Ikipe y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yasezerewe na Nigeria iyitsinze igiteranyo cy’ibitego 12-1 mu mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Abunganira abasora muri Gasutamo basaga 200, bahawe impamyabumenyi zabo ziri ku rwego rw’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba nyuma y’amasomo bahawe mu byiciro 7 byari bimaze hafi imyaka 3 bahugurwa.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kayonza barasabwa kurushaho gutanga serivisi nziza ku baturage no kuzirikana ko uretse kuba abaturage ari abagenerwabikorwa ari na bo bakoresha b’ababyobozi, kuko ngo badahari n’ubuyobozi butabaho nk’uko umuyobozi w’ako karere abivuga.
Kimwe mu bibazo bihangayikishije ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero ni icy’imihanda yo muri aka karere ikorwa nabi ntikoreshwe ibyo yagenewe kandi yatanzweho akayabo k’ingengo y’imari.
Mu gihe abaturage b’umudugudu w’Agasongero mu kagali ka Nyagatoma umurenge wa Tabagwe akarere ka Nyagatare bavuga ko abana babo bakirwara indwara ziterwa n’isuku nke kubera gukoresha gukoresha amazi mabi, ubuyobozi bw’akagali ka Nyagatoma bubakangurira kujya bateka amazi bakoresha mu gihe batari babona ameza.
Nyuma y’imyaka igera itatu bahangayitse kubera inzu zashaje ibisenge babagamo, imiryango 11 y’abarokotse Jenoside bo mu murenge wa Ngororero barashima ubuyobozi bw’akarere hamwe n’ikigega FARG ko basaniwe amazu ubu bakaba baba ahantu hasukuye kandi bizeye umutekano wabo.
Ministeri ishinzwe urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), yasabye abagize Inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) mu turere twose tw’igihugu, kwitanga no kwita ku nshingano bashinzwe z’ubukangurambaga, kwishyira hamwe ndetse no gukora ubuvugizi; aho kumva ko hari abandi bashinzwe kubakorera.
Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Anita Asiimwe, unakurikirana byumwihariko akarere ka Ngoma, arashima uruhare rw’abatuye aka karere mu kwesa imihigo.
Rumwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko babona amahirwe mukwihangira umurimo, kuko usanga bibarinda ubushomeri mu gihe barangije kwiga, ariko ugasanga bakibangamiwe n’uko benshi muri bo bibanira n’amikoro macye.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani (Rwanbatt 41) bakoze umuganda wo kurengera ibidukikije no gusukura umujyi wa El Fasher mu majyaruguru y’Intara ya Darfur kuwa kane tariki 5/6/2014.
Bamwe mu bacungamutungo b’imirenge SACCO bavuga ko ibyo bigo b’imari bifite inyungu nyinshi byavana mu ihuriro ry’ibigo by’imari (Association of Microfinance Institutions in Rwanda, AMIR) biramutse biryinjiyemo.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko wakoraga akazi ko kuragira inka mu kagari ka Karambo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro yashyikirijwe Polisi kuwa kane tariki 5/6/2014, akurikiranyweho kugerageza gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 10 y’amavuko.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni yemeye ubufasha mu kwagura izi nyubako, nyuma y’igihe kitari gito abakozi n’abayobozi b’akarere bagaragaza ikibazo cy’inyubako z’ibiro zidahagije ndetse zitajyanye n’igihe.
Ubuyobozi n’abakozi ba MAGERWA bakoze igikorwa cyo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igikorwa cyabanjirijwe no gusura urwibutso rwa Ntarama ruherereye mu karere ka Bugusera rugakurikirwa n’ijoro ry’icyunamo.
Urubyiruko rurakangurirwa kwiga amasomo y’imyuga ngo kuko ni ryo pfundo iterambere ry’igihugu ryubakiyeho, kandi bikaba amahirwe y’umwihariko ku wize imyuga kuko adashobora kubura akazi.
Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro ryo mu Burengerazuba ( IPRC West) bibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bafasha impfubyi zibana zo mu Mudugudu wa Twumba mu Murenge wa Twumba ho mu Karere ka Karongi.
Umuhanzi mu njyana ya Afrobeat Uncle Austin yamaze kurekurwa na polisi ahita ashyira hanze indirimbo yise “Uko tayali, ikaba ari indirimbo yo kubaza umukobwa niba yemeye ko babana.
Umukozi w’Ubwisungane mu Kwivuza ku rwego rw’akarere ka Ngororero ahamya ko ibyo yita uburiganya cyangwa kwibeshya mu gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe, ari kimwe mu byagabanije igipimo cy’ubwitabire bw’abaturage mu bwisungane mu kwivuza muri uyu mwaka ugiye gusoza.
Abanyeshuri n’abakozi b’Ishuri rikuru ry’abadivantisti b’abalayiki rya Kigali (INILAK) ngo bagomba kumenya no kwigisha abandi gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, nk’uko Komisiyo y’ubumbwe n’ubwiyunge(NURC) na Unity Club ihuriwemo n’abayobozi, bavuga ko ari byo byaca impungenge abantu bafite ko ubwicanyi mu Rwanda bwakongera kuba.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko abasirikare bakuru 46 barangije amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama (Rwanda Defense Force and Senior Command College) bazahabwa imyanya ikomeye mu buyobozi bw’ingabo z’igihugu no mu butumwa bw’amahoro butandukanye ingabo zirimo.
Imurikorwa ku bikorwa by’ubuhinzi ryongeye kuba riteguwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB). Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Agnes Kalibata, waritangije yasabye ibigo by’amabanki korohereza abahinzi kugera ku nguzanyo kugira biteze imbere.
Abaturage bo mu murenge wa Kagano bageneye inkunga abirukanwe muri Tanzaniya bagiye gutuzwa mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, ibintu bifite agaciro gasaga ibihumbi 800.
Umusirikare wa Kongo usanzwe ukorera muri Region ya 8 muri Kivu y’Amajyaruguru wafatiwe ku butaka bw’u Rwanda mu karere ka Rubavu kuri uyu wa 06/06/2014yashyikirijwe ishami ry’itsinda ry’ingabo za ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka ya Kongo ryitwa Extended Joint Verification Mechanism (EJVM).
Abamotari bari bibumbiye muri sosiyete SOTRAGERU (SOCIETE DE TRANSPORT GENERAL DE RUSIZI) bahisemo kuyisesa batangiza koperative kugirango bazabashe gukemura ibibazo byagiye bigaragara muri iyi sosiyete.
Imwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza ikunze kwibasirwa n’izuba ryinshi rikangiza imyaka y’abaturage bikabatera inzara, ariko by’umwihariko umurenge wa Ndego ngo ufite n’andi mahirwe yo kugira ibiyaga byinshi bitarabyazwa umusaruro ku buryo bufatika kandi byagira uruhare mu guhangana n’ingaruka z’iryo zuba.
Ikipe y’ababana n’ubumuga y’umukino wa Seat Ball yo mu karere ka Burera itangaza igikeneye ibikoresho by’ibanze bijyanye n’uwo mukino kugira ngo bawukine neza babe bagera ku rwego rwo hejuru, ibe yaserukira ako karere.
Abahoze ari abarwanyi muri FDLR n’abagore babo bakomoka mu turere twa Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi bahuguriwe ku kwihangira imirimo banasabwa kugira uruhare mu gushishikariza bagenzi babo bakiri mu mashyamba ya Kongo gutaha ku neza bakaza gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
Abakozi b’ikigo cy’ubwiteganyirize bw’abakozi cy’u Rwanda (RSSB) baremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza banatera inkunga urwibutso rwa Jenoside rw’aka karere kuri uyu wa kane tariki 05/06/2014.
Abanyamabanga nshingwabikorwa bose b’utugali tugize Akarere ka Gatsibo, kuri uyu wa kane tariki 5 Kamena 2014, batangiye amahugurwa y’iminsi 2 hagamijwe kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro ikigo (one stop center) cyizajya gitanga ubufasha mu bujyanama, ubuvuzi ndetse no mu mategeko hagamijwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kikazatanga serivisi ku mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme n’abaturage bayituriye.
Ubukwe bwa Shona Carter na Johnathon Brooks bwabaye ku itariki ya 28/5/2014, bwaranzwe n’agashya k’uko umukobwa wabo w’ukwezi kumwe na we yabutashye aziritse ku gice kigenda cyikurura inyuma ku ikanzu y’abageni (traîne) mama we yari yambaye.
Rayon Sport izakina na mukeba wayo APR FC muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, ikaba yabigezeho ku wa kane tariki 5/6/2014 ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 3-2 bigoranye, mu mukino w’ikirarane wa 1/8 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Umurambo w’umuturage witwa Nkinzingabo Zabrone watahuwe umanitse mu giti cya avoka gihinze mu murima w’umuturage wo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ku gicamunsi cya tariki 05/06/2014, abaturage b’i Mukarange babonye uwo murambo bakaba bavuga ko batamuzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime yasabye imbabazi Perezida Kagame mu izina ry’abandi bayobozi n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru kubera ko bamwe mu bayobozi bo muri iyo ntara banduje isura yabo bagambaniye igihugu bagakorana n’umutwe wa FDLR mu bikorwa byo guhungabanya umudendezo w’igihugu.
Umugore utaramenyekana amazina ye uri mu kigero cy’imyaka 18 na 20 arashakishwa nyuma yo guta umwana w’ukwezi kumwe mu ishyamba riri mu mudugudu wa Ruduha mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Ibigo by’imari birimo imirenge SACCO n’umwarimu SACCO birasabwa kuba umunyamuryango w’ihuriro ry’ibigo by’imari mu Rwanda (Association of Microfinance Institutions in Rwanda/AMIR) mu rwego rwo kurushaho kugira imbaraga no gutera imbere.
Nyuma yo gusezerera igihugu cya Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, u Rwanda rwazamutseho imyaka 15 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kwihanangiriza abagifite imigambi yo guhungabanya umudendezo w’Abanyarwanda, ko bazahura n’ingaruka zikomeye igihe cyose iyo migambi batayihagaritse kuko umutekano w’u Rwanda ari ishingiro ry’ibimaze kugerwaho n’ibiteganwa kuzagerwaho.
Mu gihe hari abarwanya gahunda ya Ndi Umunyarwanda bavuga ko nta mpamvu yo kwibutswa ko ari Abanyarwanda kandi bo ubwabo basanzwe babizi, abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga IPRC-South bo bavuga ko nta mpamvu yo kuyirwanya kuko ifite akamaro cyane.
Umuyobozi w’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’amajyepfo (IPRC-South), Dr. Barnabé Twabagira, avuga ko mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAN izabera no mu Karere ka Huye mu mwaka wa 2016, hari amasomo bazigishiriza ubuntu mu gihe cy’amezi abiri.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu ishami rishinzwe umutekano mu muhanda buhakana ko butazatanga ibizamini byihariye, nyamara amwe mu mashuli yigisha gutwara ibinyabiziga mu karere ka Nyagatare yari yarijeje abashinzwe community policing ko azabashakira ibizamini byihariye, kuko ngo polisi y’igihugu ariyo yari yarabibizeje.
Abagabo batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Bugesera bakekwaho ubujura buciye icyuho, aho bibye ibicuruzwa mu iduka ry’uwitwa Bizumuremyi Jean Baptiste ucururiza mu murenge wa Nyamata.
Abasirikare batanu bashinjwaga kwica Inkeragutabara yari iri ku irondo tariki 25/12/2013 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare rwari rukuriwe na Capitaine Charles Sumbanyi mu ruhame ku kibuga cy’umupira cya Kanjongo tariki 05/06/2014.
Abagore ntibishimiye ko badahabwa imyanya ihagije mu nzego z’akazi zo hasi nyamara bishimira intambwe bateye yo kuba bamaze kugira imyanya ihagije mu nzego zo hejuru cyane cyane mu nteko ishinga amategeko.
Nubwo Ngororero Akarere ka Ngororero kari ku mwanya wa mbere mu kuboneza urubyaro mu Ntara y’iburengerazuba, kuringaniza urubyaro biracyari hasi mu baturage kuko biri ku kigero cya 40,5%. Ubwiyongere bw’abaturage buri ku kigero cya 2.6%.
Ubwo basuraga urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuri uyu wa 05/6/2014, abakozi b’ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) bavuze ko kwibuka buri mwaka bituma bamenya uburyo bakurikiza mu kubana no gukorana na bagenzi babo cyangwa abandi bagifatwa n’ihungabana, ndetse no kwanga kwibagirwa aho bavuye.
Nyuma y’imyaka itanu umushinga VUP (Vision 2020 Umurenge Program), umaze ukorera mu karere ka Ngororero, umaze kugeza ku batuye akarere akayabo ka miliyari 3 na miliyoni 57 mu nkingi eshatu uwo mushinga ukoramo, arizo guha akazi abaturage, kuguriza imishinga iciriritse no gutanga inkunga y’ingoboka ku batishoboye.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore yarekeje muri Nigeria gukina umukino wo kwishyura uzayihuza n’iya Nigeria ku wa gatandatu tariki 7/6/2014 mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Abakozi ba Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) ndetse n’ibigo biyishamikiyeho, kuri uyu wa Gatatu tariki 04/06/2014 bari mu Karere ka Musanze mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gufata mu mugongo abacitse ku icumu babashyikiriza inkunga ingana na miliyoni ebyiri n’ibihumbi 550.