Abakecuru n’abasaza bo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye bibumbiye muri Koperative Akabando, barashima ibyo bamaze kugeraho birimo inzu y’ubucuruzi, korora no kuryama heza babikesh inkunga y’ingoboka bahabwa.
Nsengiyumva Athanase warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi ahahoze ari Komini Nkuli, Segiteri Kareba, Selire Rusiza ,ubu hakaba ari mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Mukamira, arasaba gufashwa kugira ngo igitabo arimo kwandika kigire amakuru menshi kandi kizagere kure hashoboka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, batangaza ko abaturanyi babo, baba abagize uruhare muri Jenoside n’abatararugize ntawe urerura ngo asabe imbabazi cyangwa ngo yerekane aho imibiri itaraboneka yaba iherereye.
Imibiri 158 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rw’abazize iyo Jenoside rwa Mukarange mu Karere ka Kayonza, tariki 12 Mata 2015.
Mu kiganiro Hon Berthe Mujawamariya yatangiye m’Urwunge rw’Amashuri rya Rusumo kuri uyu wa 11 Mata 2015 yasabye abaturage kureka kugoreka imvugo kuko bishobora kuba imwe mu ntwaro yo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Ubwo yagendereraga Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 12Mata 2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije abanyeshuri ndetse n’abarimu bo muri za kaminuza, kimwe n’abayobozi bamwumvaga, ko ubumenyi budahindura ubuzima bw’abantu ntacyo bumaze.
Umubyeyi witwa Yuriyana Mukamana utuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Kagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, yasoneye abari bamurimo miliyoni zisaga ebyiri z’imitungo bamwangirije muri Jenoside batabimusabiye imbabazi.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonne uzwi cyane nka Mibirizi amaze imyaka 20 ahanga indirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ngo arishimira ko izo ndirimbo zagize uruhare mu gusana imitima y’Abanyarwanda muri rusange n’abarokotse Jenoside by’umwihariko bakongera kugira icyizere cyo kubaho.
Hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko Leta y’u Bufaransa yari iyobowe na Perezida François Mitterand mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yatanze amadorali y’Amerika asaga miliyoni eshatu yo gutiza umurindi Jenoside mu Rwanda.
Umuryango mugari w’abakozi n’abanyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, Koleji y’inderabarezi ya Kigali (yahoze kitwa KIE) bashyikirije inzu bubakiye Rugeninyange G. Marcel, warokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye utuye mu Murenge wa Rukumbeli.
Umugabo witwa Rwigema Samson ukomoka mu Kagari ka Rwesero ahitwa mu Kidaturwa mu Karere ka Nyanza avuga ko imibereho mibi y’ubuzima yatumye yibera mu giti nk’inyoni ariko ubu yibera mu kazu k’amazi ari na ko amaze ukwezi acumbitsemo mu Mujyi wa Nyanza.
Imfungwa n’abagororwa bari muri Gereza ya Nyamagabe barasabwa guharanira ko Jenoside itazongera kubaho bimakaza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kandi bakamaganira kure abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe abatutsi.
Abantu 11, barimo abagore 2, mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Nyagatare guhera kuri uyu wa 10 Mata 2015 bakekwaho urugomo no kwigomeka ku mategeko n’amabwiriza y’ubuyobozi.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga bavuga ko bishyurijwe n’ubuyobozi amafaranga y’imitungo yabo yangijwe muri Jenoside ariko ntabagereho.
Charles Hategekimana, umwe mu bari bahungiye mu ngoro ya MRND bitaga ingoro ya muvoma akaza kurokoka avuga ko nyuma y’igihe kinini bahigwa ndetse bakabasha gusubiza inyuma ibitero bimwe na bimwe, interahamwe zifatanyije n’abasirikare bishe abatutsi bari bahari kuva saa sita z’amanywa kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) buributsa ko abayobozi n’abanyamakuru bafite inshingano zo kuzuzanya mu kubaka igihugu, bakaba bagomba kwirinda urwikweke bakumva ko ari abafatanyabikorwa.
Buri wa 9 Mata, abaturage baturiye Kiriziya ya Nyundo n’abandi baharokokeye bibuka uburyo abatutsi babarirwa muri 500 bari bahungiye mu Kiliziya bishwe n’interahamwe zahabasanze bahishwe na Musenyeri Karibushi.
Nyum yo kuvugurura gahunda ya E- Kayi ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagra buravuga ko hagiye gutangira uburyo bwo kwifashisha telefone igendanwa mu gutanga serivisi nziza ku baturage.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubuye, Antoine Karasira ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Kirehe kuva tariki 07 Mata 2015 akurikiranweho gukoresha nabi amafaranga agenewe abakene muri gahunda ya VUP.
Nyiramahirwe Christine w’imyaka 46 wo mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe wari umucuruzi w’imiti (Farumasi) mu isantere ya Nyakarambi yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 10 Mata 2015 ubwo yiteguraga kujya ku kazi.
Richard Rwandenzi ufite imyaka 34, utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye asaba abaturage kubwira abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi aho imibiri y’ababo iherereye kuko ari byo byabomora imitima, ngo kuko iyo umuntu atarashyingura uwe ahora mu kiriyo (kilio) kidashira.
Sebanani Emmanuel wiyise Gashumba Elias w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Kagasa, Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Kirehe azira gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, akubita uwarokotse Jenoside ari nako avuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Charles Cyubahiro ukomoka mu Karere ka Nyaruguru, ahahoze ari muri Kominis Nshiri, Segiteri Gitita, Serire Gahotora, ubu atuye ahitwa mu Matyazo ho mu Karere ka Huye, avuga ko yababaye mu gihe cya jenoside, ariko ngo itotezwa we n’umuryango we bagiriwe mbere yayo ni ryo ryamubabaje kurushaho.
Umuhanzikazi Mukankuranga Marie Jeanne, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Mariya Yohana yibaza impamvu hariho abantu bahakana jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 kandi n’abayikoze bemera ko bayikoze.
Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ruzwi nka “Walk to Remember” rwari rumenyerewe mu ntangiriro z’icyumweru cyo kwibuka, rwashyizwe kuri iki cyumweru tariki 12/4/2015, guhera saa munani z’amanywa.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 batishoboye batuye mu murenge wa Rumbeli akarere ka Ngoma, baravuga ko nubwo bagenda bahabwa ubufasha bwo gusanirwa amazu hakiri abandi batishoboye bafite ikibazo kitaboroheye cy’amacumbi akeneye gusanwa.
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango y’abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke, bavuga ko biyunze kuko hari abagize uruhare muri Jenoside bemeye guca bugufi bagasaba imbabazi abo bahemukiye nabo bakababarira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko abaregwa gukora amakosa yo kwiha amafaranga yagenewe abakene azwi nka VIUP, batangiye kuyishyura, nyuma y’uko bigaragariye ko hari abaturage bagiye bayahabwa ariko ntibayakoreshe icyo yagenewe abandi bayozi nabo bakayiguriza.
Ubuyobozi b’akarere ka Gicumbi n’amadini ahasengera baramagana abakirisitu bajya gusengera ahantu hatazwi hatemewe bita mu “Butayu”, buvuga ko binyuranyije na gahunda yo kubungabunga umutekano w’Abanyarwanda.
Kuba abaganga bamwe baragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi kandi ari bo bashinzwe kurngera ubuzima, ni urukozasoni ku bakora uyu mwuga; nk’uko bitangazwa na bamwe mu baganga.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, atangaza ko imyumvire ishingiye ku ivangura, abantu biyumva ko hari icyo abandi babarusha kimwe n’abica abandi, kugira ubwoko iturufu yo kubaho ubundi bugahinduka igicibwa, bri mu bituma hari abata isura y’Ubunyarwanda basangiye, abandi bagahunga igihugu bitwa impunzi cyangwa abagiye (…)
Abanyamakuru bo mu Rwanda baributswa ko ari uruhare rwabo rwo kuvuga ukuri ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakibuka no gukoresha ubunyamwuga bwabo bimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 babiri bo mu Kagari ka Mahembe, Umurenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, batewe inkunga n’abakozi b’Umurenge wa Byimana, mu rwego rwo kubakomeza muri ibi bihe byo kwibuka ababo bazize Jenoside.
Abaturage bo mu Karere ka Burera baturiye Parike y’Igihugu y’Ibirunga batangaza ko kuva aho hashyiriweho urukuta rukumira inyamaswa ngo izajyaga ziza kubonera zivuye muri pariki zaragabanutse nubwo hatabura izirurenga zikaza mu baturage.
Twagiramusinga w’imyaka 64 wo mu Murenge wa Kirehe kuri uyu wa 09 Mata 2915 mu kungurana ibitekerezo ku nsanganyamatsiko zaganiweho yavuze k’ukuri kuri Jenoside yakorewe abatutsi ngo akababazwa n’uko Kiriziya abamo yakoze Jenoside.
Kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu midugudu igize Akagari ka Nyarurama mu Murenge wa Ntongwe, Akarere ka Ruhango, ubwitabire bw’abaturage mu biganiro buracyari buke ariko abayobozi b’imidugudu bavuga ko bafite ingamba, kugirango abaturage babonekere igihe mu biganiro.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 batuye mu Kagari ka Bitare, Umurenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko ubwo bahungiraga mu gihugu cy’Uburundi mu gihe cya Jenoside, bayobowe n’ikimasa n’isekurume y’intama bibageza mu buhungiro.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, avuga ko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bagihari ariko nta shingiro bafite kuko Umuryango Mpuzamahanga na Kambanda Jean wayoboraga guverinoma yiyise “Iy’abatabazi” bemeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rukiko.
Abantu batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, bakekwaho kwiba ibendera ryibwe ku biro by’Akagari ka Kabere mu Murenge wa Nyabimata, mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 08 Mata 2015.
Polisi y’Igihugu mu Karere ka Nyanza iravuga ko ikomeje gahunda yo guta muri yombi abakekwaho bose kwihisha inyuma y’ubujura n’abantu bagura ibyo baba bibye babyita ko biboneye imari ishyushye.
Nshizirungu Jean Claude utuye mu Mudugudu wa Gisozi, Akagari ka Nyirakigugu mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu ashimira Kayisire Anastase warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wababariye ababyeyi be nyuma yo gusahura imitungo y’iwabo, ndetse ahitamo kwifatanya nawe mu nzira yo kwiteza imbere ndetse no mu kubaka ubumwe (…)
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko nyuma y’iminsi itatu ishize icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 gitangiye nta gikorwa na kimwe gihungabanya umutekano w’abarokotse Jenoside kikiragaragara mu Ntara y’Amajyaruguru yose.
Abagabo babiri batuye mu Karere ka Nyamasheke bafunzwe bakekwaho kuvuga amagambo mabi ahembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umurundikazi witwa Mukashema Divine w’imyaka 17 y’amavuko, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akekwaho icyaha cyo kubyara umwana agahita amuhamba akiri muzima.
Abakristo b’Itorero Bethesda rifite icyicaro gikuru i Gacuriro mu Mujyi wa Kigali, bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kuri uyu wa 09 Mata 2015 bagendeye ku ntego ibubutsa gusenga no gufasha imitima y’abantu gukomera nk’intwari zivugwa muri Bibiliya Yera.
Nyuma y’imyaka ibiri gare yo mu Mujyi wa Butare itangiye kubakwa, ku itariki ya 9 Mata 2015 yatangiye gukoreshwa.
Hotel Serena ya Kigali iraza kwerekana filimi yiswe “Intore” iza kuba yerekanywe ubwa mbere ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 10 Mata 2015, kandi igakoreshwa mu buryo bwo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994.
Mu rwego rwo gufata no gukoresha neza amazi y’imvura,umushinga wo gufata no gukoresha neza amazi y’imvura wo mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere, urateganya kubakira inyubako rusange 70 ibigega binini bifata amazi.
Umuyobozi wa East Land Motel yo mu Karere ka Kayonza, Nkurunziza Jean de Dieu yarekuwe by’agateganyo, abo bareganwa bakomeza gufungwa mu gihe cy’iminsi 30 mbere y’uko urubanza baregwamo rutangira kuburanishwa mu mizi.