Kuri uyu wa gatatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo habereye umukino w’ikirarane wagombaga guhuza APR Fc na AS Kigali,maze APR Fc biyoroheye ibasha gutsinda AS Kigali ibitego bitatu kuri kimwe,ibitego byose bya APR Fc byatsinzwe mu gice cya mbere cy’umukino,naho AS Kigali igitsinda mu gice cya kabiri.
Iranzi Jean Claude niwe wafunguye amazamu ku munota wa 6 gusa w’umukino nyuma yo gucenga ba myugariro ba AS Kigali,Benedata janvier aza gutsinda ikindi gitego ,maze nyuma y’iminota mike Bigrimana Issa ku mupira yari ahawe na Sibomana Patrick aza gutsindira APR Fc igitego cya gatatu.

Ku munota wa 39 w’igice cya kabiri,ikipe ya APR Fc yasaga nk’iyamaze kwizera intsinzi yaje gutsindwa igitego na AS Kigali,igitego cyatsinzwe na Twizeyimana Onesme,gusa ntibyabuza APR Fc kwegukana amanota atatu.


Nyuma yo gutsinda uyu mukino,APR Fc yaje guhita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rww’agateganyo rwa shampiona,aho ifite amanota 34,aho irusha Rayon Sports iyikurikiye amanota 2,mu gihe ku mwanya wa gatatu haza Mukura nayo n’amanota 32,gusa Rayon Sports ikayirysha ibitego izigamye.
Abakinnyi babanjemo

APR Fc: Ndoli Jean Claude,Rusheshangoga Michel,Rutanga Eric,Rwatubyaye Abdul,Emery Bayisenge,Mukunzi Yannick,Benedata Janvier,Ntamuhanga Tumaini,Sibomana Patrick,Bigirimana Issa na Jean Claude Iranzi

As Kigali:Batte Shamiru,Hamdan Bariyanga,Mutijima Janvier,Bishira Ratif,Kayumba Soter,Nsabimana Eric,Akir Mabula,Kabura Muhamed,Sugira Ernest,Muzerwa Amin,Twizeyimana Onesme
Urutonde rw’agateganyo
Ikipe | Imikino | Amanota |
01 APR FC | 15 | 34 |
02 RAYON SPORTS | 15 | 32 |
03 MUKURA VS | 15 | 32 |
04 AS KIGALI | 15 | 28 |
05 POLICE FC | 15 | 28 |
06 KIYOVU SPORTS | 15 | 23 |
07 GICUMBI FC | 15 | 21 |
08 BUGESERA FC | 15 | 21 |
09 SUNRISE FC | 15 | 19 |
10 AMAGAJU FC | 15 | 18 |
11 MARINES FC | 15 | 17 |
12 MUSANZE FC | 15 | 15 |
13 ESPOIR FC | 15 | 15 |
14 RWAMAGANA CITY FC | 15 | 9 |
15 ETINCELLES FC | 15 | 7 |
16 AS MUHANGA | 15 | 4 |
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
ndabakurikirana cya ne ni ki pe pfa na APR
mbanje gushimira ikipe ya APR imitwarire yayo imbere ya AS KIGAL ariko ikintu cyo kwirara kibabaho kdi sibyiza nkaba nababwire ngo courage bategure neza isubukurwa rya retour ryaje mbifurije amahirwe masaaaa
abareyo nimutuze kuko uwabatsinze ntaho yagiye APR FC turakeye kurusha uko mubikeka nimutuze muturamye!
gikundiro oyeeee nizeye ko komite izadufasha kbs bakosore ibikosamye hanyuma tuzamure igikombe bose babireba bafate neza abakinnyi ubundi murebe kandi twiteguye kubona kasirye,piero na diarra baduhondera apr.
nibyiza ko uru rutonde,hatagiye harimo distance nini,bivugako retour tuzareba match nziza.Gusa nifurije gikundiro kujya imbere no guterura igikombe,cyaneko twizeyeko comittee ije gukosora ibibazo by,abakinnyi bacu beza cyane.Imana izabidufashamo kdi turabyizeye......
abafana ba mukura nukwihangana natwe ruzarangiza champion turi abambere
AS MUHANGA NIBAYIHE KOMITE IFATIKA UBUNDI NTAKIGENDA.