Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu bubatse ingo kandi zibanye neza bavuga ko ikiganiro mu ngo ari umusingi wo kwirinda amakimbirane n’ibindi bibazo birimo no kwicana hagati y’abashakanye.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bubakiwe amazu mu Mudugudu wa Nyagatovu, Akagari ka Kayenzi, Umurenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango, bamaze amezi atanu batagira aho bacumbika nyuma y’uko basenyewe n’umuyaga, bagasaba inzego zindi kubagoboka kuko babona ubuyobozi ntacyo bukora.
Umusaza witwa Niyonzima Joseph uri mu kigero cy’imyaka 67, mu rukerera rwo ku wa 16 Werurwe 2015, yasanzwe mu muferege agaramyemo yashizemo umwuka, mu Mudugudu wa Kabuyekeru mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.
Mu gitondo cyo ku wa 16 Werurwe 2015, mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Kibari mu Mudugudu wa Rugarama ku Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Ntuyenabo w’imyaka 71 yapfuye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze kwemeza ko ikipe ya Rayon Sports ikurwaho amanota atatu nyuma yo kubitegekwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), kubera umwenda ibereyemo uwahoze ari umutoza wayo, Raoul Shungu.
Ikipe ya Rayon Sports yakiriwe n’abafana benshi ku kibuga cy’indege i Kanombe ubwo yari ivuye mu Misiri aho yatsindiwe na Zamalek ibitego 3-1.
Nyuma yo guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera n’abakozi b’akarere babiri bashinzwe gutanga amasoko, polisi yataye muri yombi rwiyemezamirimo wubakaga inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Bugesera.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itarangaza ko amatora y’intumwa z’abakozi bahagarariye abandi n’abagize komite zishinzwe ubuzima n’umutekano mu kazi ateganyijwe gutangira tariki 31/03/2015 areba ibigo byose by’abikorera mu Rwanda.
Abanyeshuri 50 biga ibya gisirikare muri Kenya baturutse mu bihugu 10 bya Afurika, ari byo Kenya, u Rwanda, Burundi, Botswana, Egypt, Malawi, Namibia, Tanzania, Uganda na Zambia, bari mu Rwanda guhera tariki 16-21 Werurwe 2015 aho ngo baje kureba ubunararibonye bw’ingabo z’u Rwanda mu gukumira amakimbirane.
Jean Leonard Kagenza, umukozi ushinzwe ubworozi mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke, guhera ku wa 12 werurwe 2015, afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho gutanga inka zo muri gahunda ya “Girinka” mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuko uwayihawe atari ku rutonde rw’abagenerwabikorwa.
Abaturage b’Umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baravuga ko ikibazo cy’inkuba zikubita abantu kimaze kuba karande kuko nta mwaka ushira zitishe abantu.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Musanze rwagati, mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze hafi y’isoko ry’ibiribwa yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro zo ku wa Mbere tariki 16/03/2015 irashya irakongoka.
Abakunzi ba Filime Nyarwanda batandukanye bo mu Karere ka Burera batangajwe no kubona amaso ku maso bamwe mu bakinnyi ba Filime Nyarwanda bakunda ubwo bazaga muri ako karere mu rwego rwo kwegera abafana no kureba niba amafilime bakina abashimisha.
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biri kwiga uburyo byajya bibyaza umusaruro umutungo kamere w’ibimera, aho kugira ngo ibihugu byateye imbere ku isi abe ari byo biwutwarira ubuntu nibirangiza biwugurishe ku giciro cyo hejuru.
Isoko ry’amatungo ryubatswe mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu rimaze umwaka ridakora kubera ibiciro by’imisoro abacuruzi bavuga ko bitabanogeye bagahitamo kwigira mu isoko ry’amatungo rya Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.
Abakoze imwe mu mirimo ijyanye n’iyubakwa ry’imihanda mishya yo mu Mujyi wa Huye baratangaza ko nyuma y’ubuvugizi bakorewe ubu bari guhabwa ibirarane by’imishahara yabo.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri kwitabira amarushanwa mpuzamahanga ya Tour du Cameroun, Bintunimana Emile yegukanye agace ka kabiri k’iri siganwa ku cyumweru tariki ya 15 Werurwe 2015.
Bamwe mu baturage bo mu Tugari twa Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, na Ruri mu Murenge wa Shyogwe baravuga ko batewe ubwoba n’umutekano muke urangwa mu Gishanga cya Rugeramigozi aho iyi mirenge yombi ihana imbibi.
Abageni bo mu Karere ka Rubavu batandukanye k’umunsi w’ubukwe bwo gusaba no gukwa nyuma yo kwipimisha Virusi itera Sida bagasanga umuhungu yaranduye umukobwa agahita amuta nta n’uwo abwiye.
Umugore witwa Ayinkamiye Hélène wo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza yishwe n’abagizi ba nabi mu rukerera rwo ku wa 13 Werurwe 2015 atemaguwe umubiri wose, ubwo yari asubiye mu rugo iwe nyuma y’iminsi itatu yarahukaniye ku babyeyi be mu Karere ka Kirehe.
Abantu 20 baravuga ko bamaze umwaka n’igice bishyuza amafaranga bakoreye mu gukwirakwiza amashanyarazi mu Murenge wa Nyange wo mu Karere ka Ngororero ariko ntibishyurwe.
Imwe mu miryango yo mu turere twa Ruhango na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo yemeza ko yari ibanye mu buryo bw’amakimbirane ubu iratanga ubuhamya ikavuga ko amahoro aganje iwabo mu miryango kubera inyigisho yahawe n’Umuryango RWAMREC.
Bamwe mu bayobora Koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” baravuga ko guhomba kw’imishinga y’abaturage baba barasabye inguzanyo cyane cyane iyinganjemo iy’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi, ari bimwe mu bituma koperative zamburwa.
Kuri uyu wa 14 Werurwe 2015, mu bikorwa bya AERG na GEARG byo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside birimo kubasanira amazu, kububakira uturima tw’igikoni ndetse no gukora isuku ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bisenibamwe Aimé, yatangaje ko uyu mwaka uzajya kurangira abacitse (…)
Uhagaze Aléxis utuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma umaze imyaka 15 afite ubumuga, amaze gukura abafite ubumuga mu ngeso yo gusabiriza abigisha umwuga wo kudoda inkweto kuko yabonaga bimufitiye akamaro bimutungiye umugore n’abana umunani.
Abayoboke b’ishyaka PSD mu Karere ka Kirehe, muri kongere y’ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere kuri uyu wa 14 Werurwe 2015 barasabaye ko ibikorwa remezo byakongerwa hahangwa imirimo mu kurwanya ubushomeri bwugarije urubyiruko.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Rwamagana barasabwa kwimakaza ukuri mu byo bakora kandi bakirinda ingeso mbi izwi nko “gutekinika” kuko idindiza iterambere ry’abaturage n’ahari ikibazo ntikimenyekane ku gihe.
Abanyehuri 54 b’abakobwa batsinze neza ibizamini bya leta mu mwaka wa 2014, bashyikirijwe ibihembo n’umuryango Imbuto Foundation, mu gikorwa isanzwe ikora buri mwaka hagamijwe kuzamura uburezi bw’umwana w’umukobwa.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, aratangaza ko Abanyarwanda bakwiye kwitabira siporo buri gihe kandi bakayishyira mu gahunda zabo za buri munsi nk’uko badashobora gusiba kurya.
Ikipe ya APR Fc yatsinzwe n’ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri ibitego bibiri ku busa, mu mukino ubanza mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo muri Afrika wabaye kuri uyu wa gatandatu taliki 14/3/2014.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Bugesera, Munyanziza Zéphanie, n’ushinzwe akanama gatanga amasoko, Uzaribara Syrverie na Bimenyimana Martin, ushinzwe amasoko batawe muri yombi na polisi bashinjwa gutanga isoko ryo kubaka ibiro by’akarere bakariha utarishoboye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bufatanyije n’abafatanyabikorwa bako bakoze igikorwa cy’umnuganda mu kibanza kiri kubakwamo amazu 48 y’imiryango 48 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzanira giherereye mu murenge wa Jabana.
Ishyirahamwe ry’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG) hamwe na bakuru babo barangije kwiga (GAERG), baratsangaza ko bifuza gusubira mu masambu basigiwe n’ababo, bakajya kubana n’abandi baturage.
Abahinzi b’ingano bo mu karere ka Burera barashishikarizwa guhinga ingano mu buryo bwa kijyambere, kuko usibye kuguriha umusaruro n’ibisigazwa by’izo ngano bita “ibiganagano” bazajya babigurisha ku ruganda ruzajya rubikoramo amatafari y’ubwubatsi.
Ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere Imiturire (RHA), kirakangurura Abanyarwanda kubahiriza amategeko agenga imyubakire mu Rwanda, kuko bizabarinda guhura n’ingaruka zo kugwirwa n’amazu no gusenyerwa bitewe no kubaka ahantu hatemewe.
Aborozi n’aborozi bo mu karere ka Nyagatare barinubira ko batabona abaveterineri kuko bahora bakorera mu biro ntibasohoke, bityo amatungo yabo akaharenganira.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) n’abarokotse jenoside barangije mu mashuri makuru na za kaminuza (GAERG), bari muri gahunda y’ibikorwa bitandukanye bitegura kwibuka ku nshuro ya 21, batunguwe no kwangirwa kwinjira mu rwibutso rwa jenoside rwa Gishari ruri mu (…)
Umuryango y’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG) n’uwabakiri abanyeshuri AERG bayirokotse, bari mu bikorwa byo gufasha gutunaganya inzibutso za Jenoside, ibikorwa byakomereje hirya no hino mu gihugu. Kigali Today irabakurikiranira uko ibyo bikorwa byitabiriwe.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisitere y’Umuco na Siporo(MINISPOC), Kalisa Edouard, yifatanyije n’abakozi n’urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi mugikorwa cyo gukora Siporo rusange ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 13/3/2015.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, avuga ko ubuyobozi bw’akarere n’abashinzwe ubwisungane mu kwivuza bafashe ingamba zo gukaza raporo kuri mitiweli, ku buryo buri cyumweru batanga raporo yuzuye igaragaza ko icyo cyumweru kitabiriwe.
Umucungamutungo w’Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, Niyongabo Eric, ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Kirehe, akekwaho kwiba imisoro y’abaturage isaga ibihumbi 450 mu gihe cy’ukwezi kumwe yari amaze muri iyo mirimo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bagifite ibikomere ku mubiri basigiwe nayo, barasaba ko itegeko nshinga ryakongera rigahindurwa Perezida Paul Kagame agahabwa indi manda, kuko bazi neza aho yabakuye, aho yabagejeje n’icyerekezo afitiye Abanyarwanda.
Ishuri Ryisumbuye rya Rwamashyongoshyo, riri muri gahunda y’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE), riherereye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, ryaciye agahigo ko gutsindisha abanyeshuri bose uko ari 25 bakoze ikizame cya leta gisoza amashuri yisumbuye.
Nick Hess, Umwongereza w’imyaka 34, igihe cyose yariye ifiriti arasinda ngo bitewe n’uko igifu cye gihera kuri ubu bwoko bw’amafunguro kigakora ibisindisha (alcool/alcohol).
Abanyarwanda 42 bageze mu Rwanda tariki ya 13/3/2014 bavuye mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), aho ingabo za Kongo zivuga ko ziri kurasa abarwanyi ba FDLR.
Mu gihe harimo gutegurwa ibiganiro bizaba muri Mata 2015 hagati y’u Rwanda n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne, bamwe muri abo bashoramali bageze mu Rwanda kuri wa 11 Werurwe basuye Akarere ka Rubavu bagaragaza inyota yo gushora imali mu buhinzi bwo mu Rwanda.
Abagabo bane n’abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rweru mu Karere ka Bugesera nyuma yo kugurisha inka bahawe muri gahunda ya Girinka.
Ku wa 12 werurwe 2015, Umushinga Kigali Farms wamuritse ibikorwa byawo byo guteza imbere ibihumyo, ushimirwa kuba ukoresha abakozi basaga 450 abagore bakaba 65%.
Kuri uyu wa 13 Werurwe 2015, akabyiniro kitwaga O Zone kari mu nyubako ndende ya Kigali City Tower (mu mujyi wa Kigali), karahinduka akabyiniro ko gutaramira Imana, aho abakajyagamo ndetse n’abandi bose babyifuza, batumiwe mu gitaramo cyo guhimbaza, kizajya kiba buri wa gatanu guhera saa moya z’ijoro kugeza bukeye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA: Rwanda Housing Authority) kirasaba abanyarwanda kuba maso ku mikoreshereze y’ubutaka, abashaka kubaka bagatekereza inyubako zigerekeranye mu mijyi naho mu byaro bakubaka ku buso buto kugira ngo ubutaka busigaye bukorerweho ibindi bikorwa, kuko nibidakorwa abanyarwanda (…)