Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda Amavubi akaba anakina hagati mu ikipe ya Young Africans muri Tanzania, yahawe igihembo cy’umukinnyo wigaragaje kurusha abandi (Best player of the year) muri shampiyona ya Tanzania ya 2012/2013.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yatangirije mu karere ka Rutsiro gahunda igamije gufasha urubyiruko ruri mu biruhuko gukora ibikorwa bitandukanye byarufasha guteza imbere ubuzima bwabo n’ubw’igihugu.
Nzibahana Martin w’imyaka 30 na Mugenzi Thomas w’imyaka 23 y’amavuko bari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 07/11/2013, bakekwaho urupfu rw’umukecuru Nabakuza Surayine w’imyaka 53 wapfuye tariki ya 31/10/2013.
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 45 watoraguwe mu kiyaga cya Muhazi ku gice cy’umurenge wa Gahini mu karere ka Kayonza tariki 09/11/2013.
Ubwo bagiraga inama yo kumurikira ibikorwa byabo abaturage bo mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 9/11/2013, abayobozi ba EWSA babasabye kuzajya bagaragaza abangiza ibikorwa remezo, cyane cyane by’amashanyarazi, kuko baba bahombya Abanyarwanda bose.
Ubujura bw’imyaka mu mirima ndetse n’ubw’ibiti bakunze gukoresha bashingirira ibishyimbo ni kimwe mu bivugwa cyane na bamwe mu baturage mu karere ka Nyabihu.
Umusuwisi witwa Jérémie Robyr akaba ari inzobere mu gukora inyigo z’ubukerarugendo n’ibibuga bikorerwaho umukino wa Golf mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyanza tariki 8/011/2013 yasize yijeje ubuyobozi bw’ako ubufatanye mu gushakisha uko ubukerarugendo na Siporo byatera imbere muri aka karere.
APR FC yafashe umwanya wa kabiri muri shampiyona nyuma yo gutsinda mukeba wayo Rayon Sport igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa munani wabereye kuri Stade Amahoro ku wa gatandatu tariki ya 9/11/2013.
Icyumweru gitaha akarere kagihariye umutekano n’uruhare rw’abaturage mu kuwucunga (Security and community policing week). Bikaba mu gihe aka karere kari mu kwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangijwe kuva tariki 5/11/2013 kugeza tariki 12/12/2013.
Umuhuzabikorwa wa porogaramu yitwa PROBA ishinzwe gutanga ubujyanama kuri ba rwiyemezamirimo, Hakiza Kumeza Innocent, arasaba abantu bose bafite ubushobozi n’ingwate guhararira abatabufite bashaka kuba ba rwiyemezamirimo kugira ngo abe ari bo bishingirwa n’ikigega cyitwa BDF gifasha kubona inguzanyo abantu badafite ingwate.
Imirimo yo gukora umuhanda uturuka mu mujyi wa Nyamagabe werekeza mu murenge wa Musange wari utegerejwe na benshi irarimbanyije.
Inzobere enye z’abaganga mu gusuzuma indwara z’ababyeyi zaturutse mu Bufaransa zashoje igikorwa cyo gusuzuma ababyeyi indwara yokutabyara. Iki gikorwa cyari kimaze iminsi itanu kibera mu bitaro bikuru bya Nyamata mu karere ka Bugesera, cyashojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 8/11/2009.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, arasaba abapolisikazi kwiyubaha ndetse no kubahiriza indangagaciro za Polisi y’u Rwanda, kugira ngo bakore umurimo bashinzwe uko bikwiye bihesha agaciro.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake ya RAB 713 D, yikoreye ibiti bya Kabaruka yafatiwe hagati y’umurenge wa Kinazi na Ntongwe tariki 7/11/2013, banyirayo barayita bariruka.
Abakoresha umurongo wa internet ya MTN bifashishije modem zo mu bwoko bwa 2G bamaze iminsi nta internet babona kubera ikibazo kitarabasha kumenyekana.
Muri gahunda ya Hanga umurimo igamijwe kongerera ubushobozi abifuza gutangira imishinga yabo izabafasha gutera imbere, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) isaba abantu batandukanye kugaragaza imishinga bafite muri gahunda ya HANGA UMURIMO, kugira ngo babashe kugerageza amahirwe yabo.
Umuyobozi w’Inama njyanama y’akarere ka Ngororero, Emmanuel Bigenimana, avuga ko abantu n’ibigo bitandukanye basaba akarere ibibanza byo kubaka mo bakabihabwa ariko bagatinda kubaka bagiye kubyamburwa akarere kakabisubirana.
Abakora umwuga w’ububaji bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, bakoraga batatanye ariko ubu bakaba barahurijwe hamwe, barishimira ko byatangiye kubabyarira inyungu, aho kuri ubu amafaranga bakoreraga yiyongereye bitwe n’uko ababagana baba bazi aho babasanga.
Abagize Umuryango “Better Together” uhuza abateramkunga b’Ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, baratangaza ko gukorera hamwe ari yo ntambwe nyamukuru bahisemo kugira ngo serivise zitangirwa muri ibi bitaro zirusheho kunogera abazihabwa kandi abahabwa ubuvuzi muri ibi bitaro bakabasha gukira ku mubiri no ku mutima.
Bamwe mu babonye inguzanyo ya banki binyuze muri gahunda Hanga umurimo ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) mu karere ka Musanze, barasabwa kurangwa n’ubunyangamugayo birinda guhemukira amabanki yabagiriye icyizere.
Jean de Dieu Ngiruwonsanga w’imyaka 42 y’amavuko avuga ko nubwo afite ubumuga bw’amaso bitamubuza gukora ubucuruzi bw’inanasi bukaba bumutunze we n’umuryango we.
Bwa mbere mu mwaka w’imikino 2012/2013, APR FC irakina na mukeba wayo Rayon Sport mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu tariki ya 10/11/2013.
Umurambo wa Jeanne Mukantegano wari utuye mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, wabonetse kuri uyu wakane mu nzu yabanagamo na bene wabo ariko uwo munsi yari yayirayemo wenyine.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka ku binyabiziga gikomeje kwishyura abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera bahohotewe n’inyamaswa z’iyo Parike, haba mu buryo bwo kubangiriza imitungo, kubakomeretsa cyangwa kubicira ababo.
Abaturage batandatu bo mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Girinka bituye bagenzi babo, naho abandi bagera kuri 25 nabo bagabirwa inka muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 8/11/2013.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, arahamya ko kugira ngo ubuzima bw’abaturage bugende neza ari akazi gakomeye kagomba gukorwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Bamwe mu bakunze kuganira ku bibazo by’abashakanye, batangaza ko bimaze kugaragara ko benshi mu bashakanye bashakana bakundanye ndetse bagakomeza kubana muri duke bafite mu mahoro ariko ngo iyo bamaze gutera intambwe batangira kubipfa.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete, n’umuyobozi wa delegasiyo y’Abongeleza basinyanye amasezerano yemerera u Rwanda inkunga ya miliyoni 32 z’amapawundi ugereranyije mu manyarwanda arenga miliyari 32 yo guteza imbere imishinga yo mu byaro bikiri inyuma.
Abakozi ba ambassade y’Igihugu cy’Ubwongereza mu Rwanda bashima uko inkunga batanga mu karere ka Ngororero zikoreshwa muri gahunda y’iterambere n’uburenganzira bw’abaturage.
Umwana w’umuhungu witwa Twizeyimana Claude ufite imyaka 13 uvuga ko iwabo ari mu murenge wa Rurenge, akagari ka Gitaraga, umudugudu wa Rujambara ho mu karere ka Ngoma ubu arabarizwa mu karere ka Ngororero aho avuga ko yatawe na se umubyara.
Mu gutangiza gahunda yiswe ‘Ndi Umunyarwanda’, Perezida Kagame yavuze ko bizaruhanya gukemura ibibazo by’urusobe biri mu Banyarwanda, barimo abatagira ukuri, abakigaragaza ko babonye uburyo bakwica abandi, n’abatiyakira uko baremwe; ariko ngo hari n’abarenze ibyo bakwiye gutanga isomo.
Abagore bo mu karere ka Rusizi bakoze igitaramo cyiswe umugoroba w’ababyeyi hagamijwe kurebera hamwe no kwishimira ibyo bagezeho birimo kugarura indangagaciro n’umuco mu muryango nyarwanda, guhuza ingo zibanye mu makimbirane n’ibindi ibikorwa by’iterambere bamaze kugeraho.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda arasaba abapolisikazi bari mu mahugurwa yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, i Nkumba mu karere ka Burera, gushyira mu bikorwa ibyo bari kuhigira kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda ricike burundu.
Abanyarwanda baba mu gihugu no hanze yacyo bamaze gutanga amafaranga agera kuri miliyari 20 na miliyoni 190 z’amafaranga y’u Rwanda kuva ikigega Agaciro Development Fund cyatangizwa muri Kanama umwaka wa 2012.
Nyuma yo kwitabira inama mpuzamahanga y’ikoranabuhanga mu buhinzi, itsinda ry’abanyamahanga bakomeje gusura ibikorwa bitandukanye bifite aho bihuriye n’ubuhinzi. Ubwo basura BDC y’Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 08/11/2013 bashimye uruhare igira mu guhugura abahinzi no kubafasha kumenya amakuru ajyanye (…)
Abatuye umudugudu wa Karimbu akagali ka Mutendeli mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma basabye misa bashima Imana kuko ikibazo cyari kibakomereye cyo kuvoma kure cyakemutse maze bakegerezwa amazi iwabo mu mududgudu.
Umugore witwa Mukandinda Francine wari utuye mu murenge wa Kavumu mu karere ka Ngororero yiyahuye yinigishije umwenda yari yambaye ubwo yari muri kasho ya polisi mu karere ka Ngororero akurikiranyweho kwica umugabo we.
Nyuma y’uko bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Cyome umurenge wa Gatumba bakomeje gukimbirana n’abakozi b’ikompanyi yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) icunga umutekano muri GMC (Gatumba Mining Concession) polisi yafashe icyemezo cyo gushyira abapolisi kuri GMC mu rwego rwo gukumira ayo makimbirane.
Umuhanzi wo mu gihugu cy’u Burundi Kidumu azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Mudakumirwa” ya Kamichi kizaba tariki 30.11.2013.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arasaba abayobozi b’amashuri makuru kutihutira kugwiza umubare w’abanyeshuri gusa, ahubwo bagashishikazwa no gutanga ubumenyi busubiza ibibazo, bunafasha abayarangiza kwihangira imirimo.
Ilibagiza Marlene wo mu mudugudu wa Myatano mu kagari k’Urugarama ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza, arakekwaho kwica umugabo we witwaga Kayumba Laurent mu ijoro rya tariki 06/11/2013 afatanyije na murumuna w’umugabo we. Bombi ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara.
Koperative ikora ubworozi bw’inzuki mu Mudugudu wa Ngarama, Akagali ka Nyabikiri, Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo yitwa KABACO (Kabarore Abatiganda Cooperative) iratabaza ubuyobozi bw’aka Karere ku gihombo yatewe n’umuntu wayirogeye inzuki.
Gen. James Hoth Mai, Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, aratangaza ko igihugu cye kiteze kwigira byinshi ku gisirikare cy’u Rwanda, nyuma y’uko ibi bihugu byombi byasinyanye kugirana ubufatanye mu rwego rwa gisirikare.
Abana n’abantu bakuze bagihiga inyamaswa bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko guhiga nta musaruro bikigira uretse kubakiza inyamaswa zibangiriza zona imyaka, zikanica amatungo. Ngo izo nyamaswa bica bazishyira abantu bakora imiti, ariko bamwe mu baturage ntibashira amakenga iyo miti bakeka ko ari amarozi.
Umutahira w’itorero ry’igihugu mu Karere ka Gakenke, Karekezi Joseph yatangaje ko ibikorwa by’iterambere byakozwe n’abanyeshuri bari ku rugerero basaga gato 1100 bifite agaciro ka miliyoni 54 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abacamanza 56 bo mu Rukiko rukuru rwa Leta ya Lagos mu gihugu cya Nigeria, bavuga ko umwiherero w’icyumweru bagiriye mu Rwanda, ubigishije uburyo bazajya gukoresha ikoranabuhanga mu nkiko z’iwabo, kugirango bihutishe imanza.
Kuri uyu wa kane tariki ya 07/11/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yageneye abagize komite z’ibigo nderabuzima mu turere twa Huye na Nyaruguru, aho bazaba bahugurwa ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ndetse n’uburenganzira bw’ibyiciro byihariye.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikiciro cya kabiri cy’amahugurwa mu itunganyamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga, tariki 06/11/2013, abanyabukorikori bibumbiye mu rugaga rw’abikorera (PSF) basabwe kubyaza umusaruro ubumenyi bazahabwa, bukabafasha kumenyekanisha ibikorwa bakora.
Itangazamakuru ryo mu Rwanda ryeguriwe uburenganzira bwo kwigenzura ku makuru rigeza ku Banyarwanda, nyuma y’uko Leta imaze gusanga ryarakuze mu myumvire, nk’uko bitangazwa na Prof. Anastase Shyaka, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Raila Odinga wahoze ari minisitiri w’Intebe muri Kenya aratangaza ko asanga abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bakwiye gushyiraho itsinda ry’abasheshe akanguhe mu bya politiki bakiga uko umwuka mubi ari hagati ya bimwe mu bihugu bigize EAC wahosha bikarinda na EAC ubwayo gucikamo ibice.