Umugabo w’imyaka 38 witwa Samson utuye mu Karere ka Bagamoyo mu Ntara ya Pwani muri Tanzaniya yatawe muri yombi nyuma yo gukora amahano arongora umwana w’umukobwa w’imyaka 8 amugira umugore wa kabiri.
Umukobwa ukomoka i Musambira mu karere ka Kamonyi, wigaga mu ishuri rikuru rya Kabgayi (ICK) riherereye mu mu mujyi w’akarere ka Muhanga yagiye gusura umusore wari fiyansi we maze aza kuhakurwa yashizemo umwuka.
Ubwo ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri munyarwanda (Parti Liberal) ryatangiraga gahunda yaryo yo kwiyamamaza, tariki 26/08/2013, abarwanashyaka baryo basobanuriwe ko igihugu kitatera imbere kiyobowe n’ishyaka rimwe.
Hamaze iminsi havugwa amakuru y’ubukwe bwaba bwenda kuba bwa Knowless na Clement ariko aba bombi barabihakana.
Ku wa gatandatu tariki 31/08/2013 muri Sport View Hotel hazerekanwa imideli izagaragaramo imyambaro y’Abanyarwanda ba cyera cyane mu gihe bambaraga ishabure.
Inzego za polisi mu gihugu cya Argentine zatahuye ko hari abacuruzi b’ibiyobyabwenge bari barigishije inyoni z’inuma kujya zitwara urumogi zikarugemurira abanywi barwo mu duce twa kure batagize aho bahurira n’inzego z’umutekano.
Mu isambu y’umuturage witwa Kamegeri mu kagari ka Burima umurenge wa Kinazi, tariki 26/08/2013 hatoraguwe imibiri y’abantu bane batazwi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya La Jeunesse bwatangaje ko ikipe yabo itazitabira shampiyona y’uyu mwaka izatangira tariki 21/09/2013, kubera ko ari nta mikoro ifite, nyuma y’aho sosiyete yitwa Tinco yayiteraga inkunga isheshe amasezerano bari bafitanye.
Umushinwa witwa Dong Hai amaze imyaka 30 afungiye mu kazu gato kameze nk’umwobo yafungiranywemo n’ababyeyi be mu mwaka wa 1983 ubwo ngo bamubonagaho indwara idasanzwe kandi ibitaro by’iwabo bikanga kumwakira ngo bimuvure.
Kuri uyu wa kabiri tariki 27/08/2013, ikipe y’u Rwanda ya Basketball irakina na Senegal muri 1/8 cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika (Afrobasket 2013) irimo kubera i Abidjan muri Cote d’ivoire.
Mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida-depite b’ishyaka PSD cyatangiriye mu karere ka Gicumbi tariki 26/08/2013, abayobozi b’iryo shyaka batangaje ko muri manda yaryo ya 2013 -2018 bazubaka umuhanda Nyagatre-Gicumbi.
Abapfakazi ba Jenoside bibumbiye mu muryango AVEGA Agahozo mu ntara y’Uburengerazuba barizezwa ko ibibazo bagifite bizakemuka kuko uwo muryango ugifitanye umubano mwiza n’abaterankunga; nk’uko byemezwa na Mukandori Dancile, Visi Prezidante wa AVEGA ku rwego rw’igihugu.
Nyuma yo gutsindwa n’amakipe yose uko ari ne yari kumwe nayo mu itsinda, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yasezerewe mu mikino y’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Inkongi y’umuriro yafashe ibiro by’ubutaka by’intara y’Uburasirazuba mu ijoro rishyira tariki 15/08/2013, nta byangombwa bikomeye yangije nk’uko bivugwa na Mukunzi Augustin Emmanuel, umubitsi wungirije w’impapuro mpamo z’ubutaka mu ntara y’uburasirazuba.
Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) ngo igiye guteza imbere ikoranabuhanga mu myigishirize ku buryo buri munyeshuri uzajya ayigamo azabasha kugira mudasobwa ye (laptop) kandi akaba afite ubumenyi bwo kuyikoresha, bityo bikazazamura ireme ry’uburezi ku bahavoma ubumenyi.
Muri kampanyi yo kwiyamamaza kw’abakandida-depite yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 26/08/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wifatanyije na FPR-Inkotanyi mu karere Kamonyi yavuze ko uyu muryango abereye umuyobozi, uzakomeza kuba moteri idakwama y’iterambere n’imiyoborere myiza by’u Rwanda.
Karekezi Olivier wari kapiteni w’ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yahagaritse burundu kuyikinira nyuma y’imyaka 13 yari ayimazemo kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri uyu mwaka wa 2013.
Umukecuru witwa Tindimuma Salme w’imyaka 58 wari utuye mudugudu wa Kirimbi, akagari ka Gihanga, umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi yiyahuye akoresheje umugozi.
Umukozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana ushinzwe ubushakashatsi kuri politike zigamije imibereho myiza, arashima uburyo Leta y’u Rwanda yahurije hamwe gahunda zigamije kurengera abatishoboye.
Abagabo babiri bo muri Kenya bisanze bakunda umugore w’umupfakazi umwe utuye mu Ntara ya Mombasa bananirwa guharirana bafata umwanzuro wo kumutunga bombi bakazanafatanya kurera abana bazabyara.
Muri gereza ya Rilima iri mu karere ka Bugesera haravigwa ubushyamirane hagati y’abagororwa n’abacungagereza, ubwo bushyamirane bukaba bwaraturutse kuri sharijeri ya telefone igendanwa.
Abanyarwanda bongeye gusubira gukorera i Goma nyuma y’ubwoba bwinshi batewe n’imyigaragambyo yabaye taliki 24/08/2013 ikagira n’Abanyarwanda ihitana.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo- Kinshasa (MONUSCO) zirashinjwa urupfu rw’abanyekongo babiri bitabye imana barashwe mu myigaragambyo yabaye tariki 24/08/2013.
Bamwe mu batuye mu karere ka Muhanga barasaba Leta ko yashyiraho ikigo ngororamuco cy’abakobwa b’inzererezi kuko nabo bamaze kurembya Abanyarwanda benshi.
Umusaza w’imyaka 68 witwa Ntahungakaje Anastase yiyahuye yishyize mu kagozi arapfa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 25/ 08/2013, bikekwa ko yabitewe no kurambirwa no kubana n’ubwandu bwa Sida.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye arasaba abana b’abakobwa kwirinda abagabo n’abasore bagamije kubashora mu ngeso z’ubusambanyi ahubwo bakubaka ejo hazaza habo.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igiye gutangiza uburyo bwo gutanga amakuru byibura mbere ho amasaha atatu, ku mvura ishobora kugwa cyangwa ibiza bishobora kwitura ku baturage.
Abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bayobowe na Senateri Graham Lindsey bageze mu Rwanda kuri icyi cyumweru taliki 25/08/2013 mu rugendo bagirira mu karere haganirwa ku cyatuma umutekano ugaruka mu karere k’ibiyaga bigari.
Ndayisabye Jean Claude w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi, tariki 24/08/2013, ubwo we n’undi mugabo utarafatwa bari bamaze gutekera umutwe umugore bakamwambura amafaranga ibihumbi 320 bamubwira ko bamujyanye mu mushinga w’abantu b’Imana (…)
Abanyeshuli b’abahungu bane biga mu kigo cy’ishuli ryisumbuye rya Collège Saint Emmanuel Hanika mu karere ka Nyanza polisi yabafatiye mu rugo rw’umuturage ariho barimo kunywera ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Abanyeshuri 6 biga mu ishuri rya Groupe Scolaire Rusororo i Gitwe mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batewe n’indwara yo kwishimagura kuri icyi cyumweru tariki 25/06/2013, aho umwe yamufashe ubundi nawe ayanduza abandi.
Abantu bataramenyekana bibye Miliyoni zisaga 10 muri koperative umwalimu-sacco yo mu karere ka Huye ndetse bica n’uwari ushinzwe kuharinda witwa Kabandana J.Bosco.
Mukabaziga Dativa w’imyaka 60 wari utuye mu murenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara nyuma y’iminsi itatu ataboneka, abaturanyi bamubonye mu nzu yarishwe, mukeba we bari baturanye batumvikana akaba yemera icyaha cyo kuba yaramwicishije atanze amafaranga ibihumbi 30.
Abakandida bari ku rutonde rw’abazatorerwa kujya mu nteko ishingamategeko, baratangira kwiyamamaza guhera tariki 26/08/2013 kuzageza tariki 15/09/2013.
Umwanditsi w’urukiko rwihariye rwashyiriweho igihugu cya Sierra Leone, Madamu Binta Mansaray, yatangaje ko ibyo abanya Sierra Leone umunani bafungiye mu Rwanda bahabwa birenze ibyo bari bagenewe.
Abajura batabashije kumenyekana bacukuye mu rukuta rw’inzu y’umucuruzi witwa Kamana Martin mu cyumweru gishize binjiramo batwara ibyuma bya muzika, televiziyo, inzoga z’amoko atandukanye n’inyama z’ihene, byose hamwe bifite agaciro k’ibihumbi 227.
Koperative Girisuku Color yo mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati yahawe inguzanyo na VUP ingana na miliyoni imwe n’ibihumbi 725, ariko bamwe mu banyamuryango baza gutahurwa bamaze kubikuza rwihishwa abarirwa mu bihumbi 800.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ararega umuturage akaba n’umucuruzi mu kagali ayobora ko yigomeka ku buyobozi bw’akagali ndetse akanamwangisha abaturage n’abayobozi bamwe na bamwe.
Umurenge wa Busoro ubarizwa mu gice cyitwa icy’amayaga ukaba ari n’umwe mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza waje ku isonga mu kuba imihigo yose wiyemeje yaragezweho mu mwaka wa 2012-2013 hitawe kuri gahunda Guverinema y’u Rwanda igenderaho.
Havumbuwe porogaramu izakoreshwa muri telefoni zigendanwa, umuntu akamenya aho umukunzi we aherereye, akamenya ubutumwa bugufi (SMS) yohererezanya n’abandi ndetse akaba yanabasha kumva ibyo avugana n’abo bari kumwe igihe baganira.
Ingabo zigize itsinda rya Joint Mechanism Verification (JMV) kuri iki cyumweru taliki 25/08/2013 ryasuye ahatewe ibisasu mu karere ka Rubavu bivuye muri Congo kugira ngo bazagaragaze niba byararashwe n’ingabo za Congo cyangwa niba byararashwe na M23.
Abapolisi bakuru 28 baturuka mu bihugu 12, byo muri Afurika, harimo n’u Rwanda, bahahawe impamyabumenyi mu ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherere ye mu karere ka Musanze, nyuma y’umwaka umwe bakurikirana amasomo muri iryo shuri.
Mu mukwabo wakozwe na Polisi mu karere ka Ruhango mu gitondo cya tariki 24/08/2013, hafashwe imodoka 15 zirafungwa n’izindi 11 zafatiriwe ibyangombwa ndetse hanafatwa moto imwe nayo irafunze.
Umuhanzi Jean Paul Murara umaze kumenyekana cyane mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) bo mu idini Gaturika, ku wa kabiri tariki 27.8.2013, azashyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ndabyemeye” iri kuri alubumu ye “Nzaririmba”.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’epfo (UNMISS) ryambitse imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda zo muri batayo ya kabiri irwanira ku butaka, hamwe n’umutwe wa 85 w’ingabo zirwanira mu kirere, kuri uyu wa gatanu ushize tariki 23/8/2013.
Abagore 26 bahatanira kuzatorwamo abadepite 6 bazahagararira intara y’Iburasirazuba mu nteko ishinga amategeko bahawe amabwiriza y’uko bazitwara mu gihe cyo kwiyamamaza no mu matora nyirizina kandi berekwa abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano banabasaba kuzabafasha mu buryo bwemewe n’amategeko.
Mu gihe cy’impeshyi usanga abantu bakora umurimo w’ubuhinzi badafite icyo bakora kuko haba hariho izuba ryinshi . Bamwe mu bagore bo mu karere ka kamonyi , baturiye uruganda rutunganya kawa rwa sosiyete C.DORMAN Rwanda bahitamo kuhasaba akazi ko kujonjora kawa ;bikabafasha kubona amafaranga yo kugura ibyo bakeneye.
Abaturage bo mu murenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza bavuga ko bizeye iterambere mu gihe kiri imbere bazagezwaho n’umushinga Higa Ubeho bazaniwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Young Women Christian Association (YWCA).
Kuwa gatanu tariki 23/8/2013 mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo guhemba no gushimira abantu bose cyangwa ibigo byateye inkunga mu gutanga amafranga mu kigega Agaciro Development Found.
Mu gihe abanyeshuri bari barabujijwe gutunga ama telephone, ubu noneho Ikigo cy’itumanaho cya MTN cyabagombotse kibaha ubundi buryo bazajya bifashisha kugirango babashe kuvugana n’imiryango yabo.