje umuhoro.
Nyuma y’inkuru y’umugabo wihakanye umwana yabyaye kubera ko yavutse ari Nyamweru, Kigali Today yegereye banyamweru hirya no hino mu gihugu berekana ko nabo ari bantu nk’abandi. Bavuga ko uretse uruhu rutandukanye, ntacyo abandi bantu babarusha kuko bashobora gukora imirimo bakora.
Mvuyekure Amiel w’imyaka 48 utuye mu murenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatirwa mu cyuho asambanya ku gahato umwana w’imyaka 14 y’amavuko wo mu rugo abamo nk’umwinjira.
Guhera mu kwezi kwa 07/2012 ibiciro by’umuriro w’amashanyarazi birahinduka, aho mu ngo zisanzwe igiciro kizava ku mafaranga y’amanyarwanda 112 kuri Kilowati kikagera ku 134, hakiyongeraho umusoro kikagera ku 156, nk’uko ubuyobozi bw’ Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imirimo ifitiye igihugu Akamaro (RURA) byabitangaje.
Abanyamabanga nshingwabikorwa n’abacungamutungo b’imirenge yo mu Ntara y’Amajyepfo bagenewe amahugurwa yo kubategura ku gucunga ingengo y’imari kubera ko guhera muri Nyakanga 2012 imirenge izagenerwa ingengo y’imari iruta iyo yari isanzwe ihabwa.
Abacuruzi bakoreraga mu isoko rya Nyagatare baratangaza ko kuba babimuye aho bakoreraga ari na ho hazubakwa isoko ry’Umujyi wa Nyagatare byabahaye icyizere ko ryaba rigiye kubakwa.
Banki y’Isi irahamagarira ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kwitegura ibihe bitari byiza mu bukungu bw’isi, bishyira ingufu mu mishinga iciriritse y’igihe gito, nk’uko raporo yayo ku bukungu bw’isi y’ukwezi kwa 06/2012 ibigaragaza.
Abashinzwe uburezi mu mirenge 11 yo mu karere ka Nyabihu, tariki 19/06/2012, bahawe mudasobwa zo kubafasha mu kazi kabo. Uw’umurenge wa Bigogwe niwe utarayihawe kuko yari afite iyo akoresha ariko nawe azashakirwa iy’akazi mu gihe cya vuba.
Sosiyete ya Bralirwa yatangije gahunda yo gukangurira Abanyafurika impamvu miliyari bagomba kwigirira icyizere (A Billion Reasons to Believe in Africa).
Abahanzi Kitoko, Dream Boys, Urban Boys, Riderman na Radio bari gukora indirimbo ya Tigo ivuga kubyiza by’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Bralirwa bwatangaje ko kwamamaza ikinyobwa cya Coca Cola ntaho bizahurira n’abahanzi kuko ikinyobwa cya Primus kibafasha ku buryo buhagije.
Ubuyobozi bw’akakarere ka Muhanga bwemereye urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura uko imihigo ishyirwa mu bikorwa ko hari aho bwagize intege cyane cyane mu iyubakwa ry’imihanda yo mu mujyi.
Nyuma y’iminsi icumi impunzi zikomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo zitangiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme, izisaga 2040 nizo zimaze kugera muri nkambi kandi zitaweho neza; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’iyi nkambi.
Umuzamu witwa Michel Ndahimana yatawe muri yombi kuwa mbere tariki 18/06/2012 akekwaho kwiba mudasobwa ngendanwa n’ibitabo 20 mu kigo cy’amashuri cya College de la Paix kiri mu murenge wa Gihango, akarere ka Rutsiro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi busanzwe bucunga ikipe ya Zebres FC bwafashe icyemezo cy’uko iyo kipe ihindura izina maze ikitwa Gicumbi FC ndetse inemererwa inkunga y’amafaranga miliyoni umunani.
Kwitonda Albert ukora umwuga w’ubushoferi yakubiswe n’umunyamabanganshingwa bikorwa w’akagari ka Gishweru, umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango tariki 18/06/2012, bituma ajya kwivuza.
Mu Rwanda hatangijwe ishyirahamwe, rigamije kwigisha no gukangurira urubyiruko rwo mu karere rwiga muri za kaminuza kwihangira imirimo no kwiteza imbere (Easter African Consortium of University Entrepreneurs).
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda arasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari twose two mu Rwanda gufata iya mbere mu gushyira mu bikorwa imihigo biyemeje.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Louise Mushikiwabo, uri mu ruzinduko rw’akazi i Kinshasa, mu biganiro yagiranye na Perezida Joseph Kabila kuri uyu wa Kabiri, yamutangarije ko u Rwanda rushyigikiye igihugu cye mu kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
Umwepisikopi ushinzwe uburezi muri Kiriziya Gatolika, Musenyeri Rukamba Filipo asanga kutigisha umwana isomo ry’iyobokamana ari ukumuvutsa uburenganzira bwe akaba anaboneraho gusaba amashuri gushyira imbaraga mu kwigisha isomo ry’iyobokamana.
Mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 17/06/2012, Polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu bane bo mu duce dutandukanye tw’igihugu nyuma yo kubafatana urumogi, kanyanga n’inzoga z’inkorano.
Umugore witwa Niyonshuti Aline w’imyaka 28 yafatiwe mu murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana yazindutse azenguruka hafi y’aho yataye umwana mu kwezi gushize. Abaturage bavuga ko yanekaga ngo amenye ko uwo yibarutse agihumeka ariko we avuga ko yari aje gutarura uwo yataye.
Munyentwari Faustin na Muhire batuye mu mudugudu wa Rukandiro, akagali ka Kavumu, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barwanye bapfa umugore n’uko induru zivuze abaje kubakiza nabo bakubitirwa muri iyo mirwano.
Umurisa Gaudence umubyeyi w’abana babiri avuga ko saa sita z’ijoro tariki 18/06/2012 yahohotewe n’umuhungu bakunda kwita Kazungu aramukubita anamurya inzara mu maso ndetse anamburwa telefone ye ubwo yari ku kazi k’uburaya.
Rutahizamu Sebanani Emmanuel alias Crespo na Serugendo Arafat ntibazakina umukino wa ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’amahoro AS Kigali izakina na Mukura kuri stade Kamena tariki 20/6/2012 kubera uburwayi.
Igisirikare cya Danmark kizafasha icy’u Rwanda gushyiraho umutwe w’ingabo zizajya zitabara mu gihe havutse ibibazo by’umutekano cyangwa ibiza mu karere; nk’uko bikubiye mu masezerano impande zombi zasinyanye kuri uyu wa kabiri tariki 19/06/2012.
Kuri uyu wa kabiri tariki 19/06/2012, urugereko rwa mbere rw’iremezo mu rukiko mpana byaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwakatiye Captain Nizeyimana Ildephonse gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi, kurimbura imbaga y’abantu, ibyaha byibasira inyoko muntu n’iby’intambara.