Muri iyi minsi mu karere ka Ngororero haravugwa abayobozi bakorana n’abaturage mu kugurisha inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka ndetse n’amanyanga mu kwitura no gutanga izindi aho bivugwa ko hari abiturwa ataribo bari bakwiye guhabwa izo nka.
Ku bitaro bikuru bya Kiziguro biherereye mu Karere ka Gatsibo hatangijwe icyumweru cya Army week kizakorwamo ibikorwa bitandukanye bizibanda cyane ku buvuzi, aho abagana b’inzobere baturutse mu bitaro bikuru bya gisirikare i Kanombe bazavura abantu basigiwe ibikomere na Jenoside bikaba bitarakira.
Isomero ryashyizweho n’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (RTC) ishami rya Rubavu ku bufatanye n’Ambasade y’Amerika mu Rwanda, taliki ya 12/3/2014, ryizihije imyaka 2 ritangiye gukora mu kwigisha abaturage bo mu karere ka Rubavu Icyongereza no kubagezaho serivise bibashishikariza gusoma.
Abaturage bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bafatanyije n’abayobozi n’inzego z’umutekano batwitse urumogi rufite agaciro ka miliyoni zisaga enye n’imitego itemewe ya kaningini ikoreshwa mu kuroba amafi ifite agaciro ka miliyoni zisaga 65 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu kiganiro gito yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’inama y’umutekano yaguye y’Intara y’Amajyaruguru yabaye mu muhezo kuri uyu wa Gatatu tariki 12/03/2014, Guverineri Bosenibamwe Aime yavuze ko abantu bahungabanyaga umutekano mu Mujyi wa Musanze bafashwe.
Abana b’abakobwa 9531 bari mu kigero cy’imyaka 12 kugeza kuri 14 nibo bateganyijwe kuzakingirwa kanseri y’inkondo y’umura ikunda kwibasira abagore mu karere ka Bugesera.
Nyuma y’uko gucuruza urumogi ku mugaragaro byemejwe muri Leta ya Colorado (imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika), mu kwezi kwa Mutarama 2014, iyo Leta yinjije imisoro igera kuri miriyoni 3,5 z’amadorari.
Umuhanzi Adolphe Bagabo usanzwe azwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi muri iyi minsi ngo arimo gukora imyitozo myinshi, gusenga cyane no gushaka imyenda ya Afrobeat kugira ngo azabashe kwegukana umwanya mu bahanzi 10 bazakomeza mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya kane.
Bamwe mu baturage batuye mu gace gafatwa nk’umujyi wa Kayonza bavuga ko igishushanyo mbonera cyakorewe ako gace mu bijyanye n’imyubakire kitajyanye n’ubushobozi bwa bo, ndetse nyuma y’aho icyo gishushanyombonera gishyiriwe ahagaragara, ibikorwa by’ubwubatsi muri uwo mujyi byagiye bihagarara buhoro buhoro.
Umusore w’imyaka 16 witwa Niyonzima Claude wari utuye mu kagari ka Shangi mu murenge wa Shangi mu karere ka Rusizi yarohamye mu kivu ubwo yari yitwaye mu bwato wenyine kuri uyu wa gatatu tariki 12/03/2014 mu masaha ya saa sita z’amanywa aburirwa irengero.
Intore z’imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Comities) ziri mu iterero i Nkumba mu karere ka Burera, zirasabwa gukurikirana neza amasomo zizahabwa muri iryo torero kugira ngo azabongerere ubumenyi mu gukumira ibyaha bigenda bihindura uburyo bikorwamo.
Itsinda ricuranga mu bicurangisho gakondo rimaze kumenyekana ku izina ry’Ababeramuco, ryashyize hanze indirimbo yabo bise “Zaninka” ikaba ari indirimbo ya cyera y’umusaza Mushabizi basubiyemo, uyu musaza nawe akaba ari umwe mu bagize iri tsinda.
Uzamukunda Elias uzwi cyane ku izina rya ‘Baby’ ukina mu Bufaransa na Salomon Nirisarike ukina mu Bubiligi bavuga ko bamerewe neza cyane mu makipe yabo ariko ko bifuza kujya mu yandi makipe yo muri za shampiyona zikomeye kurushaho, kugirango nabo bakomeze gutera imbere.
Ubumwe nyarwanda bw’abatabona (RUB) bwakiriye igihembo gitangwa n’ikigo mpuzamahanga giharanira uburenganzira bw’abanyantege nke cyitwa Leitner Center, nk’ikimenyetso kibwira Leta y’u Rwanda ko iri mu nzira nziza yo guha uburenganzira bwinshi abafite ubumuga, kuko yashyizeho amategeko n’ibikorwa byo kubashyigikira.
Ikinyarwanda hamwe n’izindi ndimi zo mu bihugu bikikije u Rwanda zigiye gushyrirwaho komisiyo zizaba zishinzwe gushyiraho igenamigambi ryo kuziteza imbere, mu rwego rwo guhangana no kugira ngo zidakendera.
Umugabo witwa Bakundiki Benoit yafatiwe ahitwa mu Gahinga mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi afite ibiro magana atatu by’urumogi ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Abagore babiri barwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata mu karere ka Bugesera, bamaze imyaka igera ku icumi barwaye kanseri y’inkondo y’umura ariko mbere y’uko babimenya babwirwaga ko ari amarozi.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite ikirango RAB 383 L, yakoze impanuka ahitwa Ndatemwa mu murenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo, abantu batatu bahasiga ubuzima, abandi umunani barakomereka bikomeye mu gitondo cyo kuwa 11/03/2014.
Ubwo abatuye akarere ka Nyagatare bakiraga urumuri rw’icyizere rutazima kuri uyu wa 11/03/2014, bibukijwe ko kubaka Ubunyarwanda bikwiye gushingira ku mateka kuko ari byo bitanga ikizere ko Jenoside itazongera kuba ukundi.
Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki gakondo, Cecile Kayirebwa mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 amaze muri muzika, yateguye igitaramo yifuje ko kizabera mu gihugu cye cy’u Rwanda ari nako azaba ari kumwe n’abandi bahanzi b’ibyamamare nabo muri iyi njyana ya Gakondo.
Harerimana Jean Bosco bahimbaga Buyondori wari utuye mu kagari ka Murundi ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza yitabye Imana tariki 10/03/2014 ku buryo butunguranye, abaturage bakaba bakeka ko yaba yishwe n’inzoga yitwa Super Gin, benshi bita Suruduwire.
Umwiherero w’abayobozi bakuru wasojwe ku wa mbere tariki 10/03/2014 wafashe imyanzuro itandukanye irimo uwo kwimurira ibikorwa by’ubwishingizi bw’ubuvuzi (mituweli) mu kigo cy’ubwiteganyirize cya RSSB. Ministiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni yatangaje ko ibyo bizorohereza buri muturage kubona imiti.
Bamwe mu bafatanyabikorwa ba Leta bashatse uburyo abana b’abagore bafungiye muri gereza ya Muhanga bafatwa neza aho kugirango bakomeze kubana na ba nyina amasaha yose.
Immaculee Mukambabazi; ukomoka mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, amaze imyaka 10 afungiye muri gereza ya Muhanga akaba avuga ko ababazwa n’uko umuryango we wamutereranye kuva yagafungirwa muri iyi gereza mu mwaka wa 2004.
Umwuga wa Polisi ni umwuga w’ishema utuma amategeko yubahirizwa, bityo abawukora na bo barasabwa kuwukorana ubunyamwuga buhanitse barangwa n’ubunyangamugayo ndetse n’Ubunyarwanda kugira ngo babere abandi urugero rwiza.
Abaturage bo mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bitabira gukingiza abana mu buryo bushimishije kuko bamaze kumenya ibyiza byo gukingiza abana, umwana wahawe inkingo zose ngo akaba atarwaragurika.
Kuri sitasiyo ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Hagumakubaho Jean Bosco w’imyaka 30 y’amamavuko nyuma yo gufatwa akorera mugenzi we ikizamini cyo kubona impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Kuva tariki 11 Werurwe 2014 mu Rwanda hatangijwe icyumweru cyahariwe umubyeyi n’umwana aho abana bafite amezi atandatu kugeza kuri 59 barimo guhabwa Vitamine A n’ikinini cy’inzoka naho abakobwa bafite kuva ku myaka 12 kugeza kuri 14 y’amavuko bagahabwa urukingo rwa kanseri y’inkondo y’umura.
Imvura nyinshi yaguye tariki 7 Werurwe 2014 ivanze n’umuyaga ukomeye byashenye inkambi z’impunzi binangiza ibikoresho mu nkambi irinzwe n’ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni muri Sudani y’Epfo.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore , ababyeyi byumwihariko abagore basabwe kwita ku burere bw’umwana banasabwa gushirika ubwoba bakajya baganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere.
Mu gihe abahanzi 15 mu muzika bitegura igitaramo kizajonjorwamo abahanzi 10 bazakomeza mu irushanwa Primus Guma Guma Super Star 4, umuhanzi Eric Senderi uzwi nka “International Hit” avuga ko naramuka yinjiye muri aba 10 nta kizamubuza guhita ashaka umugore.
Bamwe mu baturage b’akagali ka Kanyonza umurenge wa Matimba akarere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi kubakemurira ikibazo cy’imvubu zabaciye ku guhinga indi myaka bagasigara ku masaka gusa.
U Rwanda nirwo rwakiriye inama Nyafurika yizihiza isabukuru y’imyaka 10 muri Afurika hatangijwe gahunda y’imiyoborere myiza. N’ubwo u Rwanda rushimirwa intambwe rugezeho, rwo rusanga hakiri byinshi bikenewe gukorerwa abaturage mu buyobozi.
Mu ijoro rya tariki ya 09/03/2014, imodoka yo mu bwoko bwa VW Golf yageze ahitwa Kabutare mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango, ikora impanuka igonga abantu bane ariko nta wahasize ubuzima.
Nyuma yo kwica umugore we bashakanye akoresheje umuhoro, Mugabonkundi Epimaque wo mu kagali k’Amahoro mu murenge wa Mimuri akarere ka Nyagatare ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu.
Nubwo hari abagaya imyambarire y’abakobwa bavuga ko bambara ubusa bikaba n’intandaro yo gufatwa ku ngufu rimwe na rimwe, hari n’abavuga ko n’uko abahungu bambara bitari shyashya. Ku bw’iyi mpamvu rero, ngo ntihakwiye kugawa abakobwa gusa hatarebwe n’abahungu.
Umugabo witwa Ntakirutimana Isac afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba nyuma yo gufatanwa ibiti by’imishikiri abijyanye mu gihugu cya Uganda.
Kwibuka imiryango yazimye ku rwego rw’igihugu bizaba ku nshuro ya gatandatu tariki 19/04/2014 ku Rwibutso rwa Busogo ruherereye mu Karere ka Musanze.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Nyanza barishimira ko bashyiriweho itegeko ribarengera mu gihe hari ubahohotera cyangwa akabakorera icyaha cy’ivangura.
Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu washojwe kuri uyu wa mbere tariki 10/03/2014, wafatiwemo ingamba zo kongera umusaruro, gushyigikira no guteza imbere ishoramari; ku buryo urwego rwa Leta ruzateza igihombo umushoramari rugomba kubyirengera.
Abagore bo mu nkambi ya Kigeme icumbikiye Abanyekongo baratangaza ko bamaze gusobanukirwa n’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore, ndetse n’uruhare rwabwo mu iterambere ry’ingo.
Nyuma y’imyaka igera kuri ine akarere ka Rubavu kubaka isoko rya kijyambere ariko ntirishobore kurangira, inama njyanama y’akarere yemeje ko iryo soko ryegurirwa abikorera kugira rishobore kurangira, ariko ube n’umwanya wo gushishikariza abikorera kubaka ibikorwa remezo.
Abanyamahanga baba mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 10 Werurwe, batangiye kubarurwa no gufotorwa kugira ngo bahabwe icyangombwa kibemerera kuba mu Rwanda (Green Card).
Umufaransakazi Pascale Lienard yabwiye “ndemeye” umukunzi we Micheal wari umaze imyaka ibiri yitabye Imana.
Ubumenyi budahagije mu gutegura imishinga ni kimwe mu bizitiye urubyiruko mu karere ka Bugesera mu kubona inguzanyo mu bigo by’imari kuko umwaka ushize hafi 1/3 cy’imishinga y’urubyiruko yari yashyikirijwe ibigo by’imari ariyo yonyine yabonye inguzanyo nyuma yo kwishyingirwa na BDF.
Intumwa yihari ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Senateri Russ Feingold, yatangaje ko u Rwanda rudakwiye gushyikirina na FDLR ahubwo igomba kurwanywa kandi mu gihe cya vuba amahoro akagaruka mu karere.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu gasantere gaherereye mu murenge wa Gakenke akagari ka Rusagara barinubira uburyo ibisambo bikomeje kugenda byibasira bimwe mu bicuruzwa byabo mu gihe baba batashye bavuye ku kazi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bavuga ko bangirwa kuvurwa iyo hari umwe mu bagize umuryango uba ataratanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza rimwe na rimwe bitewe nuko aba yaragiye gushakira ubuzima mu ibindi bice by’igihugu.
Nemeyimana Jean Bosco w’imyaka 30 y’amavuko arafunzwe nyuma yo gufatanwa litiro imwe n’igice z’inzoga ya kanyanga ndetse n’urumogi ikiro n’igice abicuruza mu kabari ke kari mu mudugudu Karutabana mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera.