Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bwa Leta muri uwo murenge mu gikorwa cyo kwimura abantu batishoboye batuye ahantu habi hateza impanuka (High Risk Zone).
Ubwo yatangizaga uruganda rutunganya imbuto z’ibigori, ubuhinikiro bw’imyaka, n’ahateranirizwa imashini z’ubuhinzi kuri uyu wa gatanu tariki 23/8/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye ashimitse abashoramari n’abahinzi kongera umusaruro w’ibiribwa, bashingiye ku bumenyi bafite.
Abantu 16 bari mu maboko ya Polisi bakurikiranweho kwangiza ibidukikije batema ishyamba nta burenganzira, ndetse banatwika amakara mu ishyamba rya gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Umurambo w’umukobwa w’imyaka 27 witwa Dusabe Elisabehte wari usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu murenge wa Gihundwe mu kagari ka Kamatita watoraguwe mu kiyaga cya Kivu kuwa 22/08/2013, saa cyenda aho abaturage bawubonye ugeze mu murenge wa Nkaka mu kagari ka Kangazi.
Nyuma y’impfu zitunguranye zimaze iminsi ziboneka mu karere ka Gicumbi, inteko rusange y’ako karere yashishikarije abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango izo mpfu zishireho burundu.
Scanner ifotora ibintu bitari impapuro bikaza bifite impande zabyo zose (3D Scanner), yitwa The Makerbot Digitizer ikaba igura amadolari y’America 1.400 (850.000FRW). Izatangira kujya ku isoko mu ntangiriro z’Ukwakira.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda ryitwa "Swagga Slow” ribarizwa mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, bahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko bakoresheje impano bifitemo yo kuririmba.
Abanyenshuli 44 basoje amasomo y’igihe igito (short courses) mu gutunganya imitsima (Kitchen technology), gutunganya ibyo kurya ( Food Production) bahabwaga muri ES Jill Barham ku nkunga y’ikigo cy’igihugu giteza imbere ubumenyingiro (WDA).
Nyuma y’aho umutoza wa Rayon Sport atangarije ko akeneye abakinnyi babiri bakina ku busatirizi, iyo kipe irimo kugerageza ba rutahizamu babiri Ngunga Robert na Cyubahiro Jacques uwo bazashima akazahita asinya amasezerano.
Koperative y’abahinzi b’ibitoki bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe, kuri uyu wa 22/08/2013, batanze inkunga y’ibitoki ingana na toni cumi n’eshanu na kilogama 600 mu rwego rwo gufasha Abayanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, Umucuruzi wa boutique n’inzoga witwa Niyigena Theophile yatawe muri yombi na Polisi imusanganye magendu y’amakarito 25 y’inzoga ya African Gin.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu rukerera rwa tariki 23/08/2013, wataye muri yombi indaya 5, inzererezi 4 n’abacuruzi b’ibikwangari 7.
Abantu batandukanye barimo n’abashinzwe umutekano mu muhanda bavuga ko uburyo inka zitarwa mu mamodoka cyane cyane zijyanwe ku masoko Atari bwiza kuko bushobora no guteza impanuka.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge iratangaza ko kwiyunga kw’Abanyarwanda bikibangamiwe na bamwe mu Banyarwanda baba mu mahanga, bavuga amagambo mu bitangazamakuru yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana yataye mui yombi umugabo w’imyaka 37 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine bari baturanye mu murenge wa Munyaga aho muri Rwamagana.
Umugabo witwa Nkerabigwi Theogene w’imyaka 35 afungiye kuri station ya Police ya Rusatira mu karere ka Huye hafungiye azira guhinga urumogi mu murima w’imyumbati, akavuga ko yabitewe no kuba yarabwiwe ko ruvamo amafaranga menshi.
Abapolisi baturuka mu bihugu 12 by’Afurika barahabwa impamyabumenyi kuri icyi cyumweru tariki 25/08/2013, mu ishuri rikuru rya police riherere ye mu karere ka Musanze, nyuma y’umwaka umwe bakurikira amasomo muri iri shuri.
Abanyamakuru bo mu Rwanda no mu Burundi barahamagarirwa gukangurira abaturage guhindura imyumvire ku mihindagurikire y’ibihe n’ihungabana ry’ibidukikije.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye batishoboye, tariki 22/08/2013, bashyikirijwe impano y’amakarita y’ubwisungane mu kwivuza n’intumwa za Caisse d’entraide yo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR).
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, yasabye abanyeshuli barangije kwiga amasomo y’ubumenyingiro mu mategeko mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ( ILPD) riri mu karere ka Nyanza kuba inyangamugayo.
Mu biganiro mpaka ku mikorere y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byahuje amwe mu mashuli y’icyitegererezo yo mu Ntara y’Amajyepfo, GS Mater Dei yo mu karere ka Nyanza yatsinze GS Notre Dame de Lourde yo mu karere ka Ruhango.
Kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013, abahanzi Ama-G The Black, Rafiki, Lil G na bagenzi babo bazataramira abakunzi babo muri Zaga Nuty Club ku Kimisagara imbere ya Maison des Jeunes.
Abaturage bo mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga batoraguye umurambo w’umugabo wishwe akajugunywa mu mugezi wa Nyabarongo.
Abaturage bajya gusaba serivisi mu Murenge wa Gasaka wo mu Karere ka Nyamagabe baratangaza ko babona imitangire ya serivisi muri uyu murenge ari myiza ngo kuko bakirwa neza kandi ibyifuzo n’ibibazo byabo bikakirwa bikanashakirwa ibisubizo.
Igisasu cyo mu bwoko bwa roquette cyaguye mu kagari ka Busigari Umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu saa saba n’igice zo kuri uyu wa kane tariki 22/08/2013 cyangiza ubwiherero bw’umuturage.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubuyapani ibinyujije mu kigo cyayo gistinzwe ubufatanye mpuzamahanga (JICA) yamurikiye guverinoma y’u Rwanda aho igeze ivugurura station y’amashanyarazi ya Musha mu karere ka Rwamagana, igikorwa cyizatwara akayabo ka miliyoni zisaga 30 z’amadolari ya Amerika.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philibert, arasaba Abanyarusizi ko nta terambere rigerwaho hatari ikorabuhanga kimwe nuko utamenya iby’ahandi utifashishije ikoranabuhanga kuko nta kanyoni kamenya iyo bweze katagurutse none ubu byaroroshye ntibazongera ku jya kure bazajya babikorera iwabo (…)
Impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yatangije umushinga ukomeye wo gusaba abacamanza kutazongera guhanisha abajura igihano cyo gufungwa ngo kuko ntacyo cyimarira uwibye n’uwibwe ndetse ngo bigahombya n’abaturage muri rusange.
Umugore witwa Musabeyezu Delphine uturuka mu karere ka Ruzisi atanga ubuhamya avuga uburyo ngo yumva ubu amerewe neza mu mubiri nyuma yo kuvurirwa kanseri y’ibere mu bitaro bya Butaro biherereye mu karere ka Burera.
Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe Jewoloji na Mine mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere (RNRA), Dr Biryabarema Mike arashima intambwe imaze guterwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu karere ka Nyamasheke kuko abacukuzi bamaze kuva mu bucukuzi gakondo bakaba bakora ubujyanye n’igihe.
Abanyamurenge bari mu Rwanda ndetse no mu Burundi bakomeje kurega Agatho Rwasa washinze ishyaka FNL PALIPEHUTU ryo mu gihugu cy’u Burundi ko aribo bishe Abanyamurenge bari barahungiye i Gatumba muri iki gihugu gihana imbibi n’u Rwanda.
Umusore wo mu gasantire ka Mubuga (umurenge wa Mubuga) mu karere ka Karongi, kuri uyu wa kane tariki 22/08/2013, nyuma ya sasita ngo yanywanye ubusambo PRIMUS nshya ya BRALIRWA none ari mu bitaro byo kuri Ngoma.
Inshuti mu buzima (Partners in Health) basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe babagezaho inkunga y’amafaranga miliyoni 6 n’ibihumbi 431 azafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ikipe ya volleyball yo muri GS Indangaburezi, iya handball yo muri ES Kigoma, iya rugby n’iya handball zo muri ET Mukingi, kuri uyu wa 22/08/2013, zihagurutse mu karere ka Ruhango aho kwitabira irushanwa rya FEASSSA rizabera mu gihugu cya Uganda
Abatuye ahazubakwa ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera bo mu murenge wa Ririma mu tugari twa Karera, Ntarama na Kimaranzara baratangaza ko kuba batagira irimbi ribegereye bituma abageze mu za bukuru batabasha guherekeza ababo mu muhango wo gushyingura.
Mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa 22 Kanama 2013, mu mudugudu wa Mukwiza, Akagari ka Gatsibo, Umurenge wa Gatsibo, mu karere ka Gatsibo, inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka hapfiramo abantu batatu.
Ishyamba rya Leta riherereye ku musozi wa Nyagitongo mu mudugudu wa Nyagahinga mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ryahiye tariki 20-21/08/2013 biturutse ku batwikaga amakara, umuriro utwika ahagera kuri hegitari eshatu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Emma Francoise Isumbingabo, avuga ko u Rwanda rufite gahunda ko mu mwaka wa 2017 buri Munyarwanda azaba abasha kubona amazi meza mu ntera itarenze metero 500.
Nyuma y’imyaka 15 ishuri rya E.S.Mutendeli ritagira amazi, itorero rya Anglican church ryirwa St John’s Killleagh ryo mu Bwongereza ryatanze inkunga yo kugeza amazi muri iryo shuri binyuze muri EAR Diyosezi ya Kibungo.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball kuri uyu wa gatatu tariki 21/8/2013 yatsinze iya Burkina Faso mu mukino wayo wa mbere mu irushanwa ry’igikombe cya Afurika (Afrobasket 2013), ririmo kubera i Abidjan muri Cote d’Ivoire.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko nta ngamba zikarishye zifatiwe itabi, uhereye ubu kugeza muri 2030, abapfa bishwe n’itabi bazaba barenga miliyoni 8 buri mwaka ku isi, naho kandi 80% muri bo bakaba ari abo mu bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere.
Nyuma yo gukora iperereza ryimbitse ku cyaba cyaratumye Nyirangenzehayo Clementine w’imyaka 33 y’amavuko abyara abana 5 tariki 09/08/2013 bagahita bapfa, basanze uyu mubyeyi yarabanje kunyura mu bapfumu avuga ko yarozwe bitewe n’ubunini bw’inda yari afite.
Umusore witwa Hitabatuma Jean Baptiste afungire kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, nyuma yo gufatanwa udupfunyika 1887 tw’urumogi ubwo yari arujyanye i Kigali aruvanye mu karere ka Rubavu.
Abanyarwanda 21 baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania, kuri uyu wa 20/08/2013 bagejejwe mu karere ka Ngoma muri gahunda yo kubahuza n’imiryango yabo.
Nyuma y’amezi atatu uwari perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Huye yeguye, uyu munsi tariki 21/08/2013 yasimbujwe umushyashya ari we Reverend Pasteur Dr. Ndikumana Viateur.
Impuguke mu bijyanye n’umutungo kamere ziteraniye i Kigali, kuva kuri uyu wa 21/08/2013, zarebeye hamwe uburyo hashyirwaho ikarita imwe yo kurengera no gucunga umutungo kamere.
Abasore babiri bavukana Mboneye Fidele na Patrick Mazimpaka bamaze gutera imbere mu muziki n’ubwo bafite uburwayi bw’uruhu rwera bamwe bakunze kwita Nyamweru.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aravuga ko uburyo Abanyarwanda babanye muri iki gihe ari umusaruro w’intambwe igihugu cyafashe mu kubaka ubutabera.
Abagabo babili bo mu turere twa Rutsiro na Rubavu bafungiye kuri station ya Police mu karere ka Karongi, nyuma yo gufatwa bagerageza gukora ibizamini by’uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga bakoresheje impunshya z’agateganyo z’impimbano.