Mu bikorwa byo kwamamaza Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke byabaye tariki 31/08/2013, abanyamuryango bawo bahamije ko umucyo bafite ku mubiri no mu bitekerezo bishingiye ku iterambere bafite, babikesha FPR-Inkotanyi, kandi bakaba bazabishyigikira bawutora 100% kugira ngo ubageze ku (…)
Abanyeshuri 511 barangije mu mwaka w’amashuri 2013 bahawe imyamyabumenyi n’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE-Busogo) riherereye mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze kuwa gatanu tariki 30/08/2013.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe burashimira abatuye uyu murenge uruhare n’ubwitange bakomeje kugaragaza mu kubaka ibyumba by’amashuri yigirwamo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ndetse no kwitabira umuganda muri rusange.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 31/08/2013, ubwo umuryango ba FPR-Inkotanyi ku rwego rw’akarere ka Nyamagabe wajyaga kwamamaza abakandida bawo ndetse n’ab’indi mitwe ya Politiki bafatanyije mu murenge wa Kitabi, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bemeje ko uyu muryango wagejeje byinshi ku Banyarwanda ubashakira iterambere.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rwamagana icumbikiye umusore w’imyaka 24 ushinjwa kuba yaraye afashe ku ngufu umukobwa w’imyaka 16 wakoraga akazi ko mu rugo akamukomeretsa cyane, nyuma yo kumusambanyiriza ku buriri bwa nyir’urugo.
Abaturage bo mu gace ka Kibumba na Kamahoro two muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu nkengero zaho batangiye guhungira mu Rwanda batinya imirwano ibasatira.
Abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi bari mu bikorwa byo kwiyamamariza imyanya y’ubudepite mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/08/2013, basabye abaturage gusubiza inyuma bakareba aho ibikorwa byabo byabavanye n’aho bageze bagakomeza kuwugirira icyizere.
Dr Rick Warren, Pasiter w’Umunyamerika ufasha amatorero atandukanye mu Rwanda kubaka amahoro, yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igihugu kuri uyu wa Gatanu tariki 30/08/2013, aho avuga ko umuyobozi mwiza agomba kuba umunyakuri kandi agaharanira ko abo ayobora bamwizera.
Bahoza Matumwabili, umwe mu Bakongomani baherutse kugirira impanuka y’imodoka mu murenge wa Nzahaha, arashima Leta y’u Rwanda ko nyuma yo gusurwa n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu bakanabaha ubufasha mu kwivuza, ubu yakize agiye gusubira iwabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwahaye Pastor Rick Warren isambu iri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, bumwemerera no kuzamuha indangamuntu Nyarwanda yo mu karere ka Karongi kubera ubushuti uwo mu pasiteri w’Umunyamerika afitanye n’akarere by’umwihariko.
Mu gihe abakurikirana ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida babashishikariza kurya imboga n’imbuto kuko byiganjemo ibirinda indwara, bikaba byongera ubwirinzi bw’umubiri; bamwe mu babana n’ubwandu bavuga ko batabasha kubibona kuko ku isoko bihenze.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba aborozi bo mu murenge wa Ruhuha n’indi mirenge ituranye nawo, kuzajya bagemura umukamo wabo ku ikusanyirizo ry’amata kuko abatazabikora bazabihanirwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burashishikariza abaturage kuzitabira amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeli 2013, ariko banibuka ko agomba gukorwa mu ituze birinda icyabateranya.
Mukagasana Vestine uherutse guhitanwa n’igisasu cyavuye ku butaka bwa Congo kikagwa mu Rwanda, washyinguwe mu cyubahiro n’abaturage benshi bo mu karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko gahunda nshya yo gutega imodoka yatangijwe mu mujyi wa Kigali ifite intego yo kudatinza abagenzi ku byapa byo gutegeraho byibura iminota itarenze itanu ku mihanda migari n’iminota 30 mu mihanda yo mu makaritsiye.
Kuri uyu wa 30/08/2013, Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, yatangije ku mugaragaro itorero ry’igihugu mu nzego z’imirimo ku rwego rw’akarere ka Ngoma.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30/08/2013, mu Kagali ka Bukomane Mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, hafatiwe ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye ibiti byitwa imishikiri.
Umunyakanadakazi Kayla Smith, w’imyaka 33, utuye ahitwa Vancouver, ubu yabaye ikimenyabose mu gihugu cye kubera kwiba igare rye umujura na we wari warimwibye.
Igikorwa cyo kwamamaza abakandida depite b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gatsibo ku wa 29 Kanama 2013, cyakomereje mu Murenge wa Kabarore kikaba cyaraberaga kuri site ya Karenge ku kibuga cy’umupira w’amaguru.
Nubwo abagore n’urubyiruko ari bamwe mu bagize umubare munini w’abaturage muri rusange mu Rwanda, ni nabo usanga bafite imbogamizi mu bijyanye na serivise zitangwa n’ibigo by’imari zirimo ahanini no kubona inguzanyo.
Ubwo ku gicamunsi cya tariki 29/08/2013 abakandida-depite batanzwe n’umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’akarere ka Nyanza biyerekaga abaturage bo mu murenge wa Muyira muri aka karere mu byishimo byinshi babagaragarije icyizere cyo kuzabatora.
Imodoka itwara abagenzi izwi nka “Twegerane” yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite puraki RAC 817 J yakoze impanuka, abagenzi batatu barakomereka byoroheje, undi agira ikibazo cy’ihungabana.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bo mu gihugu cy’Ubusuwisi (Suisse) bugaragaza ko ku bantu bafite ikibazo cyo kumva batameze neza mu mitekerereze (stress) kimwe mu byabavura neza uwo munaniro ari ukumva urusaku rw’amazi.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abakobwa batarengeje imyaka 19 ku wa kane tariki 29/08/2013 nibwo yerekeje i Oyo muri Congo Brazzaville mu irushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 19 rizatangira tariki ya 1/9/2013.
Kuva tariki 29/08/2013, ku mipaka yombi ihuza Gisenyi n’umujyi wa Goma, Abanyarwanda bagabanyije kwambuka batinya guhohoterwa n’Abanyecongo ahubwo ingendo zihariwe n’Abanyecongo baza gufata ibintu Gisenyi bagasubirayo..
Bapfakwita François utuye mu kagari ka Teba umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro wahoze ari umusirikari mu ngabo za Habyarimana arashima Leta y’u Rwanda irangajwe imbere na FPR-Inkotanyi kuko yamushishikarije kugaruka mu Rwanda ndetse ikamufasha gukora akabasha kwiteza imbere ahereye ku busa.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) ryijeje abaturage b’akarere ka Ngoma ko niritorwa rizaharanira ko kurandura ubukene mu Banyarwanda hashyirwaho banki y’abahinzi n’aborozi,I bikorwaremezo n’ibindi.
Bamwe mu bakandida ba RPF-Inkotanyi ku mwanya w’ubudepite basanga kuyitora ari ugukomeza icyerekezo cy’iterambere rirambye u Rwanda rufite, ruyobowe na Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’umuryango RPF-Inkotanyi.
Umunya-Cameroun Samuel Eto ‘Fils’, wakiniraga ikipe ya Anzhi Makhachkala mu Burusiya, kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 yasinye amasezerano y’umwaka umwe yo gukinira ikipe ya Chelsea, akazahabwa miliyoni 7 z’ama pounds muri icyo gihe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagera ku 7500 bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29/08/2013 bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza uyu muryango mu matora y’abadepite kandi bagahamya ko bazayitora 100%.
Kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, mu mugi wa Monaco mu Bufaransa habereye tombola y’uko amakipe azahura mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League 2013/2014).
Ubwo biyamamazaga mu murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi, tariki 29/08/2013, Mukama Abasi wo mu ishyaka rya PDI ryemeye kwifatanya n’umuryango wa FPR-Inkotanyi, yatangaje ko gutora FPR n’andi mashyaka byifatanyije ari ugukomeza inzira y’amajyambere.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane akaba n’Umuvugizi wa leta y’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yahakanye ko u Rwanda rwinjiye ku butaka bwa Congo.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR) barangije mu cyiciro cya kabiri (bachelor) ndetse n’icya gatatu (master), kuwa 28-29/08/2013 bambaye amakanzu ahamya ko bemerewe gufata impamyabushobozi zabo.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu Parti Liberal (PL) ririzera abatuye akarere ka Musanze ko rizongera umuvuduko w’uko ibikorwaremezo byiyongera, igihe bazaba barihundagajeho amajwi mu matora y’abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Ubwo FPR-Inkotanyi yiyamamazaga mu karere ka Karongi mu murenge wa Bwishyura, tariki 29/08/2013, Chairman w’uwo muryango ku rwego rw’umurenge yavuze ko kwamamaza FPR ari ibintu byoroshye cyane kuko ibikorwa byayo byivugira.
Assistant Inspector of Police Narcisse Kagabo wayoboraga Police Station ya Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 29/08/2013 azize indwara.
Shangazi Rugina, wamenyekanye cyane mu Rwanda kubera gukunda imikino cyane cyane umupira w’amaguru, yitabye Imana ku wa gatatu tariki 28/08/2013 azize uburwayi.
Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Uganda Bebe Cool ari mu Rwanda aho aje gufasha Uncle Austin mu kumurika alubumu ye yise « Uteye Ubusambo ». Iki gikorwa kiraba kuri uyu wa 30/08/2013 i Gikondo kuri Expo Ground 18h00.
Umuyobozi w’ishyaka PS Imberakuri, Christine Mukabunani, avuga ko ishyaka rye riramutse ritorewe kujya mu nteko ishinga amategeko, ryasaba Leta ikazamura imishahara y’abarimu ikajyanishwa n’ibiciro biri ku isoko ndetse umwana wa mwarimu akajya yiga atishyura kuva mu mashuri y’incuke kugera muri Kaminuza.
Minisitiri w’Intebe wa Tanzaniya, Mizengo Pinda, yamenyesheje Inteko ishingamategeko y’icyo gihugu ko Perezida Kikwete yasabye Perezida Museveni wa Uganda ko yaba umuhuza akamushyikiranya na Perezida Kagame.
Nyuma y’urupfu rw’umuntu umwe abandi bagakomereka kubera ibisasu byarashwe mu mujyi wa Rubavu, kuri uyu wa 29/08/2013, ngo bitewe n’ingabo za Kongo ku bufatanye na FDLR, Leta y’u Rwanda yatangaje ko itacyihanganiye “ubwo bushotoranyi”, ikaba ndetse yohereje ibimodoka by’intambara 20 byo kwirwanaho.
Ubwo yafunguraga inama ihuje inganda z’icyayi zo mu karere ka Afurika y’uburasirazuba (EATTA) iteraniye i Kigali kuri uyu wa 29/08/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye inganda z’icyayi kongera umusaruro n’ubwiza bwacyo, zirengagije imbogamizi zifite.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko ingendo zo mu mujyi zigiye kurushaho gukorwa neza, nyuma y’aho kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 usinyaniye amasezerano y’imikorere n’amakompanyi atwara abagenzi.
Ishyaka rya Green Party rimaze iminsi ryemewe gukorera mu Rwanda riratangaza ko n’ubwo ritabashije kwitabira amatora y’abadepite azaba mu kwezi 09/2013, bafite ikizere cy’uko bazanitabira ay’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2017.
Bamwe mu banyamuryango b’ikipe ya La Jeunesse bavuga ko ikipe yabo izitabira shampiyona ya 2013/2014, bitandukanye n’ibyo umuyobozi wayo John Uwintwari yandikiye FERWAFA avuga ko ikipe abereye Umuyobozi itazakina shampiyona itaha ndetse ikaba yari yamaze gusimbuzwa Etincelles yari yaramanutse mu cyiciro cya kabiri.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball yegukanye umwanya wa cumi mu irushanwa ry’igikombe cya Afuruka (Afrobasket 2013), ririmo kubera i Abidjan muri Cote d’Ivoire.
Mukagatare Clemence, umupfakazi wo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma yemeza ko gahunda ya RPF-Inkotanyi ikangurira abagore kwigirira icyizere biteza imbere, yamuteye gukora ubuhinzi bw’urutoki bwa kijyambere bwatumye ajya gupiganwa ku rwego rw’isi.
Umwanzuro wo guhagarika GMC na NRD mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wafatiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Ngororero yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 28/08/2013 iyobowe n’umuyobozi w’Akarere, Ruboneza Gedeon.