Mu ijoro ryo ku wa 15 Mata 2015 mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke umugabo witwaga Etienne Hitimana alias Mashayija wari ufite imyaka 30 y’amavuko yishwe akubishwe kugeza ashizemo umwuka azizwa amasafuriya bivugwa ko yibye kuri Pasika.
Umutoza w’Amavubi Johnny McKinstry yamaze gutangaza urotonde rw’abakinnyi 24 bagomba kwitegura umukino uzabahuza na Somalia mu Rwego rwo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afrika cy’abatarengeje 23
Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi bo muri Paruwasi ya Muhororo mu Murenge wa Gatumba barasaba ko hakubakwa inzu yashyirwamo ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bigenda bikendera kandi hari ibyari byarabonetse ariko bikaba bidafashwe neza.
Umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cy’Ububiligi ndetse no ku isi yose akaba ari n’umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi, Stromae, yatangaje igihe azazira mu Rwanda gukora igitaramo mu gihe hari hashize igihe kirekire abanyarwanda bamutegereje.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Nkambi ya Nyabiheke iherereye mu Murenge wa Gatsibo ho mu Karere ka Gatsibo, ku wa gatanu tariki 17 Mata 2015 zatangiye guhabwa imfashanyo y’amafaranga mu mwanya wo guhabwa ibyo kurya nk’uko byari bisanzwe bigenda.
Abagize ihuriro ry’imiryango mpuzahanga ikorera mu Rwanda biyemeje kuzegera amahanga atazi ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikayayasobanurira.
Muri imwe mu mirenge igize akarere ka Kirehe abaturage barinubira uko bashyirwa mu byiciro by’ubudehe bagasanga bidahinduwe iyo gahunda yaba ije gutera ibibazo aho kubikemura.
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agendereye Akarere ka Huye Tariki ya 12 Mata 2015 akaganira n’abikorera ku cyakorwa kugira ngo barusheho guteza imbere akarere kabo, baravuga ko biteguye kwishyira hamwe bakagera ku bikorwa bibateza imbere ndetse binateza imbere abanyehuye muri rusange.
Umuyobozi w’ishuri ry’umuziki rikorera mu ishuri ry’ubukorikori rya Nyundo tariki ya 20/4/2015 bazashyikirizwa ibikorwa by’umuziki n’Ambasade y’Abadage mu rwego rwo gufasha abanyeshuri biga umuziki kwimenyereza no gukora ibihangano by’umuziki biri ku rwego mpuzamahanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko hari intambwe yatewe mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishimangirwa n’ubwitabire bw’abaturage kandi n’uko inkunga yo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yiyongereye igera ku miliyoni hafi 31 ivuye kuri miliyoni 18 zakusanyijwe umwaka ushize.
Mu muhango wo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Intumwa ya Komisiyo y’igihugu Ishinzwe Kurwanya Jenosite, Dr Jean Damascène Gasanabo, yatangarije abaturage ba Nyarubuye ko Urwibutso rwa Nyarubuye rugiye kubakwa mu Ngengo y’Imari ya 2015/2016.
Mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Rwinume mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera, habonetse umurambo w’umugabo witwa Ribonande Céléstin.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke mu Karere ka Gakenke hafungiye abagabo batatu bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba Inyana, gusa umwe muri bo arabihakana kandi ariwe banyiri gufatanwa inka bavuga ko bayiguze.
Shampiona y’umukino w’intoki wa Basketball iraza gusubukurwa hakinwa imikino yo kwishyura mu mpera z’iki cyumweru mu bagabo ndetse no mu bagore.
Cyiza Alexandre, umupolisi wo muri Komine ya Mugina, Intara ya Cibitoki mu Burundi yahungiye mu Rwanda nyuma yo kubona ko ubuzima bwe buri mu kaga.
Abaturage b’Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza bavuga ko kuba bataragerwaho n’amashanyarazi bikiri imbogamizi ku iterambere rya bo.
Mu nama y’umutekano yahuje inzego z’umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru mu Mujyi wa Goma kuri uyu wa 16 Mata 2015, ubwigomeke bw’abarwanyi ba FDLR bwagarutsweho, ubuyobozi bw’ingabo busabwa kugira icyo bukora ngo burengere abaturage.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, aravuga ko uzagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda no gushaka kurusubiza mu icuraburindi rya Jenoside azabigwamo, kuko u Rwanda rutazihanganira ushaka gusenya ibyiza Abanyarwanda bamaze kugeraho biyushye akuya.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru,Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza hakinwa imikino y’umunsi wa 23 aho ikipe ya APR Fc na AS Kigali zikomeje kurwanira umunsi wa mbere.
Nyuma y’uko ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano zihagurukiye abasore bamburaga abaturage no ku manywa y’ihangu biyise “Abanyarirenga “muri Nyarubande, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, ubu abaturage baratangaza ko bafite umutekano usesuye.
Icyegeranyo cyasohowe n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu cyerekana uko Ikoranabuhanga ryitabirwa gukoreshwa hirya no hino ku isi (The Global Information Technology Report) cyo muri 2015, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku isi mu guteza imbere ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza n’ubukungu muri rusange.
Inama yatumijwe na Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi ikaba yahuje abayobozi batandukanye b’igihugu n’abafatanyabikorwa ba Leta kuri uyu wa 16 Mata 2015, yanzuye ko imihigo igomba kujya ihuzwa n’ingengo y’imari ya buri mwaka, kugira ngo ibashe kugerwaho nk’uko iba yarahizwe.
Abagabo babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngarama bacyekwaho kunyereza umutungo wa Koperative yo kubitsa no kugurizanya “SACCO-Terimbere Nyagihanga”, iherereye mu Murenge wa Nyagihanga.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abakobwa n’abagore b’inzobere mu ikoranabuhanga mu Rwanda (Girls in ICT) buratangaza ko irushanwa rigamije gukangurira abakobwa n’abagore gushaka ibisubizo by’ibibazo biri mu muryango nyarwanda bifashishije ikoranabuhanga “Ms. Geek” ry’umwaka wa 2015 ryitabiriwe n’abakobwa n’abagore barenga 100, aho (…)
Ubuyobozi bwa Polisi y’ighugu buratangaza ko mu mwaka wa 2013/2014 u Rwanda rwahombye miliyari zigera kuri eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, biturutse ku nkongi z’umuriro zibasiye igihugu mu bice bitandukanye kandi zikurikiranye.
Ku wa 15 Mata 2015, ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) ryamaze umunsi wose ridafite amazi “kubera kutishyura”.
Mu gihe hari abibaza ukuri ku by’ibirego bimaze iminsi hagati ya Bruce Melody na Super Level ihagarariwe na Richard Nsengumuremyi, aho Richard ashinja Bruce Melody kwica amasezerano bari baragiranye akagenda igihe bumvikanye kitarangiye, Bruce Melody aratangaza ko atishe amasezerano nk’uko Ricard abivuga ahubwo ko ari (…)
Nyuma y’aho Nyampinga Doriane n’ibisonga bye bakoze igikorwa cyo gukusanyiriza inkunga umukinnyi wa KBC Mutebi Hamissi “Junior” urwaye bikomeye nyuma y’impanuka yakoreye ku Kamonyi muri Gashyantare 2015 ntibagire ikintu kinini babona, Nyampinga Doriane yadutangarije ko bari gutekereza ubundi buryo bukomeye bakoramo iri (…)
Kuba Akarere ka Rubavu kataza mu myanya ya mbere mu gutsindisha abana mu bizami bya Leta byaba biterwa n’abarezi batubahiriza amabwiriza, kimwe n’abadafasha abana kumenyera gukoresha icyongereza nk’ururimi rukoreshwa mu masomo.
Ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gukora imirimo mu ngo mu Karere ka Rubavu cyongeye kuganirwaho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye hamwe n’abashinze ibigo tariki ya 15 Mata 2015, kugira ngo hafatwe ingamba zatuma abana badakomeza kuva ku mashuri.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma barashimwa ku kwitabira ibiganiro mu cyumweru cy’icyunamo ndetse no kwitanga bagira icyo bigomwa bashyira mu gaseke bagakusanya miliyoni hafi eshatu zaguzwemo amatungo yo kuremera abatishoboye barokotse Jenoside.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira arasaba abayobozi b’insengero ziciwemo abatutsi mu w’1994 gushyiramo ibimenyetso bigaragaza ko hiciwe abantu cyangwa se ubutumwa bwibutsa abakirisitu babo ko aho hantu hakorewe amahano babigisha kubirwanya.
Umukecuru Mukantwari Melaniya warokotse Jenoside nyuma yo kumara iminsi yarajugunywe muri Nyabarongo, atangaza ko agahinda k’abana be batandatu bajugunywe muri Nyabarongo, ari intimba ikomeye imuri ku mutima.
Nyuma y’imyaka ine urwibutso rwa Jenoside rwa Kibungo ruvugwa ko rugiye kubakwa neza bikaba bitarakorwa, bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite ababo bahashyinguye bavuga ko batewe impungenge n’uko imibiri irushyinguyemo izangirika kuko rutubakiye ngo rureke kunyagirwa.
Imiryango 102 ituye mu birwa byo Kiyaga cya Ruhondo igiye kwimurwa kugira ngo ibashe kwegerezwa ibikorwaremezo by’ibanze, bityo n’ikiyaga kibashe kubungabungwa kuko iyo bahinze isuri imanukana ubutaka bukajya mu kiyaga.
Umuhanzi Ngenzi Serge wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Neg G The General nk’umwe mu baraperi bamaze igihe mu muziki dore ko yawutangiye mu gihe cya ba Riderman, azamurikira abakunzi b’ibihangano bye umuzingo (Album) we wa kabiri yise “Kazivukamo”.
Umutoza Kayiranga Baptista w’ikipe ya Rayon Sports yiteguye kuba yakwicarana na Mukura bakaganira akaba yayidohorera ku mafaranga iyi kipe igomba kumwishyura angana na miliyoni 12 n’ibihumbi 10.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Mirama ya mbere, Akagari ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe n’indwara zishobora kuzakomoka ku bishingwe bikurwa mu mujyi bigasukwa ku musozi ubegereye, abana bakirirwamo bashakisha ibyuma byo kugurisha.
Depite Mukayuhi Rwaka Constance arasaba abaturage bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside guhinduka bakabana n’abandi mu mahoro n’ubwiyunge kandi akerurira n’abanze kubireka ko barimo guta umwanya bibeshya kuko Jenoside idashobora kongera kubaho ukundi mu Rwanda.
Mukankundiye Verediyana, umukecuru w’imyaka 65 y’amavuko, arashimira inzego zinyuranye zamukoreye ubuvugizi mu mwaka ushize harimo n’itangazamakuru, ubu akaba aba mu nzu nziza ndetse akanabona ubuzima bwe bufite icyerekezo.
Ku mugoroba wo ku wa 11 Mata 2015, Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire hamwe n’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro UNPOL/ONUCI muri icyo gihugu ndetse n’inshuti zabo bibutse ku nshuroya 21 Jenoside yakorewe Abatusi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi hakusanyijwe inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ingana na miliyoni 54 n’ibihumbi 896 n’amafaranga 10 muri gahunda y’Agaseke.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Musanze barasaba ubuyobozi kubafasha gushyingura mu cyubahiro imibiri isaga 800 y’Abatutsi biciwe ku Rukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri bakundaga kwita Cour d’Appel mu w’1994 ndetse hanashyirwe ikimenyetso kigaragaraza ubwicanyi bwahabereye.
Mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi haguye imvura yuzuza imigezi ya Katabuvuga na Muhuta yahise imena amazi menshi asandara mu mirima no mu mazu y’abaturage akorerwamo ubucuruzi n’ayo guturamo.
Guhera mu mwaka w’amashuri uzatangira muri Nzeri 2015, abanyeshuri biga muri kaminuza bazatangira kwigira ku nguzanyo bazasinyana na Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD), inguzanyo bazajya bahabwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe baherereyemo.
Abanyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Sacco Abanzumugayo” yo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza biyujurije inyubako igezweho yubatswe mu mutungo bwite w’iyo Sacco nyuma y’imyaka itanu imaze itangiye gukora.
Nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangarije ko bwamaze gutanga isoko ku nyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwa Gashirabwoba ruri mu Murenge wa Bushenge, abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bakomoka mu Bushenge bakomeje kutabivugaho rumwe n’ubuyobozi.
Kuri uyu wa 14 Mata 2015, mu Karere ka Rulindo hatangijwe umushinga w’ubworozi bw’amafi uhuriweho n’abaturage bibumbiye mu makoperative atandukanye y’ubworozi bw’amafi muri ako karere.