Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Mata 2015, mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Tambwe ho mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umwana w’imyaka 13 witwa Bikorimana Sadi mu mugende w’amazi ariko ntibashobora kumenya icyamwishe.
Myugariro w’imyaka 18 ukina muri leta zunze ubumwe z’Amerika, Yves Rubasha yamaze guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yitegura umukino wa Somalia U23 uzaba mu mpera z’iki cyumweru.
Shampiona y’icyiciro cya mbere ntikirangiye taliki ya 10 Gicurasi 2015 nk’uko byari biteganijwe, ikaba igomba kurangira taliki ya 16 Gicurasi ndetse n’imikino y’ibirarane yagombaga kuba kuri uyu wa gatatu yimuwe
Nyuma y’uko itegeko rigena uburyo bwo gusaba no gutanga amakuru ryemejwe mu Rwanda rigatangira gushyirwa mu bikorwa, urwego rw’umuvunyi rugahabwa inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryaryo, ibirego 17 bijyanye no kutubahiriza iri tegeko nibyo rumaze kwakira.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bo mu Karere ka Rwamagana bemeza ko ubutegetsi bubi bwayiteguye ari na bwo bwatumye ishoboka kandi igakoranwa ubukana, ngo kuko abaturage bari basanzwe babanye neza kandi hamwe na hamwe bari bagerageje kuyirwanya.
Padiri Ubald Rugirangonga aravuga ko ibibazo byose abanyarwanda bafite bizakemurwa no gufata icyemezo cyo gutanga imbabazi no kuzisaba nta buryarya.
Ikompanyi mpuzamahanga mu bijyanye no gucunga amahoteli Golden Tulip imaze igihe gito yeguriwe gucunga Hotel la Palisse Nyamata iri mu Karere ka Bugesera mu gihe cy’imyaka 10 yashyize isoko imyaka y’akazi irenga 120.
Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Pietermaritzburg, Umurwa Mukuru w’Intara ya KwaZulu-Natal yo muri Afurika y’Epfo, ku wa 18 Mata 2015 bahuriye hamwe bibuka Jenoside yakorewe Abatusi mu Rwanda mu 1994.
Ishuri ryigisha abasirikare bakuru mu gihugu cya Ghana (Ghana Armed Forces Command and Staff College) ryatangaje ko ubumenyi abaryigamo bazakura mu ruzinduko barimo kugirira mu Rwanda kuva tariki 18-25 Mata 2015, buzafasha kubaka igisirikare cy’ibihugu abo banyeshuri bakomokamo.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke asura imihanda inyuranye, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, Dr Nzahabwanimana Aléxis, yasabye ko abagore bakora isuku ku mihanda no mu nkengero zayo bagomba kuba ari benshi nk’uko biteganywa n’amategeko kandi binakorwa no mu zindi nzego za leta.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, avuga ko umuntu upfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu badakwiye kumutaho umwanya kuko ngo ari we witera ibibazo.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga aratangaza ko abacuruzi bakwiye kubanza kugana inzego z’ubukemurampaka mu bucuruzi aho guhita birukira mu nkiko, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kwihutisha ibisubizo bukanababikira ibanga ntibashyire ibibazo byabo ku karubanda.
Nyuma y’amakuru avuga ko yaba yaratandukanye n’umugabo we, haravugwa urukundo hagati y’abakinnyi ba filime Mukasekuru Fabiola wamenyekanye cyane nka “Fabiola” muri filime “Amarira y’urukundo” ndetse na Eric Rutabayiro wamenyekanye cyane nka “Pablo” muri filime “Pablo”, aho bivugwa ko baba bamaze igihe cyenda kungana (…)
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Akarere ka Muhanga aravuga ko abantu bane bo mu Mirenge itandukanye ari bo bagaragaweho n’ingengabitekerezo ya Jenoside, kuva tariki 07 Mata 2015 ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC”, ugizwe n’urubyiruko rwarokotse Jenoside mu Karere ka Ruhango, uravuga mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ugerageza guhuriza hamwe urubyiruko kugira ngo rudakomeza guhura n’ihungabana rwasigiwe na Jenoside.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa, ndetse na Rev Past. Antoine Rutayisire, barasaba ihuriro ry’amatorero ya gikirisitu mu Rwanda (Rwanda Ministries Network) guhimbaza Imana batibagiwe kuba ibisubizo by’ibibazo biri mu muryango nyarwanda.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu hatangijwe gahunda yo kuvugurura Umujyi wa Butare, hari ibyamaze kugerwaho abawutuye bafata nk’intambwe mu iterambere ry’akarere kabo.
Muri Shampiona ya Basketball ikipe ya Patriots ikomeje gushimangira ko ishaka kwigaranzura ikipe ya Espoir imaze iminsi yarihariye Shamiona ya Basketball hano mu Rwanda mu gihe Espoir nayo ikomeje kuyirya isataburenge.
Nyuma yo gutsindwa kwa AS Kigali n’ikipe ya Rayon Sports naho APR fc igatsinda Amagaju, ubu ikipe ya APR Fc icyizere cyo kwegukana Shampiona ni cyose mu gihe hasigaye iminsi itatu ya Shampiona.
Umuhanzi Eric Senderi International Hit arasaba abaturage ba Kirehe nk’akarere avukamo kumutera inkunga na we akabahesha ishema abazanira igikombe cya PGGSS5.
Nyuma y’impanuka yatwitse icyumba cya rimwe mu macumbi y’abakobwa muri Kaminuza y’u Rwanda (UR/CASS), ishami rya Huye, ubuyobozi buratangaza ko bugiye kongera ingamba mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kwirinda impanuka nk’iyi.
Mu nama y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa 19 Mata 2015 yo kurebera hamwe ibyagezweho n’ibiteganyijwe, Ubuyobozi bwa FPR muri iyo ntara bwasabye urubyiruko guharanira kwiteza imbere baharanira no guteza imbere igihugu kandi bakirinda icyasubiza inyuma ibyamaze (…)
Abacuruzi bo mu Ntara y’Uburengerazuba batangaza ko mu migiho bafite ari ukwishyira hamwe bagatangiza amasosiyete y’ubucuruzi akomeye kugira ngo babyaze umusaruro ikiyaga cya Kivu ndetse na Pariki y’igihugu ya Nyungwe bigaragara muri iyo ntara.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Beach Volley yatsinze iy’u Burundi ku mukino wa nyuma mu mikino y’akarere ka 5 yaberaga i Dar-Es- Salaam muri Tanzaniya ndetse ihita inabona itike yo kwerekeza muri All Africa games.
Bamwe mu banyarwanda batahutse bava mu bihugu bitandukanye biganjemo urubyiruko bishimira uko bafashwe mu Rwanda, bitandukanye cyane n’aho babaga mu buhungiro kuko ngo babagaho mu buzima bubi cyane nta n’ubitayeho.
Mu gihe umuhinzi asabwa gufumbiza ifumbire y’imborera n’ifumbire mvaruganda kugirango abashe kubona umusaruro mwinshi, bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Rutare bavuga ko kubona amafaranga yo kugura ifumbire ya “Nkunganire” bibagora bagahitamo gufumbiza ifumbire y’imborera gusa.
Ku bufatanye na AEE, Kompanyi “Kiato Afadhal” ikora inkweto irimo guhugura urubyiruko rugera kuri 40 rwiganjemo abakobwa rwo mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye, ku gukora inkweto kwigira rubashe kwihangira imirimo rubone imibereho y’ahazaza.
Umugabo witwa Ndayisenga Mariko wo muri Komine Butereri mu gihugu cy’u Burundi yageze mu Karere ka Rusizi mu nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo ku wa 17 Mata 2015, avuga ko ahunze “Imbonerakure” nyuma yo kwanga gukorana nazo.
Abenshi mu bagana mu Majyepfo y’u Rwanda bakunze kumva ahitwa Mu Ireganiro; ni mu Kagari ka Buhoro mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango hagati y’Umujyi wa Ruhango n’ahitwa ku Ntenyo mu Byimana. Abageze mu za bukukuru bahatuye bavuga ko aha hantu kuhita u Ireganiro, byaturutse ku manza Abasurushefu bajyaga baza (…)
Nyuma y’uko mu Murenge wa Mutendeli ho mu Karere ka Ngoma hagaragaye ingengabitekerezo ya Jenoside ku bana babiri b’imyaka 17, abahatuye bavuga ko byerekana ko hari ababyeyi bakigishiriza abana babo amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside ku mashyiga.
Abatuye mu Mirenge ya Musenyi na Shyara mu Karere ka Bugesera barasaba ko umuhanda uhuza iyo mirenge wakorwa vuba ukoroshya ubuhahirane kuko ubu budashoboka.
Bamwe bu bakiliya ba Duterimbere IFM Ltd bo mu Karere ka Huye baratangaza ko basanze kuba rwiyemezamirimo bigomba gutandukana no kuba nyir’urugo, bivuze ko iyo umuntu yiyemeje gukora imirimo imubyarira inyungu agomba gutandukanya amafaranga ava muri iyo mirimo n’ayo akoresha mu rugo, kugira ngo abashe kumenya niba yunguka (…)
Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero batangaje ko batazi ikigega cya BDF (Business Development Fund), ndetse bakaba bataranagisobanuriwe, ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero hamwe n’abakozi b’icyo kigega barasaba abaturage kukigana kugira ngo bafashwe mu ishoramari.
Ubwo bibukaga ku nshuro ya 21 Abatusti bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu murenge wa Mutendeli ku rwibutso rwa Jenoside hashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri y’abishwe muri Jensoside yabonetse aho yari yarajugunwe.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ibinyujije mu kigo k’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yakoze ubukangurambaga mu murenge wa Rushaki wo mu karere ka Gicumbi bwo kwirinda icyorezo cya sida.
Umuyobozi w’itsinda rishinzwe gukurikirana abakoze Jenoside bagahungira hanze y’u Rwanda Siboyintore Jean Bosco, aravuga ko u Rwanda rumaze kohereza impapuro 294 mu bihugu byo hanze z’abagomba gufatwa bagakurikiranwa ku byaha baregwa.
Sitade y’akarere ka Gicumbi kimwe n’ibindi bikorwa remezo byo muri aka karere igiye gusanwa, kuko imaze kwangirika bikabije bigatuma n’ikipe ya Gicumbi FC itabasha kwitwara neza mu mikino igihe iri guhatana n’andi makipe.
Umugore witwa Tuyishime Devota w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Gabiro mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro, atangaza ko atewe impungenge n’umugabo witwa Habimana wari ufite imwe mu mitungo y’iwabo akaza kuyitsindira ariko akaba akomeje kumutera ubwoba amubwira ko azamwica.
Bamwe mu ba korera mu masoko atandukanye mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro batanga iri hejuru ugereranyije n’amafaranga binjiza, abandi bakanavuga ko n’amasoko bakoreramo atubakiye badakwiye gusora kimwe, bityo bagasaba ko imisoro yagabanywa.
Inama njyanama y’akarere ka Nyaruguru yafashe imyanzuro ko igiye gukora igenzura mu mashuri maze hakarebwa umubare w’abanyeshuri barimo, kuko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’amashuri basaba amafaranga azakoreshwa ku banyeshuri badafite.
Abaturage batuye mu mududgudu wa Nduba ,akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, batangaza ko bamenye ububi bwo gusangirira ku muheha umwe ibi ngo bikaba bias n’aho byabaye amateka kuko babiheruka kera.
Imiryango 54 y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu midugudu ya Kinyinya mu murenge wa Rukoma no mu midugudu ya Kambyeyi, Nyamugari na Nyarunyinya mu murenge wa Gacurabwenge; bashyikirijwe umuriro w’amashanyarazi n’ubuyobozi b’ibigo bishamikiye ku kigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza ingufu (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga butangaza ko impamvu Stade Régional ya Muhanga idacanirwa ku buryo yakwakira imikino ya nijoro, biterwa n’uko ibikoresha birimo amatara byazanywe gufasha muri iki gikorwa bihenze kubikoresha.
Nk’uko twabibasezeranyije mu nkuru yacu yo ku wa 09 Mata 2015, muri iki gice cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, tugiye kwibanda ku butwari bamwe mu batutsi bagize mu kurwanaho ndetse na bamwe mu bagerageje kwifatanya na bo babafasha cyangwa babahisha. Iby’aya mateka tubikesha ahanini ubuhamya bwa bamwe mu barokotse (…)
Bamwe mu baturage b’imudugudu wa Ryabega na Rwarucura akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bishimira ko rondereza zikoresha ingufu z’izuba zatumye babasha kurondereza ibicanwa kandi ibiryo bigashyana isuku.
Impunzi z’Abarundi 25 zageze munkambi ya Nyagatere yakira impunzi by’agateganyo ibarizwa mu karere ka Rusizi mu murenge wa Gihundwe, aho bavuye iwabo babeshye ko baje mu giterane k’ivugabutumwa kugira ngo batangirwa guhita ku mupaka.
Ishuri ryisumbuye rya Istituto Leopardi riherereye mu mujyi wa Milan mu Butaliyani, ryibutse Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Igikorwa kibaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko ubuyobozi bwiyemeje kujya bwibuka iyo Jenoside buri mwaka.
Inama y’Igihugu ngishwanama yo kurwanya ruswa n’akarengane igizwe n’abayobozi b’inzego zitandukanye yagaragaje ko kurya ruswa byagabanutse mu bagize Polisi y’Igihugu n’ubucamanza muri 2014, ahandi nko mu nzego z’ibanze, mu bikorera no mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubutaka; igipimo cya ruswa kiriyongera.
Mu cyumweru cy’icyunamo, cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, abaturage bo mu Karere ka Burera bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ingana na miliyoni 31 n’ibihumbi 924 n’amafaranga 632 yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye.
Akarere ka Kayonza gaherutse kwishyura umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi [EU] Miliyoni zigera ku 133 z’amafaranga y’u Rwanda kari karahawe n’uwo muryango nk’inkunga.