Uyu munyezamu wigeze gukinira APR unakinira ikipe y’igihugu Amavubi aravuga ibi nyuma y’uko amasezerano yari afitanye na Rayon azarangira mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2016-2017 ukazarangirana n’igikombe cy’amahoro, akaba avuga ko we nta kibazo na kimwe afite cyo kuzongera amasezerano.


Agira ati”amasezerano yanjye ararangiye muri Rayon Sports ariko mu gihe cyose bazaba(Rayon) bakinyifuza niteguye gukomezanya nabo nimvugana nabo neza yaba ibyo mbasaba nanjye ibyo bansaba nitubyumvikanaho nzagumana nabo ”
Bakame yakomeje ariko anavuga ko mu gihe yaba atumvikanye na Rayon Sports yumva agifite imbaraga zo kwerekeza mu yindi kipe yamushaka yaba iya hano mu Rwanda cyangwa hanze ariko ngo byose bizaterwa na Rayon Sports niba itakimushaka.
Mu myaka ine amaze muri Rayon Sports ngo yashimishijwe no kuba amaze gutwarana nayo ibikombe byubashywe
Ndayishimiye Eric avuga ko mu myaka ine amaze akinira Rayon Sports yumva afite akanyamuneza gaturutse ku kuba amaze kuyitwaramo ibikombe 2 byubashywe hano mu Rwanda ari byo igikombe cya Shampiyona ndetse n’igikombe cy’amahoro.

Avuga kandi ko mu gihe amaze ari kapiteni yashimishijwe n’inama yakomeje kugenda aha bagenzi be bakinana kandi bakazubahiriza akaba atangaza ko nakomeza muri Rayon nta kizahunduka azakomeza gukorana umurava nk’uko asanzwe abigenza.
Bakame yageze muri Rayon Sports avuye muri APR FC mu mwaka w’imikino wa shampiyona wa 2013/2014, mu myaka ine amaze ayikinira yatwaranye na yo igikombe kimwe cya shampiyona batwaye uyu mwaka ndetse n’igikombe cy’Amahoro batwaye umwaka ushize wa 2016.
National Football League
Ibitekerezo ( 8 )
Ohereza igitekerezo
|
rAYON OK , BAVANDIMWE NKUNDA MUREKE DUKOMEEGUSHYIRA HAMWE KANDI UBUYOBOZI BWA EQUIPE BWUMVE ABAKINNYI KUKO BAKORA IBYO BBAZI BAGARURE KAPITAINE WABO KANDI (BAKAME) KUGIRA NGO MUKEBA ATAZADUSUZUGURIRA TANZANIYA. TWIZEYE ITSINZI . MBESE INYUNGU UBUYOBOI BUFITE KURI MINAET NI IZIHE? MUNSUBIZE
Bakame komereza aho n’ubund ntaw utez kugusimbura
Bakame ndamwemera kuko aracyashoboye abayibozi mukore akazi kanyu kuko ntacyo ataduhaye kd ntacyo atakoze mukuganiriza abakinnyi cyane cyane abakiri bato nka ba Savio ,Djabel nabandi nakomereze aho natwe abafana turamukunda kd tumuri inyuma
Nibamusinyishe Kuko Bakame Arashoboye.
Bakame tuzayamwongeza kbsa arko nawe ntazatugore.
Bakame Akunda Ikipe Nibamwongere Amasezerano Ahubwo Bashake Undi Uzamwigiraho
Nibamwongere amasezerano kabisa sungura wacu aracyabizi
Bakame arashoboye peee
Gikundiro yacu nirebe uko yongera amasezerano kandi abyumve kimwe;
Gikundiro
oyeoyeoyeoyeoyeoyeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee
Ndayishimiye Eric
oyeoyeoyeoyeoyeoyeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee
Muragahorane intsinzi; Rayon Gikundiro yacu erega n’ubundi uri indashyikirwa muri Football. Ministère yiyizi ishatse yazaguha ibihembo by’indashyikirwa. Guma ku Isonga dore ufite Abafana benshiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiii