Nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Umujyi wa Kigali cyo kubaka ahantu hamwe imodoka zitwara abagenzi zizajya zibasanga ndetse zikanahabasiga, abagenzi barahamya ko bizafasha guca ubucucike bw’abagenzi ku mirongo, ndetse bikanabakiza izuba n’imvura byabiciraga ku mirongo bategereje amamodoka batazi igihe ari buzire.
Abakecuru b’incike umunani baturutse mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Kamonyi babana mu nzu bubakiwe mu Mudugudu wa Munyegera, Akagari ka Bugarama, ho mu Murenge wa Kayenzi, barishimira uko babayeho kuko mbere bagiraga ikibazo cyo kuba bonyine.
Umuhanzi Cécile Kayirebwa wamamaye cyane mu nganzo nyarwanda abinyujije mu ndirimbo zuje ubuhanga ndetse akagira n’ijwi rinyura imitima ya benshi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Werurwe 2015, arataramana n’abakunzi b’Inkera Nyarwanda kuri KT Radio 96.7 FM (Radio ya Kigali Today) kuva isaa mbili z’ijoro.
Kuri iki cyumweru tariki 22 Werurwe 2015, Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Francis, kuri Katederali ya Naples ababikira ngo bari bamuriye bunguri kubera kumwishimira nk’umuntu bemera byarenze igipimo.
Minisitiri w’urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko gushyira gahunda za leta zose mu ikoranabuhanga no gutanga serivise baryifashishije bizongerera abaturage amahirwe yo kwiteza imbere kandi binabafashe kudasiragira mu buyobozi.
Ku wa 23 Werurwe 2013, uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi. Nzeyimana Oscar, yaburanye ubushinjyacyaha bumusabira gufungwa imyaka 7 kubera guhakana ibyo aregwa, naho Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu watawe muri yombi ku wa 22 Werurwe 2015 ashyikirizwa ubushinjacyaha.
Bagirinshuti umusaza utuye i Jenda mu Karere ka Nyabihu, kimwe na bamwe mu baturage bo muri ako karere, aravuga ko abavutse mu gihe cya Jenoside na nyuma yaho gato na bo ngo bakeneye gushimira Perezida Kagame ibyo yabakoreye n’aho abagejeje bamutora cyane ko ngo ari bwo bageze mu myaka yo gutora.
Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho agaragaza abantu bo mu gihugu cy’Ubuhinde bari mu madirishya y’ibyumba by’ikigo kimwe cy’amashuri cyo muri Leta ya Bihar cyarimo gukorerwamo ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, bari gukopeza abakoraga ibizamini.
Umugore witwa Odette Nyiraneza yahaye imbabazi umugabo we, Vincent Nyarwaya mu ruhame bariyunga, nyuma y’imyaka 8 avuye muri gereza kubera icyaha cya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akinjira undi mugore.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan na Noteri muri ako karere, Kayitesi Judith bamaze kugezwa mu bushinjacyaha bakurikiranyweho ibyaha bya Ruswa.
Abahinzi bo mu Mirenge ya Rwabicuma, Nyagisozi na Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza batewe akanyamuneza n’urugomero rw’amazi bubakiwe na Leta y’u Rwanda muri gahunda yo kubafasha kuhira imirima yabo mu gihe cy’izuba.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bakeneye ikindi gikombe cy’imihigo gitaha iwabo i Nyamasheke, dore ko aka karere gaheruka icyo kegukanye mu mwaka w’2010.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu “PL” mu Ntara y’Amajyepfo, burahamya ko igihe cyose umurwanashyaka wabo azaba atubahiriza gahunda za Leta, azaba atakinabashije kuba umuyoboke w’iri shyaka.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kamiro, Akagari ka Bwama, Umurenge wa Kamegeri, Akarere ka Nyamagabe batanze amafaranga ngo begerezwe amashanyarazi barategereza baraheba, bakaba batazi irengero ry’amafaranga yabo.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bo mu Mujyi wa Huye no mu nkengero zawo baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bakorerwa mu masaha ya nijoro, bukorwa n’abatwara moto.
Sheikh Bahame Hassan, umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akekwaho ibyaha bya Ruswa.
Ikipe ya Rayon Sport Volleyball club yihimuye ku ikipe y APR Volleyball Club ku munsi wa 7 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’umukino wa Volleyball iyitsinda amaseti atatu kuri imwe.
Mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 21 Werurwe 2015 ni ho hatangiriye ibitaramo bya PGGSS5 aho abahanzi barushanwa bari babukereye mu gushimisha abafana babo ariko abafana bo bakavuga ko kuri iyi nshuro baha amahirwe abahanzikazi.
Mu Karere ka Rulindo mu muhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi uba ku wa 20 Werurwe, batashye imiyobora y’amazi ibiri, umwe wo mu Murenge wa Tumba n’undi wo mu Murenge wa Mbogo.
Umugore witwa Uzamushaka Julienne w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiseke mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza avuga ko imiyoborere myiza yamukijije ihohoterwa yari amaze imyaka irindwi akorerwa n’umugabo we.
Biciye mu muganda w’abaturage, ku nkunga y’Akarere ka Nyamagabe, hagiye kubakwa urwibutso ruzashyingurwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wasangaga itatanye hirya no hino mu ngo z’abacitse kw’icumu ndetse n’iyari mu matongo.
Mu gihe bari bafite abana bagera kuri 59 bagaragarwaho n’ibibazo by’imirire mibi, Ubuybozi bw’Umurenge wa Mukindo ho mu karere ka Gisagara ndetse n’abahatuye baravuga ko ikibazo cy’indwara zituruka ku mirire mibi cyarangiye kubera inyigisho bahawe mu gihe umwaka wa 2013 warangiye muri uwo murenge habarurwa abana 59 bafite (…)
Umugabo witwa Munyanshongore Emmanuel wao mu Mudugudu wa Butare Akagari ka Murehe, mu Murenge wa Giti wo mu Karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Murenge wa Rutare ashinjwa kuruma umugore we akamuca urutoki.
Umwarimu witwa Uwimana Jean Bosco wigisha ku Kigo cy’Amashuri Abanza cya Kinishya mu Murenge wa Nyankenke akaba atuye mu Mudugudu wa Mugomero mu Kagari ka Nyamabuye ho mu Murenge wa Byumba ari mu maboko ya Polisi mu karere ka Gicumbi nyuma ngo yo gufatanwa kanyanga arimo kuyicuruza.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz RAB 851 I-RLO516 Remorque, yageze ahitwa ku kuri 40 mu Kagari ka Munini, Umurenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango mu gihe cya saa munani z’ijoro zo kuri uyu 22 Werurwe 2015, ikatira indi modoka yahapfiriye ifite purake RAB 597 f, irenga umuhanda iragwa.
Nyuma y’uko umuhanzi w’umuraperi Jay Polly yegukanye PGGSS4, ubu noneho Senderi International Hit arashinwa kwiyitirira itsinda rya Tuff Gang kugira ngo na we ashobore kwegukana PGGSS.
Ikipe y’Amagaju yongeye guhangara Ikipe ya Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu gihe ikipe ya AS Kigali yaraye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Musanze ibitego bibiri ku busa.
Abakorerabushake b’Umuryango Mpuzamahanga ‘Save the Children/VSO’, barimo guhugura abanditsi b’ibitabo nyarwanda n’abashushanya barenga 20, k’uburyo bwo kwandika ibitabo by’abana.
Mushimiyimana Jacqueline w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere Nyagatare yitabye yitabye Imana naho batatu barwariye mu Bitaro bya Nyagatare nyuma y’aho kuri uyu wa 18 Werurwe 2015 bariye inka yipfushije bikekwa ko yari irwaye indwara bita ubutaka.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, atangaza ko kuba ingabo z’u Rwanda (zari iza RPA-Inkotanyi) zarahagaritse Jenoside bitagiriye akamaro Abatutsi bahigwaga gusa, kuko n’ababahigaga byabarinze gusubiranamo nk’uko byari byatangiye kugenda.
Ku wa 20 Werurwe 2015, mu Mudugudu wa Bushama mu Kagari ka Mbirima, Umurenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, ikirombe cya Sosiyete yitwa SEMIRWA y’uwitwa Placide Gaju cyagwiriye abantu batatu umwe aba ariwe ushobora kurokoka, abandi babiri bahasiga ubuzima.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu muri kaminuza ya Open University of Tanzania (OUT) ishami rya Kibungo riri mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Kibungo barasabwa gukoresha ubumenyi bahawe mu kuzana impinduka zikemura ibibazo by’aho batuye.
Uko isi igenda iba nk’umudugudu, ni ngombwa ko n’abantu biga indimi nyinshi zikoreshwa cyane ku isi kugira ngo babashe kwibona no kwisanga aho ari ho hose ku isi bajya gushakira amaramuko.
Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 biga mu mashuri yisumbuye, amashuri makuru na Kaminuza (AERG) ndetse na bakuru babo barangije kaminuza n’amashuri makuru (GAERG) bakomereje ibikorwa byabo ku rwibutso rwa Bisesero ruherereye mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi.
Imbwa zihumurirwa zikamenya aho ibiyobyabwenge bihishe nizo ziri kwifashishwa mu gutahura ibiyobyabwenge mu Karere ka Kirehe.
Bugingo Emmanuel, umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri y’umuco na Siporo (MINISPOC) aratangaza ko umukozi wa Leta utitabiriye Siporo bateganyirijwe kandi atahawe inshingano n’umukoresha we afatwa nk’uwataye akazi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze baravuga ko ababyeyi badafite inka n’amasambu abakobwa babo batabona abagabo kuko ntacyo bakura iwabo.
Abaturage bo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe n’ibibazo bitandukanye bya hato na hato bikururwa n’indaya zicumbitse aho batuye, kuko ngo ntawe ugitora agatotsi kubera intoganya n’imirwano by’urudaca hagati yazo n’abakiriya cyangwa abo zibye amafaranga.
Imiryango ibiri ituye mu Mudugudu wa Rubaya mu Kagari ka Mashya mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero yubatse ku nkombe z’umugezi wa Giciye, irasaba ubufasha ngo yimuke aho hantu kuko iyo umugezi wuzuye ugera ku mazu yabo.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) ifatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mirire n’iterambere ry’ubuhinzi (FAO), barimo gufasha imiryango y’abanyarwanda bahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo hamwe n’abandi bakene kwiteza imbere babinyujije mu buhinzi.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu ruri mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu bongeye gusubira mu masomo nyuma y’uko ababyeyi n’abayobozi b’ikigo bemeye kubagurira mudasobwa zo kwigiraho, kuko izari zisanzwe zatanzwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) zibwe.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko bamaze gusobanukirwa na gahunda yo guhuza ubutaka kuko basanze itanga umusaruro utubutse kubera guhinga kijyambere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, Sebagabo Jimmy, yatawe muri yombi nyuma y’uko abaturage ku wa 18 Werurwe 2015 bagaragarije mu ruhame ko abarenganya bikabije ndetse akaba arya ruswa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu bakoraga ku ishuri ry’imyuga rya Rambo ryubakwaga mu Kagari ka Kiraga ku nkunga ya Bralirwa, bavuga ko bategereje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame igihe azagira mu Karere ka Rubavu kugira ngo abishyurize amafaranga bakoreye bakamburwa na rwiyemezamirimo, Twahirwa (…)
Tombola y’uko amakipe azahura muri ¼ cya UEFA Champions league igonganishije abakeba b’i Madrid ( Real Madrid na Athletico Madrid) mu gihe FC Barcelone yo izongera gucakirana na PSG bari kumwe mu matsinda.
Ku wa gatanu tariki 20 Werurwe 2015, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yamaze kwemeza Jonathan McKinstry w’imyaka 29 nk’umutoza mukuru w’Amavubi ugomba gusimbura Stephen Constantine wagiye gutoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Urwego rw’Umuvunyi rwatangaje ko rugiye gukemura ibibazo bijyanye n’imari rwakira mbere y’uko bijya mu nkiko, kuko zo zifata imyanzuro ituma hatabaho kongera gukorana k’urwego rwarezwe n’umuturage watanze ikirego.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bimuwe mu nkengero z‘ishyamba rya Gishwati baravuga ko bategereje ingurane bari baremerewe zibarirwa muri miliyari na miliyoni magana abiri z’amafaranga y’u Rwanda (1,200,0000,0000FRW) ariko kugeza n’ubu bakaba batarazihabwa kandi ubwo Perezida Paul Kagame aheruka gusura abaturage bo mu (…)
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Bugeshi cyo mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu butangaza ko ubukene no kutagira umuriro w’amashanyarazi bituma badatanga serivisi zinoze.