Ahitwa mu kadasomwa mu murenge wa Kamembe ku muhanda wa kaburimbo habonetse umuvu w’amaraso mu gitondo cyo kuwa 25/09/2013; abantu bakaba bakeka ko hashobora kuba habereye ubugizi bwa nabi.
Capolari Karala wo mu ngabo za Congo yafatiwe mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu taliki 24/9/2013 saa18h30 afite imbunda n’amasasu arenga 85 kandi ari wenyine.
Umugabo n’umusore bavuga ko bafite utubari mu karere ka Karongi bafatiwe mu karere ka Rutsiro ku wa gatanu tariki 20/09/2013 nyuma y’uko bari baraye bashutse abantu bo mu murenge wa Gihango bababwira ko bari gushaka abatishoboye ngo babafashe.
Abayobozi batandukanye bagize intara y’iburasirazuba hamwe n’ingabo n’abapolisi basuye inkambi ya Kiyanzi, tariki 24/09/2013, banageza ku baturage imfashanyo zirimo imyenda n’ibindi bitanndukanye.
Umurambo w’umwana witwa Uwiduhaye uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice y’amavuko watoraguwe mu cyobo cyuzuye amazi y’imvura tariki 23/09/2013 uri kureremba hejuru y’amazi, nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kugwa mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Rugasa mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro.
Umusore witwa Havugimana Jean utuye mu kagari ka Burunga mu murenge wa Gihundwe yazindutse ajya kwiba mu murenge wa Kamembe afatwa amaze guhambira matora yayinyujije mu idirisha ry’inzu yari ayibyemo.
Ubwo imihango yo gushyingirwa yari igeze hagati, abari batashye ubukwe bwa Noelle Borriello na Rob Ruehle batunguwe no kumva umupadiri wabasezeranyaga avuga mu ijwi riranguruye ko abafataga amafoto nibadahagarika urusaku rw’ibikoresho byabo imihango iri buhagarare burundu padiri akigendera.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe yagiriye ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya Ecole Science de Byimana mu karere ka Ruhango tariki 24/09/2013, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri mato n’ayisumbuye Dr Mathis Harebamungu, yashimye uburyo inyubako zirimo kwihutishwa.
Umwana witwa Elliott Prior ufite imyaka ine ari kuvugwa mu bitangazamakuru binyuranye nyuma y’aho ahagaze bwuma agahangana mu maso n’ibyihebe byateye inzu y’ubucuruzi ya Westgate i Nairobi muri Kenya mu mpera z’icyumweru gishize.
Korali Kinyinya yamenyekanye cyane ku ndirimbo «Urondereza ubusa bukimara » igiye kumurika alubumu y’amashusho bise « Iherezo ry’ubutayu ».
Impuguke zituruka mu bihugu bigize Afurika y’Uburasirazuba, Etiyopiya n’u Buholandi bateraniye mu karere ka Musanze kuva tariki 24/09/2013 kugirango baganire ku ikoreshwa neza ry’imiti yica udukoko mu myaka (pesticides).
Minisitiri ushinzwe urubyiruko muri Uganda yatangaje ko abagore n’abakobwa bambara utwambaro tugufi baramutse bafashwe ku ngufu ntaho barega ahubwo ko ngo abo baba bambaye imyambaro migufi bakwiye no kujya bakurikiranwaho gushuka abagabo.
Leta y’u Rwanda yatangiye gahunda yo gushishikariza abayobozi b’uturere two mu Rwanda kujya bagana isoko ry’imari n’imigabane igihe uturere dukeneye amafaranga, bagasaba amafaranga y’abaturage bakayakoresha kandi bakazabagenera inyungu.
Nyuma y’amezi 2 amarushanwa yateguwe n’akarere ka Muhanga yari agamije gukangurira abaturage kwitabira amatora y’abadepite, yasojwe tariki 22/09/2013 ikipe y’ingabo z’Igihugu zikorera muri brigade ya 411 ariyo yegukanye igikombe.
Abagore 32 ba ryiyemezamirimo bahuguwe na Goldman Suchs ku bufatanye na kaminuza ya William David Institute (WDI) yo muri Amerika ndetse n’ishuri rikuru ry’imari n’amabanki mu Rwanda (SFB) muri gahunda yabo bise abagore ibihumbi icumi (10000 women).
Umuyobozi w’Umuryango “Art For Peace”, Bamporiki Edouard arakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira ubutwari bwo kuvuga ukuri ku mateka mabi yabababaje nk’Abanyarwanda kuko ngo gutinyuka kuvuga ibyababaje Abanyarwanda ni umuti ukomeye wo kubisohokamo.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, polisi y’igihugu ndetse n’akarere ka Nyamagabebashyize, tariki 23/09/2013, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka ikigo cyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (One stop center) hafi y’inkambi icumbikiye (…)
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yatangije gahunda yo gukingira kanseri y’inkondo y’umura n’itangwa ry’ikinini cy’inzoka hagamijwe kwita ku buzima bw’umwana, ingimbi n’abangavu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Amina Mohamed, yatangaje ko ibyihebe byagabye igitero mu isoko rya kijyambere ryitwa Westgate mu Mujyi wa Nairobi tariki 23/09/2013 kigahitana abantu 62 abandi 62 bagakomereka harimo n’umugore.
Ku ishami (station) rya polisi rya Nyamabuye mu karere ka Muhanga hafungiye umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko azira kuba yaribye umwana w’amezi atatu ashaka kujya amwifashisha mu gusabiriza.
Imiryango 150 ituye mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Cyahafi, umurenge wa Bwira mu karere ka Ngororero yagejeje ikibazo cyayo ku nzego zitandukanye harimo perezidansi, urwego rw’umuvunyi, ibiro bya minisitiri w’intebe ndetse n’inzego z’ubutabera, aho basaba ko basubizwa imitungo yabo irimo imirima n’amashyamba.
Sosiyete DYNAPHARM Rwanda yashinze ishami ryayo mu karere ka Rusizi ihita inatanga ku mugaragaro inyongeramusaruro y’umwimerere yitwa D.I GROW ifite ububasha bwo gukuba kabiri umusaruro wabonwaga hakoreshejwe izindi nyongeramusaruro zisanzwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abashyize umukono ku masezerano yo kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje kugira abaturage bo mu Karere k’Ibiyaga Bigari babone amahoro arambye.
Nzasabimana Moise w’imyaka 20, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki 23/09/2013 mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, akurikiranyweho icyaha cyo kubeshya abantu ngo azajya kubashakira akazi akabaka amafaranga.
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bikorwa byo kurwanya indwara ya Sida (UNAIDS), kirerekana ko u Rwanda ruri mu bihugu byagerageje kwita ku bafite ubwandu bwa Sida, rubagezaho ubufasha bushingiye ku miti igabanya ubukana bwa Sida.
Ishusho y’inoti nshya y’amafaranga y’u Rwanda 500 yamenyekanye nyuma y’iminsi myinshi Abanyarwanda bayitegereje. Ku ruhande rumwe ishushanyijeho abana b’abanyeshuri bane bari kwiga bakoresha mudasobwa zimwe zo muri gahunda ya “One Laptop per Child”.
Abagabo 8 n’abagore babiri bafashwe mu rukerera rwa tariki 24/09/2013, mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu mudugude wa Bugarama, akagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuyi cya E.S.Kirambo kiri mu murenge wa Cyeru, akarere ka Burere, butangaza ko bukeneye ubufasha kuko imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yashenye amazu atandukanye yo muri icyo kigo arimo ibyumba by’amashuri.
Ngabo Gentil w’imyaka 7 uvuka mu mudugudu wa Muturirwa mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo tariki 23/09/2013 yaguye mu cyobo cyaretsemo amazi y’imvura ahita ahasiga ubuzima bwe.
Inzobere zo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziteraniye i Kigali, mu rwego rwo kurebera hamwe uko abaturage batuye aka karere bajya batozwa umuco wo kwicungira umutekano no gukumira amakimbirane hakiri kare.
Manirakiza Ladislas w’imyaka 36, yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bufatanyije n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu karere ka Ruhango tariki 23/09/2013.
(*I am back – Nagarutse !!!) Salama Bandugu! (Mukomere Bavandimwe!) Habari za Siku Mingi? (Amakuru y’Iminsi Myinshi?)
Umwana witwa Habamuremyi Bernard yakomerekeye mu rugomo rw’abasore bakorera imbere y’isoko rya Kamembe baryanye ahagana mu masaa kumi nebyiri zo kuwa 23/09/2013 bapfa ubucuruzi bahakorera.
Abantu 6 bari mu maboko ya Polisi kuri Station ya Kiramuruzi, nyuma yo kugubwa gitumo bafunga irumogi mu mashashi tariki 21/09/2013 mu kagali ka Rubona umurenge wa Kiziguro akarere ka Gatsibo.
Umugore witwa Nyirangirimana Victoire w’imyaka 49 utuye mu mudugudu wa kirimbi mu kagari ka Gihanga mu murenge wa Rubaya ari mu maboko ya polisi yo ku Mulindi akurikiranyweho gushaka kuroga abari mu bukwe kwa Nzamwita Charles bwabaye ku wa 16/9/2013.
Umucuruzi Hatekimana uzwiho kugira amazu y’imiturirwa na Hotel Golden Monkey biri mu mujyi wa Nyamagabe tariki 23/09/2013 yagaragaye imbere y’urukiko rukuru, urugereko rwa Nyanza aregwa n’ubushinjacyaha uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu gace yari atuyemo.
Abantu batandatu bitabye Imana bagwiriwe n’urusengero rwagushijwe n’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, yaguye mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, tariki 22/09/2013, bashyinguwe mu cyubahiro.
Nyuma y’amezi 6 hateganyijwe gutangizwa ibikorwa byo kubaka imihanda ihuza ibihugu bigize umuryango w’ibihugu by’ubukungu bw’ibiyaga bigari (CEPGL) ntibishyirwe mu bikorwa, sosiyete SAFRICAS yatangije ibikorwa byo kubaka umuhanda ufite uburere bwa km 3.4 uzahuza umujyi wa Goma na Gisenyi.
Rutahizamu w’Amavubi, Meddie Kagere, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Rayon Sport nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri yo kuzayikinira.
Umubyeyi witwa Agnes aravuga ko yafashwe ku ngufu n’abagabo babiri atabashije kumenya agahita asama none yabyaye abana batatu basanga abandi bane yari afite, bityo agasaba ubufasha buri wese ufite umutima ufasha.
Mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe imvura nyinshi ivanzemo urubura hamwe n’umuyaga yaguye ku cyumweru tariki 22/09/2013 yangije insina z’abaturage inasambura Poste de Santé ya Nyamirayango iherereye mu murenge wa Gatore.
Umuyobozi w’idini ya Islam (Imam) mu karere ka Kayonza, Sheikh Hussein Ruhurambuga, yandikiwe ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye ku buryo butunguranye. Ni nyuma y’uko abari abayobozi b’iyo dini mu turere twa Ngoma na Bugesera beguye ku mirimo ya bo.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Kalisa Edouard arashishikariza abaturage kugira umuco wo gukunda gusoma kuko iterambere ridashingiye ku bumenyi ridashobora kuramba.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wahaye imidari y’ishimwe abasirikare b’u Rwanda bakorera muri Batayo ya 67, bakorera akazi kabo ahitwa Kabkabiya, ni mu majyaruguru ya Darfur mu gihugu cya Sudani.
Ihuriro ry’urubyiruko mu karere ka Rusizi (Rusizi Youth Network) ryahuguye urubyiruko ruhagarariye abandi bazabafasha gutanga ubutumwa mu byiciro by’urubyiruko muri gahunda zitandukanye zirimo kurwanya icyorezo cya SIDA mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15-24.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Jean Paul Samputu, arasaba abayobozi b’amadini kuba abakristu by’ukuri.
Ibibabi by’amateke, byitwa amatika cyangwa igitika, birimo imboga benshi mu Banyarwanda batitabira gufungura, ariko abanyamahanga cyane cyane abazungu n’Abanyekongo, iyo bayabonye ngo bayajyanira kuyamaraho, nk’uko umuhinzi w’amateke witwa Nyatanyi Zakariya yasobanuye.
Itsinda ry’abashoferi batanu bayobowe na James Nigirente ryagejeje ikibazo bagenzi babo batewe n’uko banki ziri kubasaba kwishyura inguzanyo bari bahawe, nyuma y’uko ubuyobozi bw’umjyi wa Kigali buciriye tagisi nto kuhakorera.
Umuhanzi Auddy Kelly avuga ko kuba igitaramo cyo kumurika indirimbo ye yakoranye na Jody bise “Sinzagutererana” kitaritabiriwe n’abantu byatewe n’umunyamakuru Mister One.
Igitekerezo cyo gushyiraho inama ngishwanama ku misoro n’amahoro TAC (Taxes Advices Council) cyavutse mu mwaka wa 2000 kugirango zunganire ikigo cy’imisoro mu bijyanye no guhugurira abasora gutanga imisoro n’amahoro ku buryo bukwiye no gufatanya kurwanya magendu.