Abashinzwe amakoperative mu mirenge hamwe n’abacungamitungo b’imirenge Sacco barasabwa gukora cyane kugirango abaturage babiyumvemo bityo birusheho kuzamura ubukungu n’iterambere by’abaturage.
Nyiramuhire William w’imyaka 64 n’umuhungu we Neri Willison w’imyaka 24 bari batuye mu murenge wa Rukira, akagali ka Buriba umudugudu wa Rugaragara mu gitondo cyo kuwa 18/08/2013 basanzwe munzu bishwe n’abantu bataramenyekana.
Uwinana Delphine w’imyaka 22 wo mu murenge wa Kamembe, mu kagari ka Kamashangi ho mu mudugudu wa Kamatita, yatemye umugabo we mu ijoro rishyira tariki 19/08/2013 amuziza ko amubujije kujya gushaka abandi bagabo kandi amusize mu gitanda.
Mu gitaramo cyo kumurika alubumu ya Korale “Abakoze bagororerwe” y’itorero rya ADEPR Nyanza muri paruwasi ya Rukali, tariki 18/08/2013, umukrisitu yaguze CD imwe ku mafaranga ibihumbi 100 mu gihe ubundi yagurwaga amafaranga 1000.
Intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye akaba anakuriye ubutumwa bw’uwo muryango bushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Martin Kobler, yijeje ko agiye gushakira umuti ibibazo bya cy’umutekano muke mu Ntara ya Kivu.
Ubwo shampiyona zo mu bihugu by’i Burayi zatangiraga mu mpera z’icyumweru gishize, amakipe asanzwe azwi ndetse yanatwaye ibikombe bya Shampiyona muri saison yashize iwayo, yatangiye yigaragaza cyane.
Komiseri mu muryango wa FPR-Inkotanyi, Musoni Protais, avuga ko umunyamuryango mwiza akwiye kuba nibura asoma igitabo kimwe buri cyumweru kuko ibitabo bibamo filozofiya nziza yafasha abayoboke ba FPR bazana impinduka nziza muri sosiyete.
Umurambo w’umusore witwa Hakizimana Josué wari ufite imyaka 19 y’amavuko wataruwe mu ishyamba rya Leta riri mu mudugudu wa Kibiko mu kagari ka Gitwe, umurenge wa Karambi wo mu karere ka Nyamasheke.
Ngwijabahizi Jean Claude w’imyaka 32 uvuga ko akomoka mu karere ka Kamonyi ariko akaba atuye mu mujyi wa Muhanga, yatawe muri yombi tariki 17/08/2013 mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe amaze gutekera umutwe umusore amwambura amafaranga ibihumbi 50.
Abana 3000 bafite ubumuga butandukanye bo mu karere ka Muhanga ndetse n’aka Kamonyi bamaze kugezwa mu mashuri muri gahunda y’uburezi budaheza mu myaka ine ishize.
Polisi y’u Rwanda irasaba Abaturarwanda kudaha agaciro ubutumwa bugufi (SMS) buri koherezwa kuri za telefoni zigendanwa bubuza abantu kwitaba nimero ya telefoni itangizwa n’imibare +229 ngo kuko uyitabye ahita apfa.
Hafashimana w’imyaka 18 y’amavuko yoherejwe mu bitaro bya Murunda nyuma yo guterwa ibuye mu mutwe n’abashumba tariki 14/08/2013, ubwo yageragezaga kubabuza kwahira ubwatsi mu isambu babwahiragamo batabyemerewe.
Ishuri rya Nyagatare Secondary School ryatsindiye kuzaserukira Intara y’Uburasirazuba mu marushanwa ahuza amashuri yisumbuye na kaminuza agamije kwigisha urubyiruko kujya impaka zigamije iterambere rwihangira imirimo.
Abaturage bo mu murenge wa Mbazi mu karere ka Huye bavuga ko kuba uyu murenge ugenda uturwa n’abanyamafaranga bizawufasha kuzamuka haba mu bucuruzi cyangwa ubuhinzi, kandi hakazanarushaho gusa neza kubera inyubako nziza zizaba zimaze kuhashyirwa.
Komisiyo y’igihugu y’amatora ifatanyije n’abahanzi Kizito Mihigo na Nzayisenga Sofiya bakoreye igitaramo ahitwa mu Gisiza mu karere ka Rutsiro tariki 17/08/2013 hagamijwe gukangurira abaturage bo mu karere ka Rutsiro ibijyanye n’imyiteguro y’amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013.
ubukwe bw’abayisilamu bari bavuye gusezerana mu musigiti Mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongo bwafunze umuhanda mu gihe cy’iminota hafi 10 ku cyumweru tariki 18/08/2013 ahagana 15h40.
Mbarirende Jean Marie Vianney w’imyaka 25 afungiye mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke, nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’abaturage zifatanya na Polisi mu gucunga umutekano (Community Policing) tariki 17/08/2013 afite urumogi rungana na 0.5kg.
Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege, arasaba Leta y’u Rwanda ko yafatanya na Kiliziya Gatolika hakaboneka urwibutso rwa Dorothea Mukandanga wagaragaje ubutwari budasanzwe mu gihe cya Jenoside i Kabgayi mu karere ka Muhanga.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru akaba n’umuyobozi w’iyo ntara, Bosenibamwe Aime, avuga ko abanyamuryango ba FPR bagomba kuba umusemburo w’iterambere muri byose.
Abakirisito b’itorero rya ADEPR bo mu karere ka Ngoma batangiye urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, binyuze mu biterane bizajya bibera hafi yaho bikunda kunywererwa.
Imiryango 31 y’abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bo mu karere ka Nyabihu bubakiwe amazu mu mwaka ushize dusoza w’imihigo mu rwego rwo kurushaho kuzamura imibereho yabo no kubafasha kurushaho kwigira.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu yasuye abaturage bo mu kagari ka Rutungo umurenge wa Rwimiyaga mu rwego guhosha amakimbirane yavugwaga hagati y’abaguze ubutaka n’ababagurishije mu gice cyagenewe ubworozi.
Komiseri mu ishyaka rya FPR-Inkotanyi, Musoni Protais, arasaba abagize iryo shyaka guharanira kuzana impinduka nziza muri sosiyete, ariko akanavuga ko ko kugira ngo bigerweho bisaba gukunda abandi kurusha uko wikunda.
Abahugukiwe iby’ubwiza n’uburyohe bwa kawa bavuga ko ikawa iryoha ari iyitaweho neza kuva yaterwa kugeza isarurwa ikanatunganywa kugira ngo ibashe kunyobwa. Ikawa ititaweho neza rero, ihura n’ibyonnyi birimo agakoko k’agasurira, bituma itera neza ndetse ntinaryohe.
Depite Polisi Denis akaba n’umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, aratangaza ko uwo muryango utajya uhwema guhugura abanyamuryango bawo kugira ngo bahore bagendana n’ibihe, kuko burya ngo iyo utava aho uri, uba usubira inyuma.
Kuri iki cyumweru tariki 18/08/2013, Jay Polly, Queen Cha, Ciney, Young Grace n’abandi bahanzi benshi baraba babaherekeje, barataramira abakunzi babo ku Kimisagara hafi y’ahazwi nka “Maison des Jeunes” mu kabari kitwa “Zaga Nuty Club”.
Umufaransakazi Marion Bartoli waherukaga kwegukana igikombe cya Wimbledon mu mukino wa Tennis, yatunguye abantu ubwo yasezeraga burundu kuri uwo mukino, tariki 16/08/2013, nyuma yo gusezererwa ku ikubitiro n’umunya Roumaniyakazi Simona Halep mu irushanwa rya ‘Cincinnati Open” ririmo kubera muri Reta zunze ubwumwe za Amerika.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze ibitego 3-0 ikipe ya Police FC mu mukino wa gicuti wabereye i Remera ku wa gatanu tariki 16/8/2013.
Umukinnyi wa Volleyball ukina nk’uwabigize umwuga Dusabimana Vincent uzwi cyane ku izina rya ‘Gasongo’, nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye n’ikipe yo muri Qatar, ari mu biganiro n’amakipe yo muri Algeria ashaka ko azayakinira muri shampiyona itaha.
Nyuma y’uko inganda zitunganya ikawa mu Rwanda zagiye mu marushanwa yo kumenya abafite ikawa iryoshye kurusha abandi, abayisogongeye basanze iya CAFERWA Gishugi CWS y’i Shangi ho mu Karere ka Nyamasheke ari yo ihiga izindi muri uyu mwaka.
Itsinda ry’abaminisitiri batandukanye basuye imiryango yirukanywe mu gihugu cya Tanzaniya, aho babasabye gukomeza kwihangana, bababwira ko Leta ikomeje kubafasha mu bikorwa bitandukanye bareba uko bakirwa.
Abitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri ahuje abahagarariye inzego z’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu turere twose tugize Intara y’Amajyepfo basabwe kubaka u Rwanda rudahangarwa mu ruhando rw’andi mahanga.
Ibigo bishinzwe gutsura ubuziranenge mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba biteraniye i Kigali mu rwego rwo kwigira hamwe uko hashyirwaho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’ibihingwa mu kubibyaza ingufu. Gusa haracyari ikibazo cyo kumenya niba ibihingwa bizatanga ingufu mu gihe bitanahagije mu gutunga abantu.
Abarwanashyaka b’ishyaka rihanira imibereho myiza y’abaturage na Demokarasi (PSD) mu karere ka Ruhango, baravuga ko badateganya kuziyomeka ku yandi mashyaka mu matora, nk’uko bikunze kugaragara kuri amwe mu mashyaka agera mu gihe cy’amatora ugasanga ahaye amajwi yayo andi mashyaka.
Kuva tariki 21 kugeza 23/08/2013, impuguke ku buhinzi zizateranira i Kigali mu nama mpuzamahanga yateguwe nIkigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi (RAB), izaba igamije kurebera hamwe kugira ngo umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wiyongere.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 azifashisha mu irushanwa rizahuza ibigugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ( Jeux de la Francophonie), rizabera i Nice mu Bufaransa kuva tariki ya 6-15/09/2013.
Abaturage bibumbiye mu rugaga rw’abikorera mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, bakoze umuhango wo gusinyana n’ubuyobozi bw’umurenge umuhigo w’umwaka wa 2013/2014. Amasezerano agamije kwerekana ko bifatanyije mu kwesa imihigo kuko ibafasha kwiteza imbere nta n’umwe usigaye.
Amakimbirane agaragara mungo mukarere ka Nyagatare ngo yaba yaratangiye kugaragara bitewe n’ubuyobozi bukomeje kubigiramo, nk’uko abaturage babushimira uburyo bugerageza kuyakumira.
Inka zisaga 300 nizo zitegerejwe kwinjira mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zizanywe n’abanyarwanda barimo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya. Zikazaza zikurikiye izindi zisaga 2.500 zamaze kwinjira zikanakingirwa indwara.
Minisitiri w’Ubuzima, Agnes Binagwaho, yatashye ku mugaragaro ubwato bw’imbangukiragutabara buzajya butabara abarwayi b’indembe bigora kugera kwa muganga kubera gutura mu birwa byo mu kiyaga cya Kivu.
Ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, birasaba Minisiteri y’Ubuzima kubifasha (mu buvugizi) bikishyurwa ideni risaga miliyoni 383 kuko kubura aya mafaranga akiri mu gasozi bishobora gutuma bibura ubushobozi bwo kwishyura imiti ihabwa abarwayi.
Mu ijoro rishyira tariki 16/08/2013, inkongi y’umuriro yibasiye amashyamba y’abaturage ari mu Mudugudu wa Gahondo, Akagali ka Ruli mu Murenge wa Ruli ho mu Karere ka Gakenke itwika hegitare 30 irakongoka.
Kuva mu gitondo tariki 16/08/2013 ibikoresho by’ibiro by’Intara y’Amajyepfo byatangiye kwimurwa bivanwa aho yakoreraga bijyanwa mu nyubako y’igorofa nshya iherereye mu marembo y’umujyi wa Nyanza akaba ariho igiye kujya ikorera.
Umusore w’imyaka 21 y’amavuko uzwi ku izina rya Gakerege aravugwaho gutwika ishyamba riherereye mu kagari ka Karambo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro tariki 13/08/2013 ubwo yarimo atwika amakara mu biti yari avuye kwiba mu rindi shyamba.
Abahinga umuceri mu bishanga byo mu Ntara y’Amajyepfo basuye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi bigira kuri bagenzi babo uburyo bashobora kwibonera amafaranga yo kubungabunga amazi yo kuhira imyaka batayategereje ku baterankunga nk’uko bisanzwe bikorwa.
Abahagarariye inzego za Leta, imiryango, inshuti n’amatorero yasizwe n’uwari umuhanzi Rugamba Sipiriyani, barifuza ko ibitekerezo by’uwo muririmbyi byamuhesha kujya mu ntwari z’u Rwanda, ndetse ngo ubuhanga na filozofiya bye bikigishwa kugirango bihindure mu buryo bwubaka, imibereho y’Abanyarwanda.
Perezida w’igihugu cya Cameroun, Paul Biya, yetegetse ko insengero zikabakaba 100 zo mu mijyi ikomeye y’icyo gihugu zifungwa kubera ko ngo abapasitoro b’abapantekote babangamira umutekano w’igihugu cya Cameroun.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gashora mu karere ka Bugesera, afunzwe kuva tariki 13/08/2013 akekwaho kunyereza inzitiramibu zirenga 300 ziteye umuti akazigurisha hanze kandi zitagurishwa.
Itsinda ry’abahanzi baririmba Rock n’izindi njyana bo muri Amerika rizwi nka “Out of Hiding” ryaje mu Rwanda ku butumire bw’itorero “New Life Bible Church” mu gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana kiba kuri uyu wa gatanu tariki 16/08/2013 guhera 18h00-21h00.