Mutarambirwa Jerse ni umugabo w’imyaka 42 ariko umureba ntiwamenya ko ayifite; ngo kuba agaragara ko akiri muto biterwa na siporo ya karate yakoze kuva afite imyaka 7. Kubera gukunda iyi siporo, byatumye ayitoza n’umuryango we wose.
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo haragaragara amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango, guta ishuli kw’abana n’inda zititeguwe bivugwa ko biterwa n’inywa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge muri iyi nkambi.
Ndushabandi Joseph w’imyaka 80 wo mu kagari ka Ruganda mu murenge wa Rwimbogo yarokowe na Polisi ubwo abaturage bamuhigaga bukware bamuziza ko ngo yabiciye abantu benshi akoresheje amarozi.
Ingabire Freddy w’imyaka 30 yatoraguwe ahitwa Rwagitugusa ni mu murenge wa Mutendeli kuwa 08/08/2013 saa yine za mugitondo, yanizwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya munsi y’umuhanda bazi ko yapfuye.
Kuri uyu wa 08/08/2013, Abanyarwanda 158 babaga mu gihugu cya Tanzaniya bageze ku mupaka wa Rusumo bakaba bavuga ko baza kubera bamaze iminsi babirukanye muri iki gihugu bababwira ngo batahe iwabo mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda irasaba Abanyatanzania bari mu Rwanda gutuza kuko ngo bo batazirukanwa, nk’uko Tanzania, igihugu cy’igituranyi kandi kiri kumwe n’u Rwanda mu muryango umwe, yo irimo kwirukana Abanyarwanda bari basanzwe bayituyemo.
Umutoza wa Espoir BBC, Bahufite John, afite icyizere cyo gutsinda umukino wa ½ cy’irangiza akina na New Stars kuri uyu wa gatanu tariki ya 9/8/2013, agahita abona itike yo kuzakina umukino wa nyuma mu irushanwa ry’akarere ka gatanu ririmo kubera i Bujumbura mu Burundi.
Nyuma y’uko umwana w’umuhungu w’imyaka 12 witwa Tuyishime Eric, arohamye mu kiyaga cya Kivu tariki 06/08/2013, umurambo we ukaburirwa irengero, waje gutarurwa tariki 08/08/2013, uhita unashyingurwa.
Ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA), ritangaza ko bamwe mu barokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda, bahangayikishijwe n’imanza z’imitungo zitarangijwe n’inkiko Gacaca, mbere y’uko zisozwa mu mwaka ushize wa 2012.
Ku rutonde rw’abakinnyi 22 b’ikipe y’u Rwanda bahamagawe n’umutoza Eric Nshimiyimana kugirango bitegure gukina umukino wa gicuti na Malawi, hagaragayemo abakinnyi bashya ndetse n’abaherukaga guhamagarwa kera.
U Rwanda rwazamutseho imyanya itatu ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru, rushyirwaho n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) buri kwezi.
Abanyarwanda 17 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 08/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza. Abo batahutse baje biyongera ku bandi 20 batahutse tariki 07/08/2013 na bo binjiriye mu murenge wa Ndego.
Kuri uyu munsi wa Eid al-Fitr usoza igihe cy’igisibo bita Ramadhan, Abayisilamu bo mu karere ka Rwamagana bageneye bagenzi babo b’abakene n’abatishoboye bo muri ako karere ifunguro ry’umunsi mukuru rufite agaciro k’ibihumbi 890 mu mafaranga y’u Rwanda.
Umukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yongeye kwibutsa abanyamuryango ba FPR ko badakwiriye kwishimira ibimaze kugerwaho ngo bahagararire aho, ahubwo ko bagomba kubyubakiraho baharanira kubyongera kurushaho.
Umwongerezakazi w’imyaka 40 yaraye abyaye umukobwa w’ibiro 6,2 mu bitaro Marina Salud by’i Denia ho muri Espagne. Igitangaje, ngo ni uko nyina yamubyaye atabazwe.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarutovu, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bibwe urutsinga rw’amashanyarazi rupima metero zigera ku 150, baguze bishyize hamwe ngo bagezweho umuriro aho batuye.
Muri uyu mwaka wa 2013 Abanyarwanda bakoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro bageze ku kigero cya 64% mu gihe mu mwaka wa 2010 cyari kuri 45%.
Icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa munani ni icyumweru cyahariwe konsa ku isi hose. Impuguke mu bijyanye n’imirire zivuga ko umwana wese agomba konswa nibura amezi atandatu nta kindi avangiwe.
Taxi Hiace ya Murasira Diogene bakunda Kadafi w’imyaka 30 yafatiriwe n’ururwe rw’ubushinjacyaha rwisumbuye rw’urukiko rwa Ngoma nyuma yuko rusanze uyu mugabo akurikiranweho ibyaha birimo ibyihezandonke.
Nzeyimana Anicet w’imyaka 21wacururizaga mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma yahishije iduka rye ku nshuro ya kabiri saa mbiri n’igice z’ijoro tariki 06/08/2013 ahita aburirwa irengero.
Mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano tariki 08/08/2013, wataye muri yombi inzererezi esheshatu, babiri bigometse kuri gahunda za Leta ndetse hanafatwa inzoga z’inkorano “ibikwangari” bingana na litiro 320.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo n’abafatanyabikorwa b’Akarere mu by’ubuhinzi biyemeje kongera imikoreshereze y’inyongeramusaruro kugira ngo umusaruro urusheho kwiyongera kandi n’abaturage bave mu buhinzi bwa gakondo biteze imbere.
Ibiciro by’amashsnyarazi bishobora kuzagabanuka mu minsi iri imbere, nyuma y’uko Banki y’isi yemeje inkunga ya miliyoni 340 z’amadolari azakoreshwa mu kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku Rusumo. Urwo rugomero ruhuriweho n’u Rwanda, u Burundi na Tanzaniya.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi Virunga Express yagonze abantu batatu mu mujyi rwagati wa Gakenke, Akarere ka Gakenke barakomereka bidakomeye cyane.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imicungire y’umutungo mu bitaro bya Ruhengeri acumbikiwe na polisi y’umurenge wa Muhoza akurikiranyweho ibyaha birebana no gukoresha nabi umutungo. Abandi babiri ntibabashije kuboneka ubwo polisi yabashakaga.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport ishakisha cyane ruyahizamu w’Amavubi Meddie Kagere, buratangaza ko igihe cyose uyu mukinnyi azaba atabonye itike akinamo hanze y’u Rwanda, bagomba kuzahita bamugura kuko bamwifuza cyane.
Sahabu w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Rugeregere mu kagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri ho mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gufatanwa imashini ikurura amazi yari yibwe muri sosiyete y’Abashinwa.
Ikipe ya Espoir Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’akarere ka gatanu rikomeje kubera i Bujumbura mu Burundi yageze muri ½ cy’irangiza naho APR BBC irasezererwa.
Abagore b’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bagera ku 1562 baturuka mu bihugu 11 bya Afurika, bari i Huye guhera tariki 06-11/08/2013, bakaba bitabiriye kongere bagomba kureberamo uko abagore bakwitwara mu kuba urugero rwiza aho baba.
Umunyamakuru Aboubakar Adam uzwi ku izina rya Dj Adams kuva kuri uyu wa mbere tariki 05/08/2013 ntakiri kubarizwa kuri City Radio Inshuti ya bose. Dj Adams yari amaze iminsi atangaza amakuru aca amarenga ariko aterura, ibi akaba yarabinyuzaga kuri facebook.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihango bufatanyije na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, bwamennye litiro 1190 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu ngo z’abaturage babiri bo mu murenge wa Gihango tariki 07/08/2013.
Ibigo by’imari iciriritse byo mu murenge wa Kanama akarere ka Rubavu byatangije uburyo bwo kuzigama ku bana mu rwego rwo kubashishikariza umuco wo kuzigama bakiri bato.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Dr Habyarimana, avuga ko ishyirahamwe Inyenyeri rikorera mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu rizakomeza gufashwa kwimakaza ibikorwa ryatangiye byo kubaka ubumwe n’ubwunge.
Abanyarwanda 20 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse kuri uyu gatatu tariki 07/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego, umwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza uhana imbibe n’igihugu cya Tanzaniya.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari ajyanye n’abandi bana kuvoma amazi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, butangaza ko ku kirwa cya Cyuza kiri mu kiyaga cya Burera, muri uwo murenge, hari kubakwa inzu abakerarugendo n’abandi bantu babyifuza bazajya baruhukiramo bareba ibyiza bitatse u Rwanda.
Chris Brown yatangaje ku rubuga rwa Twitter ko ateganya gusezera kuri muzika ngo namara gushyira ahagaragara album ye yise ‘X’. Impamvu ngo nta yindi, Chris yavuze ko ngo yabitewe n’ikosa yigeze gukora afite imyaka 18.
Bamwe mu bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bibazo by’ibidukikije, ingufu n’iterambere, yateguwe n’ishuri rikuru ry’Abalayiki b’abadivantisiti (INILAK), bemeza ko ibidukikije byangiritse bishobora gusubiranywa, aho ngo biteze kubona ibitekerezo byafasha gushyiraho ingamba nshya mu kubirengera.
Abaturage bo mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero kwitabira ingano z’ubwoko bushyashya bazanye mu murenge bukoreshwa mukwenga inzoga ya mitsingi (Mutzig).
Ishuri ribanza rya Shyogo n’irya Kayonza Modern Secondary School yo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza yibwe ibikoresho by’ishuri n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira tariki 07/08/2013.
Umuhanzi 50 Cent yitabye urukiko rwa Los Angeles kuwa kabili tariki 06/08/2013, kubera ibyaha aregwa byo kwangiza ibikoresho no guhohotera uwo babana, ubwo yashwanaga n’umukobwa bigeze gucudika witwa Daphne Joy.
Abaturage b’umurenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe bashimishijwe no kuba umwaka w’imihigo wa 2012-2013 warasize nabo babonye ikigo nderabuzima, dore ko mu mirenge 17 igize akarere ariwo wari utagifite wonyine.
Abakobwa babiri n’umusore umwe bafungiye mu karere ka Nyanza bazira ko indangamuntu , ikarita y’ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ umuganda rusange w’abaturage bifite aho bihuriye n’imibare 666 bivugwa ko ari iya satani.
Amwe mu makoperative n’amashyirahamwe y’abayisilamu akorera hirya no hino mu gihugu, atangaza ko hari intambwe amaze gutera, nyuma yo gusaba ka amafaranga MTN yabageneraga ku munsi mukuru wa Idil fitri yabafasha gukoramo imishinga ibateza imbere.
Abakozi 400 bakoreye sosiyete Rural development Solution Company (RDSCO), baravuga ko bategereje guhembwa amafaranga yabo bakoreye mu bikorwa byo gukora umuhanda none amaso yaheze mu kirere.
Abantu batandatu batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu Kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo bafatanwe urumogi ndetse n’inzoga itemewe ya Kanyanga mu mukwabo wabaye kuri uyu wa 07/08/2013.
Kuri uyu wa 06/08/2013 Abanyarwanda 33 bageze mu Rwanda bavuye muri Tanzaniya baje basanga abandi 48 baje umunsi umwe mbere yaho. Bose bacumbikiwe mu karere ka Kihere mu murenge wa Nyamugari.
Princess Priscillah, umwe mubahanzikazi bazwiho kugorora mu muhogo ababumva bakizihirwa, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku mugoroba wa tariki 06/08/2013, kubera gukomeza amashuri ye ya Kaminuza.
Gaston Rurangwa uzwi ku izina rya Skizzy akaba ari n’umwe mu bahanzi bari bagize itsinda rya KGB (Kigali Boys) yadutangarije ko ibijyanye no gushinga irindi tsinda bakibyigaho bityo bikaba bishobora kuba cyangwa ntibibe.