Thadee Kwitonda wahunze ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare yagize muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yaba agiye koherezwa mu Bubiligi nyuma yo gufatirwa muri Uganda, nk’uko Polisi y’iki gihugu ibitangaza.
Inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye yibasiye inzu ya Niyonsaba Leonard, itwika ibishyimbo yari amaze gusarura n’igisenge k’inzu ye kirahangirikira, kuri uyu wa Kane itariki 05/07/2012.
Aba bahinzi bo mu karere ka Nyamagabe baravuga ko imyaka yabo yangiritse kubera imvura nyinshi yaguye mu mezi ashize, n’iyari isigaye imerewe nabi n’izuba ryinshi kubera imihindagurikire y’ikirere.
Abanyarwanda hamwe n’inshuti z’u Rwanda bab mu Budage barashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere nyuma y’imyaka 18 rwibohoye n’imyaka 50 rubonye Ubwigenge.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguye ku mugaragaro uruganda East African Granite Industries (EAGI) rukora amakaro, ruherereye ahitwa Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, mu Karere ka Nyagatare.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko igice cyose cyo mu Mujyi wa Kigali mu rwagati no mu nkengero zawo, hatangiye kubakwa mu buryo bugezweho, bikurikije inyingo yo kuva mu 2011 kugeza mu 2016.
Minisiteri ifite ubuhinzi mu nshingano zayo ( MINAGRI) igiye gushyira ingufu muri gahunda yo kuhira imyaka mu mirima yigisha abaturage guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato.
Guhera mu kwezi gutaha, abakozi bose b’ibitaro byitiriwe umwami Faisal bazaba bagendera ku masezerano y’umurimo mashya mu rwego rwo kugendera ku mabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuvuzi (RBC), asaba gukoresha abakozi babifitiye ubushobozi.
Shampiyona y’imikino y’ababana n’ubumuga bwo kutabona igeze muri ½ cy’irangiza. Mu makipe 10 yari yitabiriye iri rushanwa hasigayemo amakipe 4 akiri guhatanari gutwara igikombe.
Umuryango Haguruka uharanira uburenganzira bw’umugore n’umwana uratangaza ko amazina ahabwa ibyiciro by’imibereho byashizwemo abaturarwanda atemewe mu mategeko kuko ngo ari bumwe mu buryo bukurura ivangura.
Ku bufatanye bw’umuryango Isaro Foundation n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, tariki 05/07/2012, mu ishuri rya EAV Bigogwe mu karere ka Rubavu hatangijwe isomero rikoranye ikoranabunga (e-library).
Nsengimana Pascal w’imyaka 25 y’amavuko yari ahitanwe na tagisi itwara abagenzi tariki 06/07/2012 ariko Imana ikinga ukuboko. Iyo mpanuka yari ibereye mu karere ka Nyanza tagisi yari itwaye abagenzi bajya mu karere ka Ruhango.
Perezida wa Samalia, Sheikh Sharif Ahmed, yageze mu Rwanda taliki 05/07/2012 mu rugendo yarimo akorera mu bihugu byo muri Afurika, aho asaba ubufasha mu kongera umutekano mu gihugu cye cyitegura amatora mu kwezi kwa Kanama.
Umutwe wa M23 wafashe agace ka Bunagana mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo, gahana imbibi n’igihugu cya Uganda.
Abarimu bo mu ishuli ryigenga rya Lycée ya Ntyazo riri mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bigaragambije tariki 06/07/2012 banga gutanga ibizimini byabo ngo byandikwe kubera ikibazo cyo kumara amezi atandatu badahembwa.
Itsinda “Ramura Jazz Band” ryo mu murenge wa Ruli, akarere ka Gakenke rirasaba abakunzi baryo kubashyigikira kugira ngo ribashe no kugera ku isoko ry’umuziki muri Kigali no mu gihugu cyose.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kayonza yibanze ku Mirenge ya Nyamirama na Murama ikennye kurusha iyindi. Ibibazo birimo kutagira amazi meza iyo mirenge ifite byasumbaga kure iby’iyindi mirenge.
Kwitonda Thadee ukurikiranwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu gitondo cya tariki 05/07/2012 yatawe muri yombi mu mujyi wa Kampala muri Uganda hafi ya Ambasade y’Ububiligi.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace itwara abagenzi i Nyamirambo yagonze imodoka enye mbere yuko ihagarara mu muhanda uva kuri State Regional ujya mu mujyi hafi yahitwa kuri Club Rafiki tariki 05/07/2012.
Itsinda Dream Boys barataramira kwa Mutangana (La Belle Terrasse) i Nyabugogo kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012 guhera saa moya za nijoro.
Knowless araba ari kuri Sky Hotel kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012; kuwa gatandatu tariki 07/07/2012 azaba ari i Remera kuri Ambiance Club imbere gato ya Alpha Place ahahoze Chaku hanyuma ku cyumweru azataramira abakunzi be Nyabugogo kuri Top Chef.
Igihugu cya Tanzania cyasabye ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’Uburayi byagifasha mu gukora iperereza ku makuru avuga ko cyemereye amato atwara peteroli ya Irani gukoresha ibendera ryacyo kugira ngo adakumirwa n’ibihano mpuzamahanga byafatiwe Irani.
Mu gihe amasezerano ikipe ya Mukura VS yari ifitanye n’umutoza Ruremesha yarangiye tariki 05/06/2012, iyi kipe ntiratangaza niba uyu mutoza azongera amasezerano cyangwa niba izashaka undi mutoza ugomba kuyitoza muri shampiyona itaha.
Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi abagabo babiri bo mu murenge wa Nyagatare bakekwaho gutobora iduka rya Tigo maze bakiba ibintu bifite agaciro kangana n’amafaranga arenga miliyoni 17.
Mu mezi ashize mu karere ka Huye habaye cyamunara maze umuntu agura imodoka yo mu bwoko bwa Volkswagen (VW) amafaranga y’u Rwanda 7500.
Ikompanyi ikora ibijyanye n’ibikorwa remezo, NPD-COTRACO, irasabwa kongera ibikorwa ikora no kubirangiriza igihe amasezerano iba yagiranye n’abakiriya bayo.
Abamotari bongeye kwihanangirizwa kubahiriza amategeko y’umuhanda mu mujyi wa Kigali, kuko impfu nyinshi z’abaguye mu mpanuka zihabera zihitana abari kuri moto kurusha abari mu modoka.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azasura akarere ka Nyagatare tariki 06/07/2012 akanafungura ku mugaragaro uruganda Easter African Granite Industries rukora amakaro ruherereye ahitwa Rutaraka mu murenge wa Nyagatare.
Kuri uyu wa kane tariki 05/07/2012 mu masaha ya saa tanu z’amanywa, abantu 12 barohamye mu kiyaga cya Kivu babiri muri bo bahasiga ubuzima, abandi 10 barohorwa ari bazima.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania irimo kurambagiza abakinnyi batatu bakina mu Rwanda: Meddie Kagere wa Police FC, Iranzi Jean Claude na Mbuyu Twite bakinira APR FC.
Minisitiri w’Uburezi arasaba amashuri makuru na Kaminuza kujya batoza abanyeshuri barera kwihangira imirimo aho kubigisha babategurira kuzashaka akazi.
Ku bufatanye n’abatwara abangenzi ndetse n’Ikigo cy’Igihugu ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo gutwara abagenzi, wemeza ko buzakemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka mu masaha amwe n’amwe.
Umuryango Dothan Revival Ministries wihaye intego yo kubiba inyigisho z’urukundo, amahoro, Ubumwe n’Ubwiyunge mu rubyiruko mu rwego rwo kurukangurira guhashya icyakurura amacakubiri mu Banyarwanda.
Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali, hamwe n’abayobozi bwa Komite Olympique basezeye ku bakinnyi bakina imikino itandukanye bagiye kwitabira imikino Olympique mu muhango wabereye muri Hotel Lemigo tariki 04/07/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwimuriye urubanza rwa Augustin Ngirabatware tariki 23/07/2012. Ngirabatware yabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Bamwe mu bavuzi ba gihanga basanga umwuga wabo ufitiye igihugu akamaro ariko ukaba udahabwa agaciro nk’uko bikwiye. Aba bavuzi bemeza ko kuba hari abantu batarasobanukirwa neza n’akamaro k’ubu buvuzi bigira ingaruka ku babukora.
Abagize itsinda rya Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) bamaze iminsi ibiri basuzuma akarere ka Karongi kageze gashyira mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2011/2012 baratangaza ko ako karere gahagaze neza n’ubwo igihe cyo gutanga amanota rusange kitaragera.
Umutoza wa Machester United, Sir Alex Ferguson, arifuza kugura rutahizamu wa Arsenal Robin Van Pesie nyuma y’aho uyu musore w’Umuholandi yangiye kongera amazezerano muri ‘The Gunners’.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Kirehe mu karere ka Kirehe barakangurirwa gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’umwaka wa 2012/2013 kuko amafaranga batanze ubushize yarangiranye n’ingengo y’imari y’umwaka 2011/2012.
Umukozi ushinzwe imisoro n’amahoro mu karere ka Gakenke, Rurindabagabo Etienne atangaza ko umusoro ku bukode bw’amazu udatangwa neza kuko amazu 28 gusa ari yo yabutanze mu mazu arenga 400 yabaruwe.
Rayon Sport yatwaye umwanya wa gatatu mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro itsinze AS Kigali bigoranye cyane, nyuma y’aho amakipe yari yanganyije ibitego bibiri kuri bibiri hakiyambazwa za penaliti maze Rayon Sport yinjiza eshanu kuri enye za AS Kigali.
Umunyamakuru Ruzindana Rugasa wamenyekanye cyane ubwo yakoraga ku rubuga rwa interinet rwa www.igihe.com mbere yo kwerekeza mu kinyamakuru Ijwi, aranenga imikorere ya PGGSS2 kubera uburyo idashobora gushyira mu bikorwa ibyo yatangarije Abanyarwanda ko izakora.
APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa nyuma wakinwe iminota 120 kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012.
Umukobwa wa Nelson Mandela warwanyije ivangura rishinjiye ku ruhu mu gihugu cy’ Afurika y’Epfo (Apartheid) yagizwe ambasaderi mu gihugu cya Argentine.
Imibare y’uko ishoramari ryifashe mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) iragaragaza ko ibigo by’ubucuruzi byo muri Kenya byihariye uruhare runini mu gushora imari mu bindi bihugu bigize EAC.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Juba mu murwa mukuru wa Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) n’umuryango w’Abanyarwanda bahaba, bifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwigenge no kwibohora ku nshuro ya 18, tariki 01/07/2012.
U Rwanda ruri ku mwanya wa 125 ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru ku isi rushyirwa ahagaragara n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku isi FIFA buri kwezi.
Ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yo muri Tanzaniya y’ikompanyi AAA yahiye ifunga umuhanda Gisenyi-Kigali amasaha abiri n’igice kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012 saa ine n’igice za mu gitondo.
Nsanzimana Samuel ufite imyaka 21 akaba yaravukiye mu kagari ka Kagunga, umurenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro, yafatiwe ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 22/06/2012 yiyita umwanditsi mukuru w’urukiko (Greffier en chef).