Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko bwamaze gutunganya ibishushanyo mbonera by’amazu azubakwa ku byambu binyurwaho n’Abarundi baza mu Rwanda cyangwa abanyarwanda berekeza i Burundi, hagamijwe korohereza abashinzwe umutekano batari bafite aho bakorera.
Umugabo witwa Ndayahundwa Aloys w’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gashora mu Karere ka Bugesera ashinjwa gukubita umugore witwa Nyirahirwa Francine w’imyaka 35 agakuramo inda.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje guhura n’ibibazo binyuranye mu gihugu cya Misiri aho yagiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Orange CAF Confederation Cup mu mukino izahura na Zamalek ku cyumweru tariki ya 15/03/2015.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, n’intumwa ayoboye bageze ahitwa Sharm El Sheikh mu Misiri aho batumiwe na Perezida Abdel Fattah Al Sisi wa Misiri mu ihuriro rizitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Leta 110 ndetse n’abashoramari bakomeye 3,000.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke burasaba abagatuye kumenya uburyo bashobora kubyaza umusaruro ubutaka bwabo, bakurikiza amategeko n’amabwiriza atangwa n’ubuyobozi ku micungire yabwo.
Abaturage bo mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma barashinja abakora forode banyura mu byambu bitemewe kwitwikira ijoro igihe bambukije forode bakuye i Burundi bagasubizayo amatungo bibye mu baturage.
Abagabo babiri; Ndahimana Maurice w’imyaka 42 na Hakizimana Samuel w’imyaka 37 bagwiriwe n’ikirombe bacukuramo Coltan bakitaba Imana bashyinguwe ku wa kane tariki ya 12/03/2015.
Abantu batatu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015, barohamye mu Ruzi rw’Akagera, ubwo bambukaga bava mu Kagari ka Jarama mu Karere ka Ngoma berekeza mu Kagari ka Mazane mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera maze umwana w’ iminsi 20 aburirwa irengero.
U Rwanda rwamaze gusezererwa mu mikino y’akarere ka gatanu iri kubera mu gihugu cya Ethiopia nyuma yo gutsindwa na Kenya 32-18 ku wa kane tariki ya 12/03/2015.
Ishyo Arts Center, umuryango utegamiye kuri Leta, washyizeho umushinga w’ivumburampano mu bana bafite ubumuga, nyuma y’ubushakashatsi bwakorewe mu bigo bitandukanye bibakira bukagaragaza ko bafite impano zihanitse kandi zishobora kubyara umusaruro mu buhanzi no mu bugeni.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera barizezwa ko umusaruro w’ingano beza ugiye kujya ugurishwa mu nganda zo mu Rwanda zitunganya ibikomoka ku ngano kuko bashakiwe imbuto z’ingano izo nganda zifuza.
Kalinganire Céléstin wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero amaze imyaka ibiri yaranze ko urubanza yatsinzwemo na mushiki we rurangizwa.
Komisiyo ya Sena y’u Rwanda ishinzwe Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015 yasuye Akarere ka Nyanza iganira n’abatwara abagenzi ndetse n’abandi bashobora kugira uruhare mu gukumira impanuka zo mu muhanda kugira ngo barebere hamwe icyakorwa kugira ngo impanuka za hato na hato zitwara ubuzima bw’abantu (…)
Abacuruzi n’abaguzi bo mu Karere ka Musanze baratangaza ko kuba igiciro cy’ibikomoka kuri Peterori cyaragabanutse ntacyo byamariye abaturage kuko bitatumye ibiciro by’ibicuruzwa bimanuka, ahubwo ngo hari bimwe na bimwe byazamutse.
Umusore witwa Kwihangana Fils uri mu kigero cy’imyaka 19 utuye mu Kagari ka Karambo, Umurenge wa Mukura ho mu Karere ka Rutsiro mwene Nyirinkindi Callixte na Murekatete Odette yahisemo kwikata igitsina no kwitema amaguru nyuma y’uko ngo bamubeshyeye ko yasambanyije abana bari mu kigero cy’imyaka 3.
Urukiko Rukuru rwa Musanze, ku wa kane tariki 12/03/2015, rwasomye urubanza rw’abantu 14 bakurikiranyweho gukorana na FDLR, 11 bahamwa n’ibyaha bakatirwa ibihano bitandukanye na ho batatu bagirwa abere.
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Kagano n’uwa Cyato mu Karere ka Nyamasheke basenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga mu kwezi kwa Gashyantare mu w’2015, ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015, Umushinga ADRA-Rwanda wabageneye inkunga y’amabati 60 azabafasha kongera kusakara amazu yabo bagasubira mu buzima busanzwe bari barimo.
Abagore bo mu Karere ka Gicumbi baramutse bagize uruhare mu kurwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga ngo gishobora gucika burundu.
Urutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwashyizwe ahagaragara ku wa kane tariki ya 12/03/2015 rurerekana ko u Rwanda rwigiye imbere ho imyanya 8 ruhita ruza ku mwanya 64, ari nawo mwanya mwiza wa mbere ikipe y’igihugu Amavubi agize mu mateka.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira, urimo igice cy’umujyi w’Akarere ka Nyabihu bahangayikishijwe no kutagira irimbi rusange, abagize ibyago byo gupfusha bakaba bashyingura mu ngo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare burasaba abafite ubuzima n’ubushobozi kutirengagiza abarwaye kuko ntawe uzi icyo ahazaza hamuzigamiye.
Umuryango wa Baziriwabo Aléxis wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Rwaniro, Akagari ka Cyibiraro, Umudugudu wa Nyarunyinya, umaze umwaka n’amezi atatu mu bitaro, ariko bibaza aho bazataha n’uko bazabaho nibataha. Impamvu ni uko uretse kuba ntacyo bafite cyo kuzabatunga, n’abo bari baturanye bose bimutse.
Umuhanzi Jay Polly n’inzu itunganya umuziki ya Touch Records bari mu biganiro bareba icyakorwa ngo banoze imikorere hagati yabo babe bakomezanya cyangwa basese amasezerano, dore ko mu minsi ishize byavugwaga ko Jay Polly yaba yarasohotse muri iyi nzu bucece.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2011 ryerekanye ko Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abasigiwe ubumuga buhoraho na jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu Rwanda.
Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bo mu Karere ka Ruhango bagifite ibikomere bya jenoside barishimira ubuvuzi bari guhabwa n’ingabo z’u Rwanda mu gikorwa cya army week, kuko indwara bari bamaranye imyaka 21 barimo kuzivurwa.
Umugabo witwa Munyenshongore Ezechiel bakundaga kwita Kabutura yakuwe munsi y’imodoka yamuguyeho yashizemo umwuka ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015.
Ambaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, ERICA BARKS –RUGGLES, yasuye Ikusanyirizo ry’amata rya Rugobagoba, ku wa gatatu tariki 11/03/2015, nk’umwe mu mishinga yatewe inkunga n’umushinga w’abanyamerika uharanira iterambere (USAID).
Nsengiyaremye Yosuwa na Manzi Maurice bo mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bashutswe bakinjira muri gahunda yo gutunda urumogi ari nako bagenerwa amafaranga menshi nyuma y’igikorwa.
Abagize komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Ngororero basanga abanyarwanda bari mu gihugu imbere bagomba kubanza kwiyumvisha agaciro ko gutahuka kwa bene wabo bakiri mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuko hari ababaca intege kubera ko bigaruriye imitungo yabo ntibababwize ukuri ku bibera (…)
Amakuru atangwa na Polisi muri Tanzaniya aravuga ko impanuka y’amakamyo abiri na Bisi yabaye nyuma ya saa sita ku wa 11/03/2015 yahitanye abantu 41.
Abagore bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu rwego rwo kubahisha abagabo babo biturutse ku rukundo n’umuco bavutse basangaho, babakorera ibikorwa bimwe n’ibikorerwa umwana w’uruhinja birimo kubuhagira no kubasiga amavuta, ndetse no kubaheka mu mugongo bajya kubaryamisha mu masaha ya ninjoro.
Umugabo witwa Nzabamwita Vincent uvuka mu Karere ka Karongi yafatiwe mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi akekwaho kwambura abaturage yiyita umusirikare mukuru (Officer).
John Abraham Godson ukuriye itsinda ry’abadepite n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne bari mu Rwanda kuva tariki ya 10/3/2015, avuga ko yishimiye u Rwanda kuko rurenze uko ruvugwa bitewe n’uburyo ruhagaze mu guteza imbere ishomari, isuku no kwiyubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangiye kuganira n’abanyonzi bo mu Karere ka Musanze 3200 kugira ngo babyutse koperative CVM (Cooperative Velos de Musanze) yasenyutse, nyuma y’uko abanyonzi bagumutse bashinja ubuyobozi imicungire mibi y’umutungo.
Abaturage baturiye inkambi y’impunzi z’abanyekongo ya Kigeme iri mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kwimurwa vuba amazu atarabagwaho bitewe n’amazi y’imvura ndetse n’amazi avanze n’umwanda wo mu bwiherero abatera mu ngo zabo cyane cyane iyo imvura yaguye.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 hamwe n’abagize uruhare muri Jenoside batujwe mu mudugudu umwe wahawe izina ry’Umudugudu w’Ubumwe n’Ubwiyunge” uri mu Murenge wa Remera, mu Karere ka Ngoma baravuga ko guturana byarushijeho gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Umugabo witwa Hakizimana Emmanuel wari utuye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Kageyo, Akagari ka Gihembe, Umudugudu wa Muyange, bamusanze mu kiraro yapfuye.
Abasore batatu bo mu Kagari ka Nyange mu Murenge wa Bugara mu Karere ka Rusizi batawe muri yombi ku wa 10/03/2015 bakekwaho kwica umusaza Bizabarabandi Vincent w’imyaka 55 y’amavuko, bashaka kumwambura amafaranga ibihumbi bibiri yari afite ni uko bakayarwanira ari nabwo bamuteye umugeri mu nda agahita yitaba Imana.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Karama mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutabona imiti ya maraliya iyo bagiye kwivuza, nyamara Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ikavuga ko iyo miti itigeze ibura.
Ikibazo cy’umutekano muke giterwa n’umutwe w’abasore bambura abaturage utwabo biyise “Abanyarirenga”, kuri uyu wa 11 Werurwe 2015 cyagarukije abayobozi ba gisiviri na girisikare bo mu Karere ka Musanze baganira n’abaturage bo mu Murenge wa Cyuve.
Abari abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge batatu bahinduriwe imirimo hagamijwe gushyira abakozi mu myanya ibakwiriye kandi igendanye n’ibyo bize kugira ngo barusheho kunoza umurimo.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugera mu Misiri aho igiye gukina umukino ubanza wa 1/16 n’ikipe ya Zamalek nubwo ikihagera yahise imenyeshwa ko izakina ku cyumweru mu gihe yahagurutse izi ko izakina kuri uyu wa gatanu.
Umutoza w’ikipe ya Al Ahly, Juan Garrido yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 berekeza i Kigali gukina na APR Fc mu mukino uteganyijwe ku wa gatandatu tariki 14/03/2015 i saa cyenda n’igice (15h30) kuri Stade Amahoro.
Muri Leta ya Floride, imwe mu zigize Leta zunze ubumwe za Amerika, umugore n’umukobwa we bishimiye ko babyariye igihe kimwe batandukanyijwe n’iminota 34 gusa kandi bose bibatunguye.
Abagize koperative “Dutere imigano” ikorera mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bagiye kujya bamurikira abaturage amafunguro anyuranye ateguye mu migano ndetse bagaha abaturage bakaryaho, bagamije kubashishikariza kuyitera.
Umuraperikazi Uzamberumwana Pacifique uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Paccy cyangwa Oda Paccy, akomeje kugaragaza ibyishimo bidasanzwe yatewe no kuba yarabashije kwinjira mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya gatanu, dore ko ari inshuro ya mbere aryitabiriye nyuma y’igihe kinini aririmba.
Nyirandayambaje Agnes wo mu Mudugudu wa Ruhinga ya 2, Akagari ka Kagatamu mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yagurishirijwe isambu y’ababyeyi na mukuru wabo wo kwa se wa bo, ndetse agahita amwihakana ko ntacyo bapfana.
Umusaza Murihano Faustin utuye mu Murenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga avuga ko abana yabyaye ku mugore wa mbere basigaye bamutera hejuru kubera ko yazanye undi mugore.