Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, nyuma yo gusezererwa mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya, kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, yatangiye guhatanira kuva ku mwanya wa 17 kugeza ku mwanya wa 20.
Abahanzi b’urwenya (comedies) bari mu itsinda rya Comedy Knight bazataramira abakunzi babo kuri uyu wa gatandatu tariki 31/08/2013 muri Century Cinema muri Kigali City Tower.
Umuhanzi Dominic Nic azerekeza mu gihugu cya Tanzaniya mu kwezi kwa cyenda, uru rugendo rukaba ruri mu rwego rwo gutegura igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana azakora mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.
Ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe (MUSA) kiratangaza ko icyumweru cyo kuwa 19-25 /08/2013 cyagenewe ubukangurambaga hagamijwe kuzamura umubare w’abaturage bitabira ubwisungane mu kwivuza cyatanze umusaruro ufatika.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa rya Nyamasheke ryari rimaze icyumweru ribera muri aka karere ngo risojwe risigiye isomo rikomeye abikorera n’abafatanyabikorwa bose mu iterambere ry’akarere ka Nyamasheke kuko ryagaragaje byinshi byiza bishobora kwitabwaho bigatuma aka karere gatera imbere kurushaho.
Umuryango FPR-Inkotanyi watangije ibikorwa byo kwamamaza abakandida-depite bawo, bakaba beretswe abanyamuryango bari bahuriye mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera kuwa 28/08/2013 .
Iyongerwa ry’amasaha y’akazi ryatumye urujya n’uruza rwiyongera ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burindi uri mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, Tuyizere Gervais yaguye mu mugezi wa Nyakina uherereye mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi ho mu Karere ka Gakenke yitaba Imana.
Bamwe mu banyeshuri biga mu ishami ry’ubukungu n’icungamutungo (FEM) muri kaminuza y’u Rwanda ntibishimiye ko basiragijwe mbere yo gushyirwa kuri lisiti y’umugereka ibemerera kwambara amakanzu nk’abandi banyeshuri bazahabwa impamyabushobozi kuri uyu wa 29/08/2013
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur bo muri Rwanbatt 36 ikorera i Kabkabiya, tariki 26/08/2013, bateye inkunga abana 22 babishyurira amafaranga y’ishuri y’umwaka wose, ndetse banabaha bimwe mu bikoresho by’ishuri birimo amakayi n’amakaramu.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) ryiyamamaje mu karere ka Burera rikangurira Abanyaburera ndetse n’abarwanyashyaka baryo bo muri ako karere kuzaritora ngo kuko ribafitite hagunda nshya kandi nziza.
Ubwo abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi biyamamazaga mu karere ka Ruhango, tariki 28/08/2013, bijeje abaturage ko muri mandate itaha y’abadepite bazaharanira ko hakorwa ibikorwa remezo byinshi mu karere ka Ruhango.
Abaturage bo mu karere ka Muhanga mu murenge wa Cyeza baratangaza ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, abaturage basoraga batazi icyo basorera ndetse hakanaba n’imisoro ibakandamiza.
Abaturage bagana ibigo bitanga servisi byaba ibya Leta ndetse n’ibyigenga mu karere ka Nyagatare baratangaza ko hakiri utubazo mu mitangire ya servisi.
Banki ya Kigali (BK) yavuze ko yagize inyungu ya miliyari 7.3 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2013, bikaba ngo bigamije kugaragariza abayiguzemo imigabane ko batibeshye, nk’uko umuyobozi w’iyo banki, Dr James Gatera yasobanuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amagereza (RCS) kiratangaza ko abanyururu baherutse gutoroka muri gereza ya Huye byaturutse ku burangare n’ubugambanyi bya bamwe mu bacungagereza, ariko ngo hari ingamba zikarishye zafashwe zo guhangana nicyo kibazo.
Umuryango FPR-Inkotanyi werekanye abakandinda bawo bahatanitanira umwanya mu nteko ishinga amategeko. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, gikurikiye itangizwa ku mugaragaro ryo kwiyamamaza ku mashyaka yose.
Kuri uyu wa gatatu tariki 28/10/2013, i Nyakinama mu karere ka Musanze, hashojwe amasomo yahuje abashinzwe umutekano n’abasivili baturuka mu bihugu bitandatu byo mu karere, ku bijyanye n’uko ubutabera bwagarura amahoro mu bihugu byahuye n’intambara.
Abanyarwanda 30 biganjemo abana n’abagore bavuye mu mashyamba ya Kivu y’Amajyepfo muri Congo bagarutse mu Rwanda tariki 27/08/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi I.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, aratangaza ko Leta y’u Rwanda izakomeza guteza imbere uburezi burimo n’ubw’amashuri makuru kugira ngo Abanyarwanda bajijuke babashe kwiteza imbere.
Ishyamba riherereye ku musozi wa Gashinge ahitwa i Mazi hagati y’imirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro ryatangiye gushya tariki 27/08/2013 mu ma saa tanu z’amanywa rikomeza no ku munsi ukurikiyeho, hakaba hamaze gushya ahagera kuri hegitari 30,5.
Kwamamaza abakandida depite b’umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gatsibo byatangiriye i Nyarubuye, mu murenge wa Kageyo kuri uyu wa kabiri tariki 27/08/2013.
Umuyobozi wungirije wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Ndahiro Kansanga Marie Odette, arasaba Abanyarwanda bazitabira amatora kuzatora neza umukandida bumva ari ingirakamaro kuko ngo uzatora imfabusa azaba nawe yigize imfabusa.
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Karongi, Rutsiro na Ngororero, Colonel Evariste Murenzi, arasaba umuntu wese, nubwo yaba ari umusirikare, ko atagomba kwegera cyangwa gukora ku gisasu gitoraguwe ahantu runaka.
Ubwo abakandida-depite b’umuryango FPR-Inkotanyi biyamamazaga mu karere ka Nyabihu, tariki 27/08/2013, abaturage baturutse mu mirenge ya Jomba, Muringa na Rurembo bavuze ko hari byinshi bakesha umuryango FPR-Inkotanyi bituma bazitabira gutora abakandida bayo.
Kuva saa 11h55 zo kuri uyu wa 28/08/2013, ibisasu bitatu bimaze kugwa mu Rwanda bivuye muri Kivu y’Amajyaruguru aho ingabo za Congo (FARDC) zihanganye n’inyeshyamba za M23 mu bice bya Kanyarucinya.
Abanyamuryango barenga 3000 ba FPR-Inkotanyi n’ab’indi mitwe ya politike yishyize hamwe bahuriye mu kagari ka Birambo umurenge wa Gashari mu karere ka Karongi, tariki 27/08/2013, mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida babo bahatanira kuzajya mu Nteko Ishinga Amategeko.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette , aravuga ko igihembwe bamaze kucyitegura bafatanije n’ikigo cya Leta cy’ubuhinzi (RAB) aho imbuto zamaze kugera hafi y’abahinzi.
Rwagasore Protais w’imyaka 46 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Ryinkuyu akagali ka Bushoga, umurenge wa Nyagatare yagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye yifashishwa mu bwubatsi mu gihe yayacukuraga tariki 26/08/2013 ahita yitaba Imana.
Mu Karere ka Huye, Umuryangi FPR-Inkotanyi ni wo wabimburiye andi mashyaka kuwa 27/8/2013mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida bazawuhagararira mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite.
Umuyobozi w’umuryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Uburasirazuba yemeza ko ibikorwa RPF imaze kugeraho ubwabyo biyamamaza muri aya matora, mbere yuko abanyamuryango bagira icyo bavuga.
Umuryango nyarwanda uharanira kurengera ubuzima (Health Development Initiative:HDI) urasaba ko urukingo rwa SIDA rwageragejwe mu nyigo yiswe PrEP, rwaboneka kandi ku giciro gito cyane kugirango rufashe abafite akaga ko kwandura agakoko gatera SIDA bose kutandura.
Ubwo yatangizaga gahunda y’ibiterane byiswe “Rwanda Shima Imana” bizakorerwa hirya no hino mu gihugu, umuvugabutumwa w’Umunyamerika, Pastor Rick Warren, yatangaje ko gahunda yo gukorera ku ntego ari icyifuzo cy’Imana ku Rwanda n’Abanyarwanda
Umugabo witwa Iyamuremye wo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera yakomerekejwe n’ingona ku myanya ndangagitsina, tariki 26/08/2013, akaba arwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata.
Bugingo Augustin w’imyaka 58 utuye mu Mudugudu wa Nyamarebe, akagari ka Gakenke, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatawe muri yombi tariki 26/08/2013 akekwaho kwica umugore we witwa Mukakarangwa nawe w’imyaka 53 amutemye.
Nyuma y’uko akarere ka Gakenke kahembwe abayobozi b’imidugudu bahize abandi mu gushishikariza abaturage gahunda za Leta zirimo umuganda, mitiweli, n’izindi mu mwaka ushize, ubu bamwe mu bayobozi bafite ishyaka ryo gukora cyane kugirango nabo bazegukane ibyo bihembo.
Umuyobozi w’ishyaka rya PS Imberakuri, Christine Mukabunani, aravuga ko ishyaka rye niritorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko muri manda itaha rizaharanira impinduka mu burezi n’ubuvuzi.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi akaba na Minisitiri w’Intebe yabwiye abatuye umurenge wa Remera akarere ka Musanze ko FPR-Inkotanyi itazigera itenguha Abanyarwanda, nk’uko itigeze inabikora mu gihe cyose imaze.
Leta y’u Rwanda yishyuye amafaranga arenga miliyari 2,37 mu manza yatsinzwe mu nkiko, ahanini bitewe no kutubahiriza amasezerano ibigo byayo byagiranye na ba rwiyemezamirimo ndetse na bamwe mu bakozi bagiye birukanwa binyuranyije n’amategeko.
Abantu 134 bari mu maboko ya Polisi y’igihugu, nyuma yo gufatirwa mu bikorwa bitandukanye bya operation Polisi y’igihugu yari imazemo ukwezi igenzura ibihungabanya umutekano w’u Rwanda muri rusange.
Umuyobozi w’ingabo za ICGRL zigenzura imipaka y’igihugu cy’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Gen. Geoffrey Muheesi, yasabwe na Congo gusubira mu gihugu cye ashinjwa kuba inshuti y’inyeshyamba za M23 hamwe n’u Rwanda.
Umusore w’imyaka 23 y’amavuko ucumbitse mu mujyi wa Nyanza ari naho akora kuri station ya essence yafatiwe kuri butike agiye kugura ibintu maze amasaha atatu amushiriraho asobanura imvo n’imvano y’amafaranga yishyuye yaketswe ko yaba ari amahimbano.
Umugabo w’imyaka 38 witwa Samson utuye mu Karere ka Bagamoyo mu Ntara ya Pwani muri Tanzaniya yatawe muri yombi nyuma yo gukora amahano arongora umwana w’umukobwa w’imyaka 8 amugira umugore wa kabiri.
Umukobwa ukomoka i Musambira mu karere ka Kamonyi, wigaga mu ishuri rikuru rya Kabgayi (ICK) riherereye mu mu mujyi w’akarere ka Muhanga yagiye gusura umusore wari fiyansi we maze aza kuhakurwa yashizemo umwuka.
Ubwo ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri munyarwanda (Parti Liberal) ryatangiraga gahunda yaryo yo kwiyamamaza, tariki 26/08/2013, abarwanashyaka baryo basobanuriwe ko igihugu kitatera imbere kiyobowe n’ishyaka rimwe.