Abahanzi basaga 100 bo mu karere ka Bugesera bahuriye mu marushanwa agamije kubamenya no kureba impano bafite, bityo hagakorwa igenamigambi ryo kubateza imbere no kubafasha kubyaza umusaruro impano bifitemo.
Nubwo bivugwa ko imitangire ya service mu bitaro bya Nyagatare itagenda neza, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko imitangire ya service muri ibyo bitaro ikiri hasi bitewe cyane cyane n’umubare mucye w’abaganga.
Umuganda rusange wabaye tariki 31/05/2014 mu Karere ka Gakenke waranzwe no kubakira umwe mu Banyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania hamwe n’ibindi bikorwa birimo gukora ahazanyuzwa amazi kugirango arusheho kwegera abaturage.
Umushoramari Karyabwite Pierre uri kubaka uruganda rw’icyayi aho bita mu Gatare, mu murenge wa Karambi, avuga ko ahangayikishijwe n’uruganda yumva ko rushobora kubakwa , hafi y’uruganda rwe akemeza ko byaba binyuranyije n’amasezerano yagiranye na Leta mu guteza imbere ako karere.
Ubwo Abanyakanada bakora mu muryango utegamiye kuri Leta witwa Inspire Africa bifatanyaga n’Abanyakarongi mu muganda usoza ukwezi wabaye tariki 31/05/2014, batangaje iwabo na bo bakeneye ibikorwa nk’iby’umuganda ngo bibafashe kumenyana no gusabana.
Ibitego bitatu byatsinzwe na Rutahizamu Daddy Birori ku wa gatandatu tariki ya 31/5/2014 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, byatumye u Rwanda rusezerera Libya mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Nyuma y’imyaka itanu VUP itangijwe mu murenge wa Muhororo wo mu karere ka Ngororero, ibikorwa bya VUP byatumye umubare w’abaturage bakennye bo muri uyu murenge ugabanukaho abarenga ibihumbi 11 kuri 21 batuye umurenge wa Ngororero.
Abanyamuryango ba Ratwa Tumba Sacco (RATUSA) yo mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, barishimira ibyiza bamaze kugeraho bafatanyije na Sacco yabo binyuze mu nguzanyo ibaha kandi na bo bakihatira kuzishyura ku gihe.
Abanyeshuri 235 barangije amasomo y’ubumenyingiro mu Ishuri ry’Imyuga rya Rubona (Rubona Vocational Training Cennter) mu karere ka Rwamagana, tariki 30/05/2014 bahawe impamyabushobozi nyuma y’igihe kigera ku mwaka bamaze biga aya masomo y’ubumenyingiro.
Abakozi n’abayobozi ba Hoteli UMUBANO bashyikirije inzu ifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda, umupfakazi w’umwe mu bakozi bahoze bakorera iyi hoteli ariko akaza kwitaba Imana mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buvuga ko aka karere kiyemeje gusaba abatuye aka karere gukangurira bene wabo bari mu mutwe wa FDLR gutaha, kuko ariko kaza ku isonga mu bari muri mutwe bahunze ariko bakaba bagikora ibikorwa by’iterabwoba.
Abana b’abakobwa biga mu ishuri ryisumbuye rya Gishoma riri mu murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi barishimira ko bashyiriwe ho n’ikigo cyabo aho bahurira bakaganira ku buzima bwabo bwaba ubw’imyororokere, imyitwarire y’umwana w’umukobwa w’umunyarwandakazi muri rusange.
Abarezi bo mu karere ka Karongi barasabwa kurinda abana bigisha ikitwa amacakubiri aho kiva kikagera, babatoza kubana nk’Abanyarwanda. abana na bo basaba abayobozi kubarindira umutekano ngo kugira ngo Jenoside itazasubira.
Abahinzi bo mu turere tumwe na tumwe tw’intara y’uburengerazuba barasabwa kwirenza byibura igihembwe cy’ihinga kimwe cyangwa bibiri badahinze ibigori, kugira ngo virusi yitwa cyumya cyangwa se kirabiranya y’ibigori ibanze ishire mu butaka.
Umuyobozi wa Rwanda Revenue, Richard Tusabe, arasaba abacuruzi bo mu Rwanda kutazatungurwa n’imisoreshereze iteye kimwe muri ibi bihugu, nk’uko yabitangaje mu nama yabereye i Kigali kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014, ihuje abakomiseri bakuru b’ibigo bishinzwe imisoro mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC).
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bari kubakirwa Ikigo Nderabuzima bari baremerewe n’ubuyobozi bw’ako karere mu myaka ishize, ku buryo mu gihe cy’amezi abiri ari imbere kizaba cyuzuye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, atangaza ko gahunda yo guhuza ubutaka imaze gushinga imizi muri ako karere kuko abaturage bayitabira kuburyo ubutaka bumaze guhuzwa bungana na Hegitari ibihumbi 68 buhingwaho ibihingwa byatoranyijwe.
Padiri Uwimana Jean Francois wamenyekanye cyane mu itangazamakuru kubera amakuru yavugaga ko aririmba mu njyana ya Hip Hop, yamuritse alubumu ye yambere yitwa “Singiza Nyagasani” igizwe n’indirimbo umunani, mu gitaramo yakoze ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/5/2014.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwatangiye igikorwa cyo gushyira kaburimo imihanda ine yo mu turere twa Kicukiro na Gasabo, imihanda izaba ifite uburebure bwa kilometer 10 yose hamwe ndetse n’indi ya kilometero 100 yubakishijwe amabuye.
FDLR yagaragaje imbunda 102 n’abasirikare 105 ko aribo barwanyi ifite kandi abagaragajwe bose ni inkomere z’urugamba, mu gikorwa cyo gushyira intwaro hasi cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014.
Ba Ministiri b’ingabo n’umutekano mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC), havuyemo aba Tanzania, bashyize umukono ku masezerano agenga uburyo bukoreshwa mu gutabara kimwe mu bihugu cyatewe, cyangwa gufata abakurikiranyweho ibyaha bari ku butaka bwa kimwe mu bihugu byayemeje.
Minisitiri w’Urubyirubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arakangurira abaturage bo mukarere ka Gicumbi n’abandi Banyarwanda muri rusange gukoresha ikoranabuhanga kuko ari bimwe mu byabateza imbere.
Irushanwa ryo kwibuka abari abakinnyi n’abakunzi b’umukino wa Volleyball bazije Jenoside yakorewe Abatutsi, rizatangira tariki 7/6/2014, rizitabirwa n’amakipe menshi aturutse mu bihugu icyenda bya Afurika.
Kubera uburyo ubuhinzi bw’ibirayi bwagize uruhare mu kwiteza imbere mu buryo bunyuranye, Abanyakinigi mu Karere ka Musanze bagereranya ibirayi na zahabu yabo. Ngo abahinze ibirayi babasha kwishyurira abana amashuri ahenze, bakagura amasambu ndetse bakabasha gutunga imiryango yabo neza.
Ahagana ku isaha ya saa munani kuwa 30/05/2014 ku nzu icururizwamo ibikoresho by’ubwubatsi iri hafi ya hotel Okapi mu mujyi Kigali hadutse inkongi y’umuriro ibyari muri iyo nzu byose birashya.
Ufitinema Prospere wari uzwi ku izina rya Mtimapembe mu barwanyi ba FDLR avuga ko bamwe mu barwanyi ba FDLR bataha harimo abaza bafite ubutumwa bwo kuneka u Rwanda barangiza amasomo bahererwa i Mutobo bagasubira muri FDLR.
Abaturage babarirwa muri 30 baramukiye ku biro by’akarere ka Bugesera kuri uyu wa gatanu tariki 30/05/2014 basaba kubishyuriza amafaranga rwiyemezamirimo witwa Arusha Jerome yabambuye kuva mu kwezi kwa 12 umwaka ushize.
Umutoza w’Amavubi, Stephen Constantine, afite icyizere cyo gusezerera Libya kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kandi kuba azaba adafite rutahizamu Uzamukunda Elias ‘Baby’ ngo nta ntacyo bimutwaye kuko n’ubundi ngo muri iki gihe nta bitego atsinda.
Umushinjacyaha mukuru, Richard Muhumuza, yashimye imikorere y’ubushinjacyaha bwisumbuye bwa Ngoma abasaba kurushaho gutanga service nziza ku babagana babigira intego.
Akarere ka Musanze gafatanyije n’umuryango VSO bafunguye ku mugaragaro ikigo cy’ubushakashatsi cy’abafite ubumuga (Disability Resource Center) kizafasha abafite ubumuga n’abandi bantu kumenya amakuru no gutegura imishinga yabo no kwandisha amashyirahamwe yabo mu Kigo gishinzwe amakoperative.
Umugore witwa Uwimana (izina rya ryahinduwe) wo mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero avuga ko yaretse gutwara abagabo b’abandi bagore biturutse ku nyigisho yaboneye mu kagoroba k’ababyeyi ubu akaba anasaba imbabazi abagore bagenzi be yahemukiye.
Abagabo 28 batuye mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero bamaze kuyoboka gahunda yo kwifungisha mu kuringaniza urubyaro barakangurira bagenzi babo kudaharira icyo gikorwa abagore gusa kuko n’abagabo ntacyo bibatwara.
Ishuli rikuru ry’abalayiki b’abadivantitse rya Kigali ( INILAK) ishami rya Nyanza ryibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda hanatahwa ikimenyetso cyo kuyamagana ku bantu bose biga ndetse n’abazagera aho iri shuli ryubatse mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Padiri Jean François Uwimana, umupadiri wo muri diyosezi ya Nyundo akaba yitegura kumurika alubumu ye ya mbere yise “Singiza Nyagasani” kuri uyu wa gatanu tariki 30.5.2014, aribaza impamvu bamwitirira Hip Hop kandi akora injyana zitandukanye.
Abitandukanije n’abacengezi batuye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kwitandukanya n’ibikorwa byose byashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, ahubwo bakaba aba mbere mu gutanga amakuru ku wo ari we wese bakumva afite iyo migambi mibisha.
Hagiye gushyirwaho uburyo bwo guhurizwa hamwe ibishingwe biva mu ngo bikabyazwamo ifumbire, ku buryo byibura 80% y’ibishingwe biva mu baturage bitazajya bipfa ubusa ahubwo bikabyazwa umusaruro.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye Parike y’ibirunga batangaza ko usibye kuba ishyamba ry’iyo Parike rituma babona imvura ngo n’inyamaswa zirimo zituma bava mu bukene biturutse ku mafaranga zinjiza avuye mu bakererugendo baza kuzisura.
Mu kiganiro bagiranye na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James, ubwo yasuraga abayobozi b’inzego zibanze zo mu karere ka Ngororero, Abayobozi b’imidugudu bo mu bamusabye ko bajya bagenerwa igihembo cy’imirimo bakorera Leta n’abaturage.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko umuryango wo mu bihugu by’iburasirazuba bw’afurika (EAC) ari umwe mu miryango babonaho inyungu ndetse n’amahirwe , mu kubateza imbere kabone n’ubwo imipaka y’ibihugu byo muri uyu muryango u Rwanda rurimo itabegereye.
Umugabo witwa Nsenguremyi Emmanuel w’imyaka 30 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira kwica umugabo witwa Simbizi Felicien w’imyaka 45 y’amavuko amuteye icumu mu gituza kuko yarimo kumwibira ibitoki mu murima we.
Ishyamba riri ku musozi uri hejuru y’umujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu ryibasiwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29/05/2014 hashya ahantu hangana nka hegitare imwe ariko ku bwamahirwe inzego z’umutekano n’abaturage barahagoboka bazimya uwo muriro nta bintu birangirika.
Kuva tariki 9/6/2014, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga izaba yiga ku ngufu zizashyirwa mu buhinzi mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere, nyuma y’uko itanu ishize u Rwanda ari rwo rwitwaye neza mu gushyira muri gahunda ibyemeranyijweho.
Abanyeshuri biga itangazamakuru muri kaminuza ya Carleton muri Canada barasaba abakora itangazamakuru ku Rwanda kwita ku makuru menshi avuga ku byiza, umuco, imibereho n’imyitwarire rusange mu Rwanda kuko nabyo bikenewe ngo abenegihugu n’abagisura bagire amakuru yuzuye igihe bashaka kwinezeza no gutembera kuko ngo ubu (…)
Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo (GMO) hamwe n’umuryango Care International, kuwa gatatu tariki 28/5/2014 basinyanye amasezerano y’ubufatanye.
Imiryango 20 igizwe n’abantu 60 birukanywe muri Tanzaniya yashyikirijwe amazu bubakiwe ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage mu karere ka Kamonyi. Minisitiri wo gucyura impunzi no gukumira ibiza yabasabye kuyafata neza, nabo ngo biteguye gukora ngo biteze imbere.
Perezida w’u Bufaransa, François Hollande, ku cyumweru tariki 25 Gicurase 2014, ubwo yari mu mudoka yerekeza mu gace ka Tulles ajya mu matora yatunguye abo bari kumwe ndetse n’abandi bagenzi ubwo babonaga ahagaritse imodoka ngo ajye kwihagarika, ibyo Abafaransa bise “Pause pipi,” ahantu abagenzi bakora ingendo ndende mu (…)
Umwana w’umunyeshuri mu mashuri yisumbuye mu gihugu cya Bresil yaciye agahigo ku rwego rw’isi ko kugira umuvuduko munini mu kwandika ubutumwa bugufu (sms) kuri telefone akoresheje amasegonda 18 n’amatiyerise 19 yandika sms igizwe n’amagambo 25.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, aravuga ko amahirwe urubyiruko rw’akarere ka Ruhango akiruta ubushobozi bwo kuyabyaza umusaruro, akaba asanga hakwiye kubaho ubukangurambaga buhagije mu rubyiruko.
Nyuma yo gusurwa na Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano, Nyiraneza Justine utuye mu Kagali ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza akaba amaze imyaka itandatu akorewa itotezwa n’abantu bataramenya yijejwe ko agiye kurindirwa umutekano mu buryo bwihariye.