Yashyize ubusugi bwe ku isoko kugira ngo abashe kubakira abatishoboye
Umukobwa wo mu gihugu cya Brézil witwa Catarina Migliorini w’imyaka 20 y’amavuko yashyize ku isoko ubusugi bwe kugirango abone amafaranga yo gushyira mu muryango udaharanira inyungu ufasha mu kubakira abatishoboye.
Habayeho ipiganwa maze umuntu uzatanga amafaranga menshi akazaryamana n’uwo mukobwa mu gihe cy’isaha imwe. Uwo muntu azabanza gupimwa indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina kandi ngo gusomana ntibirimo.
Catarina n’umuntu uzatsindira kuryamana nawe ibyo bazakora bazabikorera mu ndege mu kirere. Iyo ndege izava muri Amerika ijye muri Australia kugira ngo hatagira amategeko ahana uburaya abafata.

Ubu igiciro kigeze ku madolari ibihumbi 155 kandi inyungu ikazahita ishyirwa muri uwo muryango kugira ngo abantu babayeho nabi kandi badafite aho bikinga muri Leta ya Santa Catarina babone aho kuba.
Kugurisha ubusugi bwa Catarina bizarangira tariki 15/10/2012 kandi uwemeye kugura agomba kwemera akazambara agakingirizo; nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Dailymail.
Catarina yemeza kandi akomeje ko kugurisha ubusugi bwe ngo afashe ababaye atari ukuba indaya, ko ahubwo yumva mu kigero cye cy’imyaka 20 ashobora kugira isi nziza.

Agira ati “kuba umuntu yakora imibonano rimwe ntibivuze ko ari umusambanyi kimwe n’uko iyo umuntu afotoye ifoto ikaba nziza bitaba bivuze ko ariwe uzi gufotora neza kurusha abandi”.
Catarina avuga ko abona ari umukobwa ufite igikundiro kandi ko nawe yashobora gukunda, ibyo bikaba byahindura ubuzima bw’abantu benshi bo mu gace atuyemo.
Ernestine Musanabera
Ibitekerezo ( 10 )
Ohereza igitekerezo
|
izi mpuhwe zirarenze ariko se ubu koko aba sibo bazarangiza isi ubwo umuntu asigaye yigira ibitandukanyen’uko Imana yamuremye,ahaaaaaaaaaaaaaaaaaa!
Bibiliya iravuga ngo ntawagira urukundo rurenze urwitangira inshuti ze ubugingo bwe. Uyu mukobwa ndamufata nk’intwari. Ni nk’umusirikare uri ku rugamba, wemera gutanga ubuzima bwe kugira ngo arokore abandi. Mubyukuri mubonye namwe kuri iyo foto ahantu bariya baturage ashaka kubuakira baba murabona ko hateye inkeke. Ahubwo namubwira nti courrage, wabona Imana ikurokoye ukabona utanga amafaranga akenewe atagombye kugusambanya.
hanyuma se ubona ashobora kuba ari umukobwa mwiza wakwigurisha muri ubwo buryo.Ese nabona uwo atishimiye bizagenda bite?
Ariko se niba iyo ariyo nzira yogukura abantu mubukene
haruwakabaye akennye?ah,ntacyo natangaza kuko ashobora kuba avumbuye simbizi.
ariko se ubwo harya amategeko agenga igihugu icyo kirere kirimo ntiyakurikizwa, n’iyo haba hejuru y’inyanja. inzobere mu mategeko zatubwira. abafotozi bo bashobora kuba benshi buri wese agufotora rimwe kdi neza. Aho yavuez ukuri pe.
ariko se ubwo harya amategeko agenga igihugu icyo kirere kirimo ntiyakurikizwa, n’iyo haba hejuru y’inyanja!!!! inzobere mu mategeko zatubwira. abafotozi bo bashobora kuba benshi buri wese agufotora rimwe kdi neza. Aho yavuze ukuri pe.
Kwihangira imirimo biba hose ariko uyu we arndangije. Sinjya numva ngo nikirere ibihugu byarakigabanyije.?? None se indege nigera iyo igiye nyamugabo ataragera kubyishimo bye bazahita bamusifura arekere aho ??Ubwo se isoko azaba yatsindiye azaba ataryambuwe. AHAA NARAGENZE BARAMBONA !!!!!!!!!!!!!!
ko hari ababikora kandi ntibigire icyo bimarira Societe ndetse nabo ku giti cyabo? Nyuma ukazasanga bari muri regret kandi bari bafite choix yo kubireka cyangwa bakabikora?
Icyo mvuga ntago namunenga kuko ni umwanzuro yafashe kandi awuhamanya n’umutima nama we. ubwo rero ntago namucira urubanza kuko nanjye ntago ndi umwere
Aho wakorera icyaha hose not necessarily gusibanganya ibimenyetso...amenye ko Imana irebera hose icyarimwe.
inama nziza yakiyubaha akareka ariya mabi.
Narumiwe koko!isi igeze....