Abitandukanije n’abacengezi hamwe n’abafasha babo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko ubu ari aba mbere mu kumva neza ibyiza n’akamaro bya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Umwana w’imyaka 13 ukomoka mu kagari ka Ryamanyoni ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza ari mu maboko ya polisi sitasiyo ya Rukara akekwaho kwica mugenzi we w’imyaka 12.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa St Nicolas Cyanika ruri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko ubujyanama bahabwa n’umushinga ugamije gukumira ko abana b’abakobwa bata ishuri (Keep Girls at school/KGAS) buri kugenda butanga umusaruro haba mu guhangana n’impamvu zatuma batwara inda zitateguwe (…)
Abayobozi b’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) mu karere ka Musanze no mu mirenge ikagize, bavuga ko kuba basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (ruri ku Gisozi), byabahaye ubunararibonye bwo kubwira bagenzi babo ko kwifatanya n’umwanzi ari uguta umwanya, ahubwo bagomba kurwana urugamba rwo kwiteza imbere.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwimura abagororwa basaga 5880 bari bafungiye muri gereza ya Muhanga bajyanwa muri gereza ya Mpanga iherereye mu karere ka Nyanza no muri gereza ya Karubanda iherereye mu karere ka Huye, zose zo mu ntara y’amajyepfo.
Imihigo y’Akarere ka Nyanza yahizwe mu mwaka wa 2013-2014 ngo yeshejwe ku gipimo cya 95% nk’uko isuzuma ryakozwe n’Intara y’Amajyepfo ryabigaragaje ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 3/06/2014.
Gereza ya Muhanga iherereye mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa ku wa gatatu tariki 04/06/2014, igice cyayo kibamo abagororwa kirakongoka.
Kuri uyu wa kabiri tariki 03/06/2014 ingabo z’igihugu zatangiye igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu batishoboye bo mu karere ka Rulindo bafite ubumuga bukomeye basigiwe na jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Impunzi z’Abanyekongo zikambitse mu nkambi ya Nyabieke iherereye mu karere ka Gatsibo, zamurikiwe zimwe mu nzego z’umutekano zirimo Police, abinjira n’abasohoka mu gihugu ndetse n’urwego rwa Minisiteri y’ibiza no gucyura impuzi (MIDIMAR) muri iyi nkambi.
Me Ntaganda Bernard washinze ishyaka rya PS Imberakuri ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yasohotse muri gereza ya Nyanza yari afungiyemo uyu munsi kuwa 04/06/2014 ahagana ku isaha ya saa moya za mu gitondo, nyuma yo kurangiza igifungo cy’imyaka ine yari yarakatiwe n’urukiko.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) urashima cyane uburyo u Rwanda rufata neza impunzi zihungira mu gihugu, ngo agasanga ibi bikwiye gukorwa n’ibindi bihugu ku isi.
Kugeza ubu inka zitaramenyekana umubare neza zatanzwe muri gahunda ya Girinka munyarwanda, zaragurishijwe mu Murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo nkuko bitanazwa n’Ubuyobozi bw’uyu Murenge.
Ubwo abasenateri bagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage basuraga akarere ka Gicumbi babwiwe ko abaturage bafite uturima tw’igikoni tubafasha guhashya imirire mibi nyuma abasenateri basuye abaturage basanga nta rugo na rumwe rufite akarima k’igikoni.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA), Rose Mukankomeje, atangaza ko ibishanga by’u Rwanda byagiye bibangamirwa n’uko Leta zabanje zarekaga abantu bagatura mu bishanga bakanabikoresha uko bashatse.
Abatoza b’intore barangije itorero ryaberaga i Nkumba, mu karere ka Burera, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo bigiye muri iryo torero, babitoza abandi kugira ngo Abanyarwanda barusheho kuba intore nyazo.
Ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Rusizi zifatanyije n’abaturage bo mu tugari twa Miko na Kabasigirira bo mu murenge wa Mururu mu gikorwa cyo gusiza ikibanza cyo kubakamo ivuriro abaturage bo muri utwo tugari bazajya bivurizaho.
Mu nteko rusange y’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 03/06/2014, urubyiruko rwiyemeje ko rugiye kurushaho gukora rukiteza imbere rukima amatwi ababashukisha amafaranga ngo barushore mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Myugariro w’ikipe y’u Rwanda, Salomon Nirisarike, nyuma yo kuyikinira ikanatsinda Libya ibitego 3-0 ku wa gatandatu ushize, yerekeje mu Bubiligi aho asanzwe akina, akaba yagiye kuganira n’umuhagarariye (Manager), ku bijyanye n’ikipe azakinamo mu mwaka w’imikino utaha.
Nyuma y’uko urubyiruko rwibumbiye mu muryango FPR-Inkotanyi rumwubakiye inzu yo kubamo, Nyirahirana Domitile wo mu mudugudu wa Benishyaka akagali ka Rurenge umurenge wa Rukomo akarere ka Nyagatare yemeza ko atagica incuro kuko ubu ubucuruzi akora bumutunga.
Ikigo cya Leta gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro no kwigisha imyuga (WDA) kibinyujije mu kigega gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (Skills Development Fund/SDF) cyatangije icyiciro cya kane cyo gusaba amafaranga yo guhugura Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi mu bijyanye n’imyigishirize y’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Umuyobozi muri ministeri ishinzwe iterambere mpuzamahanga mu gihugu cy’Ubwongereza, Lynne Featherstone arashima akamaro k’amatsinda yo kuzigama no kugurizanya abaturage bibumbiramo kuko bibafasha guhindura imibereho yabo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) kiratangaza ko igice cy’u Bugesera gishobora kutazoroherwa n’amapfa mu gihe kiri imbere niba ibihe bikomeje kutaba byiza. Ibi ngo biterwa n’imiterere y’aka karere n’uburyo imvura igenda ibura muri rusange.
Umuhanzi w’icyamamare Stromae yatangaje ko mu mwaka utaha azasura u Rwanda mu gihe azaba akora ibitaramo byo kuririmba henshi hanyuranye muri Afurika, anatangaza byinshi ku buryo afata amateka y’u Rwanda, iterambere rya Afurika n’ibitangazwa mu makuru. Ndetse anavuga ku buzima bwe bwite na se umubyara wari Umunyarwanda (…)
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’iy’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) ngo zishimishijwe n’icyemezo cya sosiyete y’itumanaho mu Rwanda MTN, cy’uko abafatabuguzi bayo basura ku buntu, urubuga ‘wikipedia.org’ rutanga amakuru n’ubumenyi bukenerwa n’abanyeshuri cyangwa abashakashatsi.
Masengesho Ismael wari umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Dominiko Saviyo rwa Nyamugari yasabwe kujya kwigisha mu rwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Yohani Bosco rwa Shangi, nyuma y’uko basanze yari afite imyitwarire idakwiye mu kazi yakoraga harimo gusuzugura ubuyobozi , inyandiko mpambano no gukererwa akazi.
Leta y’u Rwanda ibinyujijwe mu Minisiteri y’Umutungo Kamere ku bufatanye n’Ikigega Adaptation Fund batangije umushinga wo guhangana n’ingaruka z’imihindagurike y’ibihe (RV3CBA). Uyu mushinga uzita ku kubungabunga imigezi, imisozi n’ibibaya ukazatanga akazi ku bantu 38.266.
Umuryango RWAMREC uharanira ko abagabo bagira uruhare mu kwimakaza uburinganire bwabo n’abagore, uratangaza ko ibiganiro ku mibanire y’aba bombi bigenda bitanga impinduka mu mibereho yabo ituma babana neza kandi umugabo akarushaho kugira uruhare mu kwita ku muryango we.
Umugabo witwa Nsengiyumva Claude utuye mu mudugudu wa Kigarama mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, afungiye kuri station ya Kiramuruzi akurikiranyweho icyaha cyo gutema umugore we witwa Uwase Divine w’imyaka 20 akamukomeretsa bikaviramo urupfu.
Bamwe mu rubyiruko rutuye umurenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe ruvuga ko rufite ubushake bwinshi bwo kwiga imyuga ariko rugahura n’imbogamizi zuko amashuri yigisha imyuga atarabageraho aho batuye mu cyaro.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abagore batatu n’abagabo batatu binjiza ibicuruzwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu binyuzwa ku mipaka itemewe.
Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arakangurira Abanyarwanda gukoresha neza ubutaka buto bafite kugira ngo bubyare umusaruro uhagije uhaza igihugu ndetse bakanasagurira amahanga, ngo kutabyaza umusaruro ubwo butaka bibangamiye gahunda ya Leta yo kongera ubukungu.
Gahunda ya “Korana Ubuhanga” izanye umuti mu kongera ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu Rwanda; aho buri muturage mu Rwanda uyu mwaka uzarangira azi neza akamaro yabyaza ikoranabuhanga mu buryo bworoshye ndetse n’uko ryamugeraho.
Umugore witwa Hakuzwimana Jeannette, afungiye kuri Station ya Polisi ya Gahunga, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, ashinjwa guta ku gasozi umwana w’uruhinja yari amaze icyumweru kirenga yibarutse.
Abahinzi bo mu karere ka Gicumbi bavumbuye imbuto y’amashaza yerera amezi abiri gusa mu gihe amashaza yari asanzwe ahingwa muri aka karere yereraga amezi ane.
Nyuma y’ubujura bukabije bwari bumaze iminsi burangwa mu kagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro cyane cyane mu masaha ya nijoro, ubuyobozi bw’akagari hamwe n’abaturage bashyizeho ishyirahamwe ry’abiyemeje guhangana n’abakora ibyo bikorwa bihungabanya umutekano.
Utazirubanda Saidi w’imyaka 23 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho kwica umugore we Mukeshimana Clemantine w’imyaka 23 n’umwana yari atwite w’amezi arindwi bikekwa ko yamukubise imigeri munda.
Bamwe mu bahanzi batuye mu Karere ka Gakenke bemeza ko kuhabera umuhanzi bitoroshye bitewe nuko bimwe mu bikorwa birimo inzu zitunganya umuziki bitarahagera, ugasanga birabasaba kujya mu yindi mijyi byegeranye kugirango batunganye ibihangano byabo.
Umusore witwa Revelien Kabera afungiye kuri Polisi ishami rishinzwe kurwanya magendu akurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira umukozi w’iri shami agaca abacuruzi amande, ababwira ko nibatayamuha azabatanga bagafungwa.
Nubwo akarere ka Nyamagabe ariko katangirijwemo ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kwandika ubutaka, imibare irerekana ko abaturage hafi 76% aribo bamaze gufata ibyangombwa bya burundu by’ubutaka bwabo.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yatahuye toni y’ibiti bya kabaruka cyangwa se umushikiri, mu nzu y’umuturage witwa Nsengiyaremye Pascal w’imyaka 37 wo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Ntambara Bosco n’umumotari witwa Makuba Jean de Dieu bombi batuye mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bafatiwe mu karere ka Rutsiro tariki 31/05/2014 bazira udupfunyika 2500 tw’urumogi bari batwaye kuri moto.
Nyuma yuko diyosezi gatorika ya Kibungo iboneye umushumba mushya mu kwezi kwa Karindwi umwaka ushize wa 2013, Mgr Kambanda Antoine , yashyizeho igisonga cye (umwungirije) mu rwego rwo kuzuza inzego za Kiliziya muri diyosezi zitari zuzuye.
Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa Nyabigoma mu murenge wa Bweyeye, mu karere ka Rusizi bashyikirijwe ibyumba by’amashuri bine n’ubwiherero, bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 50 n’ibihumbi 400.
Icyamamare mu njyana ya Jazz akaba n’umunyamakuru kuri Radiyo ijwi ry’Amerika, Dr Maxwell Haeather, ari mu Rwanda akaba atanga inama ko nta muhanzi wagombye gukoresha ibiyobyabwenge kugira ngo azamure umuziki we kuko biwangiza ndetse bikaba byamutwara ubuzima.
Kuri uyu wa 1 Kamena 2014 mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Rubengera mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bashinguye imibiri 52 y’inzirakangane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abaturage b’akarere ka Nyabihu barashimirwa cyane ubwitange bagaragaje mu gutera inkunga bagenzi babo basizwe iheruheru na Jenoside, kandi iyi nkunga ikaba izakoreshwa mu gukora byinshi bitandukanye bizamura imibereho yabo; nk’uko Juru Anastase uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu yabitangaje.
Imidugudu igize umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi yarushanyijwe aho igeze yiteza imbere mu rwego rwo kurushaho gukangurira abaturage kumenya ibibakorerwa no kubigiramo uruhare rugaragara.
Habimana Jean Bosco, utuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, nubwo abana n’ubumuga bwo kutagira akaguru k’ibumoso, abasha gukina umukino wa Karate nk’abandi bafite amaguru yombi kandi nta nsimburangingo y’uko kuguru afite.
Mu rwego rwo gukumira ubwandu bushya bw’agakoko gatera Sida,bamwe mu baturage batishoboye bo mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara,bavuga ko bari kuzamura urwego rw’imibereho yabo binyuze mu kworora no guhingira hamwe ngo kuko ubukene ari imwe mu mitego igwisha abantu mu ngeso zikwirakwiza ubu ubwandu.