Yatangiye kuboha yikinira none asigaye yambika abanyamahanga

Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.

Alice Nyiramajyambere uboha imyenda mu budodo.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda mu budodo.

Nyiramajyambere ufite imyaka 24 yatangarije Kigali Today urugendo yanyuzemo kugira ngo abe ageze aho ageze ubu. Yatangiye kuboha afite imyaka ine, ubwo yajyaga kuba mu kigo kirera abana b’imfubyi.

Avuka mu Ntara y’Iburengerazuba, mu cyahoze ari Gisenyi. Kubera ubupfubyi yaje kujya mu kigo cy’impfubyi, ari naho yatangiye kubona abandi baboha, arabikunda, nawe atangira kubyiga.

Yabanje gutangira akoresha uduti akaboha amasogisi akayagurisha. Ku myaka itandatu ishyira irindwi yari yaratangiye kurya ku mafaranga y’umwuga we nubwo yari akiri makeya.

Alice Nyiramajyambere yatangiye kwiga kuboha akigera mu kigo cy'impfubyi.
Alice Nyiramajyambere yatangiye kwiga kuboha akigera mu kigo cy’impfubyi.

Yagize ati “Ku myaka itanu, itandatu natangiye kujya mbyigana nkajya nicara impande z’abo bantu babikoraga cyane.

Ku myaka irindwi nari maze kumenya kubikora hahandi nagiye mbikora nkajya mbigurisha abashyitsi babaga basuye orphelinat, nkajya nkora za gants nkajya kuzicuruza mu isoko bigenda biza gutyo gutyo.”

Kuri iyo myaka kandi ngo ni nabwo yatangiye gukora kuvureri (couvre-lit) nubwo itabaga isa neza, kuko yari akiri muto ariko ngo zaragurwaga. Gusa abo yarebeyeho yaje kubibarusha kandi aribo yigiyeho kuboha.

Alice Nyiramajyambere yakuriye mu kigo kirera impfubyi.
Alice Nyiramajyambere yakuriye mu kigo kirera impfubyi.

Yatangiye amashuri abanza akiboha, kwiga bibanza kumugora, kuko aho yabaga ari hose yabaga yumva, yaba aboha kabone nubwo abandi babaga barimo kwiga. Buhoro buhoro amenyera ishuri ibyo kuboha akabikora nyuma y’amasomo.

Mu kigo yabagamo, babahaga indodo na koroshi bakoreshaga, ku buryo nta kibazo yagiraga. Imbogamizi za mbere mu mwuga we wo kuboha zatangiye ubwo yari ageze mu mashuri yisumbuye, kuko bwo yigaga aba ku ishuri bikamusaba kuboha ari uko agiye mu biruhuko.

Arangije amashuri yisumbuye nibwo yabaye nk’utangiye kubikora by’umwuga. Gusa nabwo kubera ko byari bitaratangira kumuha amafaranga ahagije ashaka akazi akajya abifatanya.Icyo gihe ibyo yabohaga yabitangagamo impano.

Alice Nyiramajyambere ariyambika akanambika abakiliya.
Alice Nyiramajyambere ariyambika akanambika abakiliya.

Ati “Nanze kubireka burundu ahubwo nkajya mboha nkabitangamo impano ku nshuti zanjye kuko nari nziko ntabona abaguzi. Byageze ubwo abantu benshi batangira kunsaba ngo mbakorere bituma ntangira kubigurisha.”

Yatangiye kwambika n’abanyamahanga

Nyiramajyambere avuga ko aho akorera hakunze kuba abanyamahanga. Iyo babonye ibyo aboha bakunze kumusaba nawe kubabohera, bakamugurira.

Nyiramajyambere mu myenda yiboheye.
Nyiramajyambere mu myenda yiboheye.

Akora akazi k’ubucungamutungo i Rwamagana ariko ngo iyo akazi ari gakeya afata koroshi akaboha ntibibabere imbogamizi.

Nubwo afite akazi, ibyo aboha ni byo bimuha menshi, ku buryo ashobora kwinjiza ibihumbi 200Frw ku kwezi. Ayo amufasha kwishyura ubukode bw’inzu no gufasha umuryango we muri rusange.

Afite inzozi zo kuzakora akagera kure, akagura ibikorwa bye, ashingiye kuri gahunda ya “Made in Rwanda”. Yumva kandi uko ubushobozi buzagenda bwaguka azanigisha abandi akanatanga akazi.

Couvre lit yaboshywe na Nyiramajyambere.
Couvre lit yaboshywe na Nyiramajyambere.

Ati “Biragoye ko wakwaguka ukora wenyine niyo mpamvu ntekereza kuzigisha abandi tugakorera hamwe nkaguka.”

Afite imbogamizi zo kuba atazi kuboha n’imashini kuko ngo hari imideli atekereza gukora afatanyije igitenge n’ubudodo bikamunanira kubyikorera. Avuga ko hari igihe bimusaba kureba umutayeri akamukorera. Ibi byatumye afata ingamba zo kuziga no kudoda n’imashini.

Izindi mbogamizi ahura nazo ni ukugira ngo abantu bamwizere kuko kugeza ubu umuntu amubwira ibyo amukorera akabona kubikora, bityo hari abatinya kumuha amafaranga bibwira ko atari bubikore.

Kuba kandi aba i Rwamagana kandi abakiriya be benshi baba i Kigali biramugora akaba ateganya kuzimukira i Kigali akaba ariho akorera.

Akangurira abandi bakobwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite mu Rwanda bagakura amaboko mu mufuka bakareba impano bafite bakazibyaza umusaruro aho gukomeza bategereje akazi cyangwa akimuhana dore ko kaza imvura ihise.

Avuga ko uwamushaka kugira ngo bakorane yamubonera kuri nimero zikurikira 0786108832.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Mwaduha numero ye ko dukeneye inama

Alias yanditse ku itariki ya: 16-07-2021  →  Musubize

Alice courage ESE ubohesha intoki cg ni imashini ESE umuntu ufite gahunda yo gukora nkibyawe wamufasha iki muburyo be,ibitekerezo nkeneye numerous zawe kuko kudoda ndabizi gusa nkeneye ibitekerezo mpamagara kuri0786909640

Alias yanditse ku itariki ya: 16-07-2021  →  Musubize

very inspiring story
Big up to her.
Akorerahe kugira ngo tumenye aho twabona workshop yibintu akora.

Ballack Eugene yanditse ku itariki ya: 23-03-2017  →  Musubize

Alice, igikorwa cyawe kirashimishije. Uretse ibintu byiza ukora, ukaba unitunze ibikorwa byawe ndabona ari message nziza ku ba jeunes bagenzi bawe cyane cyane abakobwa nibahaguruke biteze imbere bohesha agaciro utanze urugero rwiza.
Courage

Alias yanditse ku itariki ya: 23-03-2017  →  Musubize

Alice courage maaa nanjye nagutangira ubuhamya maaa waranfodeye pe kd courage tukurinyuma maaaa

denyse yanditse ku itariki ya: 23-03-2017  →  Musubize

ntawutashimira uyu munyarwandakazi wacu uretse kuba arikwitezimbere iyi ari nogutuma intego yacu yogukoresha ibyiwacu cyane kurusha ibiva mumahanga izagerwaho vuba ntakabuza(made in RWANDA)reka tubonereho nabandi Bose kwamamaza ibyo bakora kugirango turusheho kubibona vuba murakoze.

Niyonkuru Eric yanditse ku itariki ya: 23-03-2017  →  Musubize

Murakoze cyanee! Wowe mukobwa wahisemo Neza Ugahitamo kwihangira umurimo none ubu ukaba ugeze aho kugemurira Amahanga.
Murakoze cyanee!

TWAGIRIMANA Innocent yanditse ku itariki ya: 22-03-2017  →  Musubize

courrage chr!!!!

nelly yanditse ku itariki ya: 22-03-2017  →  Musubize

Komera mwana w’u Rwanda. Komera ku ntego wiyemeje ntucike intege kandi Imana iri kumwe nawe ibihe byose. Courage!!!

rumera yanditse ku itariki ya: 22-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka