Mu gikorwa cyo gucana urumuri rw’icyizere rutazima ruzazengurutswa mu gihugu hose, hamwe no gutangiza imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, ba Ministiri Mushikiwabo na Mitali, bibukije amahanga ko agomba kuba maso agashyira imbaraga nyinshi mu gukumira Jenoside.
Leta irashima uruhare itangazamakuru rikomeje kugira mu kuyifasha kurwanya ikoreshwa nabi ry’umutungo wa Leta, kuva urwego rwa Leta rushinzwe gukurikirana uko umutungo wa Leta ukoreshwa (OAG) rwajyaho mu myaka 15 ishize.
Abanyeshuri bo mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’abo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bibumbiye mu muryango “Never Again” basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi kugira ngo basobanukirwe n’amateka yabafasha kwimakaza amahoro mu (…)
Imirimo yo kubaka Sitade Huye igeze kure. Abahagarariye sosiyete yitwa EEG, ari na yo iri kubaka iyi sitade, bavuga ko nta kibuza, ukwezi kwa Mata kuzashira irangiye neza, ishobora no gukinirwamo.
Umuhanzikazi akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uwimana Aisha uzwi ku izina rya Ciney, yashyize ku isoko karendari y’uyu mwaka wa 2014 igaragaza amafoto ye mu bihe bitandukanye biranga umuco nyafurika ndetse anashyiraho n’ubutumwa butandukanye bujyanye na buri kwezi k’umwaka.
Abashumba babiri (Gatete na Gashema) baragiraga inka mu nzuri ziri mu nkengero za Parike y’Akagera mu ijoro rishyira tariki 27/12/2013 bakubise abaturage barindwi bo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bahita batoroka.
Urubyiruko mu karere ka Nyabihu rurashishikarizwa cyane kwirinda virusi itera SIDA no kurangwa n’uburere bwiza nyuma yaho bigaragariye ko abibasiwe cyane no kwandura virusi itera SIDA ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 25.
Nsabimana w’imyaka 25 yatemye umukecuru w’imyaka 60 witwaga Spéciose Nyirahuku, amukuraho umutwe, ngo amuziza kumuroga no kumurogera abe.
Umugabo w’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera ashinjwa gusambanya ku ngufu umwana we w’umukobwa w’imyaka umunani.
Ubwo komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside mu nteko ishinga amategeko yasuraga gereza ya Rusizi tariki 06/01/2014, abagororwa basabwe ko uwakoze icyaha yacyemera kuko guhakana icyaha kandi waragikoze ari ugupfobya Jenoside.
Abadepite basuye urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi tariki 06/01/2014 banenze imyubakire yarwo ndetse no kudindira kw’imirimo yo kurwubaka bituma bakeka ko hashobora kuba harabayemo ruswa.
Kuri sitasiyo ya polisi yo mu karere ka Gicumbi hafungiye umugabo azira guteka imitwe abeshya ko yambuwe n’abantu batazwi nyuma inzego z’umutekano ziza gusanga ari ukubeshya.
Umusaza w’imyaka 80 wo mu gihugu cya Norvege yahamijwe n’urukiko icyaha ko gushaka kugura indaya ariko bakamutesha ataragera ku ntego bityo rumukatira iminsi 15 y’igifungo n’amande y’amayero 2.400.
Mu masaha ya saa moya za mu gitondo cyo kuri uyu wa 06/01/2014 ahitwa Cyunuzi mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe habereye impanuka aho umuntu umwe yitabye Imana naho abandi 2 barakomereka, bajyanwa mu bitaro bya Kirehe.
Polisi n’inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abaturage zo mu karere ka Bugesera zirashakisha umusore witwa Habimana Peris w’imyaka 23 y’amavuko ukekwaho icyaha cyo gutema ku gakanu umunwa uwitwa Tubanambazi Claude w’imyaka 20.
Komisiyo ishinzwe ubukungu n’ubucuruzi mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite iratangaza ko umushinga w’uburyobyi mu karere ka Karongi ukora neza kandi ukazanira inyungu abaturage n’ubwo ngo hari ingorane ufite zijyanye n’imiterere y’aho bakorera.
Irumva Ganza Ritha, umwana w’umukobwa w’umwaka umwe n’igice warerwaga n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, yahitanywe n’amasasu, ubwo abagizi ba nabi bateraga muri urwo rugo ahagana saa 18h30 tariki 06/01/2014, maze abandi bantu babiri barakomereka.
Depite Nyirarukundo Ignatienne, niwe Perezidante mushya w’ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP), akaba ayoboye komite yatowe kuri uyu wa mbere tariki 06/01/2014 amatora yabereye mu karere ka Musanze.
Mu gihe Leta y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, buratangaza ko Abanyarwanda bazakira nta mitungo bahafite kuko abenshi bavukiye muri Tanzaniya.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batuye mu duce twegeranye n’igihugu cy’u Burundi baravuga ko rimwe na rimwe bahamagara cyangwa bahamagarwa amafaranga yabo akagenda nk’aho bahamagaye mu kindi gihugu kuko baba bakoresha umunara wo mu Burundi.
Umugore witwa Dusabimana Clemantine w’imyaka 25 y’amavuko yabyaye abana batatu b’abakobwa b’impanga, akaba yababyariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata mu ijoro rishyira kuwa 6/1/2014.
Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG) yamenyesheje ko ku rwego mpuzamahanga, hatangijwe ibiganiro n’ibikorwa byo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi; ariko ko bitagomba kuvugwa ko ari icyunamo cyatangiye, ahubwo ngo hagamijwe ko cyazasanga hari ibikorwa bigaragara.
Ku bufatanye n’umurenge wa Gasaka, umushinga World Vision ndetse na koperative “twite ku bana Gasaka” mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga bugamije gukumira ikibazo cy’abana bata amashuri no gukangurira ababyeyi kubajyana ku ishuri ku gihe.
Abagenzi barenga 80 baraye mu mazi y’ikivu bava Rubavu bajya Kamembe kubera imikorere y’icyombo cya Nkombo kigenda cyonyine mu Kivu cyatwaye abantu benshi kigasabwa kubagabanya kigakora amaturu abiri.
Tariki 6/01/2014 mu tugali twose tw’igihugu hatangiye gahunda nshya yiswe “intore mu zindi” ihuriwemo n’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2013 mu gihe bagitegereje kuzakomeza mu mashuli makuru na za kaminuza.
Nyuma y’uko Col. Mamadou Ndala yishwe mu ntangiriro z’uku kwezi mu Karere ka Beni, abasirikare babiri batawe muri yombi mu mpera z’iki cyumweru bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu.
Ntayituriki Marie Terese w’imyaka 27 ubarizwa mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi ari mu maboko ya Polisi kuva mu mpera z’icyumweru nyuma yo gufatanwa amafaranga mpimbano agera ku bihumbi 42 ubwo yishyuraga ibyo aguze.
Igisirikare cy’u Rwanda, Uganda na Kenya byiyemeje gushyira hamwe mu kubungabunga umutekano mu karere byifashishije inzego za gisirikare na polisi, mu rwego rwo kwagura ubuhahirane mu baturage batuye muri ibi bihugu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla ifite purake RAB 873 N, yageze ahitwa i Kirengeri mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango saa mbiri zishyira saa tatu z’ijoro tariki ya 05/01/2014 igonga uwitwa Munyentwari Daniel w’imyaka 51 y’amavuko ari kwigare ahita yitaba Imana.
Nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa ko Paccy akora cyane ariko ntahabwe amahirwe yo kuba yaserukira u Rwanda ndetse no mu bindi bitaramo byinshi hano mu Rwanda nk’uko bimeze kuri Knowless, Paccy yatangaje ko kuri we abona ari igihe cye kitari cyagera.
Imodoka yo mu bwoko bwa RAV 4 ifite purake RAC 928 F yavaga Kigali yerekeza Huye, igeze ahitwa mu Gatengezi mu mujyi wa Ruhango, imbere yayo haturuka moto yashakaga gukatira mu muhanda ujya Kinazi ariko itacanye itara ribigaragaza, igihe iyi modoka yafataga feri ishaka kuyibererekera nibwo yahise irenga umuhanda igarurwa (…)
Abacuruzi bakorera mu karere ka Ruhango, baravuga ko uyu mwaka mushya wa 2014 bawutangiranye ingamba nshya z’ubucuruzi, kuko ngo bazakora ibishoboka byose ngo ubucuruzi bwabo butere imbere.
Imodoka yo mu bwoko bwa Voiture ifite plake RAB 043 P , yafatanwe imifuka ine y’urumogi mu ijoro ryo kuwa 03/01/2014 ubwo yari igeze mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma igana mu mugi wa Kigali.
Ibihe bibi bya Manchester United irimo muri iki gihe byakomeje ubwo yasezererwaga mu cyiciro cya gatatu cy’igikombe cya FA itsinzwe na Swansea City ibitego 2-1 mu mukino wabereye ku kibuga cya Manchester United Old Trafford ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Nzamwita De Gaule ukomoka mu ikipe Intare FC, niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu gihe cy’imyaka ine, mu matora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Urubyiruko rugera kuri 50 rwo mu karere ka Kayonza rwahuguwe ku bijyanye no kwihangira imirimo mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza, rwahawe impamyabushobozi nyuma y’amezi atatu rwari rumaze ruhugurirwa muri icyo kigo.
Shyaka Hassan atuye mu mudugudu wa Nyarusange, akagari ka Karengera, mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi; ahamya ko aho arekeye guhohotera umufasha we Nyiraminani Hasira, urugo rwe rwateye imbere kubera gushyira hamwe bakarukorera.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Nyamishaba mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi mu minsi ya Noheli rwasenywe n’abantu bataramenyekana ariko ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko bashobora kuba ari inzererezi ngo zashakaga kwiba ibyuma byo ku ruzitiro.
Abantu 22 barimo abagore batanu b’indaya ndetse n’abagabo 17 b’inzererezi bemera ko bakoreshaga ibiyobyabwenge, baratangaza ko batangiranye umwaka wa 2014 ingamba nshya zo guhindura iyo myitwarire mibi kandi bakaba bazashishikariza abandi kuva muri izo ngeso zibangiza.
Imikino ya shampiyona ibanza (Phase aller), yarangiye APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 10, wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4/1/2014.
Niyonzima Domitien bakundaga kwita Kadogo w’imyaka 34 y’amavuko na Sebera Thacien w’imyaka 58 y’amavuko barohamye mu kiyaga cya Kivu ku bunani tariki 01/01/2014 bari mu nzira bahindukiye bavuye kunywera ku musozi uri hakurya y’uwo batuyeho ntibabasha kongera kuboneka.
Ku wa mbere tariki ya 30/12/2013 mu masaha ya mu gitondo, mu gihugu cya Maroc ahitwa Séfrou, hagaragaye inka yabyaye inyana ifite imitwe ibiri ndetse mu bigaragara iyi nyana ikaba imeze neza.
Nkuko bisanzwe, buri mwaka urubuga befoot.fr rutanga icyo wakwita igihembo cy’umukinnyi waranzwe n’imvune kurusha abandi ku mugabane w’Iburayi bita “Ballon de Plâtre”. Icy’uyu mwaka kikaba cyaregukanywe n’umukinnyi wo hagati wa Arsenal, Abou Diaby.
Abantu 56 bakomoka mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza tariki 4/01/2014 bagejejwe mu bitaro by’aka karere baribwa mu nda ku buryo bukomeye ndetse n’umwe muri bo amaze gupfa ngo bitewe n’ikigage banyoye mu birori byo kwishimira umunsi mukuru w’Ubunane bwabaye tariki 01/01/2014.
Umukobwa witwa Uwitonze Tereza w’imyaka 19 yibarutse abana batatu ku itariki ya 7/12/2013. Kuva icyo gihe kugeza uyu munsi, ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare ari naho yabyariye ntiburamusezerera kuko butizeye uko aba bana bazabaho.
Impanuka yabereye mu mudugudu wa Karama mu Kagali ka Butansinda mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 03/01/2014 ahagana saa moya za mu gitondo umugabo witwa Habakurama Epimaque wari kuri moto yagonze Ndayisaba Aron wari utwaye igare bajyanwa kwa muganga basa nk’abataye ubwenge.
Umugabo witwa Uwikwije Hussen w’imyaka 30 y’amavuko, yagwiriwe n’ikirombe mu murenge wa Rugarama, Akagali ka Kanyangese mu Mudugudu w’Akazigo ho mu Karere ka Gatsibo ahita yitaba Imana.
Niyigena Béatha w’imyaka 18 y’amavuko waru utuye mu mudugudu wa Mweya mu Kagali ka Gahunga ko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 2/01/2014 ngo azize ibiryo yagaburiwe na mugenzi we yamusuye ku munsi mukuru wa Bonane.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero nka Kabaya, Sovu na Hindiro hadutse amandazi manini cyane agura amafaranga 200 rimwe, ari gutuma abagabo bamwe baturiye aho acururizwa batakirya mungo zabo.