Nk’uko bisanzwe mu mpera za buri kwezi, ku wa gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015 hakozwe umuganda rusange usoza ukwezi kwa Werurwe.
Abasore bane bafatiwe mu Murenge wa Musaza mu Karere Kirehe nyuma y’igihe baba mu ishyamba, bakiyemerera ko bacuruza urumogi dore ko banafatanywe ibiro umunani byarwo n’ibindi byuma bitandukanye.
Uwahoze akinira ndetse akanatoza ikipe ya Rayon Sports, Kayiranga Baptiste yongeye kugirwa umutoza mukuru wayo, ndetse indi myanya itari ifite abayobozi muri Rayon Sports iruzuzwa.
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza yateranye tariki 27 Werurwe 2015 yafashe icyemezo cy’uko inyubako ya SACCO ya Karambi yo mu Murenge wa Murundi ikomeza kubakwa, nyuma y’igihe kigera ku mezi ane yari imaze ihagaritswe.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza iravuga ko kuba ibitaro by’Akarere ka Nyanza bimaze imyaka 4 bitagira umuyobozi bifite ingaruka zitandukanye, ku buryo hakwiye gushakwa umuyobozi ubiyobora kugira ngo ibibazo bihari bikemuke.
Raporo y’imisoro n’amahoro y’Akarere ka Huye yo kuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu wa 2014, igaragaza koKaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ririmo akarere umwenda w’umusoro ku nyungu z’ubukode ungana na miliyoni 20, ibihumbi 92 n’amafaranga 535.
Sositeye y’ubwishingizi ya Prime Insurance yafunguye ishami ryayo rishya mu mujyi wa Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba, ishami rije gufasha abaturage gushinganisha ibyabo no gukomeza kubashishikariza akamaro ko kugira ubwishingizi.
Abiga amasomo ajyanye n’ubumenyingiro bagiye kungukira ubumenyi muri Filime yitwa “Muganga” igiye gukinirwa mu Rwanda guhera ku wa gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015.
Imibare y’abaturage batuye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza yavuye mu ibarura ryakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) mu mwaka wa 2012, iyo uyigereranyije n’iyavuye mu ibarura ubuyobozi bw’uwo murenge bwikoreye ubona ikinyuranyo cy’abaturage bagera hafi ku bihumbi 14.
Nyuma yo kweguzwa kwa Komite Nyobozi y’Akarere ka Rubavu no gusezererwa mu nama Njyanama y’akarere ndetse n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere, Kaduhoze Marie Jeanne wari umuyobozi wa Collège Inyemeramihigo niwe watorewe kuyobora Akarere ka Rubavu mu gihe cy’inzibacyuho cy’amezi atatu.
Kuri uyu wa 26 Werurwe 2015 Umuryango Mpuzamahanga utegamiye kuri Leta, World Vision, mu Karere ka Gicumbi watangaje mu bushakashatsi wakoze ngo wasanze Umurenge wa Rutare uza ku isonga muri ako karere mu kugira abakobwa benshi batwara inda zitateganyijwe.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango idasanzwe yateranye ku wa 27 Werurwe 2015 yemeye ubwegure bw’uwari Perezida wayo, Didier Gakuba uherutse kuyishyikiriza ibaruwa isaba kwegura ku mpamvu ze bwite.
Umuryango utegamiye kuri Leta wa Rwanda Women’s Network nk’umwe mu bafatanyabikorwa b’Akarere ka Gatsibo, usaba ko buri wese yagira uruhare na gahunda ihamye mu kurwanya gutwita kw’abangavu no guteza imbere gahunda z’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyanza yateranye tariki ya 26 Werurwe 2015 yafashe umwanzuro ko imbwa zizerera zose zigomba kwicwa hagamije kubungabunga umutekano w’abaturage.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu imaze kweguza Komite Nyobozi yose y’Akarere kubera amakosa bakoze mu kwegurira rwiyemezamirimo isoko rya Gisenyi.
Umugabo witwa Dusabamahoro Donath utuye mu Murenge wa Muhanga, Akarere ka Muhanga afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Muhanga kubera kwigomeka ku myanzuro y’Inkiko no guhungabanya umutekano.
Kuri uyu wa 27 Werurwe 2015, Habyarimana Jean Baptiste yatorewe kuba Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Burera agasimbura Bumbakare Pierre Celestin weguye kuri uwo mwanya ku wa 11 Gashyantare 2015.
Tayo wo mu gihugu cya Nigeria na Esther wo mu gihugu cya Uganda, bamwe mu bitabiriye mu irushanwa rya Big Brother Africa ku nshuro ya cyenda, bavuga ko kubera urukundo bagaragarijwe ndetse n’urugwiro bakiranywe mu Rwanda, gutaha bizabagora.
Umuhanzi Danny Vumbi wamamaye cyane kubera indirimbo ye “Ni Danger” ntakiririmbye mu gitaramo kizabera kuri Kaizen Club Kabeza, ku wa 28 Werurwe 2015 isaa kumi n’ebyiri z’umugoroba yari kuzahuriramo na Kidumu na Makanyaga Abdul bitewe no kutumvikana neza n’abateguye iki gitaramo.
Mu gihe mu Rwanda hari umutekano n’ibindi bihugu biza kwigiraho, hari ubwicanyi mu miryango bugaragara hirya no hino, Ngoma King, umukozi w’umushinga La Benevolencia, ahamya ko ubwo bwicanyi buturuka ku bikomere Abanyarwanda bafite kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba harimo abataragera ku rwego rwo guha agaciro (…)
Mu kigo nderabuzima cya Mututu cyo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza haravugwa umwuka mubi hagati y’umuyobozi wacyo witwa Nyiravuganeza Siphora n’abakozi bakorana kubera ko ngo abivangira mu kazi agamije inyungu ze bwite.
Njyanama y’Akarere ka Rubavu imaze guterana ku isaha ya saa tanu yo kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 kugira ngo ifatire ibyemezo abagize Komite Nyobozi y’ako karere ku makosa bakoze yo kwegurira ku buntu isoko rya Rubavu rwiyemezamirimo witwa Abba adatanze amafaranga asaga miliyari yari yemejwe nk’ikiguzi cy’iryo soko.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuhinzi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, avuga ko abayobozi b’amakoperative bigarurira imitungo y’abanyamuryango bakwiye guhagurukirwa byaba ngombwa bakanirukanwa, aho kugira ngo bakomeze kwanduza isura nziza y’amakoperative.
Kuri uyu wa 26 Werurwe 2016, mu Mudugudu wa Bisika mu Kagari ka Mpanda ho mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umugabo wo mu kigero cy’imyaka nka 37 ariko bayoberwa umwirondoro wa nyirawo.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zijyanye n’iby’ikoranabuhanga ndetse n’impuguke bateraniye i Kigali mu nama yahuriwemo n’ibihugu byahoze bikoronijwe n’u Bwongereza bigaga ku ruhare rw’ikoranabuhanga mu kunoza imiyoborere bashimiye u Rwanda ku gukoresha ikoranabuhanga mu kugera ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Minisitiri Wungirije ushinzwe umutekano w’imbere n’impunzi mu gihugu cya Zambiya, Lt. Col. Panji Kaunda atangaza ko impunzi z’Abanyarwanda ziba muri icyo gihugu ntiziramuka zanze gutahuka mu Rwanda ntizinasabe ibyangombwa byo kuba mu gihugu (passport) zizacyurwa mu Rwanda ku ngufu.
Abayobozi ba SOS ku rwego rw’isi ndetse n’Afurika y’iburasirazuba bunamiye abana babo bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, aho basuye urwibutso rwa Gasaka rushyinguwemo imibiri y’abana ba SOS.
Bamwe mu banyarwanda batuye muri Zambia bari rugendo rwa “Ngwino urebe ugende ubwire abandi” mu Rwanda baravuga ko ishusho basanganye u Rwanda itandukanye n’uko barusize batarahunga haba mu bikorwa remezo birimo amashuri, imihanda, amazu y’amagorofa, amavuriro, amasoko n’ibindi.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye yatangaje ko ari mu banyarwanda basaba ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakomeza kuyobora Igihugu nyuma ya manda ya kabiri izarangira muri 2017.
Umugabo witwa Akayezuwa wo mu Mudugudu wa Mikingo mu Kagari ka Mubumbano arashinjwa n’abaturanyi gutema inka y’umuturanyi we mu ijoro ryo ku wa 25 Werurwe 2015 kubera ibibazo by’amakimbirane bari bamaranye iminsi.
Ikigo cya East Africa Exchange (EAX), tariki 25 Werurwe 2015, cyatanze imashini ebyiri zisukura umusaruro zikanawumisha kugira ngo utangirika utaragezwa ku isoko.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, Idrissa Bihezande yeguye ku mirimo ye ku wa 25 Werurwe 2015.
Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) cyashyizeho uburyo bushya bwo kwifashisha urubuga rwa interineti rwacyo mu gufasha abacuruzi n’abandi bakigana kumenya amakuru yose bakifuzaho, no gutanga ibibazo bijyanye n’ubuziranenge.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imari n’Umutungo mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda kuri uyu wa 26 Werurwe 2015 basuye Akarere ka Rusizi bagiye kureba aho kageze gakoresha ingengo y’imari yako y’uyu mwaka wa 2014-2015 maze ntiyishimira kuba bamaze gukora ibingana na 46% y’ibyo bategeganyije mu ngengo y’imari kandi umwaka usa (…)
“W” Initiative” ni gahunda igamije gufasha abari n’abategarugori gutinyuka kwizigama, kwihangira imirimo no kwaka inguzanyo ngo babashe gukomeza kwiteza imbere no gutegura ejo hazaza heza nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’iyi banki mu Rwanda Jean Claude Karayenzi, mu muhango wo kuyitangiza ku mugaragaro, wabaye kuri (…)
Umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), NGOY MUKALAY Sixte arizeza abanyarwanda bakorera imirimo inyuranye muri RDC ko bagiye kuvugurura imikorere mibi irangwa ku mupaka wa Rusizi I.
Ku nshuro ya Kabiri urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Kabayiza François rwari ruteganyijwe kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa kane tariki ya 26 Werurwe 2015 mu Rukiko rwa gisirikare i Kanombe, rwasubitswe.
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Lt. Col. Charles Matungo, Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Huye na Gisagara aratangaza ko umuturage wahawe serivisi mbi bigatuma yijujutira ubuyobozi ari we mwanzi ukomeye ubu u Rwanda rufite.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, hafungiye umurundi witwa Nayabagabo Jean Claude w’imyaka 34 y’amavuko wafatanywe urumogi arujyanye mu Mujyi wa Kigali.
Leta y’u Rwanda iravuga ko yamaze guteguza abacuruzaga imiti batarabyigiye ngo bafunge imiryango, abarwayi bo bakazajya basanga imiti yose bakenera ku mavuriro yose azaba akora mu buryo bwemewe mu gihugu batagombye kugura imiti kuri ayo maduka atakemerewe gukora.
Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR FC, Kalisa Adolphe aratangaza ko iyi kipe igikomeje iperereza ku mvururu zabereye i Rusizi nyuma y’umukino ikipe ya Espoir FC yatsinze mo APR FC igitego kimwe ku busa.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko ukwezi kw’imiyoborere myiza bakubona nk’ukwezi ko gukemurirwa ibibazo biba byarapfukiranwe n’abayobozi bo mu nzego zo munsi y’akarere ziba zabateye utwatsi.
Mu rwego rwo kwagura imikorere cyane cyane mu gutanga inguzanyo no guha serivisi abatari abanyamuryango, Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO HEZA Kamonyi, yagejeje ku banyamuryango ba yo umushinga wo guhinduka ikigo cy’imari, bahita bawemera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru na Ibuka baratangaza ko hakiri abafite imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 igishyinguye mu ngo no mu matongo batarumva gahunda yo kuyimura ngo ishyingurwe hamwe n’indi mu nzibutso za Jenoside.
Abayobozi mu muryango w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 (AVEGA) mu Ntara y’Amajyarugu barishimira ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka isaga 20 ishize Jenoside ihagaritswe.
Mu gihe hasigaye amezi atatu ngo umwaka w’ingengo y’imari urangire, Akarere ka Nyamasheke ngo ntikaranakoresha 50% by’ingego y’imari ku bikorwa biyemeje kuzakora muri uyu mwaka wa 2014-2015.
Bamwe mu banditsi bakuru bitabiriye amahugurwa ku gutunganya inkuru kuva tariki 23-25 Werurwe 2015 mu Karere ka Musanze, batangaza ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rimaze gutera imbere bitewe n’uko abarikora bafite ubumenyi, uretse ko ubushobozi bw’ibitangazamakuru bukiri bukeya.
Abarwayi barwariye mu Bitaro bya Rwamagana biri mu Mujyi w’Akarere ka Rwamagana, kuri uyu wa 25 Werurwe 2015, bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi, bishimira ko utuma bongera kwiyumva nk’abandi ngo kuko ubusanzwe baba babayeho mu buzima bwo kwiheba.