Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Paul Kagame yazamuye mu ntera aba-ofisiye bato 407 ba RDF.
Prof. Elias Bizuru, umushakashatsi n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) araburira abahinzi bahinga mu bishanga kwitondera amazi bakoresha buhira imyaka.
Abarangije amahugurwa yo gufotora bahabwaga n’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd bavuga ko yabunguye byinshi batari bazi mu mwuga wabo wo gufotora.
Hirya no hino mu gihugu Abanyarwanda batangiye icyumweru ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Amakuru dukesha Urubuga rwa Interineti rw’Umuryango w’Abibumbye (U.N), aratangaza ko Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi, yagizwe Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Sudani y’Amajyepfo zizwi nka (UNMISS).
Mu ijambo ritangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Perezida Kagame yihanangirije abashaka gusubiza u Rwanda inyuma bapfobya Jenoside bishingikirije ubuhangange bwabo.
Guverinoma y’u Rwanda mu mezi atatu ari imbere irateganya gushyiraho ikigega cy’amamiliyoni y’amadolari kigamije koroshya ibiciro by’amazu yo guturamo.
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yayoboye inama nkuru ihuza abayobozi b’ingabo z’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka k’ubuhinzi (NAEB) gitangaza ko u Rwanda ruzinjiza miliyari zisaga 57RWf zivuye muri Kawa.
Ubuyobozi bwa Kiyovu Sport buratangaza ko uwari Perezida wayo Gasamagera Louis Claude yamaze kubatangariza ko abaye ahagaritse kuyobora iyo kipe.
Mu gihe Abanyarwanda binjiye mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 igasiga imfubyi n’abapfakazi benshi, Kigali Today yasuye incike zo muri Rwamagana, Umurenge wa Fumbwe ireba uko zibayeho nyuma y’imyaka 23 Jenoside ihagaritswe.
Abaturage bo muri Musanze baturiye Pariki y’Ibirunga bavuga ko kuva aho barekeye kwangiza iryo shyamba batangiye kugerwaho n’ibyiza byo kuribungabunga.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA, u Rwanda mu mupira w’amaguru rwatakaje imyanya 24 rugera ku wa 117
Col. Chance Ndagano yagizwe umuyobozi w’agateganyo wa sosiyete y’ingendo zo mu kirere RwandAir, asimbuye John Mirenge wari umaze imyaka irindwi ayiyobora.
Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), imaze igihe gito ikorera mu Rwanda ngo izanye umuganda wayo mu kongera umubare w’abaganga.
Uruganda rwa mbere rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasembuye mu Rwanda (Bralirwa) rwatangaje ko inyungu rwabonye muri 2016 rutarishyura imisoro ingana na miliari 2 na miliyoni 670 z’amafaranga y’u Rwanda muri 2016.
Nyuma yuko habaye ijonjora ribanza rya 1/32 ku makipe yo mu cyiciro cya kabiri n’ayo mu cya mbere ataritwaye neza mu gikombe cy’Amahoro 2016, kuri uyu 05 Mata 2017, habaye tombola ya 1/16, hamenyekana uburyo amakipe azahura ahatanira iki gikombe giheruka kwegukanwa n’Ikipe ya Rayon Sports.
Umuhanzi Daddy Cassanova ahamagarira abaririmbyi bo mu Rwanda kuririmba ku bindi bintu bitandukanye aho kuririmba ku rukundo gusa nkuko bimeze ubu.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) iri gutegura uburyo bushya bwo gutora Nyampinga w’u Rwanda bahereye ku murenge.
Senateri Gakuba Jeanne D’arc yatorewe kuba muri biro y’ihuriro rihuza abagore bari mu Nteko Zishinga Amategeko ku isi ahagarariye igice cy’Afurika.
N’ubwo biteganyijwe ko uruganda rwa Nyiramugengeri muri Rusizi rutangira gukora mu mpera z’iki cy’umwe cya mbere cy’ukwezi kwa Mata, abakozi barwo bavuga ko bagifite imbogamizi.
U Rwanda na Congo basinye amasezerano azamara imyaka itanu yo gufatanya gushaka Peterori mu Kiyaga cya Kivu.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barasaba guverinoma gushyiraho ingamba zihamye zigabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage kuko uhangayikishije.
Mu gihe twitegura kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Kigali Today yaganiriye n’Abarabu b’Abanyarwanda babaga mu Rwanda, bayitangariza uko bari babayeho muri Jenoside nk’Abanyarwanda batagiraga ubwoko babarizwamo.
Diyosezi Gatorika ya Nyundo yatashye Hoteli yuzuye itwaye miliyari 2RWf ariko ngo ntizajya icumbikira abakundana batarabana byemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba Papa Francis yaremeye ko Kiriziya Gatolika yakoze amakosa muri Jenoside ari igikorwa cyo kwishimirwa.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY butangaza ko uwahoze ari umuyobozi wungirije muri iri shyirahamwe Nyakwigendera Byemayire Lambert atazibagirana bitewe n’ibikorwa yakoze muri uyu mukino.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yagiriye uruzinduko mu Ntara y’Iburengerazuba ahakora ibikorwa bitandukanye bijyanye n’inshingano ze.
Perezida Paul Kagame yasabye Papa Francis kuzasura u Rwanda, nyuma y’uko nawe yari yamutumiye i Vatican mu minsi ishize.
Sosiyete Rwanda Motor, iravuga ko bitarenze imyaka ibiri, izashyira muri Kicukiro uruganda ruteranya moto, rukagira n’indi mirimo irimo igaraji rigezweho.
Abantu bafite ubumuga bwo kutabona bifuza ko bashyirirwaho uburyo bw’amajwi bwakoreshwa kugira ngo bamenye abakandida bityo bitorere ubwabo.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, aratangaza ko nta mugambi rusange wihishe inyuma y’amagereza amaze iminsi agaragaramo inkongi z’umuriro hirya no hino mu gihugu.
Nyirangegera Carolina ufite myaka 101, avuga ko yakuriye mu bihe byaranzwe n’ubugome, itotezwa n’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi, ibi bihe bikaba byaraganishije kuri Jenoside yamutwaye benshi mu muryango we.
Itsinda ry’abanyeshuri 22 bamaze iminsi ine mu Rwanda bareba uko igihugu cyubahiriza ihame ry’ubukungu budaheza, basubiye iwabo bafite ingamba zo kuvuganira u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirahamagarira abahinzi kuba maso kandi bagatanga amakuru ku cyonnyi cya nkongwa idasanzwe yibasiye ibigori.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’Ikigo gikomeye giteza imbere imibare n’ubumenyi muri Afurika (AIMS) kimuriye icyicaro cyacyo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu butangaza muri 2017 bamaze kwakira abarwayi umunani bakeneye amaraso ariko bakanga kuyaterwa bavuga ko kuyongererwa ari icyaha.
Ikipe ya Mukura ntiyahiriwe n’umunsi wa 22 wa Shampiona nyuma yo kunyagirwa na AS Kigali, mu gihe Kiyovu nayo itikuye imbere y’ikipe ya nyuma
Mu marushanwa mpuzamahanga akinwa n’abafite ubumuga (Para-Taekwondo) yaberaga mu Rwanda, asojwe u Rwanda rwegukanye imidari 6, runegukana igikombe nk’igihugu cya mbere muri rusange.
Urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na kaminuza rweretswe uburyo Afurika yava mu gisa n’ubukoroni, ikigira idategereje ibiva hanze yayo.
Urubyiruko rurahamagarirwa guhangana n’abagishaka kurubibamo ingengabitekerezo ya Jenoside kandi rukabwiza ukuri isi ku mateka y’u Rwanda.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Mata 2017 Nsengimana Jean Bosco ukinira ikipe ya Benediction mu magare yegukanye irushanwa ry’amagere Rwanda Cycling Cup 2017 nyuma yo gusiga bagenzi be akoresheje amasaha ane n’iminota 14.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’inzego zitandukanye, irashaka uko ikoranabuhanga ryagera ku baturarwanda bose bageze igihe cyo kurikoresha.
Uko imyaka ishira indi igataha,imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 ikomeza kugenda itahurwa hirya no hino aho yagiye ijugunywa, gusa hari itazigera iboneka kubera aho yatawe nyuma yo kwicwa.
Imibiri y’abishwe n’abacengezi mu 1997 bo mu karere ka Musanze, yari ishyinguye hamwe n’imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yamaze kwimurwa no gushyingurwa mu irimbi.
Abahanzi 10 bari mu irushanwa rya Guma Guma Super Star (PGGSS) banditse ibaruwa basezera muri iryo rushanwa bavuga ko binubira uburyo iry’uyu mwaka wa 2017 riteguye.