Karongi : Abantu bataramenyekana bibye ibendera mu murenge wa Ruganda

Ibendera ryo ku kigo cy’amashuli yisumbuye cya Ruganda mu murenge wa Ruganda, akarere ka Karongi ryibwe n’abantu batamenyekana, inzego z’umutekano zikaba zimaze guta muri yombi abakekwaho ubwo bujura bw’ubuhemu.

Abakekwaho urwo rugomo ni abantu ngo bari bafitanye amakimbirane n’umuzamu wo ku kigo cy’amashuli yisumbuye cya Ruganda, ngo bakaba bakekwa ko bashatse kumushyirisha mu bibazo; nk’uko tubikesha umunyamakuru wa radio Isangano.

Ni ku nshuro ya kabiri muri uwo murenge hibwa ibendera ry’igihugu kandi mu kwezi gushize mu murenge wa Murundi naho hubwe ibendera aho baje gusanga uwari waryibye yaritaye mu musarane w’ishuli, maze ababikoze batabwa muri yombi barafungwa. Mu cyumweru gishize mu murenge wa Rwankuba naho ngo hibwe ibendera.

Gasana Marcellin

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka