Mu rwego rwo guhugurira abacungagereza kuba abanyamwuga mu kazi bakora, kuri uyu wa 01 Ukwakira abakorera mu Ntara y’Amajyepfo batangiye amahugurwa arebana n’amasomo y’uburinzi bwo ku rwego rwo hejuru bateguriwe n’urukiko rwihariwe rwashyiriweho Sierra Leone.
Kuva ku wa Mbere, tariki 30/09/2013, abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke bahinduriwe imirenge bayobora (mutation) ku buryo nta wongeye kuyobora umurenge yari asanzwemo.
Dukuze Fiston w’imyaka 9 y’amavuko yaturikanywe na gerenade ubwo yavaga kwiga mu gihe cya saa cyenda z’amanywa tariki ya 30/09/2013 iramukomeretsa cyane.
Roberto Manchini wigeze gutoza ikipe ya Manchester City mu Bwongereza yatangaje ko ubu igiye gutoza ikipe ya Galatasalay mu gihugu cya Turukiya mu gihe cy’imyaka 3.
Kabera Pierre Celestin w’imyaka 45 wo mu murenge wa Mudende yitabye Imana azize inkuba. Inkuba kandi mu kagari Kanyundo yakubise inka 4, inzu 3 zo mu kagali ka Ndoranyi zivaho ibisenge naho inzu imwe irasenyuka kubera kurengerwa n’amazi y’iyi mvura yanangije imyaka.
Sibomana Emile yafatiwe mu mujyi wa Gisenyi taliki 29/9/2013 afite amafi yaboze yakuye i Kigali aje kuyacuruza mu mujyi wa Gisenyi nyuma y’uko uburobyi buhagaze mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abili.
Niyonshuti Emmanuel umushoferi w’imodoka y’akarere ka Ngoma yahembwe terefone igezweho yo mbwoko bwa Samsung Galaxy ndetse anahabwa igare na na radio na ceretificat y’ishimwe kubera ubushake n’umuhate yakoranye mu mirimo ye mu gihe cy’umwaka w’imihigo 2012-2013.
Abihayimana bo muri diyosezi Gatulika ya Cyangugu mu Rwanda, abo muri arkidiyosezi ya Bukavu na diyosezi ya Uvira muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo barungurana ibitekerezo ku buryo akarere k’ibiyaga bigari karushaho kurangwamo amahoro n’ubworoherane.
Ahagana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo zo kuwa 30/09/2013, Ndayisabye Isae yafatanywe inyama z’inka ebyiri yaraye abaze mu buryo butemewe n’amategeko agiye kuzigurisha aho bacururiza inyama i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Butera Jeanne uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless yashyize hanze indirimbo nshya yise “Baramushaka”, ikaba ari indirimbo isa n’iyiyama abakobwa baba bashaka gusenya urukundo rw’abikundaniye.
Félicien Mashema w’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gisozi, akagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo acukura amabuye y’agaciro rwihishwa tariki 28/09/2013.
Mu mpera z’uyu mwa wa 2013 nibwo hategwanyijwe itangira ry’ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu karere ka Burera, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Umugore ukora akazi k’uburaya mu Mujyi wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yadukiriwe n’umugabo witwa Heka Francois arakubita arangije amujyana mu mugezi kumwinikamo kugira ngo amuhe terefone ye ngo yamwibye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 30/09/2013, ku Bitaro by’i Nemba hatashywe One Stop Center izita ku bantu bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ikazatanga serivisi zose bakenera mu gihe mbere basiragiraga.
Umuryango Transparency International Rwanda utangaza ko abantu bagera kuri 27,1% banga gutanga ruswa kuko baba babona ko ntacyo byahindura, nk’uko ubushakashatsi uwo muryango wakoze bubigaragaza.
Abanyarwanda batandatu bari mu gihugu cya Congo mu mutwe wa FDLR hamwe n’umunyarwanda wari mu gisirikare cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo taliki 30/9/2013 bavuga ko barambiwe kubaho mu muzima butari bwiza kandi mu gihugu cyabo hari umutekano.
Umuryango w’ubukungu mu bihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) ugiye kugabanya ibibazo abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo hubakwa amasoko azaborohereza ingendo.
Abajura bibye inka mu ijoro rishyira tariki 30/09/2013 barangije barayibaga nyuma bayiteshwa n’abazamu ndetse n’irondo ryo mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Ikipe ya Gicumbi Handball Club, ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, nyuma yo kwitwara neza imbere ya Kigoma Handball Club ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Saido Berahino, rutahizamu w’umurundi ikinira ikipe ya West Bromwich Albion yatangiye kurambagizwa n’amakipe akomeye i Burayi, nyuma yo kwigaragaza ubwo yatsindaga igitego kimwe muri bibiri iyo kipe yatsinze Manchester United ku wa gatandatu tariki 28/09/2013.
Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru ndetse n’abafana bawo mu karere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane no kutagira aho bakinira umupira w’amaguru; ariko ngo bikaba bibi cyane mu bihe by’imvura.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), avuga ko abitewe n’uko yigeze kuba ku muhanda, yahisemo gushaka inzu yajya yegeranyirizamo abana asanze ku muhanda bose (bitwa mayibobo), akaba ajya kubashakisha, yababona akabajyana muri urwo rugo rwe.
Umusirikare wa FDLR witwa Mapendo Prosper Mutimapembe avuga ko yarwanyije M23 mu ntarambara iheruka kubera Kanyarucinya na Mutaho igahuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho muri 2012-2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yasabye abatuye ako karere guhanga amaso ibyo bafite kandi bakabikoresha neza kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.
Abayobozi n’abaturage ba Nyamasheke n’abaturage barishimira ko mu myaka ine ishize akarere kabo kakomeje kwesa imihigo ku gipimo gishimishije kandi cyiyongera kandi bikagaragarira mu iterambere ryageze mu nzego zose.
Itsinda GSK, Gospel Safety Keepers riratangaza ko ngo ryiyemeje kuruhura Abaturarwanda rikabategurira ibitaramo n’ibindi birori ku buryo bwa gihanga kandi bw’umwuga kuko basaze izi serivisi zikenerwa na benshi kandi zitaboneka henshi mu Rwanda.
Minisitiri w’abakozi ba leta n’umurimo mu Rwanda aratangaza ko amaze gusanga Abanyarwanda badakoresha neza igihe cya nyuma ya saa sita kandi nacyo gikwiye kubyazwa umusaruro kandi mwinshi nk’igihe cya mbere ta saa sita.
Imodoka ifite purake zo muri Congo 4160AC/19 yafatiwe ku mupaka munini w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu taliki 26 /o9/2013 ihetse ibiro 375 by’amabuye y’agaciro ya Coltan yari igiye kwinjiza mu Rwanda.
Mu marushanwa yo gutora Nyampinga mwiza ku isi yabaye tariki 28/09/2013, yabereye ahitwa Bali Nusa Dua muri Indonesia, Megan Young wo mu gihugu cya Philippines niwe wegukanye umwaka wa Nyampinga ubahiga ku isi.
Ayingeneye Odette w’imyaka 20 wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye yahitanywe n’amashanyarazi kuwa 29 nzeri 2013 saa moya n’igice (19h30) mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Ruhanga umurenge wa gatumba mu karere ka Ngororero.
Ivatiri ifite pulaki RAB558H yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yagonganye na moto RB618 yerekezaga i Muhanga, uwari uyitwaye witwa Ndagijiyaremye Emmanuel w’imyaka 26 ahita ahasiga ubuzima.
APR FC, ifite ibikombe 13 bya shampiyona ari nayo ifite byinshi, yatangiye shampiyoan y’uyu mwaka inyangira Marine FC ibitego 6-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Nubwo ikirere cyari cyaramutse hasa n’ahariho ibicu biremereye ndetse bikaza kubyara imvura mu masaha ya mu gitondo na nimunsi, ibyo ntibyaciye intege Abadiventiste b’umunsi wa karindwi bo ku itorero rya Gahogo na Gitarama kwitabira umuganda ku bwinshi.
Banki ya Kigali ishami rya Nyanza iratangaza ko kuva mu minsi mike ishize yegereje abakiriya bayo bo mu karere ka Nyanza uburyo bushya bwo kubitsa no kubikuza hifashishijwe telefoni igendanwa.
Umuhamirizo ni umudiho w’intore wamamaye mu Rwanda ndetse ukaba kimwe mu bikunze gususurutsa abantu. Iyo ubonye Intore Zihamiriza wibaza uwagize igitekerezo cyo guhimba ubwo bwoko bw’umudiho.
Mu muganda rusange wabaye tariki 28/09/2013, Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi na bamwe mu bayobozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu gikorwa cyo guhanga umuhanda mushya wa kilometero imwe n’igice.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yifatanyije n’Abanyagicumbi mu muganda rusange wabereye mu murenge wa Shangasha tariki 28/09/2013 ahasijijwe ikibanza ndetse bikorera n’amabuye yo gukora umusingi ndetse bikorera n’ibiti bizakoreshwa mu kubaka amashuri.
Ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangiza ukwezi kwahariwe umuganda kuri uyu wa Gatatandatu tariki 28/09/2013 mu Karere ka Gakenke, yatangaje ko umuganda ugira uruhare mu kwihutisha iterambere, abantu bose bakuze bakaba bagomba kuwitabira.
N’ubwo riherereye ahantu hatari mu mujyi cyane, isomero rusange ryo mu Karere ka Huye ryari risanzwemo ibitabo byanditse mu rurimi rw’Igifaransa n’Icyongereza gusa. Ku itariki ya 20/9/2013 ryungutse ibitabo byanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Bamwe mu batuye umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi bemeza ko ko kuba hariho imyanya yihariye y’abadepite bahagarariye abagore, bifasha mu kumvikanisha no kumenyekanisha ibibazo by’umwihariko bagira.
Abafatanyabikorwa bakorera mu Karere ka Huye, kuwa 26/09/2013 basinyanye n’ubuyobozi bw’aka Karere imihigo biyemeje kuzageraho muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2013-2014. Ibikorwa byabo byose bizatwara hafi miriyari eshanu.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, abayobozi b’akarere ka Kamonyi bakoze tariki 27/9/2013, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi yatangaje ko kuba akarere karesheje imihigo y’umwaka wa 2012/2013 hejuru ya 96%, bitavuze ko kageze ku iterambere rikenewe.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 28/09/2013, umukozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Bwishyura, yafungishije ikitaraganya hoteli iri mu mujyi wa Karongi yitwa Best Western Eco Hotel kubera ibyo yise agasuzuguro.
Inzu ya mbere yo kwifashishwa n’abanyamyuga (cyangwa abanyabukorikori) bo mu Karere ka Huye iri gukorerwa imirimo ya nyuma. Igisigaye ni ukureba abazayifashisha mu bikorwa byabo.
Mu karere ka Gatsibo hatangijwe itsinda ry’indashyikirwa mu rwego rwo kwishyira hamwe no kubaka urwego rw’urugaga rw’abikorera mu karere kabo, kuri uyu wa Gatanu tariki27/09/2013.
Ku munsi wa mbere wa shampoyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sport yatwaye igikombe giheruka, yakuye amanota atatu imbere ya Gicumbi FC bigoranye cyane, nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1, naho i Muhanga Mukura yahasanze AS Muhanga iyihanyagirira ibitego 4-0.
Mu muganda rusange usoza ukwezi kwa cyenda umwaka w’2013 wakorewe ku rwego rw’Akarere ka Nyanza mu gishanga cya Busogwe kiri mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana tariki 28/09/2013 wahujwe no gutangiza igihembwe cy’ihinga 2014 A abaturage basabwa kwirinda indwara ziterwa n’imirire mibi.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugene Kayiranga Muzuka, aratangaza ko bitarenze ukwezi kwa 02/2014, umuhanda wo mu cyarabu wangiritse uzaba wamaze gusanywa. Ibi bikaba biri buhe icyizere abaturage bari bamaze igihe binubira uko uyu muhanda utitabwaho.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangirije mu Murenge wa Ruli wo mu Karere ka Gakenke igikorwa cyo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi izamara imyaka igera kuri itatu.