Mu Karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’umusore witwa Hategeka François wateye icyuma mugenzi we basangiraga mu isanteri ya Birogo, mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Kibingo mu Murenge wa Gihombo, akamukomeretsa bikomeye ku kibero.
Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe zirishimira isomo zikura ku miyoborere y’u Rwanda, aho abayobozi, abasirikari n’abapolisi bakorana umuganda n’abaturage mu gihe iwabo bitajya bibaho.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego z’umutekano bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Mata 2015 bahoma amazu 37 y’abakuwe muri nyakatsi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 yiyongereye icyizere cyo gukomeza nyuma yo gutsinda Somalia ibitego bibiri ku busa mu mukino ubanza wo gushaka tike yo gukina igikombe cy’Afurika kizabera muri Senegal.
Mu midugudu 317 igize akarere ka Kamonyi, batangiye igikorwa cyo gusana amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho muri buri mudugudu umuganda w’abaturage uzasana inzu imwe, inzu zose zikaba zizatwara amafaranga y’ u Rwanda asaga Miliyoni 54.
Bernard Bagenzi ureberera inyungu za Young Grace muri Incredible Music Label, aremeza ko naramuka asanze koko Young Grace yaratanze sheki (Check) itazigamiye ashobora kuzamufatira ingamba zikarishye mu rwego rwo kugira ngo arengere inyungu n’izina bye.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bafatanyije n’ubuyobozi bakoze igikorwa cyo gucukura umuganda uzanyuramo amazi, igikorwa cyabereye mu murenge wa Bumbogo mu tugali twa Ngara na Mvuzo kuri uyu wa gatandatu tariki 25/4/2015.
Abaturage bahangayikishijwe n’udusimba turya imyaka yabo tuyihereye mu mizi n’imvura yaguye itinze ikaba na nkeya, bigatuma ntacyo bazabasha gusarura muri iki gihembwe cy’ihinga B.
Abaturage bo mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke, baravuga ko ba bangamiwe no gutanga amafaranga 1000 mu gihe biyambaje inzego z’utugari kugira ngo zibakemurire ibibazo baba bagiranye na bagenzi babo.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barakangurirwa kurushaho kurwanya no kwirinda indwara z’ibyoreza nka malariya na SIDA, bitabira gukoresha agakingirizo no kuryama mu nzitiramibu, hakiyongeraho no gutegura indryo yuzuye.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Amajyepfo, ruravuga ko mu myaka ibiri rutangije gahunda ya Saving Group, kuri ubu rumaze kwizigamira amafaranga akabakaba muri miliyoni 24.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burahamya ko imikino ya Kagame Cup mu mashuri yisumbuye, yababereye umwanya mwiza wo gutambutsa ubutumwa ku miyoborere myiza, ndetse no gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 25/4/2015 abaturage hirya no hino mu gihugu bazindukiye mu gikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. Iki gikorwa aho cyabaye ahenshi cyaranzwe n’imvura ariko abaturage bakiyemeza ko itabahagarika. Kigali Today ikaba yabahitiyemo amwe mu mafoto yafashwe n’abanyamakuru bacu agaragaza uko byari byifashe aho (…)
Nyuma yo gusuzuma ibyangombwa by’abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, umunani muri bo basanze batujuje neza ibyangombwa ndetse bahita banakurwa ku rutonde rw’Amavubi aza gukina na Somalia mu rwego rwo kwirinda kongera kugwa mu mutego nk’uwa Daddy Birori
Bamwe mu bagenera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basanga kubaha igishoboro cyo kubafasha kwiyubaka ari mu bumwe mu buryo bwiza bwo kubafasha mu rugamba rw’iterambere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwishimiye ko ibikorwa by’umuganda bikorwa buri mpera z’ukwezi bibarirwa agaciro gahanitse ariko ugasanga mu by’ukuri nta cyakozwe kigaragara ugereranyije n’ibyavuzwe.
Ku wa gatanu tariki ya 24 Mata 2015, abanyeshuri 12 (abahungu batandatu n’abakobwa batandatu) biga ku ishuri ryisumbuye rya Collège de La Paix riri mu Kagari ka Congo-Nil mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro batumwe ababyeyi, kubera ko hari babiri basanze bambaye ubusa mu ishuri bazimije amatara.
Mwananawe Aimable, Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda Ihorere Munyarwanda urwanya icyorezo cya Sida uvuga ko guha akato abatinganyi bizadindiza gahunda yo gukumira ubwandu bwa Sida bushya kuko abakora ibi bikorwa batinya kwigaragaza kugira ngo badahabwa akato.
Ku wa 24 Mata 2015, Polisi y’igihugu ifatanyije na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), batangije ku mugaragaro ikigo cya One Stop Center mu Karere ka Ngororero, kizafasha mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, no kwita ku bahohotewe.
Minisitiri w’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), Mukantabana Séraphine, kuri uyu wa 24 Mata 2015, ubwo yatangazaga ku mugaragaro ko impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda zihawe icyangombwa rusange cy’impunzi, “Prima Facie”, yanavuze ko nta nyungu n’imwe igihugu cy’u Rwanda gifite mu guhunga kw’abarutanyi b’Abarundi.
Mu gihe bikigaragara ko mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa karangazi hakiri abana bato basiba ishuri bakajya mu isoko gufasha abacuruzi kwirirwa bahamagara abakiliya, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi burasaba ababyeyi gushishikariza abana babo kugana ishuri aho kurarikira inyungu zihuse.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, Ishami ryAmajyepfo (IPRC South) ryatoranyijwe kuba ikigo cya Leta gitanga amahugurwa mu ikoranabuhanga ryo kubika amakuru ryitwa Oracle.
Abayobozi b’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bo mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Rusizi banyereje miliyoni zisaga 9 z’amafaranga y’u Rwanda, barasabwa kuzishyura bitarenze ukwezi kwa 5 batarafatirwa ibihano bikarishye.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Nyarusange bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative “Twisungane babyeyi” bahereye ku gishoro cy’amafaranga 50 buri muntu, none ubu bakaba bageze ku mutungo wa miliyoni eshanu.
Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo rurahamya ko Perezida Paul Kagame yarubereye inshuti nziza agaharanira iterambere ryarwo, bityo rugasaba inzego zitandukanye ko zikwiye gushyigikira igitekerezo cy’abanyarwanda bamaze iminsi bagaragaza, ko yakongerwa indi manda agakomeza kwimakaza (…)
Kuri uyu wa 23 Mata 2015 Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro(WDA) cyasuye Ishuri Rikuru ryigishya Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC West) mu rwego rwo kureba umusaruro atanga no kunoza imikorere yayo kugira ngo ashobore gutanga umusaruro bayifuzaho.
Mu mujyi wa Nyon mu gihugu cy’ubusuwisi habereye Tombola y’uko Amakipe azahura muri 1/2 cy’imikino ya UEFA Champions League ndetse na Europa League.
Abatuye Akarere ka Gisagara bifuza ko i Kabuye hakubakwa urwibutso rwa Jenoside ruzwi ku rwego rw’igihugu, kuko ari hafi yo kwa Sindikubwabo Théodore wabaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda w’inzibacyuho ndetse ari no hafi y’aho yashishikarije abantu gukora Jenoside. Aka gasozi kandi ngo ni ko bahindiyeho abatutsi bagira (…)
Dr Jeef Crandall, umuganga w’Umunyamerika yubakiye ibitaro bya Kibogora inzu igezweho ivurirwamo abana, yibuka umwana we waguye mu Rwanda ubwo yari umuganga ku bitaro bya Kibogora.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ya Somalia yakoze imyitozo yayo ya mbere kuri uyu wa kane yitegura guhangana n’abatarengeje 23 b’u Rwanda kuri uyu wa gatandatu kuri Stade Amahoro.
Inkera y’imihigo mu buzima ni gahunda y’Akarere ka Kirehe ku bufatanye n’Umushinga Inshuti mu Buzima (Partners in Health) mu rwego rwo gukemura bimwe mu bibazo bitagenda neza muri gahunda z’ubuzima.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare bemeza ko uretse kuba agakingirizo kabafasha kwirinda Sida, ari n’urukingo rubafasha kuboneza urubyaro.
Imihanda ya kaburimbo yo mu Mujyi wa Musanze, bemerewe na Perezida Paul Kagame, ifite uburebure bwa kilometero 15 igiye gukorwa mu cyiciro cya mbere, ikindi gice kingana n’ibirometero 10 kizakorwa mu cyiciro cya kabiri.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’u Rwanda yatsinzwe na Cameroun amaseti atatu ku busa mu mukino wa mbere wa gicuti wabereye muri Cameroun mu rwego rwo kwitegura imikino y’akarere ka gatanu.
Abikorera bo mu Karere ka Gatsibo barasabwa kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ndetse n’iry’Igihugu muri rusange, ibi bikaba byagerwaho mu gihe barushaho kwishyira hamwe bagahuza imbaraga.
Abikorera bo mu Karere ka Burera batangaza ko babangamiwe n’amwe mu mabanki atinda kubaha inguzanyo baba basabye cyangwa ntibanayihabwe bigatuma bagwa mu gihombo kandi baba batanze ibisabwa byose.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) kivuga ko umushinga wo kubaka umupaka umwe (One stop Border Post) rwagombaga guhuriraho na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) wadindijwe na RDC ivuga ko cyagize imbogamizi zo kubona ubutaka bwo kubakaho, mu gihe u Rwanda ruvuga ko rwarangije kwitegura (…)
Mu gihe bamwe mu baturage bambika amatungo yabo, cyane ihene, ibihoho ku munwa kugira ngo atona mu nzira bayatwaye cyangwa bava ku masambu yabo, abashinzwe ubworozi mu karere ka Nyagatare bavuga ko ari ukuyabangamira kandi bishobora kuyagira ho ingaruka zirimo ibikomere.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yagaragarije abafatanyabikorwa bayo barimo amashuri n’imiryango nterankunga, integanyanyigisho nshya ishimwa kuba izashoboza umunyeshuri guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo(Competence-based Curriculum).
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (RYVCPO) zo mu Karere ka Gakenke zirashimirwa ibikorwa by’indashyikirwa zakoze birimo kugaruza amafaranga y’u Rwanda asaga gato miliyoni 317 yari yarakoreshejwe nabi mu mitungo ya Leta haba muri VUP, imitangire mibi y’amafumbire na gahunda ya Girinka.
Abacuruzi barema Isoko rya Rwagitima riherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo basanga imisoro bacibwa ari myinshi kuko bacururiza ahantu hadasakaye nyamara ngo bagasoreshwa amafaranga angana n’ay’abacururiza ahasakaye basora.
Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Kayigi Aimable, arakangurira abasora kwirinda ababunganira mu misoro ba magendu n’abandi badakora kinyamwuga.
Impuguke zihuriweho n’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ku wa 23 Mata 2015 zahuriye mu Mujyi wa Goma kugira ngo harebwe uburyo igikorwa cyo gusubizaho imbago zashyizweho n’abakoloni bategetse ibihugu by’u Rwanda na RDC mu w’1911 cyakwihutishwa.
Abagize ihuriro ry’amakoperative y’abatwara abagenzi kuri moto, COOPERATIVES DE RUSIZI (U.M.R), kuri wa 23 Mata 2015, bakoze urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gusaba akarere ko kabagereza ubutumwa mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda ko bifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka, Perezida Kagame akemererwa (…)
Mbarushimana Eric ukunze kwitwa Aboubakar na Cyiza Shaff, bakurikiranyweho n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda kurwanya ububasha bw’amategeko ya Leta bitwaje idini.
Ubwisanzure mu bucuruzi n’ishoramari ku bacuruzi batuye ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) buracyari imbogamizi, bitewe n’uko bimwe mu bihugu bigeze uyu muryango bigikurura byishyira mu gushaka ubukungu.
Nyuma yo gusurwa na Ministre w’ Ingabo Wungirije muri RDC ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare, Rene Sibu Mutabuka, akabakangurira gutaha, 13 mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bari bayobowe na Runiga bamaze kuzinga utwabo bagiye gutaha.
Rev. Pasteur Musabyimana Zabulon afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rubengera akekwaho gutanga ruswa.
Mu nama nyungurabitekerezo y’Akarere ka Gakenke, kuri uyu wa 22 Mata 2015, ku isuzumwa ry’imihigo y’imirenge hagaragajwe ko hari imihigo 261 muri 792 itareswa kuko yose bayishize mw’ibara ry’umutuku mu gihe iyindi 57 yo ngo ikirimo gukorwaho.