Abayobozi batandukanye b’inzego z’ibanze barasabwa gusobanukirwa uburemere bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko hari benshi badasobanukiwe neza n’ihohoterwa icyo ari cyo.
Ibintu byinshi ba mukerarugendo bashobora gusura mu Rwanda biri kugenda bitezwa imbere ndetse n’ahadatunganyijwe hatunganywa kugira ngo abahasura bahishimire bityo bininjirize igihugu n’abagituye.
Umugabo w’Umubiligi wari wavutse ari umukobwa abaganga bamwemereye gupfa nyuma y’uko uyu mugabo-gore yari amaze kugaragaza ko igitsina cy’abagabo bamuteyeho mu 2009 kitamushimishije kandi bikaba byamuteraga agahinda kadashira, ngo atari kuzabasha kwihanganira iyo akomeza kubaho.
Abafundi n’ababahereza 250 bavuga ko bambuwe na rwiyemezamirimo Ruhumuriza Theobard, uhagarariye company Elite General Constractors Ltd (EGC) yatsindiye kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma none barasaba kurenganurwa kuko ngo ubuzima bubagoye cyane .
Mu gikombe cy’isi cy’umukino wa Sitball kizabera i Kigali kuva tariki 11-13/10/2013, u Rwanda ruzatangira irushanwa rukina na Kenya kuri Stade ntoya i Remera guhera saa cyenda z’amanywa.
Abahinzi ba kawa mu karere ka Rulindo bavuga ko bakora ibishoboka byose ngo bite kuri kawa nk’uko babisabwa n’akarere nyamara ngo ikibazo basigaranye ni uko iyo mirimo ibatwara imbaraga nyinshi ariko igiciro cya kawa ntikiyongere.
Abanyeshuri biga muri kaminuza yo mu gihugu cya Hungary bagiye kwiga bambaye utwenda tw’imbere (amakariso), bakubika ibitabo ku mabere bagaragaza ko batishimiye icyemezo cy’umuyobozi wa kaminuza ubategeka uko bagomba kwambara.
Umushinga Plan International Rwanda wamurikiye akarere ka Bugesera ishuri ry’ikitegererezo wubatse murwego rwo gushimangira uburezi bw’ibanze kandi bufite ireme.
Ababaruye sim cards za MTN ahuzwa n’indangamuntu za ba nyirayo mu Karere ka Huye n’aka Nyamagabe bavuga ko nta n’umwe wishyuwe amafaranga ye yose nk’uko bari babibasezeranyije.
Umusore witwa Rwema Valens yitabye Imana azize ikirombe cyamugwiriye ubwo yari agiye gucukura “KORUTA” mu buryo butemewe mu kagari ka Murehe, umurenge wa Rukoma tariki 7/10/2013.
Umurambo w’umukobwa utaramenyekana watoraguwe mu mudugudu wa Kavumu akagari ka Rwoga umurenge wa Ruhango, akarere ka Ruhango mu gihe cya saa yine z’amanywa tariki 08/10/2013.
Koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu mu karere ka Karongi (COOTHEGIM) yanze guhabwa ubuzima gatozi bwa koperative yabo yo kugurizanya (COOPEC THEGIM) kuko ngo bishobora kuviramo umurenge SACCO gusenyuka kubera ko abanyamuryango bayo benshi n’ubundi ari abahinzi b’icyayi.
Polisi yo mu Karere ka Huye yatahuye ibikoresho birimo icyuma kireberwaho amashusho (flat screen) hamwe na manyeto (magneto) ndetse n’indangururamajwi bikorana byari byibwe umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François.
Kwizera Jean Bosco ukomoka mu kagari ka Rukara ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza afunzwe, azira gusagarira abayobozi b’umurenge wa Rukara abasanze mu biro.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba yabwiye Kigali Today ko muri Rwamagana hafungiye abagabo babiri bashobora kuzafungwa burundu nibaramuka bahamwe n’icyaha bakurikiranyweho cyo kugaburira abantu inyama z’imbwa.
Mu murerenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi havumbuwe umurima uteyemo ibishyimbo bivanze n’urumogi rwinshi. Aho uyu murima uri mu mudugudu wa Rushakamba buri munsi haba hari abasore bahanywera urumogi.
Abadepite basaga 20 bo mu nteko ishinga amategeko yo mu gihugu cya Kenya bakoreye urugendo shuri mu ishuri ribanza rya Gahini mu karere ka Kayonza bagamije kureba imikorere ya gahunda ya mudasobwa imwe ku mwana (One laptop per child).
Ikigega cya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere (KOICA) cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’igihugu yo kuyifasha kongera ubumenyi muri gahunda zose zikenewe, nk’uko byemejwe n’impande zombi mu isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa 08/10/2013.
Umuhanzi Rafiki umaze kuba icyamamare mu njyana ye yihangiye yise “Coga Style” afite gahunda yo kwagurira umuziki we mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (East Africa).
Gaju Justin uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kid Gaju, aravuga ko indirimbo “Ngabira agatabi” yakoranye na Jay Polly ntaho ihuriye no gusaba itabi ahubwo ngo ni uburyo bwo gusaba gusa.
Abaturage batuye mu karere ka Nyanza cyane cyane mu gice cy’umujyi bazaniwe imurikagurisha rihuriwemo na bimwe mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) rizamara ukwezi kose rikaba ryatangiye tariki 07/10/2013.
Abasore batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, nyuma yo gufatanwa urumogi ubwo bari barutwaye kuri moto bari kurunyuza mu karere ka Musanze bagerageza kwerekeza mu mujyi wa Kigali.
Umusaza witwa Mawimbi Saidi ubu ufite imyaka 89 akaba atuye mu karere ka Rusizi aracyabasha gukora umwuga we wo gukanika ibyuma bitandukanye. Uyu musaza avuga ko atigeze yiga ariko ngo yavukanye impano zo kuvumbura agakora ibyo buri wese atapfa gushobora.
Itsinda ry’abaganga b’ababasirikare bakorera muri Brigade ya 511 ikorera no mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 7 Ukwakira batangiye gahunda yo gusiramura abaturage babyifuza mu murenge wa Tabagwe.
Ubwo hizihizwaga y’umunsi w’abasheshe akanguhe, tariki 06/10/2013, abo mu karere ka Nyagatare basabwe kwirinda icyakongera kugarura amacakubiri mu baturage ndetse bakanabisobanurira abo babyaye kubera ko aribo bazi byinshi mu byaranze igihugu cyacu.
Bamwe mu Banyarwanda by’umwihariko abakuze bahamya ko uko u Rwanda rugenda rutera imbere ariko abanyagihugu bagenda bata umuco harimo no kuramukanya bigenda bita agaciro.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi (cadres) mu karere ka Karongi, barishimira uruhare umuryango ukomeje kugira mu kuzana impinduka nziza z’iterambere mu gihugu, by’umwihariko bagafatira urugero ku iterambere akarere ka Karongi kamaze kugeraho mu gihe gito.
Ubwo mu karere ka Rusizi hakorwaga umukwabu ku mugoroba wo kuwa 07/10/2013, hafashwe abantu 49 harimo uwafashwe arimo gutobora inzu afite n’imyenda yari amaze kwiba.
Ngendahayo Emmanuel wo mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari ka Ngoma, mu murenge wa Nyamiyaga; yatewe icyuma na Niyonshuti ukora akazi ko kubaga inka, nyuma yo gushyogoranya bapfa umugore utuye mu mudugudu wa Buhoro.
Ubwo yasezeraga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uwari uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’i Burayi (EU) mu Rwanda, Amb. Michel Arrion, yavuze ko EU izakomeza gushyigikira u Rwanda muri gahunda z’iterambere.
Umugabo witwa Nkuriza Laurent ukomoka mu murenge wa Murambi ho mu karere karere ka Rulindo yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe aho yakoraga akazi ko gucukura amabuye y’agaciro tariki 07/10/2013 saa tatu za mugitondo.
Umukobwa w’imyaka 17 wo mu kagari ka Rwinume mu murenge wa Juru arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata kuva tariki 07/10/2013 nyuma yo gukuramo inda yari atwite ifite amezi atanu.
Mu ivugurura rya gahunda yo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, Ruyenzi na yo yahawe tagisi zihagarukira zivuye Nyabugogo ku mafaranga 200Frw. Abatuye ku Ruyenzi n’abagenda bishimiye guhabwa izo modoka kandi ku giciro gito kuko ngo bahendwaga.
Urubanza rw’abagabo bane, abasivili batatu ndetse n’umusilikare umwe, bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habimana Sostène, rwasubitswe nyuma yo gusanga umwe muri abo bagabo adafite umuburanira imbere y’amategeko. Ruzasubukurwa tariki 20/11/2013.
Nzabonimpa Emmanuel wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza afungiwe kuri stasiyo ya polisi ya Rukara, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umuntu bikamuviramo gupfa kubera amafaranga 50 y’u Rwanda.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyashyikirije ibihembo bamwe mu bakozi bagaragayeho gukora neza mu kazi bashinzwe, harimo abikorera n’abakora mu nzego za Leta, muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 07/10/2013.
Ku biro bya polisi yo mu mujyi wa Butare hafungiye ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAB 138W, izizwa kuba yikoreye umutwaro muremure cyane waje no guca insinga z’amashanyarazi zambukiranya umuhanda ahitwa mu Gako ho mu Karere ka Huye.
Abayobozi b’akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi (UNSC), bari mu rugendo mu bihugu bya Congo Kishasa, u Rwanda na Uganda, bemeranyijwe na Perezida Kagame ko ikibazo cy’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda kigiye gukurikiranwa mu gihe cya vuba.
Samantha Power uhagarariye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu muryango w’Abibumye (LONI), yasuye abitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, atangaza ko u Rwanda rugaragaza ubushatse mu gushishikariza Abanyarwanda kugaruka mu gihugu cyabo.
U Rwanda rurizera ko hari byinshi ruzungukira mu nama mpuzamahangwa rwakiriye igamije gusuzumira hamwe uburyo ubuhinzi butakomeza kuba ubwo gutunga abantu gusa, ahubwo bukaba ubwo kwinjiriza abanyagihugu amafaranga bikazamura ubukungu bw’igihugu.
Abapolisi barenga 26, kuva kuri uyu wa mbere tariki 07/10/2013 batangiye amasomo yo ku rwego rwo hejuru ya gipolisi “Senior command and staff course” agiye kuba ku nshuro ya kabiri mu ishuri rikuru rya polisi (National Police Academy) riherereye mu karere ka Musanze.
Kubwimana w’imyaka 26 y’amavuko wo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba akaba yacuruza inzoga itemewe ya kanyanga yaguye mu gihugu cya Uganda ubwo yari agiye kurangura iyo azana mu Rwanda.
Mu gihe abaturage n’abakoresha imisarani yubatswe na VUP mu murenge wa Muhororo bashimirwa ko bayitaho ndetse ikaba yafashije mu kwita ku isuku, abo mu murenge wa Hindiro bo baranengwa kuba batita kuri iyo misarane ndetse ubu ikaba itabasha gukoreshwa ahanini kubera umwanda.
Abacuruzi bacururiza ahitwa mu Gitega no mu tundi duce tw’ubucuruzi two mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bukorwa n’abana bato bataye ishuri birirwa bazerera kuri utwo dusantere.
Umukuru w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri aka karere kuba abanyamuryango badahuhwa n’umuyaga ahubwo baharanira ishema ry’ishyaka ryabo.
Abaturage bageze mu zabukuru bo mu karere ka Nyamasheke barasaba Leta kubafasha mu buryo bw’umwihariko kugira ngo bagire amasaziro meza kuko abenshi muri bo usanga batishoboye kandi bagifite inshingano nyinshi zirimo kubaho no gutunga abo mu miryango yabo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite purake RAC 788 K, yari itwawe na Hategekimana Jacques, yabuze feri igonga umukingo ikomeretsa Mutangana Aloys ari nawe nyirayo ku mugoroba wa tariki ya 06/10/2013.
APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
APR FC niyo iyoboye andi makipe ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda Esperance ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 6/10/2013.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye Mere du Verbe riherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’amajyepfo buratangaza ko kuba abanyeshuri b’abahungu bigana n’ababakobwa bigira icyo byongera ku mitsindire yabo, kuko bose baharanira kurushanwa maze bakigira imbere.