Bamwe mubasaba akazi mu mirimo itandukanye mu karere ka Muhanga, bakomeje kuvuga ko itangwa ry’akazi ridakorwa mu mucyo hagamijwe kugaha abazwi icyo bo bita ikimenyane.
Urukiko rw’Ibanze rw’umurenge wa Bwishyura, tariki 09/01/2014, rwaburanishije imanza ebyiri z’abakurikiranyweho icyaha cyo gutunda, kubika no kugurisha urumogi. Abashinjwaga icyaha uko ari babili bemeye icyaha basaba imbabazi, ariko abakekwaho ubufatantacyaha babihakana.
Abantu batatu muri 11 bibye ibikoresho mu kigo cya Sosiyete y’Abashinwa kiri mu karere ka Nyamasheke bagakomeretsa n’abazamu babiri mu ijoro rishyira tariki 7/01/2014, batawe muri yombi mu gitondo cya tariki 9/01/2014, ku bufatanye bwa Polisi yo muri aka karere n’abaturage.
Abana 122 b’Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi bazatuzwa mu karere ka Kirehe bagiye gutangizwa mu bigo by’amashuri bibegereye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gitwa mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Nsengiyumva Etienne yatawe muri yombi tariki 07/01/2014 akimara kwakira ruswa y’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda yari ahawe n’umuturage.
Mu murenge wa Bwishyura akagari ka Kibuye mu karere ka Karongi kuwa gatatu tariki 08/01/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwavutse rudashyitse. Umurambo w’uwo muziranenge wari upfunyitse mu ishashi iri mu ikarito mu nsi y’umuhanda.
Umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uncle Austin, biravugwa ngo ari mu maboko ya polisi azira sheki y’amafaranga 500 000 itazigamiwe yahaye uwamufashije mu kugura imodoka ye yo mu bwoko bwa Benz.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo mu mashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga baragaragaza ikibazo ko hari ababahugura mu cyongereza (mentors) batajya baza kubigisha kandi ntibibabuze guhembwa.
Niyitegeka Angelique wakoraga muri koperative yatsindiye gukora isuku mu bitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza yapfuye ku wagatatu tariki 08/01/2014 yishwe n’amashanyarazi.
Mu gihe kuri uyu wa 09/01/2014 intore ziri ku rugerero mu gihug hose zaganirijwe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, Komiseri mu komisiyo y’igihugu y’itorero, Josée Twizeyeyezu yasuye izo mu karere ka Nyabihu azishishikariza kwitabira iyo gahunda.
U Rwanda rukomeje kutishimira uburyo ibihugu bitagira ubushake buhagije mu kohereza mu Rwanda imanza z’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bahungiye muri ibyo bihugu, nk’uko bitangazwa na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege.
Sitade ya Rwinkwavu, imwe mu za mbere zabayeho mu Rwanda yakinirwagaho n’ikipe yitwaga Standard FC yatangiye gusanwa nyuma y’igihe kini yarabaye itongo.
Moto y’umukuru w’ibiro by’ubutaka mu karere ka Rutsiro, Muhimpundu Janvier, yibwe n’umuntu utabashije kumenyekana tariki 08/01/2014 ayivanye aho yari iparitse ku karere.
Nteziyaremye Jean Damascène w’imyaka 33 y’amavuko yishe Mukabaganwa Alphonsine w’imyaka 48 wari umubereye mukase amukubise isuka mu mutwe ku mugoroba wa tariki 8/01/2014 ngo bapfuye y’uko amurogera abana.
Abagize komisiyo ya politike n’imiyoborere myiza muri sena kuwa 8/1/2014 bari mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kugenzura ibibazo byagaragaye nyuma y’isozwa ry’imirimo y’inkiko Gacaca.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Nyamagabe bwasabiye Ukwizagira Gaspard uzwi ku izina rya Nyamacenga, Nzasabimfura Emmanuel uzwi nka Alfred na Ntibitonda Félix bakekwaho icyaha cy’ubwicanyi n’ubujura kuba bafunzwe by’agateganyo mu gihe iperereza kuri ibyo byaha rikomeje.
Alfred Uwiragiye w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yishe mukuru we witwa Harindintwali Félix amutemye bitewe n’ubwumvikane buke bari basanzwe bafitanye bushingiye ku masambu.
Ubwo abagororwa ba Gereza ya Cyangugu mu karere ka Rusizi baganirizwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yarabacengeye bamwe muri bo bahita basaba imbabazi abo bahemukiye mu gihe cya Jenoside.
Mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza ya Capital One Cup mu Bwongereza, wabaye tariki 08/01/2014, ikipe ya Manchester City yanyagiye ikipe ya West Ham United ibitego 6-0 kuri stade Etihad ya Manchester City.
Muri iki gihe havugwa imbeho iteye inkeke muri Leta zunze ubumwe za Amerika, umugororwa umwe wo muri iki gihugu wari ufungiye muri gereza y’i Blackburn ho muri Leta ya Kentucky yabashije gutoroka ariko yijyana ubwe kuri polisi ahunga imbeho yari asanze hanze.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buvuga ko butari bufite amakuru y’umugore umaze iminsi aba mu busitani bwo mu mujyi rwa gati w’ako karere ariko ngo ubwo bumenye icyo kibazo bugiye kugikurikirana.
Ababyeyi n’abanyeshuri bo mu karere ka Gatsibo barakangurira bagenzi babo kujya bubahiriza umunsi wa mbere wo gufungura, kuko aribwo amasomo atangira mu bigo byose by’amashuri kandi ku banyeshuri ngo usibye uwo munsi aba acikanywe.
Ngirabanzi bakunda kwita Kabandari wo mu mudugudu wa Matahiro mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza yatwitse inzu y’umugore yari yarataye ihiramo ibikoresho byose n’imyaka yari irimo.
Ku mugoroba wa tariki 08/01/2014, Abanyarwanda 108 birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari baracumbikiwe mu nkambi za Rukara na Kiyanzi, bakiriwe mu karere ka Ruhango aho bavuye ubwo bahungaga mu bihe bitandukanye.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi ba Leta ndetse n’abayobozi ko igihe baramutse bahawe impano bari mu bikorwa by’akazi bakora batajya bazigira izabo ahubwo ngo ziba ari iz’ibigo bakorera.
Munyemana Jean de Dieu wo mu mudugudu wa Cyamburara mu kagari ka Buhabwa mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza arwariye mu bitaro bya Gahini nyuma yo gukomeretswa n’imbogo tariki 07/01/2014.
Mu nama y’umutekano y’akarere ka Gakenke yabaye tariki 08/01/2013, Umuyobozi w’Akarere, Nzamwita Deo yasabye abayobozi b’imirenge gucishaho akanyafu abaturage batitabira gukora irondo babaca amande ngo ni byo bizatuma bitabira gukora irondo.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko kutagira isoko rusange bibadindiza bigatuma batabasha kwikura mu bukene.
Abanyamakuru banditse inkuru zirebana n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe barashishikarizwa kwitabira irushanwa rizatangwamo igihembo mu Nama y’uyu muryango iteganyijwe mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2014.
Nteziyaremye w’imyaka 21 utuye mu Mudugudu wa Cyumba, Akagali ka Karambo ho mu Murenge wa Karambo tariki 07/01/2014 yadukuriye nyina w’imyaka 63 witwa Ntawibarinkuru aramukubita ageza n’ubwo amukomeretsa amuziza amafaranga yamugurije.
Uwimana Landuard w’imyaka 23 utuye mu murenge wa Zaza akagali ka Ruhembe umudugudu wa Munini akarere ka Ngoma yagerageje kwiyahura tariki 06/01/2014 abitewe nuko umugore we yamushinje ko amuca inyuma.
Mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo hagiye kubakwa inzu y’ubutabera izaba ishinzwe kwakira no kuburanisha imanza z’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bazajya boherezwa mu Rwanda bavuye mu bindi bihugu.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14,utuye mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma avuga ko yafashwe ku ngufu n’umusore w’imyaka 17 ku mugoroba wa tariki 07/01/2014 ubwo yari yagiye kuvoma ahitwa Mbonyi.
Abaturage bo mu kagari ka Runoga, mu murenge wa Gitovu, mu karere ka Burera bavuga ko ivuriro (Poste de Santé) bagerejwe rizabafasha mu buzima bwabo ngo kuko mbere bajyaga kwivuriza kure bigatuma bamwe mu barwayi bagwa mu nzira.
Ambasaderi Benedict Llewellyn Jones, wari umaze imyaka itatu ahagarariye Ubwongereza mu Rwanda, yasezeye kuri Perezida Paul Kagame; anamwizeza ko uretse umubano hagati y’ibihugu byombi uzakomeza, n’imigenderanire y’abaturage ku mpande zombi izaba myiza mu bihe biri imbere.
Nyirashumbusho Jacqueline w’imyaka 22 wo mu karere ka Rusizi acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka mu karere ka Nyamagabe nyuma yo gufatanwa ibiro 30 by’urumogi abikuye mu karere ka Rusizi abizana mu karere ka Nyamagabe.
Abatuye umudugudu wa Bikingi, kagari ka Kijote mu murenge wa Bigogwe bafite amazu yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura yaguye mu masaha ya saa kumi z’umugoroba tariki 06/01/2014 barasaba ubufasha bwo kuyasana.
Mukanyandwi Slyverie w’imyaka 51 y’amavuko wari utuye umudugudu wa Muhororo ya kabiri akagari ka Buhoro mu murenge wa Ruhango, bamusanze mu nzu ye yishwe anizwe tariki 07/01/2014.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP) rivuga ko rimaze kugira aho rigera, bityo igihe kikaba kigeze ngo babe bafungurira imiryango bagenzi babo b’abagabo bakaza gufatanya gahunda yo kubaka uburinganire n’ubwuzuzanye.
Imwe mu mbogamizi ituma umubare w’imisoro iba yitezwe kugerwaho itaboneka uko bikwiye mu karere ka Nyabihu, harimo cyane cyane abapakira amamodoka bitwikiriye ijoro kugira ngo bakwepeshe imisoro.
Abashakashatsi baturutse mu ishuri Fordham Law School muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, baravuga ko ubushakashatsi bakoreye mu mirenge itandukanye y’akarere ka Musanze umwaka ushize wa 2013, bwagaragaye ko abafite ubumuga bwo mu mutwe batitabwaho kimwe n’abafite ubumuga bw’ingingo.
Muri santire ya Mukamira mu karere ka Nyabihu mu ikorosi riri aho umuhanda Mukamira-Ngororero uhurira n’uwa Musanze-Rubavu, habereye impanuka torotoro yari ipakiye icyayi igonga ivatiri ariko nta wapfuye.
Mu gicuku cy’ijoro rishyira itariki 07/01/2014, abajura bataramenyekana bateye ingando (chantier) ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda wa kaburimbo mu karere ka Nyamasheke, biba ibikoresho birimo imashini isudira n’ikurura amazi ndetse bakomeretsa n’abazamu baharindaga.
Igiterane ngarukamwaka "Women Destiny” kigaragaramo abari n’abategarugori banyuranye mu rwego rwo gukangurira bagenzi babo kwigirira ikizere kigiye kuba ku nshuro ya kabiri.
Abatwara abagenzi kuri moto mu karere ka Ngoma bari mu gihirahiro kubera kwirirwa bacibwa amande yuko batahaye abagenzi akanozasuku kandi ngo aho batuguraga tutakibayo.
Vestine Murekatete utuye mu mudugudu wa Kunini mu kagari ka Cyarusera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashwanye n’umugabo we ahita amusigira umwana w’amezi ane akajya ahantu hatabashije kumenyekana mu gihe cy’iminsi itatu.
Bitewe n’uko umuhanda wambukiranya akarere ka Kamonyi werekeza mu Ntara y’Amajyepfo, ukunze kuberamo impanuka nyinshi, Polisi ifatanyije n’inzego z’ibanze barakangurira abawukoresha kwigengesera, birinda gukora amakosa yose ashobora guteza impanuka.
Umwana witwa Debola Ishimwe w’imyaka 14 uvuka mu kagari ka Gaseke, umudugudu wa Nyamabuye umurenge wa Mutete yarohamye mu mugezi witwa Muyanze ahita apfa.
Umwana w’imyaka 10 witwaga Tuyishime Amiel wo mu mudugudu wa Kabeza mu kagari ka Byimana mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza yarohamye mu kiyaga cya Rwakigeri yitaba Imana.
Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka, umutekano n’ubutabera w’u Buholandi, Fred Teeven, yasuye gereza ya Nyanza kuwa kabiri tariki 7/01/2014 ashima urwego iyi gereza igezeho mu buryo bwo kugorora abayifungiyemo ndetse no kwita ku mibereho myiza yabo.