Abantu batanu bakomoka mu turere dutandukanye tw’igihugu batawe muri yombi na Polisi mu cyumweru gishize nyuma yo gufatanwa urumogi na kanyanga. Abatawe muri yombi ni Jean Damascene Havugimana, Grace Mukanyandwi, Germaine Uwera, Tuyishime na Jeannette Uwimana.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw’akarere ka Kamonyi, yabaye tariki 12/5/2013, Minisitiri Ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba, Mukaruriza Monique, yijeje abacitse ku icumu ko Leta izakomeza kubafata mu mugongo.
Mu ijoro rishyira tariki 12/05/2013, Hajabakiga Gaspard wo mu mudugudu wa Gikuyu mu kagari ka Ninzi, mu murenge wa Kagano yari yivuganywe n’abaturage bo mu mudugudu wa Mujabagiro muri ako kagari bamushinja kuba “Umucuraguzi”.
Umwana w’imyaka 5 witwa Tuyishime Gadi ukomoka mu mudugudu wa Nyawenya, akagari ka Bigoga mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi yitabye Imana tariki 11/05/2013 yishwe n’inzuki.
Nyuma yo gusura Uwibutso rwa Mugina rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside isaga ibihumbi 34, tariki 11/5/2013, abakozi ba Minisiteri y’ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) bemeye gutanga umuganda wo gusana amazu ya bamwe mu bapfakazi ba Jenoside bo mu mudugudu wa Nyagasozi.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera ruracyakeneye ibiganiro ku mateka y’u Rwanda cyane cyane avuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko batarayasobanukirwa neza; nk’uko byagaragaye mu biganiro “Youth CONNEKT Dialogue”, tariki 11/05/2013.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo muri Kaminuza ya Kibogora iri mu karere ka Nyamasheke, tariki 11/05/2013, bashyizeho Urwego rwihariye rubagenga, nk’abanyamuryango ba FPR babarizwa muri iyi kaminuza.
Nyuma yo gutsinda Swansea City ibitego 2-1, tariki 12/5/2013, Manchester United yashyikirijwe ku mugaragaro igikombe cyayo cya 20 cya shampiyona ndetse hanaba umuhango ukomeye wo gushimira no gusezera ku mutoza wayo Sir Alex Ferguson.
Gicumbi FC yahoze izwi cyane ku izina rya ‘Zebres’ yazamutse mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, nyuma yo gutungura Bugesera ikayitsinda ibitego 2-1, ikaba yazamukanye na Esperance FC ya Kimisagara nayo yasezereye Sunrise yo mu ntara y’Iburasirazuba.
Ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe Bibiliya mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda cyatangiye kuwa 4-11 Gicurasi 2013, Mundanikure Simeon w’imyaka 50 yatangaje ko ijambo ry’Imana ryanditse muri Bibiliya ryahinduye imibereho ye.
Ikigo cya Kimisagara gishinzwe gufasha urubyiruko guteza imbere umurimo n’umusaruro, cyashyizeho abakangurambaga b’urungano gihereye ku rubyiruko, kugira ngo ingamba za Leta zo kuboneza urubyaro no kurwanya icyorezo cya SIDA zigerweho ku kigereranyo kiri hejuru.
Ikipe ya Rayon Sport irabura inota rimwe gusa ngo yegukane igikombe cya shampiyona, nyuma yo kunyagira AS Muhanga ibitego 6-1 kuri Stade Amahoro i Remera, mu gihe Police FC yari ihanganye nayo yo yanganyije na Espoir FC 0-0 ku Kicukiro mu mikino y’umunsi wa 24 yabaye kuri icyi cumweru tariki 12/5/2013.
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika ijya ifata igihe ikagurisha muri cyamunara bimwe bikoresho byayo byakoreshejwe, ku giciro gito gikurura benshi; ariko ngo itangiye kujya ibangamirwa n’abakomisiyoneri bahanika ibiciro, nabo baba batahatanzwe.
Kuba hari ibitangazamakuru by’imbere mu gihugu bitamenya ibiteganywa n’amategeko agenga Itangazamakuru, ngo ni yo mpamvu ituma Abanyarwanda bizera ibitangazamakuru byo hanze kuruta ibikorera imbere mu gihugu, nk’uko bamwe mu baganiriye na Kigali Today batangaza.
Mu gitaramo cyagombaga kubera muri Motel Ideal iri mu mujyi wa Nyanza mu ijoro rya tariki 11/05/2013 hategerejwemo abahanzikazi Young Grace na Allioni burinda bucya nta n’umwe muri bo uhageze.
La Jeunesse FC yakomeje kuguma ku mwanya wa gatanu muri shampiyona, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na AS Kigali mu mukino umwe wa shampiyona wabaye ku wa gatandatu tariki 11/5/2013 kuri Stade ya Mumena.
Mu gihe Rayon Sports ikomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona uyu mwaka, kuri icyi cyumweru tariki 12/5/2013 kuri Stade Amahoro, irakina na AS Muhanga itozwa na Ali Bizimungu wahoze ayitoza agasezerewa.
Amacakubiri yabibwe n’abayobozi bateguye Jenoside, yatumye bamwe mu banyarwanda bagira urwango rwabashoye mu bwicanyi. Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, atangaza ko urwo rwango rutari muri kamere ya Muntu kuko yuma y’ibyabaye Abanyarwanda bongeye kubana neza.
Abakozi muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) hamwe n’abakozi b’ibigo bya Leta biyishamikiyeho kuri uyu wa 11/05/2013 basuye urwibutyo rwa rwa Nyarubuye mu karere ka Kirehe barutera inkunga y’amafaranga miliyoni yo gufasha mu bikorwa bitandukanye kuri uru rwibutso.
Umuvunyi mukuru, Aloyisie Cyanzayire ,yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, ari ingaruka z’akarengane gakabije ubutegetsi bw’icyo gihe bwagiriye abaturage, akaba ari yo mpamvu Urwego rw’Umuvunyi ngo rwifatanyije n’izindi nzego kwibuka, kugira ngo rushimangire intego yarwo yo guca akarengane.
Inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari (CEPGL) yabereye i Bujumbura taliki 10/5/2013 yemeje ko abayobozi b’ibihugu bigize uwo muryango bazahura taliki 15/9/2013 kugira ngo bemeze imikorere y’uyu muryango umaze imaze imyaka 5 wongeye gukora.
Mu rwego rwo gkomeza kubacungira umutekano harebwa ko nta kintu kitemewe kinjizwa muri gereza, abagororwa basaga gato 3500 bafungiye muri gereza ya Nyamagabe barasatswe tariki 11/05/2013. Igikorwa cyakozwe ku bufatanye n’urwego rushinzwe gucunga amagereza, ingabo ndetse na Polisi.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero yasabye ko ntanyubako y’akarere nimwe igomba gusigara idafite uburyo bwi gufata amazi yayo, mu rwego rwo gutanga urugero rwiza muri gahunda yo gukangurira abaturage gufata amazi aturuka kunzu zabo.
Icyigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kiratangaza ko abahawe ibyangombwa by’ubutaka, ku butaka rusange bwa Leta bwo ku nkengero z’ibiyagaga, inzuzi n’ibishanga itegeko rigiye gukurikizwa bakabusubiza Leta.
Ubuyobozi n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB) barenga 200, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10/05/2013 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruherereye mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka. igikorwa cyari kigamije kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guharanira ko (…)
Abayobozi n’abakozi b’inama y’igihugu y’abafite ubumuga basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi, banaremera utishoboye wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 utishoboye ubana n’ubumuga amaranye imyaka 19 bwo kutabyuka aho aryamye.
Mu nama abagize komisiyo y’imiyoborere myiza n’ubutabera y’ihuriro ry’abafatanyabikorwa bo mu Karere ka Huye bagize kuwa Kane tariki 09/05/2013, bagaragarijwe ko bashobora gufasha mu gikorwa cy’itorero maze kikarushaho kugenda neza.
Umusore witwa Pierre Canisius Dushimimana utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko guhinga ibihumyo bimuha amafaranga bikamufasha kwikenura nk’urubyiruko ruri kubaka ejo hazaza harwo.
Bamwe mu bana b’abanyeshuri bo Murenge wa Ngarama mu Karere ka Gatsibo biga mu mashuri abanza, basiba ishuri ku munsi w’isoko ahubwo bakajya guhamagara abakiriya bagura imyenda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rwaremeye umusore witwa Jean Claude Ishimwe, utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, rumuha ibikoresho byo kubaza kuko yize ububaji ariko kubera ubukene akaba yari yarabuze uko ashyira mu bikorwa ibyo yize.
Inzego z’umutekano zikorera mu karere ka Gicumbi zatwitse muruhame rw’abaturage litiro 700 na chief Waragi 2000 za kanyanga, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umutekano mu mirenge yo ku mupaka yo mu karere ka Gicumbi, kuwa Kane tariki 09/05/ 2013.
Samy Mulinge, umutoza wa APR Volleyball Club afite icyizere cyinshi cyo gutsinda kaminuza y’u Rwanda mu mukino wa shampiyona uzahuza amakipe yombi ku Cyumweru tariki 12/05/2013 kuri Stade ntoya i Remera.
Akarere ka Nyamagabe kahaye abashinzwe amashami y’ubwisungane mu kwivuza mu mirenge amapikipiki yo kubafasha mu kazi kabo, hagamijwe kurushaho gukora ubukangurambaga no gushishikariza abantu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kuri uyu wa Gatanu tariki 10/05/2013.
Bamwe mu bazobereye mu kumenyekanisha ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda, barerekana ko hari abakorera mu Rwanda bajya gushaka imyaka hanze y’igihugu kandi ihari kuko baba batamenye ko ihari ngo babe ariho bayigura.
Kubera ubwicanyi bwaranze akarere ka Gisgara mu minsi ishize bukozwe n’abagore, abategarugori bo mu itsinda ryitwa IJWI RY’IBYIRINGIRO ryo mu karere ka Muhanga baherekejwe n’umuyobozi w’akarere kabo basuye akarere ka Gisagara basengera imiryango ibanye nabi n’akarere muri rusange.
Abanyamuryango bibumbiye mu rugaga rw’ababana n’ubwandu bwa Virusi itera SIDA bo mu karere ka Ngororero baratangaza ko bahagurukiye gushaka umuti w’ibibazo bahura nabyo aho gutekereza impano n’inkunga biturutse ahandi.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye bo mu murenge wa Mutete bashyikirijwe inkunga na World Vision igizwe n’imifuka ya sima 300, inka, imyenda n’ibindi byangombwa byo kubafasha mu mibereho yabo bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 8.5.
Abagize ihuriro ry’Abafatanyabikorwa b’akarere (DJAF) ka Bugesera baratangaza ko bagiye kuzajya bamurika ibikorwa byabo mu mirenge bakoreramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kwegereza abaturage ibikorwa bibakorerwa.
Nyuma y’uko umuhanda uva kuri kaburimbo ahitwa ku rukiko ugana ku cyicaro cy’akarere ka Ngororero ari kimwe mu byatumye imihigo y’akarere mu mwaka ushize itagerwaho 100%, ubu gahunda yo kuwubaka yaratangiye.
Umuganga w’inzobere mu by’imikorere y’imitsi (neurologue) witwa Christophe Petiau aragira inama abakozi kujya bakoresha neza akaruhuko bahabwa bari ku kazi ndetse agasaba abakoresha gutegeka abakozi babo gusinzira muri ako karuhuko.
Nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangije uburyo bwifashisha ikoranabuhanga mu gusakaza ibarurishamibare ku barikeneye, kirasaba Abaturarwanda kugira umuco wo gukoresha imibare iba yaratanzwe mu ibarurishamire ryakozwe mu gihugu..
Ubwo hakorwaga urugendo rugamije kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo, tariki 09/05/2013, hatwitswe biyobyabwenge bitandukanye birimo chief waragi amapaki 120.
Abacuruzi b’imbuto n’imboga bacururiza mu isoko rwa Gakenke, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke baratangaza ko babangamiwe no gukorera ahantu banyagirwa, bikabatera igihombo .
Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko farumasi zitubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima zibangamira gahunda y’ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli kuko abaturage badafite mitiweli bajya kugura imiti muri farumasi batabanje kujya kwa muganga.
Sosiyete yo mu Bufaransa yitwa Slip Francais yakusanyije amayero ibihumbi 19 igiye gushora mu gukora utwenda tw’imbere tw’abagabo “ikariso” duteye imibavu ihumura (parufe).
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, arasaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera kongera imbaraga mu gukangurira abaturage kugana ibigo by’imari, kuko umubare w’ababyitabira ukuri muto muri uwo murenge.
Umukobwa witwa Shema utuye mu mujyi wa Rwamagana yabwiye abayobozi bo mu murenge atuyemo na Polisi ko abantu batabika amafaranga yabo kure baba bamutera igishuko cyo kuyiba kandi ngo ntiyizeye ko azajya ayarebera ngo areke kuyiba kandi nta handi agira akura ifaranga.
Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abaturage mu karere ka Rwamagana bakoze umukwabu mu murenge wa Kigabiro batahura abantu bagaragara ko ari bakuru 93 batagira ibyangombwa bibaranga na busa, abandi 14 bafatanwa ibiyobyabwenge bitandukanye bacuruzaga muri uwo murenge.
Banki y’umuryango wa CEPGL (BEDGL) yari yarafunze kuva 1994 kubera umutekano muke wabaye mu karere ndetse n’amafaranga yari ifite atwarwa n’igihugu cya Congo ariko ubu yongeye gukora kandi ngo iri hafi kugaragaza inyigo igaragaza imikorere yayo mu guteza imbere akarere.