Umuhanzi Makonikoshwa wari urwariye mu bitaro bya CHUK Kigali aratangaza ko afite ibyishimo byo kuva mu bitaro kandi ko ashimira Imana cyane yamufashije.
Umugabo witwa Gregory S. Hale w’imyaka 37 utuye mu mugi wa Summitville muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yafatiwe iwe mu rugo kuri uyu wa kabiri taliki 10 kamena 2014 ashinjwa kuba yarishe akanakorera ibikorwa by’iyica rubozo umurambo w’umugore we.
Grenage yo mu bwoko bwa “Tortoise” ishaje yatoraguwe mu murima wo mu mudugudu wa Akabeza, akagari ka Nyakagunga, mu murenge wa Fumbwe ho mu karere ka Rwamagana; itaruwe n’abaturage bahingaga ku wa kabiri, tariki 10/06/2014.
Umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 10/06/2014 wakoreye ubukangurambaga abaturage b’umurenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, ubwo bukangurambaga bukaba bwari ubwo kubashishikariza gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza buzwi nka mitiweri no kubakangurira kwirinda SIDA.
Nkurikiyingoma Donat yitabye Imana biturutse ku ipine yaturitse ubwo bayisudiraga irimo umwuka, abandi batandatu barakomereka bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka u Rwanda buri mwaka (Tour du Rwanda) rizatangira tariki 16/11/2014, rizatwara akayabo ka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda rikazamara icyumweru, aho abasiganwa bazarushanwa mu ntera ndende kurenza iyo basiganwe mbere.
Umuhanda wa Kinigi-Musanze ukorwamo amatagisi atwara abagenzi azwi nka “twegerane” usanga apakiye abagenzi barenze umubare ugenwe muri tagisi ari byo bita gutendeka, abagenzi basaba ko umubare w’abapolisi bakora muri uwo muhanda biyongera kugira ngo bicike.
Mu cyumweru cyitiriwe ibikorwa by’ingabo (Army Week), mu karere ka Gisagara ingabo zifatanyije n’abaturage ziri kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari batarabona amacumbi kugera n’ubu.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 11/06/2014, ingabo za Kongo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda zirasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu biba ngombwa ko ingabo z’u Rwanda zirwanaho umusirikare wa Kongo ahasiga ubuzima.
Abaturage batuye mu Murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke babangamiwe n’uburyo bwo guhahirana n’utundi duce bahana imbibi kubera ibiraro byo muri uwo murenge bigera kuri bitatu byangiritse kuburyo nta modoka ishobora kuhanyura.
Musabyimana Andereya na Ntakirutimana Anastaziya batuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro basigaye bagishwa inama n’izindi ngo zibanye nabi, mu gihe mbere urugo rwabo rwari ruzwi mu gace batuyemo nk’urugo rwarangwaga n’amakimbirane akomeye.
Mu karere ka Nyamagabe hatangijwe umushinga wo guharanira uburenganzira bw’abana uzamara imyaka itatu ushyirwa mu bikorwa n’ihuriro ry’abanyamategeko b’abakirisitu rya Lawyer of Hope ku bufatanye na World Vision.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burifuza ko inyubako nyinshi zitatanye mu mujyi w’ako karere zagabanuka kuko imihanda ihuza ibice by’umujyi ihenda kuyishyiramo kaburimbo. Ibi ariko ngo ntibikuyeho gutuza abaturage no kuvugurura uyu mujyi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yamenyesheje abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda baturutse mu gihugu n’abava hirya no hino ku isi, ko porogaramu y’ubufatanye bw’ibihugu by’Afurika mu guteza imbere ubuhinzi (CAADP), izakura mu bukene abaturage bangana na miliyoni eshatu mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bakaba banafite kurangiza imanza mu nshingazo zabo barasaba inzego zishinzwe amategeko kuyabegereza kugira ngo barusheho kwihugura no kurushaho gukora akazi kabo ko kurangiza imanza mu buryo bwihuse kandi ntacyo bikanga.
Mu gutangiza icyumweru cy’ubukangurambaga ku kwandikisha ubutaka no kubukoresha neza mu ntara y’uburasirazuba, igikorwa cyabereye mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 10 Kamena, hishimiwe ko amakimbirane abushingiyeho yagabanutse.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda cyitwa ICPAR, cyavuze ko Abanyarwanda bakora uwo mwuga bize amasomo yacyo yo ku rwego mpuzamahanga bakiri bake cyane, aho ngo bituma abanyamahanga bakomeza kwiharira isoko ry’uwo murimo mu Rwanda no mu muryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Umusore witwa Niyokwizera Fabien w’imyaka 23 y’amavuko arwariye mu bitara bya ADEPR Nyamata nyuma yo gufatwa n’umuriro ku ipironi ngo abone uko yiba insinga zitwara umuriro w`amashanyarazi mu murenge wa Nyamata, akagari ka Kayumba mu karere ka Bugesera mu rucyerera rwo ku wa 8/6/2014.
Millicom, Isosiyete ifite ikigo cy’itumanaho cya Tigo yamaze kwegukana ububasha bwo kugenzura ihanahana ry’amafaranga hagati y’amabanki akorera mu Rwanda no mu bakiliya b’ayo mabanki hakoreshejwe ATM mu Rwanda.
Munyaneza Fabien, Nsabimana Barthazar na Minani Jean, bafungiye kuri station ya polisi ishami ryayo rya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 09/06/2014, bakekwaho urupfu rwa Kazungu.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ingabo (Army Week) ku rwego rw’akarere ka Bugesera cyatangirijwe mu murenge wa Nyamata, kuri uyu wa 10/06/2014, hasubukurwa iyubakwa ry’amazu icyenda y’Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, bacumbikiwe mu kagali ka Kanazi.
Ibigo 42 bifite amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 yatangiye guha abana amafunguro ya saa sita. Ababyeyi, abarezi n’abanyeshuri, bose ngo basanga iyi gahunda izafasha mu kwiyongera ku ireme ry’uburezi butangirwa muri aya mashuri.
Ingaruka zo kutarya neza zishobora gutuma umwana agwingira yaba ku mubili no mu bwenge; nk’uko byaragarutsweho n’abitabiriye ibiganiro ku kugutegura indyo yuzuye mu karere ka Gatsibo.
Umugabo witwa Nzamwita Emmanuel w’imyaka 27 uvuka mu murenge wa Bukure mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba akurikiranyweho kwica umugore we witwa Yankurije Joselyne w’imyaka 24.
Imodoka itwara abagenzi izwi ku izina rya twegerane ifite nimero ya purake RAC 326 N yarivuye i Kigali yerekeje mu Karere ka Musanze yahirimiye mu Murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke ku bwamahirwe ntihagira uhasiga ubuzima cyangwa ngo akomereke.
Mantis bita Dystacta tigrifrutex cyangwa the bush tiger mantis ni ubwoko bushya bw’inigwahabiri (insects) bwavumbuwe ku isi buvumburwa mu ishyamba rya Nyungwe mu mezi make ashize ataragera ku mwaka.
Kuri uyu wa 09 Kamena 2014 Polisi y’Igihugu yatangirije icyumweru cyiswe “Police Week” mu Karere ka Karongi mu rwego rwo gushimira abaturage bo mu Ntara y’Uburengerazuba ubufatanye bakomeje kuyigaragariza mu kwicungira umutekano no kurinda umutekano w’igihugu muri rusange.
Kuri uyu wa 09 Kamena itorero rya Eglise Vivante de Jesus Christ ryagejeje imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare uwo ryita ko yari umushumba waryo mu karere ka Nyagatare Niyonagira Locus rumusaba kuva mu mitungo yaryo kuko ubu yamaze kwitandukanya naryo mu mwaka wa 2013.
Umutoza Jose Mourinho wiyise « The Special One » yongeye kuvugwa mu bitangazamakuru ubwo yavaga ku ntebe ye y’ubutoza akinjira mu kibuga agatera umutego umuririmbyi wakiniraga ikipe y’abanyamakuru Mourinho ubwe yatozaga.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwategetse ko abagabo batanu n’umwana w’imyaka 17 wigaga mu rwunge rw’amashuli rwa Nyagatare bafungwa iminsi 15 y’agateganyo mu gihe bakurikiranweho gusambanya abana no kubashora mu buraya.
Abahanzi bari mu marushanwa ya PGGSS 4 ubwo barimo baririmbira Abanyagicumbi kuri uyu wa 7/6/2014 benshi batangaje ko bizeye kuzahiga abandi mu gihe bazatangira kuririmba mu buryo bw’ijwi ry’umwimerere “live”.
Nyuma y’uko abarwanyi 105 ba FDLR babaga Walikale bashyize intwaro 102 mu maboko ya SADC mu minsi ishize, abandi barwanyi 84 bo muri FDLR muri Kivu y’amajyepfo hamwe n’abantu bo mu imiryango yabo bagera 225 bashyikirije MONUSCO tariki 08/06/2014.
Kuba abaturage bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera basangwa mu ngo zabo maze bagasuzumwa indwara ya malariya ngo ni imwe mu ngamba yafashije mu kugabanya umubare w’abarwayi ba Marariya nk’uko byemezwa n’abashakashatsi muri gahunda yo kurandura Malaria muri uyu murenge wa Ruhuha.
Imibiri 29 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse mu karere ka Rulindo yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Rusiga kuri iki cyumweru tariki 8/6/2014.
Ikigo cy’imfubyi cyitiriwe Mutagatifu Antoine giherereye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyizihije isabukuru y’imyaka 25 kimaze gishinzwe n’abapadiri bo mu muryango w’abalogasiyonisite.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, hafungiye abantu 35 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye birimo ubujura, gucuruza ibiyobyabwenge no kubinywa, guteza umutekano muke ndetse hakaba harimo n’abafashwe badafite ibyangobwa bibaranga.
Ubwo hibukwaga abakozi bakoraga mu bitaro bya Kibuye, abarwayi, abarwaza ndetse n’abandi bari bahahungiye bakaza kuhicirwa mu gihe cya Jenoside, bibukije ko ubusanzwe umuntu agana abitaro ajya kuhashakira ubuzima bityo bagaya cyane abahakoreye ibikorwa by’ubwicanyi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burahumuriza urubyiruko rwiga imyuga ko byoroshye kubona akazi kuri bo no kukihangira kandi ko bafite n’amahirwe yo kwishyira hamwe mu makoperative, bakabasha kuronka ku mafaranga yagenewe guteza imbere imishinga y’urubyiruko.
Abasore n’inkumi bo mu karere ka Gisagara baravuga ko kugirango bagere ku iterambere bitaboroheye kubera ko nta masambu bagira cyangwa indi mitungo ishobora gufatwaho ingwate igihe basaba inguzanyo zabafasha kwizamura kandi aricyo amabanki abasaba.
Abaturage bo mu karere ka Rutsiro bakenera gukora ingendo bifashishije ikiyaga cya Kivu bishimira ko ubwato bwatanzwe na Perezida Paul Kagame bukora ingendo hagati ya Rusizi na Rubavu busigaye bufite aho buhagarara mu karere ka Rutsiro bugashyiramo abagenzi n’imizigo yabo mu gihe mbere bwabanyuragaho ntibubatware.
Umuhanzi Eric Senderi Nzaramba, uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Senderi International Hit yagaragaye ku rubyiniro yikoreye igitebo cy’ibijumba ku mutwe mu marushanwa ya PGGSS 4 yabereye i Gicumbi kuwa 7/6/2014.
Mu rwego rwo gukomeza gufasha abaturage kugira imibereho myiza banywa amata kandi banonera umusaruro kubera ifumbire, tariki 2-8 Kamena 2014 ni icyumweru Akarere ka Karongi kahariye gahunda ya Gira inka “Gira inka week”.
Nubuhoro Francis, umuhanzi ukunda kuririmba mu njyana ya Reggae, akaba amaze gukora indirimbo ebyiri, yemeza ko nta gihe kidasanzwe agira ngo ajye mu nganzo ahubwo ngo agira atya akumva inganzo iramukirigita agahita afata urupapuro akandika indirimbo, ubundi akegura gitari ye akaririmba, kandi ngo iyo inganzo yaje biba (…)
Mu murenge wa Kibilizi uherereye mu karere ka Nyanza, tariki 07/06/2014, hibutswe abagore basaga 350 biciwe muri uyu murenge bazira Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda; umuhango ukaba wabibumriwe na Misa yo kubasabira.
APR FC yatsindiye kujya muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Rayon Sport iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri sitade ya Kigali ku cyumweru tariki ya 8/6/2014.
Minisitiri Protais Mitali aravuga ko abatije umurindi ubwicanyi bwakorewe Abatutsi mu Rwanda bakwiye gusaba imbabazi Abanyarwanda bose kuko amahano ya Jenoside atari gushoboka iyo batayagiramo uruhare.
Nyuma y’aho ishuri rya Ecole de Science de Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, imirimo yo kuzisana yahise itangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/06/2014, akaba ari bwo inyubako zari zarahiye zatashywe ku mugaragaro.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yasezerewe na Nigeria iyitsinze igiteranyo cy’ibitego 12-1 mu mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Abunganira abasora muri Gasutamo basaga 200, bahawe impamyabumenyi zabo ziri ku rwego rw’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba nyuma y’amasomo bahawe mu byiciro 7 byari bimaze hafi imyaka 3 bahugurwa.